Abana bafite ubumuga bwo mu mutwe baratabarizwa kugira ngo umuryango Nyarwanda ubahe uburenganzira bwo kwigishwa no kwitabwaho kimwe na bagenzi babo batabufite, kuko bashobora kugirira akamaro igihugu.
Ikigo Balton Rwanda kihaye intego yo gukwirakwiza ingarani zagenewe gukumira umwanda ugaragara mu bwiherero abagore bashaka kujugunya impapuro z’isuku zizwi nka cotex (Sanitary pads) zishobora gukurura izindi ndwara mu gihe zidacunzwe neza.
Umusaza witwa Sayinzoga Selesitini wo mu kagari ka Buhabwa ko mu murenge wa Murundi avuga ko umuganura ukwiye kubera Abanyarwanda b’iki gihe ikimenyetso cy’ubumwe n’igihango Abanyarwanda bo hambere bari bafitanye mbere y’umwaduko w’abazungu.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bamaze gukusanya amafaranga asaga miliyoni 17 mu kigega ishema ryacu, mu rwego rwo gutanga ingwate igamije gufunguza Gen. karenzi karake wafatiwe mu bwongereza. Ubuyobozi bw’akarere bwemeza ko abaturage bagikomeje uwo mutima wo gutanga amafaranga mu rwego rwo kwerekana urukundo, (…)
Mu karere ka Nyanza ibirori byo kwizihiza umunsi w’umuganura ybyabereye kuri stade y’akarere, hamuritswe umusaruro bejeje basangiza abana umutsima w’amasaka bawusomeza amata nk’imwe mu mico yarangaga ubusabane mu Rwanda rwo hambere.
Bamwe mu basenyewe n’umutingito uherutse kwibasira igice cyo mu biyaga bigali u Rwanda ruherereyemo, batangaza ko amazu yabo yasenywe n’iki kiza bakaba basaba ubufasha bwo kubona aho kuba kuko ntaho gucumbika bafite.
Guhera taliki ya 10 Kanama kugeza taliki ya 15 Kanama 2015,kuri Hotel Novotel Umubano harabera amarushanwa yateguwe n’iyo Hotel,amarushanwa yiswe "Umubano Hotel Open Tennis and swimming tournament",azahuza abakinnyi bakina umukino wa Tennis ndetse no koga
Impuguke mu by’imirire za Ministeri y’ubuzima MINISANTE() zivuga ko leta igiye gukangurira ababyeyi konsa neza abana no kwitabira imirire iboneye, kuko ihangayishijwe n’ibibazo biterwa n’imirire mibi no kudatamika umwana ibere mu buryo bwiza; biteza umwana kudakura neza ndetse na kanseri y’amabere ku mubyeyi.
Umutingito wumvikanye mu Rwanda ku isaha ya saa cyenda n’iminota 25 ugakurikirwa n’undi wumvikanye nyuma y’imota itatu wa mbere ubaye, wagize ingaruka kubantu batuye mu ntara y’Uuburengerazuba harimo amazu yangiritse.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Gisagara baratangaza ko bamaze kumva akamaro ko kwihangira umurimo no gukora bakiteza imbere byatangiye kubaha umusaruro, ariko bakanavuga ko hakiri urugendo kuko hari abagishaka kurya batakoze.
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Kiryi, Akagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza bavuga ko gahunda ya Girinka nta muturage irageraho mu mudugudu wabo kandi mu yindi midugudu abaturage barabonye inka muri gahunda ya Girinka bagasaba ko na bo ibageraho.
Ubuyobozi bw’intara y’Iburasirazuba bwizeje ko buzakomeza kuba ikigega cy’igihugu mu buhinzi n’ubworozi, nk’uko bwabitangarije mu nkera y’imihigo ibanziriza umunsi w’umuganura yabereye mu mudugudu w’Akayange akagari ka Ndama umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 6 Kanama 2015.
Inzego z’umutekano zirasaba abaturage bo mu kagari ka Kabura ko mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza gukorana na zo mu rwego rwo guhashya Kanyanga yakunze kuvugwaho kuba intandaro y’umutekano muke muri ako kagari.
Abunzi b’imirenge ya Rukoma, Ngamba na Karama barahiriye uyu murimo tariki 6 Kanama 2015, batangaza ko kubongerera inshingano bizabafasha gukemurira ibibazo abaturage benshi batagombye kujya mu nkiko.
Mu gihe urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe rwisanga mo impano y’umukino wa Acrobatie, akarere karasanga kagomba gushyira ingufu muri uwo mu kino hagambiriwe no gutanga ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge.
Intumwa yihariye ya Loni muri Afurika yo Hagati, Abdoulaye Bathily, aratangaza ko ikibazo cy’u Burundi kireba buri wese, akaba ahamagarira amahanga kugira icyo akora ngo gikemuke.
Umugabo witwa Uwamahoro Alfred w’imyaka 40 utuye mu Kagari ka Rugeyo mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro aracyashakishwa n’inzego z’ubuyobozi nyuma yo gukubita umwana we bikamuviramo urupfu.
Mu gihe abamotari bo mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro bari barashyiriweho parikingi nshya yo gukoreramo hagamijwe kwirinda impanuka za hato na hato muri Santere ya Congo-Nil bakayanga, noneho bemeye gukorera muri iyo parikingi.
Kuri uyu wa 4 Kanama 2015, mu Rwanda hatangijwe urubuga rwa interineti rwitwa www.practice4ne.com, ruzajya rufasha abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye gusubiramo amasomo baba bigiye mu ishuri.
Ishyirahamwe ry’abacunda bagemuraga amata kuri koperative z’aborozi zo mu mirenge ya Murundi na Gahini mu Karere ka Kayonza zirabambura, none ubu izo koperative zirashinja abo bacunda gushaka kuzisenya kuko batakizigemuraho amata.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 06 Kanama 2015 mu Mudugudu wa Muyaga mu Kagari ka Gikombe ho mu Murenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke hafi y’Umugezi wa Nyabarongo hatoraguwe umurambo w’umugore w’imyaka 39 witwa Mutuyimana Thephilka bigaragara ko yatemagujwe imihoro myinshi mu mutwe ndetse no ku ijosi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe buranenga bamwe mu barimu basigaye barangwaho ubusinzi bukabije n’ibindi bikorwa bigayitse bibangamira ireme ry’uburezi akarere kaba kifuza kugeraho.
Umugore witwa Mukaruberwa Seraphine uri mu kigero cy’imyaka 40, wari utuye mu murenge wa Remera, akagari ka Butiruka mu mudugudu wa Gasabo mu karere ka Gatsibo, yaraye yihswe atewe ibyuma n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo kuwa gatatu tariki 5 Nyakanga 2015.
Kuri uyu wa 05 Kanama 2015 abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 19 yose igize Akarere ka Gakenke bagiranye inama n’inzego z’akarere bagamije gusuzuma no kunoza imihigo ya 2015-2016 kugira ngo bagamije kurebera hamwe uko yarushaho gusubiza ibibazo by’abaturage.
Mu gihe hashize icyumweru n’igice rwiyemezamirimo Gatarayiha Augustin uhagarariye sosiyete y’ubwubatsi ECORBAT ahagaritse kubaka inzu y’ubucuruzi y’abakozi b’akarere ka Rutsiro, aratangaza ko iyi koperative yishe amasezerano bari baragiranye bituma ahagarika imirimo yo kubaka.
Ku rutonde ngarukakwezi rukorwa na FIFA,u Rwanda rwongeye gutakaza imyanya 13 aho rwavuye ku mwanya wa 78 rwariho mu kwezi gushize,rukaba rwagiye ku mwanya wa 91 ku isi mu mupira w’amaguru
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari 51 tugize Akarere ka Nyanza kuva ku wa 05 Kanama 2015 bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri yo kubafasha gutyaza ubwenge mu birebana n’imitegurire y’igenamigambi rigamije gufasha abaturage mu kwihuta mu iterambere.
Abahinzi b’icyayi mu mirenge ya Kibeho, Mara, Ruramba na Rusenge bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa Mata baratangaza ko kuva bakwegurira icyayi cyabo uru ruganda ngo umusaruro wiyongereye.
Mu rwego rwo kwitegura shampiona y’umwaka w’imikino wa 2015/2016,ndetse no gusuzuma abakinnyi baguzwe n’aya makipe yombi,kuri uyu wa gatandatu ikipe y’Amagaju na Police Fc barakina umukino wa gicuti
Abahinzi bo mu Karere ka Burera batangaza ko abajyanama b’ubuhinzi babafashije cyane babigisha guhinga kijyambere, batera imbuto z’indobanure kandi bashyiramo n’ifumbire bityo umusaruro urushaho kwiyongera.
Imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali kugeza ku tariki ya 10 y’uku kwezi kwa Kanama, rirereka abaguzi bimwe mu bikoresho nk’amasafuriya yihariye; akamashini gashya ibiribwa bikavamo ifu, igikoma n’imitobe, ipasi n’udukoresho dukeba imboga; bikaba byafasha koroshya ubuzima, gukora ibifite ubuziranenge no kubona (…)
Mu ijoro rishyira tariki 5 Kanama 2015, inzego z’umutekano mu Karere ka Rwamagana zatahuye uruganda rwa “Kanyanga” mu rugo rw’Umukuru w’Umudugudu wa Gahondo mu Kagari ka Nyarusange mu Murenge wa Muhazi ndetse zita muri yombi abantu bane bari batetse Kanyanga cyakora nyir’urwo ruganda witwa Mukamusangwa Donatha yahise yiruka (…)
Bamwe mu bahinga igishanga cya Rwabashyashya batangaza ko guhinga mu mpeshyi bibaha umusaruro ufite agaciro karuta uwo babona mu bihe bisanzwe; kuko n’ubwo bakoresha ingufu nyinshi bavomerera ngo imyaka ya bo ituma, imboga bahinga ziba zikenewe cyane ku isoko.
Abagize Kompanyi yitwa “House of Technology Ltd” baravuga ko uburyo bushya barimo guhuguramo abarimu bwo kwigisha amasomo cyane cyane ay’ubumenyi (Sciencies) hifashishijwe ikoranabuhanga buzatuma abanyeshuri barushaho gusobanukirwa n’ibyo biga, bityo ikibazo cy’ireme ry’uburezi rikunze gukemangwa mu Rwanda kigakemuka.
Abafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA batuye mu karere ka Ngororero bavuga ko ingingo y’i 101 igomba guhinduka ngo batore uwabagejejeho imiti igabanya ubukana, byabaviramo ingaruka zo kwicwa n’agahinda bagatakaza abasirikare (anticorps) bo mu mubiri wabo.
Umutoza w’ikipe y’igihugu "Amavubi" Johnattan Mckinstry tamaze guhamagara abakinnyi 26 bagomba mu mwiherero uzabera mu gihugu cya Ecosse n’ubwo igihe cyo kujyao kugeza kuri uyu mwanya kitaramenyekana.
Kuri uyu wa 3 Kanama 2013, mu biganiro byahuje intumwa za rubanda na ba mutima w’urugo bo mu Karere ka Gatsibo, bavuze ko bifuza ko Perezida Kagame yakomeza kuyobora ubuziraherezo bavuko ko ‘yabakuye aho umuhinzi yakuye inyoni’.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Caritas Mukandasira, arasaba ababyeyi bo mu Karere ka Nyabihu gushakira abana babo bari mu biruhuko bakabarinda kuba imburamukora no kwishora mu bitabafitiye akamaro.
Guhera mu rukerera rwo kuri uyu wa 03 Kanama 2015, kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gatunda hafungiwe abantu bane bose bakekwaho kwiba ibendera ry’igihugu, ry’Akagari ka Kabeza mu Murenge wa Gatunda.
Ubwo abadepite Mukarugema Alphonsine na Mukakarangwa Clotilde baganiraga n’abaturage bo mu Murenge wa Ngamba, mu Karere ka Kamonyi ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ivuga kuri manda z’umukuru w’igihugu, kuri uyu wa 3 Kanama 2015, abaturage babatangarije ko bakeneye kuyoborwa na Kagame igihe cyose akiriho.
Nyuma y’aho ikipe ya Rayon Sports itoreye komite nshya ,kuri uyu wa gatatu nibwo Komite icyuye igihe iza guhereza ububasha bwo gukora Komite nshya iyobowe na Gacinya Denis watowe kuri iki cyumweru
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga, abahagarariye amabanki n’abagize urwego rwa Sosiyete Sivile barasaba ko inginga y’101 y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda yahinduka bakongera kwitorera Paul Kagame.
Kuri uyu wa 04 Kanama 2015 umugore uri mu kigero cy’imyaka 22 witwa Dusengimana Speciose wari utuuye mu Kagari ka Mberi mu Murenge wa Rusebeya ho mu Karere ka Rutsiro yikubise hasi ahita yitaba Imana.
Bamwe mu bahagarariye amadini bo mu Karere ka Kirehe bashyigikiye ko Itegeko Nshinga rivugururwa ngo bafite impungenge ko nyir’ubwite ataratangaza niba yemera gukomeza kubayobora none ngo batangiye gusengera icyifuzo cyabo ngo azavuye “Yego”.
Mu rwego rwo guteza imbere umuco wo guha "Agaciro" no kwishimira ibyagezweho n’umusaruro w’ubutaka, Guverunoma y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC), ifatanije n’abafatanyabikorwa batandukanye, yateguye umunsi wo kwizihiza Umuganura. Ku rwego rw’igihugu uyu munsi uzizihirizwa mu Burasirazuba (…)
Ubwo abadepite Mukarugema Alphonsine na Mukakarangwa Clotilde baganiraga n’abaturage bo mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa 2 Kanama 2015, babahamirije ko basaba ku bwabo ko Itegeko Nshinga rivugururwa kandi ko nta wundi muntu ubibahatira.
Paul Van Haver, umuhanzi w’icyamamare ku isi ndetse no ku mugabane w’Uburayi uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Stromae, nyuma yo gusubika ibitaramo bye kubera impamvu z’uburwayi mbere gato y’uko aza kuririmbira mu Rwanda, kuri ubu yamaze gutangaza ko azasubukura ibitaramo bye muri Nzeri 2015 ariko nta gihugu cy’Afurika (…)
Abagize komite z’abunzi 245 bava mu mirenge itandatu yo mu Karere ka Musanze, barahiriye kuzasohoza inshingano zo guca imanza z’abaturage mu buryo bwunga bagasabwa kurushaho kurangwa n’ubunyangamugayo kubera ko n’ububasha bahawe bwiyongereye.