Perezida Paul Kagame yibukije ko amahugurwa y’abayobozi ku nzego zitandukanye ari ngombwa kugira ngo buri wese abashe kuzuza insingano yahawe.
Umuryango Mustartd Seed Institute ufatanyije na Rwanda Youth Action Network,batangije urubuga rw’ibiganiro rwiswe “Kigali Business Roundtable” ruhuza ba rwiyemezamirimo, bakungurana ibitekerezo, bagasangira ubunararibonye n’amakuru yabafasha kwiteza imbere.
Mu isomwa ry’urubanza Col Tom Byabagamba na bagenzi be bari bakurikiranywemo n’ubushinjacyaha bwa gisirikare, Col Tom Byabagamba yakatiwe imyaka 21, anamburwa impeta za Gisirikare.
Leta y’u Rwanda yagaragarije abashoramari mpuzamahanga mu by’amabanki n’ibigo by’ubwishingizi, amahirwe yo kuza gukorera mu Rwanda ndetse n’imishinga y’iterambere.
Perezida Kagame arasaba abayobozi kwihana amakosa bakora bagashishikariza abaturage gukora cyane aho guhindukira ngo barye n’ibyo bagenerwa.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aranenga abayobozi bagize akamenyero gukora amakosa bakarangwa n’ibirarane by’ibibazo bidakemuka kandi nyamara bahora babiganiraho.
Itorero ry’abayobozi ry’abagize Inama Njyanama z’uturere n’Umugi wa Kigali basimo gusoza, kuri uyu wa 31 Werurwe 2016 itorereo ry’ibyumweru bibiri bagiriraga i Gabiro biyemeje gukosora ibyakorwaga nabi.
Ubuyobozi bwa Gereza y’Abagore iri mu Karere ka Ngoma buratangaza ko umubare munini w’abagore bahafungiwe watereranwe n’imiryango yabo ikaba itabasura muri gereza.
Kuri uyu wa 30 Werurwe 2016 ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’amanywa mu Murenge wa Kisaro muri Rulindo impanuka ya moto ebyiri yahitanye abantu batatu.
Abakobwa 24 batsinze neza mu byiciro binyuranye by’amashuri basabwe n’abayobozi batandukanye gukomeza kubera abandi urugero mu bikorwa byabo bya buri munsi.
Abanyeshuri bize mu kigo cy’ubumenyi ngiro VTC/Bumba muri Rutsiro batangaza ko ubumenyi bahawe bwabafashije kurwanya ubushomeri babona akazi.
Umukecuru Kabagema Anastasie utuye mu Kagari ka Kayenzi, Umurenge wa Bwishyura Akarere ka Karongi yababanaga n’akarima k’igikoni mu nzu yenda kumugwaho.
Ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba(EAC), byamaze guha imyitozo ya gisirikare abazabirindira umutekano nk’igihugu kimwe, barimo abasirikare, abapolisi n’abasivili.
Guhera tariki 11 Mata 2016, Akarere ka Ruhango kazatangira kwimurira mu rwibutso rushya imibiri ibihumbi 20 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri iki cyumweru taliki ya 03/04/2016 nibwo Rayon Sports izakora inama y’inteko rusange ndetse n’amatora y’umuryango wa Rayon Sports
Aborozi bo mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare bashyiriwe amazi mu nzuri, barasabwa kuyabungabunga kugira ngo azarambe yongere n’umukamo.
Abatuye Akagari ka Marimba mu Karere ka Gatsibobiyubakiye ibyumba bitatu by’amashuri, mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cyari kibarembeje cy’abana bataga ishuri.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iributsa ko hakenewe uruhare rwa buri wese mu guhashya ikibazo cy’abana bata ishuri, kuko abarenga 50% batagera mu yisumbuye.
Umuhanzi Gasigwa Pierre avuga ko yahimbye indirimbo itaka ubwiza bw’umuhanda wa “Kivu Belt” ashimira ngo ashimire Perezida Kagame wakuye abaturage mu bwigunge.
Mu muhango wo gutaha inyubako nshya y’Icyicaro Gikuru cya Polisi, kuri uyu wa 30 Werurwe 2016, Perezida Kagame yasabye Polisi y’u Rwanda kurangwa n’umurimo unoze.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yageze i Kigali ivuye muri ALgeria aho yanegukanye rimwe mu masiganwa agize Grand tour d’Algerie
Guhera Ku wa 29 Werurwe 2016, ikigo cy’imari icirirtse “CAF Isonga” cyafunze imiryango mu mashami yacyo ane mu Karere ka Ruhango na Muhanga.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwafashe icyemezo cyo kubuza abanyeshuri biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze kuba mu macumbi azwi nka ‘ghetto’ bacumbikamo.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Claver Gatete, arashishikariza abikorera gushora imari no mu rwego rw’ubuzima kugira ngo bifashe buri Munyarwanda kubone ubuvuzi bwiza.
Minisitiri w’umuco na Siporo Uwacu Julienne yatangaje ko u Rwanda nta mwanya rufitiye abanyamahanga bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abatepite bo muri Côte d’Ivoire bari mu ruzinduko mu Rwanda bavuga ko bagiye gukorera ubuvugizi n’iwabo abagore bakiyongera mu nzego zifata ibyemezo.
Bamwe mu baahutse bavuye mu mashyamba ya Congo bavuga ko gutoroka FDLR bashaka gutahuka bisaba gutekereza cyane kuko utigengesereye wahasiga ubuzima.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge itatu, abashinzwe VUP n’abaturage; bose hamwe bagera kuri 14 mu Ntara y’Iburasirazuba, bamaze gutabwa muri yombi bazira kunyereza amafaranga yari agenewe gufasha abatishoboye.
Umuyobozi w’Ikigega cyita ku Iterambere ry’Ubuhinzi (IFAD), avuga ko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu gukoresha neza inkunga barutera mu buhinzi.
Umuryango Imbuto Fondation wongeye gutanga ibihembo ku bana b’abakobwa bahize abandi mu mitsindire y’amasomo, ubasaba kwirinda gutwara inda zitateganijwe.
Bamwe mu bagabiwe inka muri Gisagara baravuga ko bafite icyizere ko zizabahindurira imibereho mu gihe bemeza ko bari babayeho nabi.
Mu gihe abaturage batangaza ko mu bucukuzi bw’umucanga bakuramo amafaranga, ubuyobozi bw’umurenge bwo bubabuza kubukora kuko ngo bukorwa mu kajagari bukangiza ibidukikije.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyanza, Dr Hakizimana Kagabo Léon, n’umubaruramari witwa Kabalisa Roger Victor baburiwe irengero kuva mu cyumweru gishize.
Ubuyobozi mu Karere ka Nyamagabe bwatangiye gufunga utubari ducuruza inzoga z’inkorano, mu rwego rwo kurwanya ibiyobyabwenge n’ibyatuma hari abahungabanya umutekano.
Ubuyobozi bw’umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (AERG) burahamagarira urubyiruko rwarokotse Jenoside gutinyuka guhanga imirimo.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yigaranzuye ibirwa bya Maurice byari yitsinze 1-0 mu mukino ubanza,ibinyagira ibitego 5-0.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibarirwa muri Batayo ya 3 (Rwanbatt3) mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Muryango w’Abibumbye muri Repuburika ya Santarafurika (MINUSCA) ni zo zahawe inshingano zo kurinda Perezida w’iki gihugu, Faustin Archange Touadera, uherutse gutorwa.
Itsinda ry’abadepite bo muri Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo banenze kuba Akarere ka Karongi kageze ku kigero cya 51% mu gukoresha ingengo y’imari y’uyu mwaka.
Umutekano mucye muri Pariki y’Ibirunga muri Kivu y’Amajyaruguru watumye hashyirwaho amabwiriza n’igihe byo kugenderaho imodoka ziherekejwe n’abasirikare.
Polisi y’u Rwanda yemeje amakuru y’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa (gitifu) w’Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera, Nsengiyumva Charles, n’ushinzwe VUP, Nyecumi Jean Baptiste; bafunzwe bakurikiranweho kunyereza amafaranga agenewe abatishoboye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko Ministiri w’Uburinganire n’Abakuru b’Ingabo barahiye kuri uyu wa 29 Werurwe 2016, bazafasha mu gushaka umutekano w’Abanyarwanda n’akarere muri rusange.
Abahinga umuceri mu Kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi baravuga ko kudafungurira abandi bashoramari isoko ngo byahombeje ubuhinzi bwabo.
Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Ngororero bavuga ko nkongwa yibasira ibigori yabaciye intege zo kubihinga kuko barumbya.
Teta Diana arasaba abafana be kumushyigikira ku cyemezo cyo gusezera mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 6 kuko ngo yabitekerejeho.