Ikipe ya Gicumbi Fc itunguye APR iyitsinda 1-0, Rayon Sports yihimura kuri ESPOIR inasubirana umwanya wa mbere
Abaturage bo mu Bufaransa bifuza ko Barack Obama yakwiyamamariza kuyobora igihugu cyabo bakomeje kwiyongera ku buryo bamaze kurenga ibihumbi 40.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyerekanye ibicuruzwa by’inzoga z’umucuruzi Nkusi Godfrey, kivuga ko zitakorewe imenyekanisha ry’imisoro ku buryo zarimo inyerezwa rya miliyoni 70Frw.
Abaturage bo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo ahakorerwa ubuhinzi bwa Stevia, bahamya ko uyu mushinga wabarinze ubushomeri bibafasha kwiteza imbere.
Kuri ubu abantu batandukanye iyo bumvise izina Iradukunda Elsa nta kindi bahita batekereza uretse Nyampinga w’u Rwanda 2017.
Mu nama y’igihugu y’umushyikirano ya 2016, Minisitiri Louise Mushikiwabo ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, yari yijeje Abanyarwanda baba mu mahanga ko hazakorwa ibishoboka kugira ngo boroherezwe gutora Perezida,ibyo bikaba byatangiye gushyirwa mu bikorwa mu gihugu cya Canada.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko bwageneye igihembo cya 50,000Frw, uzajya awutungira agatoki abubaka mu kajagari.
Ntezimana Jean Paul wiga mu ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya Musanze Polytechnic yihangiye umurimo wo gukora inzoga n’umutobe mu bijumba, akabigurisha.
Abarwayi bajya kwivuriza ku bitaro bikuru bya Rwamagana bavuga ko bahabwa serivisi mbi ku buryo bashobora kumara iminsi ibiri bataravurwa.
Brigadier General Cômes Semugeshi umwe mu bayobozi muri CNRD-Ubwiyunge, yishyikirije ingabo za UN zishinzwe kurinda amahoro muri Congo (MONUSCO) kuri uyu wa kabiri tariki 28 Gashyantare 2017, avuga ko ahunze ibihano bikarishye birimo n’upfu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara buratangaza ko hafashwe ingamba zituma nta nka yatanzwe muri gahunda ya girinka izongera kunyerezwa.
Umukino w’ikirarane wagombaga guhuza APR Fc na Gicumbi Fc kuri Stade ya Kigali wimuriwe ku wa Gatatu, ukazabera Kicukiro
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, bahangayikishijwe no kutabona aho bagurira imiti kuko nta farumasi ihaba.
Abakozi bo mu ngo bari bamaze imyaka ibiri bahugurwa ku bintu bitandukanye bikenerwa mu buzima, bemeza ko kwizigama ari inzira izabafasha kwiteza imbere.
Miss Uwase Hirwa Honorine uzwi nka "Miss Igisabo" avuga ko nubwo ategukanye ikamba rya Miss Rwanda 2017 nta gahunda afite yo kongera guhatanira iryo kamba.
Akarere ka Ngororero katangiye gusana ishuri ry’intwari rya Nyange mu rwego rwo kurigira ikitegererezo, nyuma y’imyaka 20 abacengezi barisenye bakanica abanyeshuri.
Abahanga mu by’imiti (Pharmacists) bibumbiye mu ihuriro ryabo bise ‘RCPU’, baritezeho ibisubizo by’ibibazo bahuraga na byo, ngo kuko rizabafasha kungurana ibitekerezo biganisha ku iterambere ryabo.
Abahinzi ba Kawa bo mu Karere ka Karongi batangaza ko banezerewe kubera ko igiciro cya Kawa cyazamutse.
Kuri uyu wa mbere Tariki 27 Gashyantare 2017, harakorwa ikizami cya nyuma ku batoza batatu bashakwamo uzatoza Amavubi, nyuma hakazahita hatangazwa uwatsinze
Perezida Kagame yakiriye umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’ Umupira w’Amaguru ku isi Gianni Infantino, kuri uyu wa 26 Gashyantare 2017.
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’inzobere zimufasha kuvugurura Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), aho ari mu mwiherero i Gabiro.
Kuri iki cyumweru, Polisi y’Igihugu yerekanye abakekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo ababo n’ibyabo birekurwe, cyangwa gushaka gutsindira gutwara ibinyabiziga.
Iradukunda Elsa niwe wambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017 nyuma yo guhigika abandi bakobwa 14 bari bahanganye.
Kuri uyu wa Gatandatu, Umuyobozi wa FIFA Gianni Infantino yageze mu Rwanda ashyira ibuye ry’ifatizo ahubakwa Hotel ya FERWAFA
Mu mukino wa shampiyona w’ikirarane wahuzaga ikipe ya Police FC na Rayon Sports urangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije Umwiherero wa 14 w’abayobozi bakuru b’igihugu abahamagarira kwisuzuma kugira ngo banoze ibyo bashinzwe gukora.
Hirya no hino mu gihugu abaturage bafatanyije n’abayobozi batandukanye babyukiye mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gashyantare.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’abandi bayobozi bakuru bitabiriye Umwiherero bifatanyije n’abaturage b’umurenge wa Kabarore muri Gatsibo mu muganda usoza ukwezi wa Gashyantare.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi, Gianni Infantino aragera mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu, ashyire ibuye ry’ifatizo ahubkwa Hotel ya Ferwafa.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), ruratangaza ko umugororwa witwa Rugamba Jovin, wari ufungiye muri gereza ya Mageragere ari gushakishwa n’inzego z’umutekano kubera gutoroka.
Nyampinga w’u Rwanda 2016 n’abo bahataniraga ikamba basinyiye imihigo itandukanye bagombaga guhigura mu gihe cya manda yabo.
Ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today cyashyize ku isoko abanyeshuri 15 bagize icyiciro cya gatandatu cy’abahuguwe mu gufotora bya kinyamwuga.
Abayobozi bakuru b’igihugu bagiye mu mwiherero, basuzumiramo imikorere yabo, baniyemeza kongera ingufu ahagaragaye intege nke hagamijwe iterambere rirambye ry’igihugu.
Abanyarwenya Ben Nganji, Nkusi Arthur uzwi nka Rutura na Niyitegeka Garasiyani uzwi nka Seburikoko, bagiye gususurutsa Abanye-Huye bifashishije urwenya.
Abayobozi mu nzego nkuru za leta bagiye guhurira mu mwiherero, basuzumira hamwe imikorere yabo, baniyemeza kongera ingufu ahagaragaye intege nke hagamijwe iterambere rirambye ry’igihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable arahamagarira abahagarariye abafite ubumuga muri ako karere kunoza imikorere bakegera abo bashinzwe bakamenya ibibazo bafite bigakemuka.
Polisi y’u Rwanda n’iya Uganda bagiranye ibiganiro bigamije kureba icyakorwa ngo hongerwe ingufu mu bufatanye basanganywe mu gukumira ibyaha.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (MINAGRI) irizeza abahinzi ko mu gihe kitarenze imyaka itatu nta muhinzi uzongera kubura ifumbire cyangwa imbuto z’indobanure.
Mu minsi ishize abahinzi b’ibigori b’i Rusizi binubira imbuto bahawe yanze kwera, none "tubura" yayitanze yemeye kubishyura indi ihwanye na miliyoni 16 RWf.
Imiryango 12 yo mu Karere ka Gisagara itagiraga aho iba itangaza ko yagize icyizere cy’ubuzima nyuma yo guhabwa inzu nshya yubakiwe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yambitse amapeti ba ofisiye bashya 478 harimo abakobwa 68, batorezwaga mu Ishuri Rikuru rya gisirikare riri i Gako mu Bugesera.
Mu gitondo, ahagana mu ma saa moya n’igice i Kankuba mu Kagari ka Kankuba, Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ku birometero 15 gusa usohotse mu Mujyi wa Kigali, n’ubwo ari mu mvura, urujya n’uruza ni rwose mu isoko rya Mageragere.
Ikipe ya Rayon Sports imaze gutangaza ko ibyangombwa byemerera Rwatubyaye Abdul kuyikinira byabonetse.