Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Ugushyingo 2020 bifatanyije n’abaturage bo mu Mudugudu wa Gisenyi mu Kagari ka Mwendo mu Murenge wa Gashora mu gutera ibiti bivangwa n’imyaka.
Raporo ku bijyanye no gutera ibiti muri rusange yasohotse ku itari 2 Nzeri 2020, ikaba yaragaragaje ko hari ibihugu bitari bike byananiwe kongera amashyamba, mu gihe ibindi nk’u Rwanda rwarengeje intego rwari rwihaye.
Mu Karere ka Kamonyi Abasukuti n’Abagide bafatanyije n’abaturage baho biganjemo urubyiruko, bateye ibiti 2000 birimo ibiribwa n’ibivangwa n’imyaka mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.
Abashakashatsi mu bijyanye n’ibinyabuzima bavuga ko imihindagurikire y’ikirere yateye ukwiyongera k’ubushyuhe ku isi, izatuma hari ibiti bicika mu bice bisanzwemo imihindagurikire y’ikirere myiza (région intertropical).
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko umuhigo w’ibiti bitatu by’imbuto kuri buri muryango uzatangira gushyirwa mu bikorwa muri Mata.
Abaturage batuye munsi y’umusozi wa Rebero mu karere ka Kicukiro bemeza ko ibiti 4,500 byatewe kuri uwo musozi bizabarinda isuri yari igiye kuzabasenyera, bakavuga ko bahoranaga ubwoba mu gihe cy’imvura.
Mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha uherereye mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, hari abifuza gusanirwa biogaz kuko kubona inkwi zo gucana bibagora cyane.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice, aratangaza ko hatangiye ubukangurambaga mu nzego z’ibanze n’abaturage mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije birimo n’amashyamba mu gice cy’Amayaga.
Minisiteri y’Ibidukikije n’Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), batangije umushinga uzafasha igihugu kubaka ubushobozi bwo gukora igenamigambi rifasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.
Banki ya Kigali (BK) yiyemeje gutanga inyungu yayo mu bikorwa biteza imbere abatuye mu Karere ka Rulindo, aho irimo gutera inkunga umushinga w’amafaranga miliyoni 25 ugamije kongera ibiti bivangwa n’imyaka, birimo ibitanga imbuto n’ibigaburirwa amatungo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyarugenge ku bufatanye n’abashinzwe umutekano hamwe n’abaturage, bazamara uku kwezi k’Ugushyingo 2020 batoragura amacupa ya ’plastique’ atembera muri za ruhurura ziva hirya no hino mu Mujyi wa Kigali.
Ikigo ‘Enviroserve Rwanda’ gishinzwe gukusanya ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ubutabire bishaje, cyashyize mu Karere ka Rubavu ikusanyirizo ry’ibikoresho bishaje byari bisanzwe bivangwa n’indi myanda bikaba byagira ingaruka ku bidukikije n’ubuzima bwa (...)
Guhera ku wa Gatandatu tariki ya 6 Gicurasi 2017, igiciro cyo gusura Ingagi mu Birunga kikubye kabiri, aho cyavuye ku madolari 750 kigashyirwa ku madolari 1500 y’Amerika ku muntu umwe.
Urugaga rw’abanyamwuga bakora inyigo mu bijyanye n’ibidukikije (RAPEP), rwiyemeje kuvugurura imikorere yarwo kuko ngo abarugize bakoraga mu buryo budafututse.
Ikigo cy’igihugu cyo kwita ku bidukikije REMA kiravuga ko umuturage akwiye kongererwa ubushobozi bwo kwibeshaho neza,kuko bituma abungabu ibidukikije.