Barasaba abatarahigwaga muri Jenoside gutanga amakuru bafite

Abarokotse bo mu Karere ka Rulindo barasaba abatarahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gutanga amakuru bafite y’ahashyinguwe imibiri y’abishwe.

Abarokotse bifuza ko nta mubiri w’uwarokotse Jenoside wasigara udashyinguwe mu cyubahiro kugira ngo n’abarokotse baruhuke, nkuko uwitwa Gahunde Paulin yabisabye kuri iki cyumweru ubwo bashyinguraga rwa Rusiga imibiri 12 yabonetse.

Abayobozi batandukaye bashyira indabo ku rwibutso rw'abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abayobozi batandukaye bashyira indabo ku rwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Hari abantu bafite amakuru ahagije ari nabo bishe abantu bazi aho bapfiriye, ndetse n’abandi byabaye bareba bataribihishe badufasha kubona amakuru neza kandi vuba kurusha abahigwaga bari bihishe; bityo gushyingura bikarangira tukabona umwanya wo gukora n’indi mirimo y’iterambere.”

Bizimungu Fidele nawe watanze ubuhamya, yavuze ko kuba hari imibiri y’abantu itaraboneka ngo ishyingurwe, bibashengura cyane kandi hari abazi ahantu iyo mibiri iherereye harimo n’abatarahigwaga ariko binangiye gutanga amakuru mu myaka 22 ishize.

Imwe mu mibiri yashyinguwe.
Imwe mu mibiri yashyinguwe.

Hon. Depute Kalisa wari witabiriye uyu muhango, yavuze ko abantu bakwiye gufasa abarokotse bakabaha amakuru y’aho ababo bashyinguye kugira ngo nabo baruhuke.

Ati “Iyo utashyinguye uwawe uhorana intimba, mugire umutima wo gutabarana, mutanga amakuru y’aho imibiri idashyinguye iherereye ishyingurwe mu cyubahiro.”

Abaturage bitabiriye umuhango wo gushyingura ku rwibutso rwa Rusiga.
Abaturage bitabiriye umuhango wo gushyingura ku rwibutso rwa Rusiga.

Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu Naphtal Ahishakiye, yavuze ko ari ngombwa kwibuka abazize Jenocide yakorewe abatutsi mu ndangagaciro zabarangaga kuzibungabunga kugira ngo zitazazima no kubaka Igihugu kikaba cyiza kurushaho.

Uwo muhango wabereye mu Murenge wa Rusiga, Akagari ka Gako, mu Mudugudu wa Rwintare ku rwibutso rwa Rusiga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Yo, Paulin ni Papa wanjye bashyinguraga sogokuru wacu batemye n’abandi bana be Buhigiro Anastase. Ni urya muremure i buryo

Jean Paul Gahunde yanditse ku itariki ya: 24-12-2021  →  Musubize

Murakoze KD ABASHYINGUWE BAHABWE IRUHUKO RIDASHIRA

alias yanditse ku itariki ya: 9-05-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka