Abahanzi batandukanye basusurukije abibabiriye Rwanda Day mu Buholandi, nk’uko bavuga ko ari ukubakumbuza igihugu cyabo.
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yabwiye Abanyarwanda baba mu mahanga bitabiriye Rwanda Day, ko igihugu cyabo kibaha agaciro gakomeye.
Inzobere mu by’ubucuruzi zirashishikariza amasosiyete yo mu buholandi gushora imari mu Rwanda. Ibi byabaye mu biganiro bagiranye bibanziriza Rwanda Day
Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu kanya gashize yageze mu Buholandi aho agiye kwitabira Rwanda Day akaba aribuze no gusangira ibitekerezo n’abayitabiriye.
Intara y’Iburasirazuba iravuga ko igiye gukaza umutekano ihangana n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kandi abafite inyubako zihuriramo abantu benshi bagasabwa gushyiraho imirindankuba.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bitabiriye Rwanda Day yo kuri uyu 3 Ukwakira 2015 mu Buholandi baramukiye mu imurikabikorwa ry’ibikorwa bitandukanye bigaragaza isura y’u Rwanda.
Banki Afreximbank yo mu Misiri yagiranye amasezerano y’inguzanyo na BRD ya Miliyoni 10 z’amadolari yo guteza imbere ubucuruzi no kongerera agaciro umusaruro.
Abafite aho bahurira n’uburezi mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa gushyira imirindankuba ku bigo by’amashuri hagamijwe kurinda abanyeshuri ibiza.
Abatuye umujyi wa Nyamata mu Bugesera baravuga ko babangamiwe no kuba amatara yo ku mihanda atacyaka n’iyo umuriro uhari.
Ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere, RGB gisanga kugeza JADF ku rwego rw’Intara ari bumwe mu buryo bwo gufasha mu iyeswa ry’imihigo y’Uturere.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamasheke yatangaje ko buri muturage agomba kubona amazi igihe ayashakiye buri munsi.
Kuri uyu wa gatandatu Shampiona y’umukino wa Handball irakomeza hakinwa imikino y’ibirarane by’umwihariko amakipe y’amashuri akaba ariyo afite imikino myinshi
Ikigo cy’Igihugu cyo Gutanga Amaraso gikomeje kwegera abaturage kibakangurira gutanga amaraso, kuri uyu wa 1 Ukwakira 2015 kikaba cyasuye Akarere ka Kirehe.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara burashishikariza abaturage kwitabira gukoresha biogas ngo iborohereza imirimo kandi banabungabunge ibidukikije.
Nyampinga w’Umurage Bagwire Keza Joannah akeneye amajwi y’Abanyarwanda ngo abashe kwegukana intsinzi mu marushanwa y’ubwiza bushingiye k’umurage ku rwego rw’isi.
Kuri uyu wa 2 Ukwakira 2015 mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke inkuba yahitanye umwana w’imyaka 17 avuye ku ishuri.
Abakozi b’Akarere ka Gatsibo barebwa n’ubuzima n’abakorerabushake ba ADRA Rwanda, kuri uyu wa 2 Ukwakira 2015 barebeye hamwe ibipimo byafasha kondora abana bagwingiye.
Mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda haracukurwa umuyoboro w’amazi w’ibirometero 12, abaturage bakaba bishimira ko batazongera kuvoma ibinamba.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Cartas, yasabye abaturage ba Nyamasheke, kutaririmba ko bigeze gutwara igikombe cy’imihigo kandi bagiheruka muri 2010.
Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga iratangaza ko mu byumweru bibiri iba yacukumuye neza ibibazo byose bigaragara mu ibagiro rya Misizi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga bavuga ko Rwanda Day ifite akamaro kanini cyane kuko ari uburyo bwo kugaragariza icyarimwe ku isi hose isura nziza y’igihugu.
Ihuriro ry’imiryango itegamiye kuri Leta (CCOAIB) rivuga ko abaturage bakwiye guhabwa urubuga mu bibakorerwa kugira ngo iterambere rirambye rishoboke.
Bamwe mu bahesha b’inkiko b’umwuga baranengwa imikorere mibi inyuranyije n’amategeko ari byo byatumye abagera kuri 21 baregerwa Minisiteri y’Ubutabera.
Abahagarariye ibigo by’ubucuruzi birenga 100 byo mu Buholandi baritabira ibirori bya Rwanda Day, nk’uko itsinda riyitegura ryabitangaje.
Kuri uyu wa 01 Ukwakira, abamotari n’abashoferi basabwe kwirinda amakosa akenshi avamo impfu n’ibihano kuko bidindiza iterambere.
Abanyarwanda baba mu Buholandi, ariho hazabera Rwanda Day 2015, ngo bishimiye kwakira Perezida wa Repubulika Paul Kagame bafata nk’inshuti yabo by’umwihariko.
Ministeri y’ubuzima(MINISANTE) yatashye ububiko bw’imiti bushya ngo bugiye gufasha gukemura 16% by’ikibazo cy’ibura ry’ububiko bw’imiti bwijuje ubuziranenge.
Abarenga ibihumbi bine biganjemo abashoramari n’Abanyarwanda baba hanze nibo bazitabira ibirori Rwanda Day izabera mu Buholandi ku wa gatandatu tariki 3 Nzeri 2015.
Abanyarwanda b’imbere mu gihugu n’abo muri Diaspora bategereje gahunda ya Rwanda Day izabera mu Buholandi kuva tariki 3-4 Ukwakira 2015.
Hasohotse Film Unzi Igice igaragaza uko Abanyarwanda bari mu mahanga badatahuka kubera ko bababeshya uko u Rwanda rutari, kugira ngo bagumane imitungo.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kabutare Dr. Saleh Niyonzima, ari mu maboko ya Polisi, naho ushinzwe ubutegetsi n’imari muri ibi bitaro we yaburiwe irengero.
Amakipe 20 niyo yamaze kwemera kwitabira imikino ya zone 5 ya Basket,aho milioni 25 arizo zitaganijwe gukoreshwa mu marushanwa azabera i Kigali kuva kuri iki cyumweru
Abahinga umuceri mu gishanga cya Ntende, mu Karere ka Gatsibo barataka ikibazo cy’amazi adahagije mu gishanga cyabo atuma batabona ubusaruro bifuza.
Abaturiye umuhanda ukorwa mu mirenge ya Muganza na Nyabimata muri Nyaruguru baravuga ko bangirijwe imitungo myinshi kandi barahawe amafaranga make.
Shampiona y’icyiciro cya mbere irakomeza ku munsi wayo wa kane,aho imikino ibiri ariyo iteganijwe kuri uyu wa gatanu,bakazakina kugeza ku cyumweru.
Abanyeshuri 170 barangije kuri PIASS mu mashami y’uburezi, iterambere n’iyobokamana, kuri uyu wa 30 Nzeri 2015 bahawe impamyabushobozi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Steven, avuga ko gukunda igihugu atari ugukunda imisozi ikigize gusa ahubwo ko ari ugukunda Abanyarwanda n’abaturarwanda.
Ikigo cy’Igihugu Imyuga n’Ubumenyingiro, WDA, kuri uyu wa 1 Ukwakira, cyasinyanye amasezerano yiinkunga n’ibigo 38 byasabye inkunga yo kwigisha urubyiruko imyuga.
Umuryango Buffett Foundation wiyemeje gushora milliyoni 500 z’amadorari mu bikorwa bigamije guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda.
Abakora umwuga wo gucuruza amafaranga mu karere ka Rusizi barasaba urugaga rw’abikorera kubashyirahamwe n’abandi bikorera kuko PSF ivuga ko itabazi.
Abakinnyi ba filime mu Rwanda biyemeje gukora filime ivuga ku muco Nyarwanda mu rwego rwo kuwusigasira no kurushaho kuwukundisha Abanyarwanda.
Abikorera 14 bo mu karere ka Rubavu bitabiriye Rwanda day bavuga ko bashaka gukumbuza Abanyarwanda n’abanyamahanga bazayitabira ibyiza bya Rubavu.
Lambe wungirije Ambasaderi w’Ubwongereza yatangarije abarwanyi ba FDLR bari Kisangani bashaka kuganira n’u Rwanda ko ukuri ari ugutaha.
Abaturage bo mu murenge wa Kageyo wo mu karere ka Gicumbi nyuma yo guhabwa kandagira ukarabe na SOS bagiye gusezerera umwanda.
Colonel Augustin Nsengimana wari ashinzwe umutekano n’igisirikare muri FDLR kuri uyu wa 1 Ukwakira 2015 yatahutse mu Rwanda.
Inkongi y’umuriro yibasiye Agaseke Bank, ishami rya Remera, aho abakozi n’abagenzi bagiye kubona bakabona umwotsi mwinshi uri gusohoka munzu.
Kuri iki gicamunsi tariki 1 Ukwakira 2015, ahitwa Hindiro mu Karere ka Ngororero habereye impanuka y’imodoka ya HIACE 4 muri 17 yari itwaye bahita bahisiga ubuzima.