Nyuma yo kunyagira ikipe ya Wau Salaam ibitego 4-0, Rayon Sports yasesekaye i Kanombe yakirwa n’abafana benshi bari bayitegereje
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Anastase Murekezi arahamagarira ba Mutimawurugo kurwanya amakimbirane yo mu ngo kuko akomeje guhitana abantu.
Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda Aimable Bayingana, yongeye gutorerwa kujya mu nama y’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare muri Afurika.
Inama njyanama y’Akarere ka Ngoma yatoye itegeko rihana abazunguzagi n’abagura nabo kuburyo uzafatwa wese azajya acibwa amande ya 5000RWf.
Nyuma y’imyaka ibiri Stade Ubworoherane yo mu Karere ka Musanze isanwa yatashywe ku mugaragaro yongera no kwakira imikino.
Ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Wau Salaam Fc muri Sudan, APR inganya na Zanaco Fc yo muri Zambia.
Kuwa 10 Gashyantare 2017 nibwo ubuyobozi bw’ikipe ya Sunrise bwahembye abakinnyi bayo ibirarane by’imishahara bihwanye n’amezi 5 bari bamaze badahembwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko yashimishijwe n’imyigishirize ya Kaminuza ya gikirisitu ya Oklahoma(muri Amerika), ndetse n’inyuturano y’abayizemo.
U Rwanda rwahawe icyangombwa mpuzamahanga gihanitse mu byangombwa byemerera ibihugu serivisi zo gufashisha indembe amaraso, biturutse ku bwiyongere budasanzwe bw’udushashi tw’amaraso rubona buri mwaka.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB ruravuga ko mu Karere ka Gisagara abaturage bagaragaje ko batagira uruhare mu mitegurire y’ingengo y’imari n’igenamigambi.
Mu Karere ka Ngororero abagore bajya mu buyobozi mu nzego z’ibanze baracyari mbarwa, aho bamwe bavuga ko bazitirwa n’ubujiji abandi ngo barakitinya.
Marchal Ujeku uvuka ku kirwa cya Nkombo yahisemo kuririmba mu rurimi rwaho kugira ngo n’abahavuka bahihakana babone ko ari ahantu nk’ahandi.
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo isiko ry’igura n’igurisha ku bakinnyi mu Rwanda ryarangiye, aho ikipe nka APR Fc ari imwe mu makipe ataragize uwo igura cyangwa ngo hagire uyivamo
Polisi y’igihugu ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba irakangurira ababyeyi kwita ku burere bw’abana babo bakababa hafi bakabarinda impanuka zo mu muhanda.
Kuri uyu wa 09 Gashyantare 2017 nibwo hamenyekanye ko abakozi 2 mu ishyirahamwe ry’umupira w’intoki bafashwe na Police.
Muri uku kwezi kwa Gashyantare 2017, u Rwanda ni rwo rurimo kuyobora Akanama k’Amahoro n’Umutekano k’Afurika yunze Ubumwe (AUPSC).
Hadji Mudaheranwa Youssuf uzwi mu bakunzi b’Imena ba Rayon Sports yemereye buri mukinnyi ndetse n’abatoza ba Rayon Sports agahimbazamusyi nibaramuka batsinze umukino ubanza muri Sudani.
Abatuye Umurenge wa Kaniga muri Gicumbi, uhana imbibi n’igihugu cya Uganda, baravuga ko bahangayikishijwe n’ifungwa ry’inzira bakoreshaga bajya guhahira muri Uganda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yaciye ikoreshwa rya telefoni zigendanwa ku baganga n’abandi batanga serivisi z’ubuzima mu masaha y’akazi.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi yasubiye inyuma ho imyanya irindwi nkuko bigaragazwa n’urutonde rw’uko amakipe y’ibihugu ahagaze ku isi.
Francis Gatare wari umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), yasigiye Clare Akamanzi wamusimbuye, umukoro wo kureshya abashoramari ariko akareba abafite ishoramari rikwiye.
Nyirangendahimana Madolene wo mu Karere ka Kamonyi ababazwa n’uburyo Gitifu w’Akagari yamwambuye amafaranga yari amurimo bigatuma Banki iteza cyamunara umurima we.
Abaturage 269 bavuga ko bamaze imyaka itanu bishyuza Akarere ka Nyagatare amafaranga batanze bagura ibibanza,nyuma bakabyamburwa n’Akarere katabahaye ingurane.
Dr Gahutu Pascal, Umuyobozi wa Kaminuza yigenga ya Rusizi Internationl University (RIU) ari mu maboko ya Polisi akurikiranweho ibyaha birimo kunyereza umutungo no gukoresha impapuro mpimbano.
Abashinzwe imirimo yo kubaka isoko mpuzamahanga rya Cyanika batangaza ko imirimo yo kuryubaka igeze kuri 80% ku buryo ngo rizuzura bitarenze ukwezi kwa Mata 2017.
Ishami rishinzwe ubuhinzi mu Karere ka Karongi ritangaza ko ubwitabire bw’urubyiruko mu bikorwa by’ubuhinzi bukiri hasi.
Kuri uyu wa Kane ku bibuga bya Tennis biri kuri Stade Amahoro, haraza kuba hakinwa imikino ya 1/2 mu bagabo n’abagore
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko bukurikirana urubyiruko rwavuye Iwawa, bakarufasha ariko ngo hari abo usanga badahinduka bagasubira kuba inzererezi.
Umutoza w’ikipe ya APR Jimmy Mulisa yatangaje ko intego bajyanye muri Zambiya ari ugutsindira hanze igitego, cyangwa bakanganya na Zanaco Fc.
Abageze mu zabukuru bibumbiye muri Koperative “Sindagira” bo Karere ka Kirehe bararega ubuyobozi bw’umurenge kurigisa imodoka biguriye babwirwa ko igiye gukorwa.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, umutwe w’Abadepite yamaze gutora itegeko ngenga rishyiraho Igiswahili nk’ururimi rwemewe mu butegetsi mu Rwanda.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryashyize ahagaragara abatoza 52 b’abanyamahanga basabye akazi ko gutoza Amavubi.
Imiryango 100 yimuwe kuri hegitari 4000 zizaterwaho icyayi mu Mirenge ya Mata na Munini muri Nyaruguru yatujwe mu nzu z’icyitegererezo yubakiwe.
Inama y’inteko rusange yari kuzaberamo amatora ya Komite Nyobozi y’umuryango yari kuzaba kuri iki cyumweru, tariki 12 Gashyantare yasubitswe
Mu muhango wo kurahiza abayobozi bashya bashyizwe mu myanya n’inama y’abaminisitiri iheruka, Perezida Paul Kagame yabahamagariye kutitwaza amikoro make y’igihugu ngo bananirwe kunoza serivisi zitarashyirwa ku murongo mu byiciro bitandukanye.
Irushanwa rya Tennis ryahariwe umunsi w’intwari rirakomeza kuri uyu wa Gatatu, aho haza kuba hakinwa imikino ya 1/4 mu bagabo babigize umwuga.
Louise T. Koonce, gafotozi ukomoka muri Amerika (USA) yasuye ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd, asangiza ubunararibonye abari guhabwa amahugurwa mu gufata amafoto ya Kinyamwuga.
Abahinzi bo mu karere ka Rusizi baravuga ko bahangayikishijwe n’imbuto y’ibigori bahawe itinda kwera, ikanatanga umusaruro muke.
Sous-Lieutenant Henry Jean Claude Seyoboka n’umwunganira basabye urukiko rukuru rwa gisirikari gutesha agaciro icyemezo cyafashwe n’urukiko cyo kumufunga indi minsi 30.
Hoteli Kivu Marina Bay iherereye i Rusizi, yari yaradindiye, iragaragaza icyizere ko noneho izuzura bidatinze kuko imirimo yo kuyubaka igeze kure.
Perezida Kagame yashimiye ingufu zishyirwa mu kuzamura inganda z’imbere mu gihugu ariko asaba ko intego yaba iyo guhaza isoko ryo mu gihugu mbere yo gutekereza kohereza ibicuruzwa hanze.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bafunguye ikigo cy’amahugurwa ku butabazi bw’abakomerekeye ku rugamba n’abandi bose bagize impanuka.
Umuryango wa Tear Fund wateguye igikorwa cyo gutembera u Rwanda no gusura ibikorwa utera inkunga hifashishijwe amagare
Inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki 3 Gashyantare 2013, ikayoborwa na Perezida Paul Kagame, yemeje amabwiriza anyuranye ya Minisitiri w’Intebe yoroshya iyubakwa ry’amacumbi aciriritse.
Bamwe mu bayobozi bo mu nzego nkuru z’igihugu barya ruswa, ngo babikorana amayeri menshi ku buryo kuyibonera ibimenyetso bigorana.
Abaturage batuye mu bice by’icyaro bagorwaga no gukora ingendo bagiye kongera koroherezwa, nyuma y’uko haje sosiyete nshya ije gusimbura ONATRACOM yari yarazimiye.