Kugeza ku mwaduko w’abakoroni Abanyarwanda babaga hamwe, bunze ubumwe busenywa n’abakoroni bahereye ku muco wabahuzaga, bahanagura ubunyarwanda bwabahuzaga.
Nyuma y’aho atangarije ko u Rwanda rusa nk’aho rutagiye muri CAN kubera ko rwakinishaga abanyamahanga, Perezida wa Ferwafa yasabye imbabazi Abanyarwanda avuga ko yagowe n’ururimi rw’Ikinyarwanda.
Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere (UNDP) yashyizwe ahagaragara irerekana ko u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu kwimakaza imibereho myiza y’abaturage .
Abagize urwego rw’ubutabera mu Rwanda bari mu mwiherero i Rubavu, baganirira hamwe ngo barebe uburyo ubutabera bwagira uruhare mu kurwanya ubukene.
Umutoza wungirije mu ikipe ya Musanze Ndikumana Hamad wamenyekanye cyane ku izina rya Katawuti akinira Ikipe ya Rayon Sports n’ikipe y’igihugu Amavubi, aratangaza ko kugira ngo azabe umutoza ukomeye cyane bimusaba gukora cyane
Amakuru agera kuri Kigali Today avuga ko Anita Pendo yaba atwite kuburyo ngo yitegura no kwibaruka mu minsi ya vuba.
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Majyepfo (IPRC South) kuri uyu wa kane tariki 23 Werurwe 2017, rirashyira ku isoko abanyeshuri barirangijemo mu cyiciro cya mbere cya kaminuza.
Uwamahoro Violette, Umunyarwandakazi ufite Ubwenegihugu bw’Ubwongereza uherutse gufatwa na Polisi y’igihugu, akekwaho uruhare mu bugizi bwa nabi, yagejejwe imbere y’ubutabera, aburana ifungwa n’ifungurwa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru burizeza abaturage b’i Burera ko umuhanda wa kaburimbo wa Base-Kirambo-Butaro-Kidaho urimo gukorwa, uzuzura muri 2018.
COPEDU Ltd yatsinzwe urubanza yaburanaga na ADFINANCE LTD iyishinja gukoresha mu buryo butemewe n’amategeko porogaramu yayo yitwa ADBANKING.
Komisiyo y’Abakozi ba Leta ivuga ko mu Mujyi wa Kigali n’uterere tuwugize, abakozi bakomeje kwinjira mu kazi no kugakurwamo bitubahirije amategeko.
Umuhanzi Ntarindwa Diogene wamenyekanye nka Atome cyangwa Gasumuni yabuze se umubyara witabye Imana azize uburwayi.
Televiziyo y’Abafaransa yibasiwe n’abakoresha urubuga rwa Twitter, kubera inkuru yakoze ivuga ku ngabo z’Abafaransa zashinjwaga gufata abagore bo muri Centre Afrika, ariko bagahitamo koresha ifoto ya Polisi y’u Rwanda.
Umukino wahuzaga Rayon Sports n’ikipe ya Bugesera FC urangiye Rayon Sports iyitsinze 1-0, iguma ku mwanya mbere irusha APR FC amanota atanu.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Bugesera rwemeza ko kutagira impamyabushobozi itangwa na WDA bibazitira kubona inguzanyo itangwa n’amabanki abafasha gutangira umurimo.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Nyakabwende muri Rusizi bavuga ko bamaze imyaka ibiri barahawe mudasobwa ariko ntibazi impamvu batazikoresha.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Werurwe 2017, Madame Jeannette Kagame yatangije mu Rwanda ihuriro mpuzamahanga ryiswe "SheTrades" ry’abagore bakora ubucuruzi hirya no hino ku isi.
Bamwe mu bakinnyi bakinnye igikombe cya Afurika muri 2004 baratangaza ko batashimishijwe n’amagambo yatangajwe na Perezida wa Ferwafa Nzamwita Vincent De Gaulle.
Umuririmbyi Uwayezu Jean Thierry uba muri Afurika y’epfo atangaza ko abaririmbyi b’Abanyarwanda baba mu mahanga bagorwa no kumenyekanisha indirimbo zabo mu Rwanda.
Minisiteri y’iterambere ry’umuryango MIGEPROF ntivuga rumwe n’abaturage ku gisobanuro cy’ijambo “Uburinganire” n’ubwuzuzanye bw’umugabo n’umugore.
Alice Nyiramajyambere uboha imyenda, ibishora, amasogisi n’ibyo kwiyorosa akoresheje ubudodo, yabitangiye afite imyaka itandatu none abanyamahanga basigaye bamugana akabambika.
Minisiteri y’Umutungo kamere (MINIRENA) irakangurira Abanyarwanda kugabanya gukoresha ibicanwa bikomoka ku biti bagakoresha ibibisimbura kuko biboneka.
Umunyarwenya Arthur Nkusi uzwi nka Rutura, yateguye igitaramo yise “Seka Live” akaba ateganya ko kizaba iserukiramuco ry’urwenya mu myaka itaha.
Ku wa 21 Werurwe 2017 nibwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryerekanye Antoine Hey umutoza mushya w’ikipe y’igihugu Amavubi
Nyuma y’ibitaramo bitandukanye bakoreye mu gihugu cy’Ububiligi, igihugu cy’Ubufaransa, ndetse n’Ubusuwisi, Charly na Nina bamaze kugaruka i Kigali.
Perezida wa Banki y’isi Jim Yong Kim atangaza ko ikoranabuhanga ryo gutwara amaraso hifashishijwe indege ntoya za “Drones” ari ntagereranywa kuko nta handi arabibona ku isi.
Imirenge SACCO igiye guhuzwa ishyirwemo umurongo wa interineti kuburyo umunyamuryango wazo azajya abasha gukoresha konti ye aho ari hose mu Rwanda.
Amagambo "Indangagaciro na Made in Rwanda" ni amagambo yagarutsweho cyane na ba nyampinga, mu irushanwa rya Miss Rwanda 2017.
Uwimana Ziada wari umugore wa Sheikh Musa Fazil Harerimana wahoze ari Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yitabye Imana azize uburwayi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza buhamya ko mu igenzura bakoze basanze hari imiryango ibarirwa mu bihumbi 11 itagira ubwiherero bigatuma abayigize biherera mu bisambu.
Muri Tombola yabereye i Cairo ku cyicaro cya CAF, ikipe ya Rayon Sports yatomboye Rivers United mu guhatanira itike yo kwerekeza mu matsinda
Abahanga mu buvuzi bw’amenyo n’izindi ndwara zo mu kanwa bakangurira abantu kwisuzumisha amenyo nibura rimwe mu mwaka kuko akenshi aba afite ibibazo.
Minisiteri y’Uburezi yongeye gushimangira ko amashuri makuru na za kaminuza zahagaritswe n’izahagarikiwe zimwe muri progaramme zitarenganijwe.
Nkurunziza Gustave wari watorewe kongera kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki Volley Ball yamaze kwandika asezera ku mirimo ye.
Ba ofisiye 30 mu ngabo z’u Rwanda batangiye amahugurwa yo kubongerera ubumenyi mu gukumira iyinjizwa n’ikoreshwa ry’abana mu gisirikare.
Kuri uyu wa mbere mu cyumba cy’inama cya FERWAFA abatoza 12 bahawe impamyabushobozi zo ku rwego rwa mbere muri CAF (Licence A CAF), ari na bwo bwa mbere zitanzwe mu Rwanda
Umuririmbyi Christopher yasabye abategura irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star guhindura abagize akanama nkemurampaka ariko barabyanga.
Papa Francis yabwiye Perezida Kagame ko ababajwe n’uruhare rwa bamwe mu bihaye Imana muri Kiriziya Gatolika, bijanditse muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Francis Kaboneka aributsa abayobozi b’inzego z’ibanze ko ari indorerwamo y’imiyoborere myiza bityo bakaba bagomba guhora bayisukura.
Imbuto Foundation yateguye agatabo gakubiyemo inyigisho ku buzima bw’imyororokere, kazafasha ababyeyi kuganiriza abana hagamijwe guhashya ikibazo cy’inda zitateganyijwe.