Hari abafite umugambi wo kugonganisha ubutegetsi bwa Perezida Trump n’u Rwanda
Mu ijambo Perezida Paul Kagame aherutse kugeza ku bagize Biro Politiki ya RPF-Inkotanyi, yanenze bikomeye inkuru yacuzwe mu buryo bwitondewe igamije kugonganisha ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump n’u Rwanda.
Ku bantu bakurikiranye neza ikibazo cy’umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), biragoye gushidikanya ko hari ihuriro ry’abakinnyi batandukanye ryakoze ubudacogora mu gukwirakwiza igitekerezo kitari ukuri kivuga ko u Rwanda rwasuzuguye Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi rukica ibyo rwiyemeje mu Masezerano ya Washington.
Nk’uko Perezida Kagame yabigaragaje, iyo nkuru yatangiye gukwirakwira cyane nyuma y’uko AFC/M23 ifashe umujyi wa Uvira ku wa 10 Ukuboza 2025, ibintu yavuze ko byabaye urwitwazo rwakoreshejwe n’abashaka guteza imbere inyungu zabo zitandukanye.
Perezida Kagame yashimangiye ko ifatwa rya Uvira ritatunguranye na gato. Ryabaye nyuma y’amezi menshi y’ikwirakwizwa ry’ingabo no gutegura ibitero by’ihuriro rishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa, ririmo n’ingabo z’u Burundi.
Byongeye kandi, imirwano yari yaratangiye mu gihe Perezida Trump, Perezida Kagame na Perezida Félix Tshisekedi bahuriraga i Washington gusinya amasezerano y’amahoro ku wa 4 Ukuboza 2025.
Nk’uko Perezida Kagame yabivuze, u Rwanda rwari rwarahaye Amerika amakuru y’ubutasi amezi menshi mbere y’isinywa ry’ayo masezerano, ruburira ku bikorwa bya gisirikare byari biri kubera muri Kivu y’Amajyepfo.
Mu buryo abibona, nta shingiro rifatika ryari rihari ryatuma ifatwa rya Uvira, ryabaye hashize iminsi mike hasinywe amasezerano i Washington, rifatwa nk’ikimenyetso cy’uko u Rwanda rwisubiyeho ku byo rwari rwiyemeje.
Nyamara, ni ko benshi bahisemo kubisobanura.
Guverinoma ya RDC ni yo yabaye umwubatsi mukuru w’iyi nkuru. Kubera ko ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi butabashije kugera ku ntego zabwo ku rugamba, bwahisemo gushyira icyizere mu bihano mpuzamahanga byafatirwa u Rwanda, bwizera ko igitutu cy’ubukungu cyahindura isura y’urugamba kikabugirira akamaro.
Ubu ni uburyo busa n’ubwakoreshejwe mu mwaka wa 2012: gufatira u Rwanda ibihano kugira ngo M23 icike intege, maze amaherezo imitwe ifite ingengabitekerezo ya jenoside yongere kubona ibirindiro ku mipaka y’u Rwanda, hagamijwe no guhindura ubutegetsi i Kigali mu gihe kirekire.
Ni muri urwo rwego Kinshasa yashoye amafaranga menshi mu bikorwa byo gukorera ubuvugizi no mu bukangurambaga bw’itangazamakuru bugamije kwerekana u Rwanda nk’inzitizi nyamukuru y’amahoro, mu gihe yo ubwayo ikomeza gutinza inshingano zayo zo guhagarika gufasha no kwambura intwaro umutwe wa FDLR ufite ingengabitekerezo ya jenoside.
Itangazamakuru rikomeye ryo mu Burengerazuba bw’isi na ryo ryagize uruhare rukomeye mu gushimangira iyi nkuru. Ibinyamakuru n’ibitangazamakuru nka Reuters na France 24 bikunze gusakaza ibyatangazwaga na Kinshasa, ariko ntibihe agaciro gahagije amakuru agaragaza ubufatanye bwayo n’imitwe ifite ingengabitekerezo ya jenoside.
Imiryango ikora ibikorwa by’ubutabazi ikorera muri MONUSCO, hamwe n’amagana y’imiryango itari iya leta ikorera mu burasirazuba bwa Congo, na yo yagize uruhare muri uwo murongo. Myinshi muri yo ifite impamvu z’imiterere y’imikorere yayo zituma yifuza kwerekana ko ikibazo gikomeje kuba kibi cyane, kuko gukomeza kw’intambara ari byo bituma inkunga y’amafaranga ikomeza kuboneka.
Muri urwo rwego, ibikorwa bya AFC/M23 byo kugarura umutekano no gushyiraho imiyoborere mu duce igenzura bibangamiye inyungu bari bategereje, zirimo n’ibikorwa mpuzamahanga by’ubutabazi bibihera amaramuko.
Ntibitangaje rero ko kwerekana uwo mutwe nk’abanyabyaha ruharwa bikomeza kwimakazwa n’abafite inyungu zitari amahoro muri Congo.
Imiryango nka Human Rights Watch na Amnesty International nayo ikwiye kwitabwaho by’umwihariko. Igaragaza ko ikora mu bwisanzure irengera uburenganzira bwa muntu, ariko raporo zayo zakunze kwibanda ku byaha bivugwa ko byakozwe na AFC/M23, mu gihe zititaye cyane ku bwicanyi n’andi mahano byibasiye Abatutsi bikorwa n’imitwe ishyigikiwe na Kinshasa, harimo Wazalendo na FDLR. Uku guhitamo ibyo yibandaho kwagize uruhare mu gutuma abantu benshi bumva nabi imiterere nyayo y’iyi ntambara.
Abahoze ari abagize Akanama k’Impuguke k’Umuryango w’Abibumbye na bo bakomeje kwenyegeza umuriro, aho ubu bakora nk’abasesenguzi "bigenga". Jason K. Stearns ni umwe mu bazwi cyane muri bo.
Isesengura ryabo rikomeje kugira uruhare mu biganiro bya politiki bibera i Washington no mu gutegura raporo z’Umuryango w’Abibumbye, akenshi ritanga ishusho ibogamye y’ibibera ku rugamba ndetse rikanashishikariza ko hafatwa ibihano ku bari kwirwanaho imbere y’ibibangamiye ubuzima bwabo.
Hari kandi ibimenyetso byerekana ko bamwe mu bayobozi bo mu nzego za politiki za Amerika baba baremeye iyi nkuru uko yakabaye cyangwa bakaba babona kuyishyigikira bibafitiye inyungu za politiki.
Ni gute se wasobanura ibikorwa bihoraho by’abanyapolitiki b’Abanyamerika, barimo n’abasenateri, bahora banenga u Rwanda kandi batarigeze basura u Rwanda cyangwa RDC, nyamara bakavuga ko basobanukiwe neza imwe mu ntambara zikomeye kandi zigoranye kumva muri Afurika?
Ibi binatera ibibazo ku ruhare rw’umujyanama mukuru wa Perezida Trump ushinzwe Afurika, Massad Boulos. Ni bake mu bayobozi b’Abanyamerika bafite ubumenyi bwimbitse kuri iki kibazo. Nyamara we yagize uruhare rukomeye haba mu Masezerano ya Washington no mu biganiro bya Doha.
None se kuki yemeye ko iyi nkuru iyobya abantu ikomeza gukwirakwira? Ese yemera ko ibiganiro bya Doha, bigamije gukemura ibibazo bya politiki biri hagati y’Abanyekongo, bitakiri ngombwa? Cyangwa abona bifite akamaro kubireka bikagenda bicika intege?
Uko biri kose, hari ikintu kimwe gisobanutse. Abantu benshi bari inyuma y’iyi nkuru bazi neza ko Perezida Trump adashobora gukurikirana buri ntambwe y’iyi ntambara igoye yo mu burasirazuba bwa Congo. Barimo kugerageza kubyaza umusaruro ko ubutegetsi bwe buhugijwe n’ibindi bibazo byinshi ku isi, kugira ngo buyoborwe mu gufata imyanzuro ishobora gusenya amasezerano Washington ubwayo yafashije kugeraho.
Muri iki gihe, uburyo bwiza bwo kurinda Amasezerano ya Washington bwaba kongera guhuza abakuru b’ibihugu i Washington, hagashyirwaho ishusho yizewe y’aho ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano rigeze. Ni izihe nshingano buri ruhande rwari rwiyemeje? Ni izihe zimaze kubahirizwa, kandi ni izihe zitarashyirwa mu bikorwa? Ibi bibazo nibitaganirwaho mu buryo butaziguye, inkuru iri gukwirakwizwa ni yo izakomeza kuyobora imyanzuro ya politiki.
Niba ubutegetsi bwa Trump bukomeje gushingira kuri iyo nkuru bukarushaho gufatira u Rwanda ibihano, amahoro yasaga n’ari hafi kugerwaho i Washington ku wa 4 Ukuboza ashobora kongera kujya kure y’akarere.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|