Hoteli Kivu Marina Bay iherereye i Rusizi, yari yaradindiye, iragaragaza icyizere ko noneho izuzura bidatinze kuko imirimo yo kuyubaka igeze kure.
Perezida Kagame yashimiye ingufu zishyirwa mu kuzamura inganda z’imbere mu gihugu ariko asaba ko intego yaba iyo guhaza isoko ryo mu gihugu mbere yo gutekereza kohereza ibicuruzwa hanze.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bafunguye ikigo cy’amahugurwa ku butabazi bw’abakomerekeye ku rugamba n’abandi bose bagize impanuka.
Umuryango wa Tear Fund wateguye igikorwa cyo gutembera u Rwanda no gusura ibikorwa utera inkunga hifashishijwe amagare
Inama y’abaminisitiri yateranye ku itariki 3 Gashyantare 2013, ikayoborwa na Perezida Paul Kagame, yemeje amabwiriza anyuranye ya Minisitiri w’Intebe yoroshya iyubakwa ry’amacumbi aciriritse.
Bamwe mu bayobozi bo mu nzego nkuru z’igihugu barya ruswa, ngo babikorana amayeri menshi ku buryo kuyibonera ibimenyetso bigorana.
Abaturage batuye mu bice by’icyaro bagorwaga no gukora ingendo bagiye kongera koroherezwa, nyuma y’uko haje sosiyete nshya ije gusimbura ONATRACOM yari yarazimiye.
Mukamana Marie Louise wo mu Murenge wa Ruheru muri Nyaruguru arashinja uwari umuyobozi w’umurenge wa Nyabimata kumwambura ibihumbi 610RWf.
Mu minsi ibiri umuryango Starkey umaze uvura indwara z’amatwi mu karere ka Nyamagabe, muri 386 basanze 181 muri bo bakeneye inyunganirangingo.
Imyaka 11 irashize mu Rwanda hakorera amashyirahamwe y’abaryamana n’abo bahuje igitsina benshi bita “Abatinganyi”. Kurikira ikiganiro gicukumbuye ku gituma aya mashyirahamwe akorera mu bwihisho:
Abarezi b’ibigo byo mu Karere ka Gicumbi, bituranye n’igice gihana imbibe na Uganda, bahura n’imbogamizi z’abana bakura bavuga Igikiga, bigatuma gutangira amashuri bibagora kuko akurikiza gahunda ya Minisiteri y’Uburezi kandi iri mu Kinyarwanda. Umva inkuru hano:
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu buvuga ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge gikomeye muri Nyarugenge kuko abenshi mu bafungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge bazira ibiyobyabwenge.
Abagize inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Gisagara bavuga ko bababazwa na bagenzi babo biyandarika, bikabahesha isura mbi.
Ikipe y’umukino wa Basketball, IPRC-Kigali BBC niyo yatwaye igikombe cy’Intwari (Basket Heroes Tournament 2017) nyuma yo gutsinda Espoir BBC.
Abakangurambaga b’urungano mu kurwanya SIDA bakorana n’Urugaga nyarwanda rw’ababana na Virusi itera SIDA (RRP+) bahawe ibikoresho bizabafasha kuzuza inshingano zabo.
Mu irushanwa ryo kwizihiza umunsi w’intwari no kuzirikana intwari z’u Rwanda, APR mu bagabo na Gorillas mu bakobwa nib o begukanye ibikombe mu mukino wa Handball.
Ku bufatanye na sosiyete y’itumanaho, Airtel abahanzi b’ibyamamare mu Rwanda, The Ben, King James na Riderman basusurukije Abanya-Rubavu bataha batabishaka.
Abakobwa 15 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, bazajya mu mwiherero i Nyamata mu ntara y’Iburasirazuba bamaze kumenyekana.
Mu muhango wo gutaha Hotel Dove y’Itorero rya ADEPR iherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo, Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yahamagariye abayoboke b’Idini ya ADEPR kugira ukwemera gushingiye ku bikorwa, kugira ngo barusheho gutera imbere.
U Rwanda rwahawe ikirango mpuzamahanga ISO 9001:2008, kizajya gishyirwa ku bicuruzwa byarwo kigaragaza ko byujuje ubuzirange, nyuma y’imyaka irenga 14 rumaze rugiharanira.
Nkurunziza Gustave wari usanzwe ayobora Ishyirahamwe ry’umukino wa Volley Ball mu Rwanda FRVB, yongeye gutorerwa uyu mwanya abona amajwi 18, ku majwi icyenda ya Karekezi Leandre bari bahanganye.
Mpayimana Philipe wifuza kuziyamamariza Umwanya wa Perezida wa Repubulika, atangaza ko yaje guhindura imyumvire y’abumva ko umwanya wa Perezida wa Repubulika wagenewe abantu runaka.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa gatanu tariki ya 3 Gashyantare 2017 muri Village Urugwiro, yashyizeho abayobozi mu nzego zitandukanye, aho Claire Akamanzi wigeze kuba Umuyobozi w’ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, yongeye gushyirwa muri uyu mwanya asimbura Francis Gatare.
Muri tombola yo guhatanira itike yo kwerekeza muri CHAN 2018, u Rwanda rwatomboye igihugu cya Tanzania
Ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, abaturage bo muri Gatsibo bubatse sitasiyo za Polisi 10 mu mirenge 10 mu rwego rwo kwicungira umutekano.
Abatuye Akarere ka Ngororero ntibavuga rumwe ku ihohoterwa rikorerwa mu ngo, bivugwa ko abagore bakorera abagabo babakubita bakanabatesha ingo zabo.
Bihoyiki Deo wahanze indirimbo “Akabura Ntikaboneke” avuga ko nta muhanzi n’umwe w’ubu umwemeza ariko ngo abona bazatera imbere.
Myugariro uzwi mu Rwanda mu makipe atandukanye ubu wakiniraga ikipe ya Musanze, Hategekimana Bonaventure yamaze gusezera umupira w’amaguru nyuma y’iminsi arwaye.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahagaritse itegurwa ry’amarushanwa y’ubwiza mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye kugira ngo atabangamira imyigire y’abanyeshuri.
Umusifuzi umwe w’umunyarwanda ni we watoranyijwe kuzasifura igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Zambia, imikino ikazatangira muri uku kwezi
Amafiriti n’imigati batetse bigahindura isura ngo ni ibyo kwirindwa cyane kuko ririya bara ryijimye ari ikimenyetso cy’ubumara bwitwa acrylamide butera indwara ya kanseri.
Akarere ka Nyarugenge karimo gushaka uko abaturage bo mu ngo 15580 bagituye mu manegeka bayavamo hagamijwe kubarinda ibiza no kurwanya akajagari.
Bamwe mu bayobozi b’imiryango itegamiye kuri Leta batangaje ko amafaranga bemerewe n’ Urwego rw’Imiyoborere RGB, nibayabona azabafasha kugera ku ndoto bafite zo guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Abategera imodoka cyangwa moto ahazwi nko ku giti cy’ "Imana y’Abagore" muri Karongi babangamiwe no kuba nta bwiherero buhaba.
Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo (GMO) rugiye kwagura ibikorwa byarwo kugera ku midugudu ngo bigere kuri benshi.
Minisitiri Kaboneka Francis ashishikariza abagabo kwitabira umugoroba w’ababyeyi, kugira ngo barusheho gufatanya n’abagore gukemura ibibazo byugarije imiryango.
Ikipe ya Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyagatare yatsinze abamotari bo muri ako karere igitego 1-0 mu mukino wo kurwanya ibiyobyabwenge.
Abagize inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Gisagara baratangaza ko mu mezi atandatu nta mwana uzaba akigaragaraho indwara ziterwa n’imirire mibi.
Itsinda ry’abarwanyi 35 bo mu mutwe wa M23 baherutse guhungira mu Rwanda, boherejwe kuba i Gisovu mu Karere ka Karongi.
Abatuye kagari ka Kiyanzi Umurenge wa Nyamugari muri Kirehe, barishimira bishyize hamwe biyubakira ivuriro rihagaze Miliyoni 51Frw, kugira ngo biyegereze serivisi z’ubuvuzi.
Umuryango ‘WaterAid’ utangaza ko ugiye gushora Miliyari 6RWf mu bikorwa byo kongera amazi meza mu Karere ka Bugesera.
Abaturage bo mu Kagari ka Kimbazi mu Murenge wa Munyiginya muri Rwamagana, barasaba ingurane z’ibyangijwe hakorwa imihanda muri gahunda ya VUP.
Niyigena Alphonsine washinze ishuri ritunganya ubwiza n’imyambaro, avuga ko intego ye ari ukwigarurira isoko ryo gutunganya ubwiza, rifitwe n’abanyamahanga mu Rwanda.
Abarinzi b’igihango batatu bo mu karere ka Nyarugenge bahawe imidari y’ishimwe kubera ubutwari bagize bahisha abatutsi, bigaragaza urukundo bafitiye abanyarwanda bagenzi babo.
Ikipe y’umupira w’amaguru APR FC niyo yegukanye igikombe cy’umunsi w’Intwari nyuma yo gutsinda Rayon Sports igitego 1 kuri 0