Abatwara ibinyabiziga bavuga ko kudindira kw’ikorwa ry’ikiraro cyubakwa kuri ruhurura ya Mpazi muri Nyabugogo ryafunze umuhanda bikomeza kubateza gukererwa, kuko aho banyura hateza umubyigano w’ibinyabiziga n’abantu.
Sandro Shyaka ubarirwa mu bakire ba mbere mu Karere ka Rubavu na Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashyize ararekurwa nyuma y’aho bivugiwe ko yaba yari yashimuswe na FDLR.
Mu gihe imikino y’amatsinda ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru iri kugana ku musozo, itegeko rigenga amarushanwa rikomeje kugibwaho impaka mu gihe amakipe azaba anganya amanota
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS), ku wa Gatanu tariki ya 14 Gicurasi 0221 bifatanyije n’abapolisi ba Sudani y’Epfo mu gikorwa cyo gusukura ubusitani bw’ahari sitasiyo ya Polisi y’ahitwa Yei mu Mujyi wa Juba, umurwa mukuru wa Sudani y’Epfo.
Ku wa 14 Gicurasi 2021, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga n’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (ICT&TVETs), Irere Claudette, ari kumwe n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye, yatangije gahunda yo gutanga mudasobwa zigendanwa ku barimu bo mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ya Leta (…)
Ubuyobozi bw’uruganda rukora sima mu Rwanda (Cimerwa PLC) bwunamiye abari abakozi barwo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, buvuga ko bibabaje kuba Leta yarishe abaturage bayo.
Ku wa 13 Gicurasi 2021, Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwafunze umwarimu wigisha ku kigo cy’amashuri abanza ya Les Hirondelles witwa Nkurikiyimfura Egide w’imyaka 40, akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 76 witabye Imana i Huye azize icyorezo cya COVID-19.
Ikipe ya Patriots BBC ihagarariye u Rwanda mu iruhanwa rya Basketball Africa League ritangira kuri iki Cyumweru tariki ya 16 kugeza tariki 30 Gicurasi 2021. Iyo kipe imaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi izakoresha muri iri rushanwa rugaragaramo umuraperi J. Cole wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Tariki ya 15 Gicurasi 2021 mu Rwanda hazibukwa imiryango 15,593 yari igizwe n’abantu 68,871 yazimye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe gukangurira abatuye isi kwirinda indwara y’umuvuduko w’amaraso izwi mu ndimi z’amahanga nka Hypertension, kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gicurasi 2021 u Rwanda rwatangije gahunda yo gusuzuma Abaturarwanda ku buntu.
Umufaransa wamamaye nk’umutoza wa Arsenal, Arsene Wenger, ari mu Rwanda aho azitabira Inama y’Inteko rusange y’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) izaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Gicurasi 2021 muri Serena Hotel.
Private Narcisse Ntawuhiganayo wavuzwe mu mpera za 2019 ko yishe umusore wari umwajenti (agent) wa MTN, akanasinziriza uwakiraga amafaranga, kuri CHUB, bombi akabiba, amaze gukatirwa igifungo cya burundu n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gicurasi 2021, yageze mu gihugu cya Djibouti, aho azitabira umuhango wo kurahiza Perezida w’icyo gihugu, Ismaïl Omar Ghuelleh.
Mu mukino w’umunsi wa gatanu mu itsinda rya kabiri, ikipe ya Rayon Sports na Kiyovu Sports byanganyije igitego 1-1, zikomeza gukubana mu manota
Gahunda ya Visit Rwanda izafasha mu kwamamaza irushanwa nyafurika rya Basketball (Basketball Africa League - BAL) mu gihe RwandAir izajya utwara mu ndege abaje muri iryo rushanwa.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi bahaye amazi meza abaturage b’Igihugu cya Santarafurika bari mu murwa mukuru Bangui ahitwa SEGA2 na Maison des Jeunnes, abahawe amazi ni imiryango 100.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gicurasi 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye indahiro ya Dr. Aimé Muyoboke Kalimunda, Umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, François Régis Rukundakuvuga, Perezida w’Urukiko rw’Ubujurire na Clotilde Mukamurera Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi.
Iyamuremye Emmanuel alias Col. Engambe Yamusimba, umwe mu baregwa mu Rubanza rwa Rusesabagina, avuga ko yashatse kuva mu mitwe y’iterabwoba ariko afatwa ataragera ku mugambi we.
Madame Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko rwitabiriye ’Igihango cy’Urungano’ ko rufite umukoro wo kwandika amateka mashya, rugakuraho amateka mabi yasenye u Rwanda yanditswe n’abababanjirije.
Urubyiruko rwo mu turere twa Nyaruguru na Huye rwibumbiye mu ihuriro ryo gukemura amakimbirane mu buryo budahutaza (NVA), ruvuga ko rwasanze ibitanya abantu biba bifatiye ku busa, rwiyemeza kubyirinda no kubikemura.
WhatsApp yavuze ko ku wa Gatandatu tariki 15 gicurasi 2021 uzaba ari wo musi wa nyuma ku ma miliyoni n’amamiliyoni y’abayikoresha, wo kuba bemeye amategeko mashya yo gukoresha urwo rubuga yanenzwe cyane ku zindi mbuga nkoranyambaga mu ntangiririo z’uyu mwaka.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Gicurasi 2021, Urukiko rukuru urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rusubukuye urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo bareganwa, harimo Munyaneza Anastase alias Gen Maj Rukundo Job Kuramba.
Ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi 2021, Polisi y’u Rwanda yafashe abantu batanu bacyekwaho kwinjiza mu Rwanda ikiyobyabwenge cya kanyanga bakivanye mu gihuhu cya Uganda. Abo bantu bagize itsinda rizwi ku izina ry’abarembetsi bafatanywe litiro 22 za kanyanga, bafatiwe mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Rubaya mu Kagari ka (…)
Urwibutso rwa Komini Rouge mu Karere ka Rubavu rwashyinguwemo imibiri 690 harimo; imibiri 142 yakuwe mu kibuga cy’indege muri 2020, no kwimura imibiri 448 yari iruhukiye mu rwibutso rwa Rugerero.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yanditse ubutumwa bwo kwihanganisha imiryango y’umugore w’imyaka 69 (i Kigali) n’umugabo w’imyaka 48 (i Nyamagabe) bitabye Imana bazize icyorezo cya COVID-19.
Kuva ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi 2021, abagabo batatu bari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Rwimiyaga bakekwaho ubujura bw’inka, bakaba barafashwe bagiye kuzipakira imodoka bafatirwa mu Kagari ka Karushuga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwahuye n’Imiryango ishingiye ku myemerere buyisaba kugira uruhare mu kubanisha neza abaturage, harimo gufasha abakoze Jenoside kwihana ibyaha bakoze bakanasaba imbabazi.
Mu mikino y’umunsi wa gatanu w’amatsinda, AS Kigali yatsinze Police FC, mu gihe Mukura yanganyije bituma ijya mu makipe azarwana no kutamanuka.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), yatangaje ko Inama y’Inteko rusange yayo izabera i Kigali mu Rwanda ku wa Gatandatu tariki ya 15 Gicurasi 2021, ari na bwo bwa mbere iyo nama ikomeye ibereye mu Rwanda.
Abayoboke b’Idini ya Islam bo mu Ntara y’Amajyaruguru bifatanyije n’abandi mu isengesho ryo kwizihiza umunsi mukuru wa Eidil-Fit’ri mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 13 Gicurasi 2021.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yasabye ko inganda zikora inkingo za Covid-19, ko zakuba kabiri ubushobozi bwazo mu kongera ingano y’ibyo bakora ndetse asaba ko n’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere byabona inkingo uko bikwiriye.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije Abayislamu bose bo mu Rwanda no ku isi, umunsi mukuru mwiza wa Eid al-Fitr.
Sheikh Salim Hitimana Mufti w’u Rwanda, aratangaza ko n’ubwo isengesho risoza igisibo ryabaye mu bihe bidasanzwe aho igihugu gihanganye n’icyorezo cya COVID-19, ko bitabujije igisibo gusozwa neza aho bakoze isengesho bubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 13 Gicurasi 2021, Abayislamu bazindukiye mu isengesho ryo kwizihiza Umunsi Mukuru wa Eidil-Fit’ri, umunsi usoza Igisibo Gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhan. Iri isengesho ryabaye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Niyonkuru w’imyaka 23 na Uwizeyimana Eric w’imyaka 25 y’amavuko barohamye mu mugezi w’Umuvumba baburirwa irengero.
Mu ijoro ryakeye ahagana saa munani mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge Kimisagara , Akagari ka Katabaro mu Mudugudu w’ubusabane hamenyekanye urupfu rw’umugore wari utwite inda y’amezi atandatu.
Shampiyona y’umukino wa Basketball mu Rwanda mu bagabo izatangira ku itariki ya 04 Kamena 2021, mu gihe mu bagore izatangira ku itariki ya 21 Gicurasi 2021.
Uhagarariye CNLG mu Turere twa Huye na Gisagara, Bazirisa Mukamana, avuga ko ntawe ukwiye kwitwaza ibyago yagiriye mu ngaruka za Jenoside ngo ayigereranye n’impfu zisanzwe.
Mu gihe benshi bibaza ku biciro bihanitse bya serivisi yo gukura amafaranga kuri konti ajya kuri Mobile Money (MoMo/Airtel Money), twashatse kumenya uko serivisi z’ikoranabuhanga zihagaze muri Banki ya Kigali, nk’imwe muri Banki itanga umusanzu wayo mu rugendo rwo kugana ku bukungu bugizwe no kudahanahana amafaranga mu ntoki (…)
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wabahariwe kuri uyu wa 12 Gicurasi 2021, abaforomo n’abaforomokazi mu Rwanda babwiye Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ko bahura n’imvune bitewe n’umubare munini w’Abanyarwanda bashinzwe kwitaho, aho umwe yita ku bantu 1200, umubare bavuga ko uri hejuru cyane.
Ku itariki ya 11 Gicurasi 2021, abapolisi bafashe abantu 33 barimo gusenga binyuranije n’amabwiriza yo kurwanya Covid-19, bafatiwe mu ishyamba bicaye begeranye ndetse bamwe batambaye agapfukamunwa. Abo bantu bafitwe mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Mbuye mu Mudugudu wa Gisanga.
Imibare yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda tariki 12 Gicurasi 2021, iragaragaza ko uturere tubiri two mu Rwanda twabonetsemo abarwayi benshi kurusha utundi. Utwo ni Karongi mu Burengerazuba ahabonetse 48 na Gicumbi mu Majyaruguru ahabonetse 10.
Hari abantu bumva ibihwagari bagatekereza amavuta y’ibihwagari gusa kuko ari yo bakunze kubona mu masoko, ariko ibihwagari biraribwa nk’uko abantu barya ubunyobwa, bagakoresha ifu yabyo mu mboga zitandukanye, bikaba byiza cyane ku mugore utwite.
Bamwe mu baturiye umupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera, bavuga ko kimwe mu bibatera kujya mu burembetsi ari ugukora bakamburwa na ba rwiyemezamirimo, bikabatera ubukene butuma bajya mu ngeso mbi zo gutunda ibiyobyabwenge na Magendu.
Abayobozi 10 bakorera mu turere twa Musanze, Burera na Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, barimo bamwe mu Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge, abashinzwe uburezi mu Mirenge, bamwe mu bayobora Ibigo by’amashuri na ba rwiyemezamirimo, batawe muri yombi, aho bakekwaho ibyaha byo kunyereza ibikoresho byari bigenewe kubaka (…)
Sandro Shyaka ubarirwa mu bakire ba mbere mu Karere ka Rubavu, biravugwa ko mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 12 Gicurasi 2021 yaba yashimuswe n’abarwanyi ba FDLR ahitwa Kimoka mu birometero 30 uvuye mu Mujyi wa Goma werekeza mu muhanda wa Sake-Kitshanga werekeza i Masisi.
Bamwe mu batunganya amashusho mu Rwanda barasaba abashoramari kubegera bagakorana, bakabashoramo amafaranga kuko byerekana ubwiza nyaburanga bw’igihugu cyane cyane iyo binyuze mu ndirimbo zigaragaza amashusho, kandi na bo bakaba babibonamo inyungu.