Bamwe mu barezi bisunze Koperative Umwarimu SACCO baravuga ko ibyifuzo byabo byashyizwe mu bikorwa kubera koperative bashyiriweho.
Uwitwa Nzabakirira Gaspard utuye mu Kagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, agura imodoka zishaje zahoze zitwara abagenzi, akazisenya (akazibaga) akagurisha ibyuma; ariko noneho bigiye kumuviramo gutanga utwe bitewe n’uko izo modoka yaguraga zabaga zifitiye imyenda Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda (…)
Mu gihe habura iminsi igera kuri ine ngo mu Rwanda amarushanwa yitiriwe "Agaciro Development Fund", ikipe y’akarere ka Rusizi ariyo Espoir Fc yamaze gutangaza ko ititeguye kwitegura aya marushanwa azatangira kuri uyu wa gatandatu
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) irakangurira abagore gutinyuka kujya biyamamariza imyanya imwe n’imwe y’ubuyobozi, isanzwe ifatwa nk’imyanya yagenewe abagabo haba ku biyamamaza cyangwa ku batora.
Mutabazi Davide wo mu Mudugudu wa Rwarusaku mu Kagari ka Kibenga ho mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera ari mu maboko ya Polisi nyuma yo kwica mukuru we Bapfakurera Eric amuziza, ku wa 9 Kanama 2015 ngo amuziza imitungo.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa 10 Kanama 2015, mu Mudugudu wa Marongero mu Kagari ka Ryabega ho mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, hibwe inyana 6 ariko ziboneka hafi saa tanu z’amanywa zigaruye.
Umuhanzi Daniel Ngarukiye ababazwa no kuba ngo siporo iryamira umuco akavuga ko biramutse bitandukanyijwe ntibikomeze guhurira muri minisiteri imwe byatuma umuco witabwaho bityo na wo ukagirira akamaro abakora ibihangano by’umuco.
Abaturage bo mu mudugudu wa mirama ya 2 mu kagali ka Nyagatare mu murenge wa Nyagatare, ntibagikoresha uburyo bwo kwirinda umwanda buzwi nka “Kandagira ukarabe”, kuko abenshi muri bo bagiye bakoresha ibiti zari zishnzeho nk’inkwi mu gihe k’izuba.
Abana babiri bari mu kigero cy’imyaka itanu y’amavuko, bo mu Kagari ka Nyagahinga, mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, barimo bakinira mu murima, umwe azamuye isuka imanukira mu mutwe wa mugenzi we, ahita apfa.
Ntezimana Thomas w’imyaka 25 y’amavuko ukomoka mu Karere ka Nyanza yishwe akubiswe umwase w’urukwi na Semana Eudipe bapfuye amafaranga 25 yo kugura itabi ryo kunywa.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Rukore mu Kagari ka Kahi ko mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza barasaba inzego z’ubuyobozi kubakiza urugomo rw’abashumba kuko ngo iyo bahinze imyaka abashumba bayahuramo inka itarera, kandi nyir’imyaka yavuga bakamukubita.
Nyuma yo kugaragaragaza urutonde rw’abarinzi b’igihango ku rwego rw’utugari n’imirenge; Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge yaganiriye na Komite zibatoranya, maze ibibutsa ko bagomba kubicisha mu nama rusange z’utugari kugira ngo hatagira uwibagirana cyangwa ujyamo kandi ashidikanywaho.
Bamwe mu bacuruzi bakorera ku mupaka w’Akanyaru uhuza u Rwanda n’u Burundi mu karere ka Nyaruguru, baratangaza ko inyubako y’ubucuruzi bwambukiranya imipaka (Cross Border Trade Complex) yubatswe kuri uyu mupakaka, izabafasha gukora ubucuruzi bwabo neza nta kajagari nk’uko bakoraga mbere.
Knowless asanga aramutse atsinze ryaba ari itafari ryiyongera kucyo yari asanzwe yubaka, mu gihe hasigaye gusa iminsi itanu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yaryo ya gatanu rigasozwa.
Lt. Gen. Karenzi Karake Emmanuel ukuriye Urwego rushinzwe Iperereza n’Umutekano mu Rwanda (NISS), yarekuwe n’urukiko rw’u Bwongeleza, nyuma yo gutesha agaciro ubusabe bw’ubutabera bwa Espagne bwashakaga ko yoherezwa kuburanira muri icyo gihugu.
Impuguke zikora mu kigo cya OVG gicunga ibirunga bya Nyiragongo na Nyamuragira bisanzwe biruka, ziratangaza ko umutingito uherutse kumvikana mu karere u Rwanda ruherereyemo watumye imyotsi n’ibikoma by’ibirunga bya Nyamuragira na Nyiragongo bizamuka.
Amakipe agera kuri 16 niyo biteganijwe ko azitabira irushanwa ryitriwe Agaciro Development Fund,irushanwa biteganijwe ko rizatangira taliki ya 15/08 kugeza taliki ya 30/08/2015.
Abakozi mu nzego zinyuranye mu Karere ka Kirehe biyemeje gukosora amakosa yakozwe baharanira kuzuza inshingano zabo batanga serivisi nziza ku bo bayobora baharanira iterambere igihugu cyifuza kugeraho.
Bamwe mu bagore bo mu cyaro kimwe n’abari mu nzego zifatirwamo ibyemezo mu karere ka Nyanza, baravuga ko gahunda yo kwegereza abaturage ubuyobozi n’ubushobozi byateye intambwe ishimishije.
Inteko Ishinga Amategeko igiye gutora itegeko rishyiraho Komisiyo ishinzwe kuvugurura Itegeko Nshinga, mu rwego rwo guhindura ingingo y’101 yaryo yakumiraga kongera kwiyamamaza kwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, nyuma ya 2017; kuko abaturage bagaragaje ko bakimushaka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aramara impungenge abashoye imari mu kubaka amazu agezweho mu mujyi wa Kigali bibaza niba abayakoreramo, abizeza ko hari abantu benshi barimo inzego za Leta batagira aho gukorera cyangwa kuba bayakeneye.
Mporayonzi Emmanuel w’imyaka 42 y’amavuko yaraye yishe umugore we witwa Mukashema Virginie wimyaka 52 amutemesheje umupanga ku ijosi, bapfuye amakimbirane ashingiye ku masambu.
Ubuyobozi bwa Espagne bumaze gukuraho ibirego bwaregaga Lt Gen Karenzi Karake Emmanuel, umwe mu basirikare bakuru b’u Rwanda maze urukiko rwo mu Bwongereza rwamuburanishaga ruhita rumurekura ku gicamunzi cyo kuri uyu wa 10 Kanama 2015.
Abakozi 125 bakora mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro muntara y’Iburasirazuba (IPRC East) bashoje itorero ry’abatoza b’intore, biyemeza guhuza ubumenyi butandukanye bafite mu gushaka ibisubizo by’ibibazo igihugu gifite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko buzajya bushimira imiryango ibanye neza kugira ngo ibere urugero ibana mu makimbirane kandi ibashe kuyigira inama.
Ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umuganura mu Karere ka Gicumbi kuri uyu wa 7 Kanama 2015, abaturage bagaragaje ko bawufata nk’umunsi wo gusuzuma ibyo bamaze kugeraho mu iterambere ndetse bakanareba ibyo bagomba kongeramo imbaraga kugirango bakomeze bizatere imbere.
Senateri Marie Claire Mukasine atarangaza ko u leta iteganya kugira Umuganura umunsi mukuru ndengamipaka, ukazajya unakurura ba mukerarugendo, nk’uko yabitangaje ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye mu kuwizihiza.
Kuri uyu wa mbere nibwo abakinnyi bagera ku ijana na mirongo icyenda (190) batangiye amarushanwa yiswe Umubano Hotel Open Tennis and swimming tournament",aho ku munsi wa mbere hakinwe umukino wa Tennis.
Bamwe mu basaza n’abakecuru batuye mu bice bitanduknaye byo mu Karere ka Gakenke basanga uko baganuraga bitandukanye cyane n’iby’ubu kuko mbere abana babanzaga kuganuza ababyeyi babo nyuma hakabaho guhura kw’imiryango n’inshuti ubundi bagasangira ku musaruro bagasabana ku buryo habaga ibyishyimo bidasanzwe kuri uwo munsi
Abatutage bo mu Kagari ka Agatonde mu Murenge wa Kibungo ho mu Karere kaNgoma, ubwo bizihizaga Umunsi w’Umuganura kuri uyu wa 7 Kanama 2015 bavuze ko iki gikorwa kiziye igihe kuko kibibutsa indangagaciro nziza y’urukundo, gusangira no gufata ingamba zo kongera umusaruro baharanira kwigira.
Mu Kagari ka Ruyenzi ho mu Murenge wa Runda, Umunsi w’Umuganura wizihirijwe mu Mudugudu wa Nyagacaca ahahuriye abaturage b’imidugudu itanu igize aka kagari, maze abakuru b’imidugudu na bamwe mu baturage bamurikira rubanda imihigo bagezeho n’iyo ateganya kugeraho.
Batanu mu basirikare umunani b’Ingabo z’u Rwanda bakomeretse barashwe na mugenzi wabo ubwo bari mu butumwa bw’Amahoro muri Centrafrica (MINUSCA), bajyanywe muri Uganda kugira ngo barusheho kwitabwaho n’abaganga.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera bahamya ko igikorwa cyo kwizihiza umuganura, abaturage bari hamwe basangira, ari igikorwa cyiza kizatuma Abanyarwanda barushaho kunga ubumwe, bungurana ibitekerezo.
Umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi mu Rwanda washyizwemo ingufu haba ku bahinzi ubwabo no ku bafatanyabikorwa mu buhinzi kugira ngo abakora ababukora bihaze mu biribwa kandi basagurire amasoko.
Uburyo burya bwo gutera imiti yica imibu mu bishanga no mu bidendezi, byagize uruhare mu kugabanya indwara ya malariya, nyuma y’uko ubushakashatsi bwari bwaragarije ko hari icyo bishobora guhinduraho.
Kuri uyu wa 08 Kanama 2015, mu Mudugudu wa Mirama ya 2 mu Kagari ka Nyagatare ho mu Murenge wa Nyagatare, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, James Musoni, yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rutunganya amazi rufite ubushobozi bwo gutunganya amazi angana na metero kibe 2300 ku munsi, rukazagaburira umujyi wa Nyagatare (…)
Abaturage n’abayobozi bo mu Karere ka Musanze bizihizaga umunsi w’umuganura, bemeza ko umunsi w’umuganura waheraga mu muryango, wagiraga uruhare mu gukomeza ubumwe mu bagize umuryango n’abaturage kuko babonaga umwanya yo gusangira no gusabana ibyo bejeje.
U Rwanda rwatangije ishami ry’Umuryango Nyafurika Pan African Mouvement/PAM uharanira gukorera hamwe kw’Abanyafurika bagamije kuva mu bukene no guharanira imibereho n’imiyoborere myiza.
Hagamijwe kurushaho gufasha abaturage kwandikisha ubutaka bwabo no gukora ihererekanya ryabwo kandi hubahirizwa icyo bwagenewe gukora, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Umutungo Kamere cyahuguye abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe ubukungu ndetse n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yo mu Ntara y’Iburasirazuba ku mategeko (…)
Ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umuganura mu karere ka Gisagara, Umuyobozi wako, Léandre Karekezi, yasabye abaturage kutishimira ibyo bagezeho ngo bagarukire aho, ahubwo kikaba n’igihe cyo kwicara bakareba aho bifuza kugera mu iterambere maze bagahiga kuzahagera.
Ikipe ya police Fc ikomeje imyiteguro ya Shampiona,aho nyuma yo gutsinda ikipe ya APR Fc 1-0,yongeye gutsinda ikipe y’Amagaju Fc igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri stade ya Kicukiro kuri uyu wa gatandatu.
Ikipe ya Espoir yongeye kwegukana igikombe gisoza shampiona y’umukino wa Basketball mu Rwanda,nyuma yo gutsinda ikipe ya Patriots imikino itatu kuri umwe (mu bagabo), mu gihe mu bagore ikipe ya APR Fc yegukanye igikombe imaze nayo gutsinda UBUMWE BBC imikino itatu kuri umwe
Abaturage bibumbiye mu midugudu ya Nduba, Mukebera na Kindoyi igize akagari ka Congo-Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, basanga umuganura ari inzira yaganisha abanyarwanda ku bumwe n’ubwiyunge.
Mu kwizihiza umuganura abaturage b’i Simbi ho mu Karere ka Huye bamuritse ibyo bagezeho, bamwe bagabirwa inka muri gahunda ya Girinka, abandi na bo bitura bagenzi babo inka bahawe mu bihe byashize na bo muri gahunda ya Girinka.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kivuga ko kitanyuzwe n’umubare w’abakoresha neza imashini zitanga inyemezabuguzi(EBM), aho abangana n’ibihumbi umunani mu bihumbi 16 by’abacuruzi, ari bo bonyine batanga inyemezabuguzi za EBM(Electronic Billing Machine).
Abaturage bo mu mudugudu wa Kidaho, akagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera bizihije umunsi w’umuganura bishimra ibyo bagezeho banahigira gukomeza kugira isuku mu ngo zabo baca ingeso yo kurarana n’amatungo mu nzu, igaragara hamwe na hamwe.
Ubuyobozi bushinzwe imikino mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu karere ka Ruhango, buravuga ko nyuma yo kubona ko hari abana benshi bafite imano zitandukanye mu mikino yose ariko ntizibashe kumenyekana zigapfa ubusa, bashyizeho ingamba kubakurikiranira hafi.