EAC yasubitse inama y’Abakuru b’Ibihugu
Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) watangaje ko usubitse inama ya 21 y’abakuru b’ibihugu yari iteganyijwe mu minsi iri imbere, ndetse n’ibindi bikorwa byose by’uwo muryango byagombaga guhuriramo abantu benshi bikaba bihagaze.
Ubuyobozi bw’uyu muryango bwabitangaje bubinyujije kuri Twitter, nyuma y’uko u Rwanda ruwandikiye rusaba ko iyo nama ndetse n’izindi zose zisaba ubwitabire bw’ibihugu binyamuryango zaba zisubitswe.
Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane, Dr. Vincent Biruta, ryibutsaga ubuyobozi bw’uwo muryango ko ibihugu byinshi ku isi, birimo n’ibigize EAC, byafashe ingamba zo kugabanya ingendo no guhagarika cyangwa gusubika zimwe mu nama mpuzamahanga byari kwakira, mu rwego rwo kwirinda no gukumira icyorezo cya Coronavirus.
Iri tangazo rivuga kandi ko Leta y’u Rwanda yagabanyije ingendo z’imbere no hanze y’igihugu ku bayobozi, ku buryo byagira ingaruka ku mubare w’abasabwa kwitabira inama za EAC.
U Rwanda rwari rwasabye ko aho bishoboka, izindi nama zakorwa hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwa video conference.
Due to the outbreak and rapid spread of the Novel Coronavirus #Covid_19 the East African Community has postponed the 21st EAC Summit until further notice. All other meetings and activities of EAC that require large gatherings have also been suspended. pic.twitter.com/HzZoRm7EYv
— East African Community (@jumuiya) March 13, 2020
Inama ya 21 y’abakuru b’ibihugu bigize EAC yari iteganyijwe mu kwezi kwa 11 umwaka ushize, ariko yimurirwa mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka wa 2020.
Tariki 22 z’ukwezi gushize kwa kabiri nabwo uyu muryango watangaje ko iyi nama yari iteganyijwe kubera Arusha tariki 29/02/2020 yongeye gusubikwa bisabwe na Sudani y’Epfo, kugira ngo ibanze ishyireho guverinoma.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|