Litiro ya Essance yagabanutseho 20RWf

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyashyize hanze ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, bigaragaza ko litiro ya essence mu Rwanda yagabanutseho 20RWf.

Ibiciro bishya bya essence bageze ku 1002RWf kuri litiro imwe
Ibiciro bishya bya essence bageze ku 1002RWf kuri litiro imwe

Guhera ku wa gatanu tariki 05 Gicurasi 2017, litiro imwe ya essance muri Kigali iragura 1002RWf ivuye kuri 1022RWf, naho mazutu yaguraga 958RWf iragura atarenze 950RWf.

Iri manuka ry’ibiciro rishingiye ku igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu rwego mpuzamahanga.

RURA ivuga ko kandi iri manuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli nta ngaruka rifite ku biciro byo gutwara abagenzi.

Itangazo rigaragaza ibiciro bishya by'ibikomoka kuri Peteroli
Itangazo rigaragaza ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka