Uyu mukino wabereye kuri stade Mumena I Nyamirambo watangiye Police itsinda hakiri kare ibitego bibiri aho umukinnyi Biramahire Christophe watsinze ibitego byombi yatsinze icya mbere ku munota wa 6 w’igice cya mbere aza kongera gutsinda icya kabiri ku munota wa 18 igice cya mbere kirangira ari 2-0.

Mu gice cya kabiri Kiyovu yagarukanye ingufu nyinshi ku buryo yahanahanaga umupira neza kurenza Police Fc aho yanakunze kurata uburyo bwinsh bwagombaga kuvamo ibitego imbere y’izamu rya Polisi,nyuma ariko Kiyovu iza kubona igitego ku munota wa 70 cyatsinzwe na Mustafa Francis kuri coup-franc.

Gutsindwa kwa Kiyovu bitmye iguma ku mwanya wa 13 n’amanota 25 bigatumaiguma ku gitutu cyo gucibwaho na Marines ya 14 itarakina ifite amanota 23 ndetse ikaba ishobora no gusatirwa na Gicumbi ya 15 ifite amanota 21 bityo ikaba ishobora kumanuka mu cyiciro cya kabiri ititwaye neza mu mikino 4 isigaye kugira ngo shampiyona irangire.

Ababanjemo ba Police Fc
Mu izamu:Nzarora Marcel
Ab’inyuma:Mpozembizi Mohammed,Muvandimwe JMV,Twagizimana Fabrice na Hussein Habimana
Abo hagati:Ngendahimana eric,Nizeyimana Mirafa,Mwizerwa Amini na Mico Justin
Ab’imbere:Biramahire Christophe na Danny Usengimana
Ababanjemo ba Kiyovu Sport
Mu izamu:Nzeyurwanda Djihad
Ab’inyuma:Ngirimana Alexis,Hakim Compaore,Yamini Salum na Ngarambe Ibrahim
Abo hagati:Niyitegeka Idrissa,Mustafa Francis,Harelimana Jean Claude na Havugarurema Jean Paul
Ab’imbere:Ibrahim Coulibary na Nizeyimana Jean Claude
Indi mikino iteganyijwe y’umunsi wa 26 wa Shampiyona
Ku wa gatandatu tariki ya 6 gicurasi 2017
APR Fc vs Espoir Fc (Stade ya Kigali)
Gicumbi Fc vs Sunrise Fc (Gicumbi)
Bugesera Fc vs Musanze Fc (Bugesera)
Etincelles Fc vs AS Kigali (Stade Umuganda)
Amagaju Fc vs Mukura VS (Nyagisenyi)
Ku cyumweru tariki ya 7 Gicurasi 2017
Rayon Sports vs Kirehe Fc (Stade ya Kigali)
Pepiniere Fc vs Marines Fc (Stade Ruyenzi)
National Football League
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
nimureke aba rion batware cup