Polisi yerekanye abantu batatu bakekwaho gucuruza urumogi barukuye muri Repuburika Iharanira Demukarasi ya Congo bakarukwirakwiza mu baturage batuye mu gihugu cyose.
Nyuma y’ibyumweru bibiri Shampiona ya Basketball mu Rwanda itari gukinwa, kuri uyu wa Gatanu abakunzi bayo barongera gususuruka
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, avuga ko bigayitse cyane kubona abari bashinzwe kuvura abantu ari bo babica mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ikipe ya Rivers United yaraye igeze mu Rwanda, abaje kuyitegurira urugendo babanza gutangaza ko ikipe yabo iri muri hotel ihenze ya Radisson Blu
Ministeri y’ubutabera(MINIJUST) hamwe n’Urwego rushinzwe imiyoborere (RGB) batangaza ko abanoteri bafite imitangire mibi ya serivisi irimo ruswa n’ikimenyane.
Jean Sayinzoga wari umuyobozi wa komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero, uherutse kwitaba Imana yashyinguwe mu cyubahiro.
Umugore ucururiza amandazi hafi y’Urwunge rw’Amashuri rwa Rwingwe rwo mu Murenge wa Mwendo, mu Karere ka Ruhango, yinjiranye icyuma mu kigo agitera umwana yahuye nawe.
Umuririmbyi Davis D yemeza ko atatunguwe no kujya mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) kuburyo ngo ashobora gutungurana akaryegukana.
Antoine Hey uheruka kugirwa umutoza w’Amavubi, arateganya guhamagara abakinnyi 42 mu igeragezwa ry’imbaraga (Test Physique)
Abagize Umuryango w’Abagide mu Rwanda bemeza ko kumenya amateka yaranze u Rwanda harimo n’aya Jenoside yakorewe Abatutsi, bizabafasha kuyirwanya.
Umuhanzi Teta Diana agiye gukorera igitaramo i Geneva mu Busuwisi, amafaranga azakivamo akazagurira mitiweri Abanyarwanda 5000 batishoboye.
Ikigo gishinzwe Iteganyagihe (Meteo Rwanda) kivuga ko amakuru gitanga ku iteganyagihe, kiyagenzura kigasanga cyavuze ay’ukuri ku rugero rwa 85%.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Itorero akaba n’Umutahira mukuru w’intore, Rucagu Boniface, yatangarije abanyamakuru bitabiriye Itorero ko kubatoza umuco w’Ubutore, atari ukubangamira uburenganzira bwabo.
Abaturage b’akarere ka Nyarugenge bamurikiwe imodoka 10 biguriye mu musanzu bagiye batanga buri wese uko afite, zizabafasha gukaza umutekano no mu bikorwa by’isuku.
Mu mukino ubanza wa 1/16 w’igikombe cy’Amahoro, Rayon Sports inyagiye Rugende Fc ibitego icyenda ku busa
Uruganda ruciriritse rukora inzoga muri Tangawizi ruzwi ku izina rya “Umurage Enterprise” ruri i Musanze rwibasiwe n’inkongi y’umuriro yangiza byinshi.
Umukino wa 1/16 w’igikombe cy’amahoro uhuza Amagaju n’AKagera, urabera ku kibuga giteye impungenge kugikiniraho.
Ibendera ry’igihugu ryo ku Kagari ka Rubona, Umurenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma, ryari ryabuze, barisanze mu bwiherero bwa SACCO y’uwo murenge.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bufatanyije n’inzego z’umutekano n’abaturage, bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bifite agaciro gasaga miliyoni 25RWf.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pascal Nyamurinda, avuga ko umutekano utagera mu gihugu cyose udahereye mu ngo kuko byose bihera mu miryango.
Umukinnyi Mugheni Fabrice yamaze guhagarikwa icyumweru muri Rayon Sports, anakatwa umushahara nyuma yo kugaragaza imyitwarire mibi muri iyi kipe
Guinea n’u Rwanda byagenewe itike z’ubutumire zo kwitabira igikombe cy’Afurika kizabera muri Congo Brazzaville
Madame Jeannette Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Djibouti, aho yaherekeje Perezida Kagame, yeretswe uburyo abagore bo muri icyo gihugu biteza imbere.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Muhanga baravuga ko babangamiwe no gukurwa ku nkunga ya FARG bagashyirwa mu byiciro by’ubudehe.
Akanama k’umutekano n’amahoro k’Afurika Yunze Ubumwe (AU) karahamagarira ibihugu byo muri Afurika bicumbukiye abakoze ibyaha bya Jenoside kubacira imanza cyangwa bikabohereza mu Rwanda.
Kuva KT Radio yatangira kumvikana mu gace k’Iburengerazuba bw’igihugu, abagaturiye bemeza ko batangiye kumva ibiganiro n’amakuru bishya batari basanzwe bamenyereye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Garubanda bakunze kwita Kabigamba w’imyaka 48, yari agiye kwica umugore we, amubuze atemagura ihene eshanu, atorokera muri Uganda.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (PAM) ryaguze mu Rwanda toni 508 z’ibishyimbo byo kugoboka u Burundi bwugarijwe n’amapfa.
Abaturage bo mu Murenge wa Save muri Gisagara bafite umuyoboro w’amazi mu ngo bavuga ko bahangayikishijwe n’igiciro cy’amazi cyazamuwe batabimenyeshejwe.
Muhoza Janvière utuye i Tumba ho mu Karere ka Huye yabyaye abana babiri bafite ubumuga bw’uruhu bituma urugo rwe rusenyuka, agwa mu bukene.
Nyuma yo gusezererwa mu ikipe ya APR Fc ndetse no mu ikipe y’igihugu Amavubi mu minsi 16 gusa, Kanyankore yagizwe umutoza wa Bugesera agasimbura Mashami Vincent
Jean Sayinzoga wari umuyobozi wa komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero yitabye Imana azize indwara.
Mu mukino ubanza wa CAF Confederation cup wabereye muri Nigeria, Rayon Sports ihatsindiwe ibitego 2-0
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Kibeho muri Nyaruguru bavuga ko hari igihe cyageze ubuzima bugakomera ku buryo igikombe cy’amazi bakiguraga 1000RWf.
Ikipe ya APR Fc, Police, Espoir na Bugesera zabonye amanota 3, As Kigali ntiyabasha kwikura i Musanze mu mikino yabaye kuri uyu wa Gatandatu
Muri iki gihe u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatuts,abanyarwanda baba muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bibutse banishimira intamwe yatewe n’abanyarwanda mu kwiyubaka.
Abakirisitu Gatolika bo mu mujyi wa Huye bakoze inzira y’umusaraba, bakina bigana uko byagenze mu gihe cya Yezu Kristu.
Abakinnyi 10 gusa ba Rayon Sports ni bo babashije kubona uburyo bagera mu mujyi bazakiniramo, mu gihe abandi bategereje indege amasaha ane
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke burizeza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri ako karere ko ku mugezi wa Mukungwa hagiye kubakwa Urwibutso rwa Jenoside.
Nyampinga w’Akagari ka Rukaragata mu Murenge wa Mushishiro muri Muhanga, arifuza guhura na Miss Rwanda kugira ngo bungurane inama.
Kubera umukino mpuzamahanga wo kwishyura Rayon Sports izakina mu mpera z’icyumweru gitaha, imikino ine ya Shampiona yimuwe
Ikipe ya APR Volleyball Club ihagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bakobwa kiri kubera muri Tunisia, iraza guhatanira kuva ku mwanya wa 9 kugera kuri 12