Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko amasomo y’Igihembwe cya Kabiri cy’Amashuri yisumbuye azatangira kuwa Kabiri tariki ya 18 Mata 2017.
Kugira ngo abatutsi bo ku musozi wa Kesho ho mu murenge wa Muhanda akarere ka Ngororero bicwe, hitabajwe abasirikare babeshywe ko hari Inkotanyi zihishe mu myobo.
Icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi cyasojwe, cyagaragayemo ibikorwa by’ingengabitekerezo ya Jenoside hirya no hino mu gihugu.
Abambasaderi b’u Bushinwa n’u Buhinde biyemeje gutanga umusanzu wabo ku iterambere ry’u Rwanda, bagendeye ku mibanire ibihugu byabo bisanzwe bifitanye n’u Rwanda.
Umubyeyi witwa Iribagiza Christine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wari utuye mu Murenge wa Niboye, mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali yishwe n’abantu bataramenyekana basiga bacanye buji bayishyira hafi y’igitanda cye.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko umunyamakuru u Rwanda rukeneye ari uharanira inyungu z’igihugu kandi agaharanira ukuri.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Mata 2017, Iduka ricuruza amapine riherereye mu Mujyi wa Kigali, mu Murenge wa Muhima ryafashwe n’inkongi y’umuriro.
Ontlametse Phalatse umukobwa ufatwa nk’intwari muri Africa y’Epfo waharaniye kubaho igihe kirenze icyo abaganga bakekaga kubera uburwayi budasanzwe, yatabarutse ku myaka 18.
Abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2017 (PGGSS7) basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, banatanga sheki y’ibihumbi 500RWf.
Umuryango w’Abanyamategeko barangije muri Kaminuza y’u Rwanda mu mwaka wa 1999, washumbushije Mukulira Ferdinand warokotse Jenoside, inka nkuru ihaka.
Bayisenge Divine yajyanwe kwa muganga nyuma y’uko “Gerenade” imuturikanye ubwo yari arimo ahinga mu murima uri mu Karere ka Ruhango.
Abatutsi ibihumbi 50 bari bahungiye i Murambi, bahanganye n’interahamwe mu minsi itatu bakoresha amabuye, ariko intwaro za gerenade n’amasasu by’abajandarume bibaca intege.
Tujyinama Silas wireze mu ruhame ko yishe abantu babiri mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi, arasabwa kwerekana aho yabashyize ngo bashyingurwe mu cyubahiro.
Bosenibamwe Eduard ari mu maboko ya Polisi y’igihugu mu Karere ka Rubavu akekwaho gutwikira uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe riravuga ko gukorera ibikorwa by’amasengesho ku kazi ka Leta bihagaritswe burundu.
Perezida w’Inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, Donatille Mukabalisa yongeye kunenga ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zatereranye Abatutsi bari bazihungiyeho muri ETO Kicukiro.
Umuhanzi Danny Vumbi afatanyije na Bruce Melody bashyize hanze indirimbo yitwa “Twibuke twubaka” ijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mfashingabo Matayo wo mu Murenge wa Kigina muri Kirehe ashimwa n’abatari bake kubera uburyo yarokoye Abatutsi babarirwa hagati ya 800-1000 muri Jenoside.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 11 Mata 2017, Umugabo witwa Tujyinama Silas ufite imyaka 64 yemereye imbere y’abaturage ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yari mu gitero cyishe abantu 10, we ku giti cye akaba yarishe babiri muri bo.
Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda buratangaza ko bumaze koherereza Igihugu by’Ubufaransa impapuro 38 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bidegembya ku butaka bw’icyo gihugu.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe avuga ko kuba abasirikare b’Abafaransa baragambaniye Abasesero bakicwa, babikoze bagamije kwihimura kuko bari baratsinzwe.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Mata 2017, Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko urubanza rwa Maj Dr Aimable Rugomwa na mukuru we Nsanzimfura Mamelto, rusubikwa ku nshuro ya gatatu, rukazasubukurwa ku ya 09 Gicurasi 2017.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Maitre Sinzi Tharcisse wari mu Batutsi bahigwaga ngo bamburwe ubuzima, yakoresheje umukino wa Karate arwanya interahamwe n’abasirikari ba ExFAR, abasha kurokora abantu 118 mu bari bahungiye muri ISAR –SONGA mu cyahoze ari Butare.
Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rugiye kongera kwakira inama yiswe “Transform Africa” igamije kongera umuvuduko w’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri Afurika.
Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) Prof. Shyaka Anastase, atangaza ko imiyoborere myiza ari cyo gisubizo kirambye cy’iterambere ry’u Rwanda na Afurika.
Umuhanzi Bonhomme wamenyekanye cyane mu ndirimbo zigaragaza ukuri nyako k’ubugome bwakorewe Abatutsi mu gihe cya Jenoside zigafasha Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka, yagiye kwifatanya n’umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bubiligi, mu mihango wo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abantu batanu bo mu Bugesera bari mu maboko ya Polisi bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside kubera amagambo babwiye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Uwitwa Uwizeyimana Bernadete warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatewe icyuma mu gahanga n’umuntu utaramenyekana ariko ararusimbuka.
Abahinzi b’ibigori bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko nkongwa idasanzwe yibasiye ibigori bahinze izatuma umusaruro ugabanuka bakagwa mu gihombo.
Abahanzi Yvan Buravan, Ben Kayiranga na Andy Bumuntu bashyize hanze indirimbo yitwa “Turibuka”, bahumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi banamagana ingengabitekerezo ya Jenoside.
Nyampinga w’u Rwanda 2017, Elsa Iradukunda yafatanyije na Ndayisaba Fabrice Foundation mu rugendo rwo kwibuka abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, i Nyarubuye mu karere ka Kirehe ni hamwe mu hiciwe abatutsi benshi bicwa bashinyagurirwa birenze.
Ababyeyi bivuriza ku kigo Nderabuzima cya Rwinzuki mu murenge Nzahaha mu karere ka Rusizi, bavuga babangamiwe no kubyarira ahatabona.
Minisitiri w’ubutabera, Johnston Busingye avuga ko impamvu bamwe mu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi badafatwa ari uko ibihugu bahungiyemo bibakingira ikibaba.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Amajyepfo, bifatanyije n’abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru rya Gisirikare i Nyakinama ndetse n’inshuti nyinshi z’u Rwanda, mu muhango wo gutangiza kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu Bufaransa hari abayobozi badakozwa ibyo kwemera uruhare iki gihugu cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bigatuma batera ubwoba abifuza izo mpinduka.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Mata 2017, Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki .
Depite Cecile Murumunawabo yibukije abaturage bo mu Kagari ka Nyarutarama mu Mudugudu wa Kangondo ya I, kwirinda no kwamagana abagifite imvugo zisesereza Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Iki cyifuzo cyagaragarijwe mu Murenge wa Rwaniro ho mu karere ka Huye, ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi.