Izindi nkura 8 zagejejwe mu Rwanda
Yanditswe na
KT Editorial
Mu rucyerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki 9 Gicurasi 2017, u Rwanda rwakiriye inkura umunani zije ziyongera ku 10 zahageze mu cyumweru gishize.

Zimwe mu Nkura umunani zagejejwe mu Rwanda.
Izi nkura zikigezwa i Kanombe zahise zoherezwa muri Pariki y’Akagera, zihuzwa n’izazanywe kuwa Kabiri w’icyumweru gishize. Zakuwe muri Pariki ya Thaba Tholo Game Ranch, muri Afurika y’Epfo.
Inkura zigarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka 10 zicitse kubera ibikorwa bya ba rushimusi.

Inkura zazanywe mu buryo butuma zidahungabana.
Hanazanywe izindi Ntare ebyiri z’ingabo zije ziyongera kuri 17 zari ziri muri iyi Pariki, zose hamwe zikaba zibaye 19.

Iyo ndege niyo yazizananye n’izindi Ntare z’ingabo ebyiri.

Zakuwe ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe zihita zoherezwa muri Pariki y’Akagera.
Inkuru zijyanye na: Inkura
- Urugendo rutoroshye inkura zakoze zitahuka mu Rwanda (Amafoto)
- Inkura eshanu zaturutse i Burayi zageze mu Rwanda amahoro (Amafoto)
- U Rwanda rugiye kwakira izindi nkura eshanu
- U Rwanda rugiye kwakira izindi Nkura ziturutse i Burayi
- Imwe mu Nkura yabyaye nyuma y’amezi ane zigaruwe mu Rwanda
- Inkura zizongera 10% ku musaruro w’Ubukerarugendo
- Inkura 10 zageze mu Rwanda nyuma y’imyaka 10 zicitse
- Hagiye koherezwa inkura muri Pariki y’Akagera
- U Rwanda rugiye kuzana intare n’inkura zivuye muri Afurika y’Epfo
Ohereza igitekerezo
|
nezezwa nukuntu igihugu cyacu kimazaze gutera imbere mubukerarugendo. ubu dufite five big animals. ubu turiguhita kuri amwe muma park dufata nkaho duhanganye mugukurura ba mukerarugendo . nshimiye namwe mutugezaho amakuru kugihe mukomerezaho