Jean Daniel Mbanda wabaye umudepite mu nteko ishingamateko akomoka mu ishyaka rya PSD hagati 1994-1999, wari watangaje ko aza mu Rwanda, yatangaje ko atakihageze kuri uyu wa 29 Werurwe 2017.
Abanyeshuri biga mu bigo byo mu karere ka Rusizi bataha mu bindi bice by’igihugu babuze uko bataha kubera ko Police yafashe imodoka zidafite icyuma kigabanya umuvuduko.
Ikipe ya Rayon Sports yanikiye andi makipe nyuma yo gutsinda Sunrise mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Hashize imyaka umunani Ikirezi Group gitangiye gutanga ibihembo ku baririmbyi bitwaye neza kurusha abandi mu Rwanda, bizwi nka Salax Awards.
Abakandida barenga 950 bahuriye ku kizami cy’akazi cyatanzwe na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), bahatanira imyanya ibiri.
Jean Daniel Mbanda wabaye umudepite mu nteko ishingamateko akomoka mu ishyaka rya PSD hagati 1994-1999, aragera mu Rwanda kuwa 29 Werurwe 2017 saa 19h10, aho aje kuzuza ibisabwa kugira ngo ahatanire umwanya wa Perezida wa Repubulika.
Nyampinga Rwanda 2017, Iradukunda Elsa yatangiye gushyira mu bikorwa umushinga we wo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda ahereye Iburasirazuba muri Rutsiro.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo gishinzwe kubaka ubushobozi muri Afurika (ACBF) bwerekanye ko u Rwanda ruza ku mwanya wa gatatu mu gukoresha ikoranabuhanga muri Afurika.
Abayobozi b’amashuri n’ababyeyi, ni bamwe mu bishimiye ikoranabuhanga “urubuto” rya Banki ya Kigali (BK), riha ababyeyi amakuru y’uburezi bw’umwana ku ishuri.
Urwego rw’ubutabera rutangaza ko ubutabera bwishimiwe na bose bugeze kuri 75.75%, muri uyu mwaka, ruvuye kuri 69.9% muri 2012, ariko rugateganya kugera kuri 80% mu 2020.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge 416 yo mu gihugu, bakanguriwe kurushaho gutekereza byimbitse, baganisha mu gushaka ibisubizo by’abaturage bayobora.
Niyitegeka James utuye mu Mujyi wa Kigali yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa uruganda rw’inzoga zitemewe yakoraga akazitara munsi y’ubutaka.
Madame Jeannette Kagame arahamagarira Inkubito z’Icyeza kumufasha gukora ubukangurambaga maze bakagabanya abana b’abakobwa baterwa inda zitateganyijwe n’abata ishuri.
Diamond Platinumz atangaza ko agiye gufasha abaririmbyi bo mu Rwanda gucuruza indirimbo zabo binyuze ku rubuga rwa interineti yatangije rwitwa wasafi.com.
Kuri uyu wa Gatandatu taliki 01 Mata 2017, mu Rwanda haratangira isiganwa ry’amagare Rwanda Cycling Cup rizenguruka u Rwanda,
Mu muhango wo kurahiza abashinjacyaha batatu ba gisirikare, Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yabahamagariye kurangwa n’ikinyabupfura mu kazi, kuko ari cyo kizatuma batunganya umurimo wabo bizewe.
Miss Umuhoza Simbi Fanique yatangiye gushyira mu bikorwa umushinga we wo gufasha abafite ubumuga, atangiza shampiyona yabo y’umupira w’amaguru.
Ishyirahamwe ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR), ryashyizeho uburyo bushya bw’imikorere buzatuma abasaba inguzanyo babasha kuyishyura mu gihe cyateganyijwe.
Mu gihe ikipe ya Sunrise izakina na Rayon Sport mu mukino w’ikirarane, abakinnyi ba Sunrise bari kwinubira kuba bamaze amezi 2 badahembwa ndetse bakanavuga ko batarya nk’uko babyifuza.
Umukino wa Shampiona w’umunsi wa 22 wagombaga guhuza Rayon Sports n’Amagaju kuri uyu wa gatanu tariki ya 31 Werurwe wimuriwe mu kwezi gutaha kubera umukino wa Rayon Sports na Sunrise uteganijwe ejo ku wa gatatu tariki ya 29 Werurwe.
Perezida Kagame asanga Afurika na Amerika bikwiye gukorana mu bwubahane kugira ngo bigere ku ntego imwe, aho kugira ngo Abanyafurika bahore bumva ko ubukire bwabo, bugomba gushingira ku buyobozi bwa Amerika.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke bahamya ko bagiye kongera guhahirana, nyuma y’isanwa ry’amateme agera kuri 18 yari yarasenywe n’ibiza.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi (WASAC), cyatanze Miliyoni 50Frw mu kigega Agaciro Development Fund, ngo ukaba ari umusanzu kizajya gitanga buri mwaka.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 27 Werurwe 2017, Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwafashe umwanzuro wo kurekura by’agateganyo, Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’Ubwongereza ngo aburane ari hanze.
Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA Nzamwita aratangaza ko mu kwezi kumwe ari bwo azatangaza niba aziyamamariza manda ya kabiri yo kuyobora FERWAFA .
Abakomoka mu Karere ka Huye n’abayobozi batandukanye bavuga ko hari amahirwe menshi yo guteza imbere Huye, icyo bakwiye ari ukuyabyaza umusaruro.
Umukecuru witwa Muhutukazi Xaverine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, utuye i Rwamagana yashyikirijwe inzu yuzuye itwaye miliyoni 8.5 RWf.
Ababyeyi basabwe gucika ku muco wo kudindiza umwana w’umukobwa, kuko hari aho bikigaragara ko batsikamirwa n’imirimo yo mu rugo bikabadindiza mu myigire.
Umuryango Nyarwanda uharanira amajyambere arambye (Rwanda Initiative for Sustainable Development/RISD) uraburira Abanyarwanda kwandikisha ubutaka kuko ari cyo cyemeza ko ari ubwabo.
Senateri Makuza Bernard arahamagarira abana b’Abanyarwanda gukoresha amahirwe bashyiriweho n’igihugu baharanira kugera kure mu byo bateganya kuzageraho mu hazaza habo.
Perezida Paul Kagame yatanze ikiganiro mu nama yiswe “AIPAC Policy Conference”, ihuza abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Abanya-Isiraheri.
Ikipe y’umukino wa Basket Ball Patriots yanyagiye 30 Plus mu mukino wa shampiyona wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Werurwe 2017, iyitsinda ibitego 134 kuri 47.
Umuryango w’umuhanzi Kizito Buzizi wanditse ibaruwa ihagarika indirimbo ye “Rukundo Bambe” itsinda rya Trezzor riherutse gusubiramo kuko bayisubiyemo ngo nta ruhusa babasabye.
Ibitangazamakuru byo muri Africa y’epfo bikomeje kwandika inkuru y’umukobwa utarufite icyizere cyo kurenza imyaka 14 kubera uburwayi budasanzwe bwitwa Pro-geria, butuma umuntu asaza vuba cyane.
Abakozi ba UAE Exchange bakoranye umuganda n’abaturage bo mu mudugudu wa Rugendabari, mu kagari ka Nkuba mu Murenge wa Mageragere ho karere ka Nyarugenge, banasabana n’abaturage baho.
Abaririmbyi 10 bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya 7 (PGGSS7) batangiye kwiyegereza abafana babo bahereye i Rubavu.
Mu mukino w’ikirarane wayihuje na As Kigali, Rayon Sports iyitsinze 1-0, irusha APR amanota 8 basanzwe bahanganira igikombe
Abagize AERG/GAERG bahaye inka umukecuru witwa Rose Mukarurinda bamushimira kubera ukuntu yahishe akanonsa uruhinja rw’amezi atatu muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ingabo 200 zo mu bihugu bya Afurika 13 zatangiye imyitozo ya gisilikare yiswe “Utulivu Africa III”, iri kubera mu kigo cya gisilikare cya Gako kiri i Bugesera.
Mu mikino y’amarushanwa Umurenge Kagame cup 2017 yasojwe kuri uyu wa Gatanu 24 Werurwe 2017,imirenge ya Busanze na Kibeho niyo yegukanye ibikonbe.
Hirya no hino mu gihugu abaturage bafatanyije n’abayobozi babyukiye mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe 2017.
Mu gutegura isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe amahoro rizaba muri Gicurasi 2017, Sosiyete ya MTN yariteye inkunga ingana na Milioni 71 Frws
Abantu 146 barimo abashinzwe kubungabunga umutekano bahawe impamyabumenyi mpuzamahanga mu ikoranabuhanga zatanzwe n’ikigo mpuzamahanga cyitwa ICDL (International Computer Driving Licence).
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri ryatangiye gupima ubutaka ryifashishije akadege katagira umupilote kazwi nka “Drone” kaguzwe i Toulouse mu Bufaransa.
Mu gihe iterambere ry’umujyi wa Kigali rikataje, Polisi y’u Rwanda irashimangira ko umutekano w’inyubako zihurirwamo n’abantu benshi ugomba gukazwa.
Abashinzwe umutungo w’ibigo biterwa inkunga n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku myuga n’ubumenyingiro (WDA), bashima amahugurwa cyabahaye kuko azabafasha kunoza akazi kabo.
Umuyobozi wa Microsoft muri Afurika y’Iburasirazuba n’Iy’Uburengerazuba, Sebuh Haileleul, avuga ko gahunda ya SMART Classroom yihutishije imikoranire hagati y’abarimu n’abanyeshuri.