Abarwayi ndetse n’abarwaza ba kanseri ku bitaro bya Butaro, bifuza ko imiti y’iyi ndwara yazajya itangirwa no mu bindi bitaro kugira ngo bagabanirizwe imvune.
Application yiswe VugaPay yifashishwa mu kohererezanya amafaranga “Mobile Money” yakozwe n’abana babiri b’Abanyarwanda bava indi imwe, yaje ku isonga mu mishinga icumi mishya y’ikoranabuhanga itanga icyizere muri Afurika.
Abaririmbyi Charly na Nina batangaza ko iyo bafite akazi kenshi kuryama babyibagirwa ku buryo ngo bashobora kuryama amasaha ane cyangwa ari munsi yayo.
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) gitangaza ko kuba Ingabo z’u Rwanda (RDF) zitabira gutanga amaraso yo gufasha abarwayi bizatuma atazongera kubura.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 18 Gicurasi 2017, Madame wa Perezida wa Kenya, Margaret Gakuo Kenyatta yatangaje ko azifatanya na Madame Jeannette Kagame muri Kigali International Peace Marathon.
Ababyeyi bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Kamonyi, bamaze amezi 10 badahabwa inkunga y’ingoboka ibunganira mu mibereho.
Bamwe mu batoza b’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri mu Rwanda batangaza ko uko amakipe akina igikombe cy’amahoro atomborana bidakorwa neza.
Ministeri y’umuco na Siporo mu Rwanda iratangaza ko yashimishijwe n’ishema ikipe y’igihugu ya Beach Volley y’abakobwa yahesheje igihugu itwara igikombe cy’afurika
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwegukana igikombe cya Shampiona hari bimwe mu byaranze inzira yanyuzemo kugera itwaye igikombe
Abasirikare bakuru, abashakashatsi, abarimu n’impuguke mu bya politiki n’umutekano bari bateraniye mu ishuri rikuru ry’igisirikare cy’u Rwanda (RDF Command and Staff College) riri i Nyakinama muri Musanze, biyemeje kutarebera ibiteza umutekano muke muri Afurika.
Abashinzwe ubuzima mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana bemeza ko siporo yabaye imbarutso yo gutuma abaturage basaga 500 bipisha ku bushake indwara zitandura.
Mu magambo aremereye, kuri uyu wa 17 Gicurasi 2017, urubanza rwa Dr Kabirima Jean Damascene ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Rusenge muri Nyaruguru, rwakomeje yisobanura ku makuru yatanzwe n’ubushinjacyaha.
Ababyeyi batatu bo mu Karere ka Nyaruguru bafashe umwanzuro wo kwibera mu kato, nyuma y’uko umuganga ababwiye ko uburwayi bwo kujojoba bita “Fistula” bafite burenze ubushobozi bwe.
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya 8 cya Shampiona itsinzwe rimwe gusa, inganyije inshuro enye, mu gihe isigaje imikino ine ngo Shampiona irangire
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya Shampiona nyuma yo gutsinda Mukura ibitego 2-1 byatsinzwe na Moussa Camara
Hari amwe mu magambo waba warahoze wumva, bwacya kabiri ugasanga atacyumvikana cyangwa se atakinavugwa ukibaza aho yaba yararengeye ukahayoberwa.
Hagenda haduka ibikoresho bidasanzwe kandi byiyongera uko ikoranabuhanga ritera imbere, byakoroshya ubuzima n’ubwo mu Rwanda byose bitatugeraho cyangwa byanahagera ntitubimenye.
Bamwe mu babyeyi bo muri Nyabihu bafite abana bavukanye ubumuga, bishimira ko bamenye gukora ibikinisho bifasha abana babo mu kwidagadura bakina.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru bibumbiye mu ishyirahamwe bise ‘Turwanye imirire mibi’ rikora ibikorwa bibyara inyungu bemeza ko byabafashije kurwanya imirire mibi.
Mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Police miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda nizo zizifashishwa mu bikorwa binyuranye by’iterambere Police izageza ku baturage.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA riratangaza ko bitewe n’imyiteguro y’ikipe y’igihugu "AMAVUBI", imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere yari isigaye, yamaze kwigizwa imbere.
Joss Stone, umuririmbyi ukomeye wo mu Bwongereza agiye gufatanya n’umuririmbyi wo mu Rwanda gukora indirimbo iri mu rurimi rw’Ikinyarwanda.
Abantu barindwi batuye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda kubera ko bashakanye n’Abanyarwanda.
Kuri uyu wa kabiri i Nyamata mu Bugesera habereye umukino w’igikombe cy’Amahoro wari usigaye muri 1/8 hagati ya Bugesera na As Muhanga, Bugesera inyagira Muhanga iranayisezerera
Danmark yatangaje ko yataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Danmark, kubera ibyaha akurikiranyweho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Karani Jean Damascene, umworozi wo muri Nyagatare avuga ko nyuma yo gupfusha inka 24 zizize amapfa, byamusigiye isomo rikomeye.
Mützig, abayikunda bavuga ko ari inzoga ifite uburyohe bwihariye, yengwa n’uruganda rwa BRALIRWA.
Polisi y’igihugu yahaye abaturage 100 bo mu Karere ka Gicumbi amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, mu rwego rwo kubafasha kubungabunga umutekano.
Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa yatangiye igikorwa cyo kuvuza ku buntu abantu barwaye “Ishaza” mu jisho abifashijwemo n’abaganga b’amaso no mu bitaro bya Kabgayi.
Abayobozi b’amadini n’amatorero mu Karere ka Nyagatare basabwe kwigisha abayoboke babo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kuko ari yo shingiro ry’Ubunyarwanda.
Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko zirimo gukurikiranira hafi Raporo y’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (WHO) iri gukorwa ku ndwara ya Ebola.
Ubushinjacyaha bwisobanuye ku bujurire bwa Dr Kabirima Jean Damascene ushinjwa uruhare muri Jenoside butera utwatsi ibyo gukusanya abaturage aho uregwa avuka ngo bashinje, banashinjure.
Abaturage bo mu Murenge wa Fumbwe muri Rwamagana nyuma yo kuza ku mwanya wa nyuma umwaka wa shize muri mituweri, bakusanyije miliyoni eshatu z’ubwisungane bwa 2018.
Dusabejambo Clementine, niwe Munyarwanda wenyine ugaragara ku rutonde rw’abahatanira ibihembo bya filime byitwa AMAA (The Africa Movie Academy Awards).
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe, yatangaje ko u Rwanda rwiyemeje gutanga umusanzu wose rwasabwa , mu kubungabunga umutekano muri Afurika.
Morgan Freeman umukinnyi ukomeye wa Filime wo muri Amerika (USA) ahamya ko ibyo yabonye mu Rwanda bimwereka ko amahoro ashoboka ku isi.
Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’ikinyamakuru Jeunne Afrique, yavuze ko adatewe impungenge n’umukandida uwo ari we wese bazahatana mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganijwe tariki ya 4 Kanama 2017.
Imodoka ebyiri zari ziri mu igaraje riri mu Rwabayanga mu mujyi wa Huye, ziri gukorwa zafashwe n’inkongi zirakongoka.
Ikipe ya Espoir ishobora guterwa Mpaga igasezererwa mu gikombe cy’amahoro bitewe n’amakosa yakoze mu mukino wo kwishyura.
Abana bafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva biga mu kigo Nyagatare Deaf School barifuza gusobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Paruwasi Katedarare ya Byumba yizihije isabukuru y’imyaka 80 imaze ibayeho, yishimira ibikorwa bitandukanye yagezeho birimo kubanisha neza Abanyarwanda.
Abatoza babiri bungirije b’ikipe ya Bugesera Fc ndetse n’umuganga bahagaritswe n’ubuyobozi bw’ikipe nyuma y’umwuka mubi wavugagwa muri iyo kipe.
Umugabo witwa Gakara Jean Claude ucukura amabuye y’agaciro mu Murenge wa Rukoma mu Kagari ka Murehe, yaraye akuwe mu kirombe ari muzima, nyuma y’uko kimugwiriye ku wa gatandatu tariki 13 Gicurasi 2017 i saa tatu za mu gitondo.
Itariki nk’iyi mu mwaka wa 2013, abafana ba Rayon Sports babyinaga intsinzi bishimira kwegukana ku nshuro ya 7 igikombe cya Shampiona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru
Gerardine Mukandanga w’i Rukira mu Karere ka Huye yibarutse abana batatu, abakobwa babiri n’umuhungu umwe ariko nta bushobozi afite bwo kubarera.
Mu mukino wa 1/8 mu gikombe cy’Amahoro wabereye kuri Stade Amahoro, Rayon Sports inganyije na Musanze ibitego 3-3, Musanze ihita isezererwa
Mu irushanwa ryaberaga muri Mozambique, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakobwa yegukanye iki gikombe itsinze Maroc amaseti 2-1