Ikibumbano cya Cristiano Ronaldo ntikivugwaho rumwe mu Buhinde

Ikibumbano gishya cy’umukinnyi w’umupira w’amaguru, umunya-Portugal Cristiano Ronaldo cyateje impagarara mu Buhinde. Icyo kibumbano cyashyizwe mu Ntara ya Goa, ahasanzwe habarizwa abakunzi batari bake b’umupira w’amaguru, mu rwego rwo guha imbaraga abakiri bato, n’ubwo atari ko bose bacyishimiye.

Ikibumbanoo cya Cristiano Ronaldo mu Buhinde hari bamwe basanga kitari gikwiye kuhashyirwa
Ikibumbanoo cya Cristiano Ronaldo mu Buhinde hari bamwe basanga kitari gikwiye kuhashyirwa

Abakinenga bavuga ko abakinnyi b’umupira w’amaguru bo muri iyo Ntara bari bakwiye kuba ari bo bahabwa icyubahiro by’umwihariko ku bakinnyi bakiniye ikipe y’Igihugu y’u Buhinde, cyane ko abenshi ari abaturuka mu Ntara ya Goa.

Ikipe y’Igihugu ya Portugal irakunzwe cyane mu Ntara ya Goa, yahoze ikoronizwa n’icyo gihugu, ndetse abatari bake mu banya-Goa bakaba barabaye muri Portugal cyangwa bahafite imiryango.

Ariko bamwe muri iyo ntara y’u Buhinde babona ko ari igitutsi gushyiraho icyo kibumbano mu gihe harimo kwizihizwa imyaka 60 ishize Intara ya Goa ibonye ubwigenge kuri Portugal.

Mu Buhinde, n’ubwo cricket ari wo mukino ukundwa kurusha iyindi, umupira w’amaguru cyane cyane shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza (English Premier League) ikunzwe mu bice bimwe na bimwe by’icyo gihugu.

Cristiano Ronaldo ubu ukinira Manchester United akundwa n’abafana benshi, akaba afatwa cyane nk’umwe mu bakinnyi beza b’ibihe byose.

Uwo mukinnyi w’imyaka 36 ntacyo aratangaza kuri icyo kibumbano. Iyi nkuru ya BBC iravuga ko atari ubwa mbere ikibumbano cye gitera ibibazo muri icyo gihugu kuko mu 2017, ikibumbano cy’umutwe kugera ku bitugu cyateje impagarara kugera n’aho cyasubjwe i Madeira muri Portugal.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

mukore ubuvugizi bahashyire icyabanyarwanda kuko turikwisonga

ISHIMWE DESIRE yanditse ku itariki ya: 1-01-2022  →  Musubize

ndumva arihatari kabx abahinde cyane cyane gao bakwiye kwamamaz abakinnyi babo kd abakrist ntibahuz naba hindusm

Nshimiyimana camille yanditse ku itariki ya: 30-12-2021  →  Musubize

Nanjye ndumva bintangaje kuba abantu bo mu idini y’aba Hindus bemera ikibumbano cy’umuntu w’umukristu.Ubundi tumenyereye ibibumbano bya bikiramaliya mu nsengero,mu ngo z’abantu no mu modoka zabo.Gusa bibiliya itubuza gukoresha ibibumbano mu gusenga.Ndetse ikavuga ko ababikoresha bose izabarimburana nabyo ku munsi w’imperuka.

masengo yanditse ku itariki ya: 30-12-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka