Kicukiro: Paul Kagame yatorewe 100% kuzahagararira FPR mu matora y’umukuru w’igihugu

Inteko rusange y’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro, yemeje 100% ko Paul Kagame ari we mu kandida uzahagararira FPR, mu matora y’umukuru w’igihugu, ateganyijwe muri Kanama uyu mwaka.

Abayobozi ba FPR Inkotanyi mua Karere ka Kicukiro mu Nteko Rusange
Abayobozi ba FPR Inkotanyi mua Karere ka Kicukiro mu Nteko Rusange

Ni mu matora yabereye muri Hiltop kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 03 Kamena 2017, aho abagize inteko rusange y’Umuryango wa FPR muri aka Karere bagera ku 1170 bemeje ko Perezida Kagame usanzwe ayobora u Rwanda, agomba kuzahagararira FPR Inkotanyi mu matora yegereje.

Abanyamuryango ba FPR bari muri aya matora bagaragaje ko batoye Paul Kagame, bashingiye ku bikorwa bitandukanye yagiye akora birimo guhesha ijambo u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga, umutekano usesuye ku baturage, guca nyakatsi, kubaka imihanda no kubaka ibikorwaremezo bitandukanye.

Abanyamuryango ba FPR bitabiriye iyi nteko rusange bari 1170
Abanyamuryango ba FPR bitabiriye iyi nteko rusange bari 1170

Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro, Dr. Nyirahabimana Jeanne yatangaje ko aya matora yatanze ishusho y’uko amatora yo muri Kanama azaba ameze, asaba Abanyamuryango ba FPR kugenzura neza niba bari ku ma lisite y’itora, kugira ngo bazabashe kwitorera umukandida wabo.

Muri aya matora ari kubera mu gihugu hose, Akarere ka Kicukiro karageza ku buyobozi bwa FPR ku rwego rw’Umujyi wa Kigali Umukandida katoye yemezwe, nyuma yaho azagezwe muri kongere y’Umuryango wa FPR Inkotanyi ku rwego rw’igihugu, ari yo izamwemeza burundu nk’uzahagararira uyu Muryango mu matora y’Umukuru w’igihugu.

Bari mu gikorwa cy'amatora
Bari mu gikorwa cy’amatora
Paul Kagame yatowe 100% muri aya matora
Paul Kagame yatowe 100% muri aya matora
Umuhanzi Sendeli yasusurukije abitabiriye aya matora
Umuhanzi Sendeli yasusurukije abitabiriye aya matora
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

ok ndabashimiye nanjye ntanzeho he Excellent ho umukandida murakoze

ntakirutimana eric yanditse ku itariki ya: 5-06-2017  →  Musubize

Isura y’ubukwe twitegura imyiteguro igeze kure ndasaba abanyarwanda twese ku itariki 04/08/2017gutora neza nukugera kwitera mbere

Ndaziramiye Emmanuel yanditse ku itariki ya: 4-06-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka