Umuvugabutumwa ukomoka muri Tanzania Bishop Zachary Kakobe agiye gukorera igitaramo mu Rwanda avuga ko kizaba intangiriro y’ibitangaza bizaturuka ku Mana.
Iyi miryango 792 yahawe ibikoresho biyungurura amazi tariki ya 08/09/2015, ababihawe bavuze ko bagiye kubifata neza kuko amazi banywaga atayungururwaga.
Bamwe mu bana bakomeje gutakaza ubwenge bikavugwa ko biterwa n’imbuto z’icyatsi bise ibisazi by’imbwa baba bariye nyuma bagata umutwe.
Umuhanzi Jay Polly atangaza ko kuba hadutse itsinda rishya ririmo abo bahoranye muri Tough Gang nta kibazo abifiteho kandi ntazanarijyamo.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba Mukandasira Caritas, asaba abahinzi bo muri iyi ntara gukora ubuhinzi bw’umwuga ku buryo beza bakihaza bagasagurira n’amasoko.
Kuwa 9 Nzeri 2015, mu Ngororero hatangirijwe ku rwego rw’Igihugu, umushinga wo kugenzura serivisi n’ikoreshwa ry’imari ya Leta mu mirenge.
Minisiteri y’Ubutabera yamuritse imfashanyigisho izifashishwa mu kongerera abunzi ubumenyi bukenewe kugira ngo bakomeze gukemura ibibazo by’abaturage mu bunyamwuga.
Abatuye akagari ka Ruragwe, Umurenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi, bahangakishijwe n’ikiraro cya Ryabutwatwa cyaridutse kikaba kimaze guhitana abantu barindwi.
Rayon Sports yatsinze ikipe ya Rwamagana City mu mukino wa ibitego 3-0 mu mukino wa gicuti wabereye i Muhanga
Minisiteri ishinzwe impunzi no gukumira ibiza MIDIMAR, yashyize ahagaragara igitabo kigaragaza ubwoko bw’ibiza n’uduce tw’igihugu bikunze kwibasira.
Perezida Paul Kagame arakorera urugendo mu karere ka Nyanza abonereho no kureba ibikorwa by’urugomero rw’amazi ruherereye mu murenge wa Rwabicuma.
Umusaza Muhimuzi Raphael wo mu mudugudu wa Gihorobwa akagari ka Rutaraka umurenge wa Nyagatare arifuza ubutane kuko akubitwa n’uwo yishakiye.
Umuganda uhuza abaturage n’abayobozi buri kwezi ugira uruhare mu kunganira igihugu kwihutisha ibikorwa by’iterambere bibarirwa mu mamiliyari buri mwaka.
Agakiriro k’akarere ka Ruhango, kagiye kumara amezi ane gatangiye gukorerwamo n’abanyabukorikori, ubuyobozi bukavuga kazabafasha guhanga imirimo myinshi isaga ibihumbi birindwi.
Ikipe ya Gabon yageze mu Rwanda kuri uyu wa gatatu,yakoze imyitozo kuri uyu wa kane yitegura umukino uzaba ku wa gatandatu
Inzego zitandukanye zikorera mu gihugu zigomba kugira uruhare mu guhanga imirimo mishya mu rwego rwo guhangana n’ubushomeri mu rubyiruko.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo, Gen. Paul Malong Awan, atangaza ko igihugu cye kizigira ku iterambere n’ubumwe Abanyarwanda bamaze kugeraho.
Umunyamakuru Sandrine Isheja yashimiye abamufashije n’abamuririmbiye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 27 amaze avutse.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe buratangaza ko abayobozi bo muri aka karere bakwiye gufasha abaturage guharanira kugera ku iterambere.
Bamwe mu bajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Gatsibo, bavuga agahimbazamusyi bagenerwa kadahagije ugereranyije n’ibyo baba bigomwe mu kazi kabo.
Ikigega gishinzwe gukusanya amakuru ku bigo by’imali (TransUnion) kizafasha Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kubona amakuru y’abasora bityo hirindwe ibirarane bitarishyurwa.
Abarezi mu karere ka Rusizi baravuga ko hari abana bagita amashuri bakajya gukora indi mirimo ibabuza kwiga kurikiye inyungu z’amafaranga.
Dr Nishishikare Fabrice wakoraga mu bitaro bya Kirehe yaguye mu bitaro by’umwami Faycal kuwa 09/9/2015 nyuma yo kuva mu nama y’akazi arangije izamu.
Abakorera mu mujyi wa Kigali rwagati bemeza ko gufunga imwe mu mihanda bitaboroheye mu byo bakora ariko ngo byari bikenewe.
Itorero rya ADPER n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe biratangaza ko ubwitabire bw’abakuze mu kwiga gusoma no kwandika bukiri hasi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru burihanangiriza abaturage bakomeje gutwika imisozi bitwaje gushaka ubwatsi bw’amatungo.
Myugariro w’Amavubi na APR Fc Nshutiyamagara Ismail Kodo yatangaje ko ikibazo afite mu muryango aricyo cyatumye atitabira imyitozo y’Amavubi
Muhindo watashye mu Rwanda tariki 8/9/2015 avuga ko igihe yamaze muri FDLR nta nyungu yayibonyemo, agarutse iwabo mu buzima bushya.
Abakozi ba Leta mu karere ka Ngororero, biyemeje gutanga 1% by’umushahara buri kwezi, agenewe gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund.
Donald Kaberuka wayoboraga banki Nyafurika itsura Amajyambere agiye kwigisha muri Kaminuza ya Harvard nyuma y’imyaka 10 ku buyobozi bw’iyi banki.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) yasabye abari mu inkambi ya Kigeme mu karere ka Nyamagabe gushyira hamwe.
Uruiko rw’Ikirenga rwanzuye ko rufite ububasha bwo kuburanisha ikirego ishyaka rya Green Party ryarezemo risaba ko ingingo y’i 101 itahindurwa.
Minisiteri y’ibikorwaremezo, MININFRA, irizeza abashoferi batwara abagenzi mu mihanda yo mu Burasirazuba ko igiye gushyira ibyapa ku mihanda aho bitari.
Albert Gakwaya wize ibyo kuvura ibibazo byo mu mutwe atangaza ko yiyemeje gutanga umusanzu we afasha Abanyarwanda mu bijyanye n’imitekerereze.
Umuryango wa Afrika y’Uburasirazuba wita ku binyampeke, EAGC, urasaba abakora ibijyanye na byo gukoresha ikoranabuhanga mu kubiteza imbere.
Urwego rw’Umuvunyi ruratangaza ko hadutse uburyo bushya bwo kwaka no gutanga ruswa mbere y’igihe, ku buryo uyisaba ayaka mbere y’igihe.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu biyemeje gushumbusha umugore witwa Mujawingoma Landrada watemewe inka n’abantu batazwi.
Umwana w’imyaka 17 wo mu karere ka Rutsiro yatemesheje se umuhoro, bapfuye ko yari amubajije impamvu yibye imyumbati akayigurisha.
Ishuri ryisumbuye rya TTC Zaza ntiryorohewe no kubona ubushobozi bwa milioni 200 kugira ngo ikureho isakaro ryangiriza ubuzima rya fibro-ciment.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buravuga ko bugiye gusana inyubako yafungiwemo umwami Yuhi V Musinga hagamijwe kugirango ibimenyetso by’amateka bitibagirana.
Abafite imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange barasabwa kuzishyiramo utwuma tuzirinda kurenza umuvuduko zemerewe kugenderaho bitarenze muri Gashyantare 2016.
Abanyeshuri ndetse n’abandi baturage b’ahitwa mu Butete, mu karere ka Burera, barishimira ko bagiye kujya bambuka umuhanda w’aho batuye batekanye.
Mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, niho Police y’u Rwanda hatangirije ukwezi kwahariwe umutekano wo mu muhanda kuri uyu wa 7 Nzeri.
Polisi y’igihugu iratangaza ko abashoferi mu muhanda bakwiye kwibuka kugira n’imyitwarire iboneye, kugira ngo birinde impanuka zitwara ubuzima bwa benshi.
Mu rwego rw’ubushakashatsi ku mazi yo munsi y’ubutaka, Leta y’Ubushinwa yatunganyije amariba 58 imiryango 7784 ibona amazi meza.
Abagore 64 bo mu karere ka Muhanga bacururizaga mu muhanda bishingiwe n’ikigega cy’iterambere (BDF), bamaze guhabwa inguzanyo yatumye biteza imbere.