Abaturage bo mu murenge wa Gahunga mu karere ka Burera bakusanyije umusanzu bakora n’umuganda biyubakira ikiraro cyabatezaga ibyago.
Umuryango FPR-INKOTANYI uranenga abayobozi bo mu karere ka Rusizi ko bategera abaturage ngo babasobanurire neza gahunda za Leta banabakemurire ibibazo.
Mu isiganwa ry’amagare ry’amagare riri kubera muri Cote d’Ivoire,ikipe y’u Rwanda iyobowe na Hadi Janvier yiganje mu myanya itanu ya mbere
Abiga mu ishami ry’ubuhinzi mu ishuri rikuru IPB, batangiye kwigisha abaturage gahunda zigendanye n’ubuhinzi bwa kijyamembere no kubungabunga ibidukikije.
Straton Nsanzabaganwa yemera ko umuco ukura uhinduka akanahumuriza urubyiruko ruhora rubwirwa ko rwataye umuco kuko ngo “nta ngoma itagira ab’ubu”.
Abakristo b’Itorero “Umusozi w’Ibyiringiro” basohowe mu rusengero rw’umwe mu bapasiteri baryo; batangaza ko barenganye kuko batabanje gusubizwa ibyo barutanzeho.
Abarangije mu mashuri y’imyuga akunze kwitwa TVET, barasabwa kugaragaza ibyo bazi gukora ndetse n’ubwiza bwa byo kugira ngo bareshye abikorera.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Kayonza bavuga ko amananiza bashyirwaho muri Mituweri ari kimwe mu bituma ubwitabire butiyongera.
Ambasaderi wa Korea y’Epfo, Park Yong-Min yijeje Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi, kuri uyu wa 28 Nzeri 2015, gukomeza umubano w’ibihugu byombi.
Abasivili, abapolisi n’abasirikare 20 bava mu bihugu icyenda bya EASF batangiye amahugurwa azibanda ku kurinda umwana mu butumwa bw’amahoro.
Abatuye mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza ngo barushijeho gukunda umuganda nyuma yo kwegukana igikombe ku rwego rw’igihugu.
Kuwa gatandatu tariki 3 Ukwakira 2015, Abanyarwanda baba hanze bazahurira mu Buholandi mu birori ngarukamwaka bya Rwanda Day basangira ibyishimo.
Umuhinzi w’ikitegererezo wo mu karere ka Rutsiro avuga ko amaze kugera kuri byinshi abikesha ubuhinzi bwa kijyambere bw’urutoki.
Tariki 27/9/2015, Diyosezi Gatorika ya Kibungo yibarutse Paruwasi ya Musaza, abakirisitu bakavuga ko baruhutse ingendo ndende bakoraga bajya gusengera ahandi.
Kuhira ibihingwa mu zuba byatumye abahinga mu gishanga cya Cyohoha ya ruguru beza cyane. Barateganya kuzabonamo amafaranga Miliyoni 200.
Urukiko rwo mu Budage rwahamije, kuri uyu wa 28 Nzeri 2015, Abanyarwanda babiri bayoboraga FDLR ibyaha byo gutegura no kuyobora ibikorwa by’ubwicanyi muri Kongo.
Urubyiruko rw’Umurenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi rutakandagiye cyangwa rwacikishirije amashuri rusanga kwihugura ku gutunganya ibikomoka ku ruhu, bizarugeza ku iterambere.
Mu rukerera rwa tariki 28 Nzeri 2015 mu gihugu cy’u Bwongereza ukwezi kwagaragaye kwabaye nk’amaraso benshi barakangarana.
Ababyeyi, abanyeshuri, abarezi, ndetse n’ubuyobozi ntibavuga rumwe kuba umunyeshuri yakwemererwa kwiga atunze telefone kuko byamuviramo kurangara ntakurikire amasomo.
Abanyeshuri ba E.S. Ruhango, baravuga ko nyuma yo kubona mateka mabi yatewe n’ubuyobozi bubi, ko batazigera bumva ibitekerezo bibaganisha ahabi.
Abakuze batuye Umujyi wa Rwamagana baranenga ko usa n’usinziriye, bakavuga ko uheruka kugaragaza imbaraga z’iterambere ubwo wubakwaga n’Abarabu bakanahakorera ubucuruzi.
Urubyiruko rw’u Rwanda na Kongo rwibumbiye muri Tujenge Amani, ruhamya ko rwashoboye kubana neza mu gihe ibihugu bitari bibanye neza.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu murenge wa Ngera, mu karere ka Nyaruguru barataka ikibazo cy’imibereho mibi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kirakangurira Abanyarwanda kumenya no gusura ibice bigize umuco Nyarwanda kugira ngo nabo babimenyekanishe ku isi.
Umusore wo mu kagari ka Ruhingo umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yarohamye mu kiyaga cya Kivu .
Abantu 2 bakubiswe n’inkuba umwe arapfa mu murenge wa Karangazi, akarere ka Nyagatare, kuri uyu wa 27 Nzeri 2015.
Minisitiri w’Umutungo Kamere Dr. Vincent Biruta aratangaza ko gukora ugahembwa bivuze kongera umusaruro kuko bitabaye ibyo n’ibyakozwe bishobora gupfa ubusa.
Ku munsi wa gatatu wa Shampiona y’icyiciro cya mbere,AS Kigali yatsinze Sunrise 4-0 ihita iyobora urutonde rwa Shampiona by’agateganyo
Umuryango VSO uri kwigisha abiga muri TTC Byumba gukora imfashanyigisho mu bikoresho bitandukanye no mu budeyi kugira ngo bibongerere ubumenyi.
Abaturage bo mu Kagari ka Rwayikona mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe bagiye kwiyuzuriza umuhanda n’ikiraro bizabafasha kugirana imigenderanire n’utundi tugari.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga baravuga ko bahangayikishijwe no kuba baboneza urubyaro ariko abakobwa babo bakibyarira.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba,Uwamariya Odette, araburira abayobozi muri iyo ntara ko ko abatarara aho bakorera bagiye gufatirwa ibihano bikarishye birimo no kwirukanwa.
Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, kuri uyu wa 25 Nzeri 2015 ryatashye laboratwari yagenewe ubushakashatsi mu ikoranabuhanga rijyanye n’ibinyabuzima, Biotechnology Complex.
Abana 4023 bahuguwe na Imbuto Foundation muri gahunda ya 12+ program mu mwaka ushize barasabwa kuba abafashamyumvire kuri bagenzi babo.
Icyumba cyaberagamo amasengesho mu ishuri rya EAV Kabutare bikanze inkongi y’umuriro bavamo ikivunge bamwe bibaviramo guhungabana.
Uyu muganda mu rwego rw’Akarere ka Rulindo wabereye ahantu habiri, i Shyorongi no ku Kirenge cya Ruganzu.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barasabwa guhunika ibiribwa bitegura guhangana n’ibura ry’umusaruro igihe hashobora kuba ibiza bitewe n’ikirere.
Nyuma y’igihe kinini mu Ngororero bahiga gukuraho amabati ya Asbestos (Fibrociment) ntibigerweho, ubu noneho ngo 2016, uzasiga yaraciwe burundu.
Njyanama y’Akarere ka Ruhango, irimo kwitegura umwiherero ugamije kwisuzuma ireba ibyo imaze kugeraho ndetse n’ibyo itakoze mbere y’uko mbanda irangira.
Ubuto mu myaka y’ubukure mu bayobozi b’inzego z’ibanze budindiza ikemurwa ry’amakimbirane mu miryango kuko batizerwa ngo babwire imvano yayo.
Ubuyobozi bw’akagari ka Rusura mu Karere ka Rubavu bafunze ikirombe cy’umucanga nyuma yo kugwamo abantu bacukuragamo tariki 23 Nzeri 2015.
Buri wa gatandatu wa nyuma mu gihugu hose haba igikorwa cy’umuganda. Nk’uko bisanzwe tubahitiramo amwe mu mafoto yaranze iki gikorwa mu turere dutandukanye aba yafashwe n’abanyamakuru bacu bahakorera.
Uwayezu Gloriose w’imyaka 25 watinyutse akazi ko kubumba amatafari, avuga ko byamuteje imbere none ateganya kwirihira kaminuza mu mwaka utaha.
Muri miliari 60 Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yageneye abafite imishinga y’ubuhinzi, miliyari 2.2 zonyine ni zo zatanzwe mu gihe kirenze umwaka.
Abashakashatsi bo mu bigo bitatu ari byo Laterite, ikigo cy’Abanyakanada IDRC n’icyo mu Rwanda gikora ubushakashatsi kuri gahunda za leta IPAR nibo babitangaje bagendeye ku bundi buherutse gutangazwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR).
Mu mukino w’umunsi wa 3 wa shampiona APR fc na Police Fc zanganije igitego 1-1 mu mukino wabereye ku Kicukiro.