Mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, batangije ubukanguramgaba bwo gutera ibiti by’imbuto ahari ubusitani hose, bise icyanya cy’ubuzima. Iyi gahunda yatangirijwe mu busitani bw’ibiro by’Umurenge wa Huye tariki 29 Werurwe 2023 ahatewe ibiti by’imbuto zitandukanye, n’abaturage bahagarariye abanda bibutswa ko gutera ibiti (...)
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya, avuga ko hakomeje gahunda yo gutera ibiti bingana na miliyoni 36 kuva mu mpera z’Ukwakira 2022 kugera muri Mutarama 2023, kandi ko buri mwana wese wiga azabigiramo uruhare.
Abayobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ku itariki ya 26 Ugushyingo 2022 bifatanyije n’abayobozi ndetse n’abaturage b’Akarere ka Gicumbi hamwe na Guverineri w’Amajyaruguru mu gikorwa cy’umuganda rusange wibanze ku gutera ibiti mu Murenge wa (...)
Mu rwego rwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bako, Akarere ka Rulindo karateganya gutera ibiti birenze Miliyoni eshanu mu gihe cy’imyaka ibiri. Kuri ubu muri ako Karere hatewe ibiti bivangwa n’imyaka, biri kuri hegitari zirenga ibihumbi 40, naho ubundi buso bugera kuri hegitari zirenga (...)
Leta irasaba abatuye mu mijyi kwitabira gahunda yo gutera ibiti by’imbuto mu rwego rwo kongera imirire myiza yo mu ngo. Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashyamba (RFA), Spridio Nshimiyimana, avuga ko u Rwanda rufite gahunda yo kongera ibiti by’imbuto ku buryo buri rugo rugira byibura ibiti bitatu by’ubwoko (...)
Ambasade ya Israel mu Rwanda, muri iki cyumweru, yifatanyije n’Isi yose kwizihiza umunsi mpuzamahanga ngarukamwaka w’Isi (International Mother Earth Day).
Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), yatangaje ko mu Rwanda hatangiye icyumweru cy’Ibidukikije, cyatangiye ku itariki ya 27 Gicurasi kikazarangira ku itariki 5 Kamena 2023, ari wo munsi Isi yose izaba yizihiza Umunsi Mpuzamahanga (...)
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu Kigo gishinzwe Ibidukikije (REMA), Kaminuza y’u Rwanda hamwe n’imiryango mpuzamahanga, batangije imishinga y’Ikigo Nyafurika cy’Icyitegererezo (Africa Center of Exellence for Sustainable Cooling and Cold Chain/ACES), ijyanye no gukonjesha ibiribwa byangirika vuba, imiti (...)
Depite Frank Habineza, umuyobozi w’ishyaka riharanira kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Partyof Rwanda), avuga ko hakwiye kujyaho ikigo cya Leta gishinzwe ibiza nk’uburyo bwo gukumira ibiza byabaye mu Majyaruguru n’Iburengerazuba, bigahitana abantu batari (...)
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango basimbuje inzuri zabo amashyamba, barahamya ko mu minsi mike batangira kuyabyaza umusaruro, bakayagira ingwate muri banki bakiteza imbere, mu gihe izo nzuri zari zimaze kuba agasi zabatezaga imyuzure mu mibande bahingamo bakicwa (...)
U Rwanda rwakiriye Inama y’abahagarariye ibihugu 28 bya Afurika bikoresha ururimi rw’Icyongereza, bakaba barimo gusuzuma uburyo bakumira kwinjira muri buri gihugu kw’ibyuma bikonjesha (frigo), byohereza mu kirere imyuka yangiza akayunguruzo k’Izuba.
U Rwanda rurashimirwa n’abagize Ihuriro ry’ibihugu bya Afurika rigamije kubungabunga ibidukikije no kurengera urusobe rw’ibinyabuzima (AfriMAB), n’iryo kwiga uburyo umuntu yahuzwa n’urusobe rw’ibinyabuzima (MAB), nyuma y’iminsi itanu bamaze mu Rwanda mu nama Nyafurika ya karindwi y’iryo (...)
Leta y’u Rwanda ifatanyije n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku kubungabunga ibidukikije ku isi (IUCN), batangiye kwitegura inama izaba muri Werurwe 2022 izavuga ku buryo za pariki n’ibindi byanya bikomye, byabyazwa umusaruro ariko bigakomeza kubungabungwa, iyo nama ikazaba ibereye bwa mbere ku mugabane wa (...)
Ubwoko bw’inyamaswa n’ibimera ibihumbi 15 biri mu nzira yo kuburirwa irengero kubera ibikorwa bya muntu hamwe n’imihindagurikire y’ikirere.
Guhera ku wa Gatandatu tariki ya 6 Gicurasi 2017, igiciro cyo gusura Ingagi mu Birunga kikubye kabiri, aho cyavuye ku madolari 750 kigashyirwa ku madolari 1500 y’Amerika ku muntu umwe.
Urugaga rw’abanyamwuga bakora inyigo mu bijyanye n’ibidukikije (RAPEP), rwiyemeje kuvugurura imikorere yarwo kuko ngo abarugize bakoraga mu buryo budafututse.
Ikigo cy’igihugu cyo kwita ku bidukikije REMA kiravuga ko umuturage akwiye kongererwa ubushobozi bwo kwibeshaho neza,kuko bituma abungabu ibidukikije.