Guhagarika intambara hagati ya Israel n’umutwe w’Abarwanyi b’Abanya-Palestine wa ‘Hamas’ bishobora gutangira mu masaha make ari imbere, nk’uko bitangazwa n’abagize uruhare mu biganiro, ndetse n’igitutu gituruka i Washington no mu bindi bihugu by’amahanga basaba ko iyo ntambara imaze guhitana ubuzima bw’abasivili benshi (…)
Ihuriro ry’Abafatabikorwa mu Iterambere (JADF) ry’Akarere ka Nyarugenge, risaba abantu batora abana batereranywe (batawe) ku mihanda n’abatabashaka, kubanza kuberekana mu buyobozi cyangwa ku kigo cy’ubuvuzi (health post) kibegereye mbere yo kubajyana mu ngo.
Rutahizamu wa APR FC Byiringiro Lague, yongeye kugaragara mu myitozo ya APR FC, nyuma y’icyumweru yari amaze yarerekeje mu igeragezwa mu gihugu cy’u Busuwisi
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko n’ubwo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byiyongereyeho 17% ku isoko mpuzamahanga, Leta y’u Rwanda yafashe icyemezo cy’uko ibiciro muri Gicurasi na Kamena 2021 biguma uko byari bisanzwe, nk’uko biri muri iri tangazo.
Amakipe 25 arimo ay’abagabo n’ay’abagore yo mu bihugu 13 byo hirya no hino ku isi, yamaze kwiyandikisha kugira ngo azitabire irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Volleyball yo ku mucanga ryiswe ‘IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament’, bikaba biteganyijwe ko rizabera i Rubavu kuva ku ya 14-18 Nyakanga 2021.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yanditse ubutumwa bwo kwihanganisha umuryango w’umugabo w’imyaka 83 witabye Imana i Huye azize icyorezo cya COVID-19.
Uwera Solange w’i Save mu Karere ka Gisagara yagushijwe na moto y’impuzamakoperative y’abamotari b’i Nyagatare muri 2012, bimuviramo ubumuga, none na n’ubu ntarishyurwa.
Imiryango yo mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera iherutse kugerwaho n’ingaruka z’ibiza byatewe n’amazi yaturutse mu birunga, muri iki cyumweru yatangiye guhabwa ubufasha bw’ibiribwa, mu rwego rwo kunganira imibereho yabo yashegeshwe n’ingaruka z’ibyo biza.
Mu gihe Perezida Kagame yari i Paris mu Bufaransa mu ntangiriro z’iki cyumweru mu nama yiga ku bukungu bwa Afurika, yateguwe na Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yagize n’umwanya wo kuganira n’itangazamakuru ririmo France 24 na Radio France International (RFI), bamubaza ibibazo byerekeye u Rwanda, ariko banamubaza (…)
Mu buzima habamo byinshi, ibibi n’ibyiza, bimwe bikaba ngombwa kubyirinda kugira ngo ubuzima burusheho kuba bwiza.Ubushize twabagejejeho urutonde rwa bimwe muri byo, ariko ibi ni ibindi bintu abantu bakwirinda mu buzima kugira ngo babashe kubana n’abandi mu mahoro.
Ikipe ya Petro de Louanda yo muri Angola yatsinze FAP yo muri Cameroon amanota 66 kuri 64 biyigira ikipe ya Kabiri ikatishije itike yo gukina imikino ya 1/4 nyuma ya Patriots BBC yabigezeho ku wa Gatatu.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abayobozi n’inzego z’ibanze n’abavuga rikumvikana mu mirenge ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Karere ka Rubavu, gukemura ibibazo by’abaturage hirindawa imirongo y’ababaza iyo haje umuyobozi uturutse mu nzego zo hejuru.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) hamwe n’indi miryango irengera ubuzima ku isi, bari mu bukangurambaga buzamara icyumwereru kuva ku itariki 17-23 Gicurasi 2021, bugamije kurwanya impanuka zibera mu mihanda.
Mbere y’uko Kaminuza yigenga y’Abadivantisiti ya Gitwe yongera gufungura, yasabwe kubanza kwishyura amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyoni 216 y’ibirarane by’imishahara y’abakozi bayo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney uri mu ruzinduko rw’akazi mu Ntara y’Iburengerazuba, yasuye Akarere ka Rubavu areba n’isoko rya Gisenyi ryadindiye, asaba ko ku itariki ya 5 Kamena 2021 ryatangira kubakwa.
Umuryango utabara imbabare Croix Rouge y’u Rwanda (CRR) wahaye inkunga abantu 500 bo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, bari muri gahunda ya ‘Guma mu Rugo’, barimo n’abahoze mu buraya.
Muri tombola y’uko amakipe azahura mu mikino yo guhatanira igikombe cya shampiyona, ikipe ya Rayon Sports izakina na AS Kigali ku mukino wa mbere
N’ubwo bimenyerewe ko abagabo n’abasore ari bo bakora umurimo wo kogosha, i Rusenge mu Karere ka Nyaruguru hari abakobwa babyaye batabiteganyaga biyemeje kubikora, babijyaniranya no gusuka ndetse no gukora imisatsi, none birabatunze.
Inzu mberabyombi “President Paul Kagame Auditorium” yitiriwe Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, y’Ikigo IRCAD cyo mu gihugu cy’Ubufaransa yafunguwe ku mugaragaro, mu muhango wabereye i Strasbourg muri icyo gihugu ku wa gatatu tariki 19 Gicurasi 2021.
Uruganda rwa Skol rutera inkunga Rayon Sports rwaraye rushyikirije abagize iyi kipe agahimbazamusyi ka Miliyoni 5 Frws bari babemereye nibarenga amatsinda
Ibihugu bigize Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi byemeje gufungura imipaka y’uyu muryango ku bantu bamaze gukingirwa burundu icyorezo cya Coronavirus.
Amavuriro mato (Poste de santé) 56, amaze kubakwa mu duce twegereye imipaka, mu rwego rwo kurinda abaturage kwampuka umupaka bajya gusaba serivisi z’ubuvuzi hanze y’u Rwanda, yose akaba yaruzuye.
Ibitaro by’amatungo byitwa New Vision Veterinary Hospital biherereye mu Murenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze byazanye ubuvuzi butamenyerewe bw’amatungo bumeze neza neza nk’ubukorerwa abantu, ku buryo n’itungo rirembye rihabwa ibitaro.
Ku wa Kabiri w’iki cyunweru ni bwo Minisitiri w’ibikorwa remezo, Amb. Claver Gatete, yavuze ko ibikorwa byo kubaka ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera bifite agaciro ka Miliyari 1.3 z’Amadolari ya Amerika, byadindijwe cyane n’icyorezo cya COVID-19, kuko ubu 50% by’abakozi nibo bamerewe kujya kuri ‘site’ ahubakwa (…)
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yanditse ubutumwa bwo kwihanganisha imiryango y’umugore w’imyaka 67 n’umugabo w’imyaka 69 bitabye Imana i Huye bazize icyorezo cya COVID-19.
Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal byatangaje ko muri uyu mwaka wa 2021 bizaba bishobora gusimbuza impyiko, kugira ngo biruhure abajyaga kwivuriza mu Buhinde n’ahandi babarirwa hagati ya 30 na 40 ku mwaka.
Amakuru yatangajwe n’ibiro by’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda aravuga ko ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 19 Gicurasi 2021, i Strasbourg mu Bufaransa, Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro inzu mberabyombi “Auditorium President Paul Kagame” y’Ikigo cyitwa IRCAD France cy’ubushakashatsi mu kurwanya Kanseri yibasira inzira (…)
Itegeko no 22/2018 ryo ku wa 29/04/2018 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi ryongewemo ingingo zivugurura uburyo cyamunara yakorwaga bituma uwatsindiye cyamunara yongererwa igihe cyo kwishyura kiva ku munsi umwe kugeza ku minsi itatu (3).
Mu masaha ya saa munani z’amanywa mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, haberereye impanuka yatewe n’ikamyo yacitse feri igonga imodaka yo mu bwoko bwa ‘Minibus’ (twegerane) yari itwaye abagenzi, babiri bahasiga ubuzima.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu butangaza ko bwafashe abantu 66 bari mu cyumba cy’amasengesho bitemewe.
Ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda yakatishije itike yo gukina imikino ya 1/4 cya Basketball Africa League (BAL), ikomeje kubera mu Rwanda nyuma yo gutsinda GNBC yo muri Madagascar amanota 78 kuri 72.
Ibihugu bya Afurika ntibigomba gusigara inyuma, hakenewe inkunga ikomeye kugira ngo ubukungu bwayo bwazahajwe n’icyorezo cya Coronavirus bwongere buzamuke.
Nyuma y’iminsi igera kuri itandatu ako kanama ka Afurika yunze Ubumwe (AU) gashinzwe amahoro n’umutekano gasohoye raporo yako kuri Tchad, ntikaratangaza imyanzuro yose yafashe n’ubwo hari iyamenyekanye, irimo ko uwo muryango udateganyiriza ibihano ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye icyo gihugu.
Umuhanzi Oluwatosin Ajibade uzwi nka Mr Eazi ukomoka muri Nigeria, amaze iminsi mu Rwanda arusura, akaba yatangaje ko ashaka gushora imari mu Rwanda.
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 18 Gicurasi 2021 ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice, ikamyo ipakiye ibigori yavaga Iburasirazuba yataye umuhanda igwira imodoka ya taxi ’minibus’ yarimo abagenzi bava i Kabuga(Rusororo) yerekeza i Rwamagana.
Kuri uyu wa Kane ni bwo hateganyijwe y’uko amakipe azahura mu mikino yo guhatanira igikombe cya shampiyona, ndetse n’amakipe azaba arwanira kudasubira mu cyiciro cya kabiri
N’ubwo kuri ubu abatuye mu Karere ka Huye basabwa kuba bageze mu rugo saa moya za nijoro, hari abantu 27 baraye bafatiwe mu kabari saa mbili z’ijoro.
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda (FRVB), ryashyize hanze abakandida bemerewe kwiyamamza mu matora ahruka gusubikwa mu minsi ishize
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yemeje ko mu mpera z’uku kwezi kwa Gicurasi 2021 azasura u Rwanda, akavuga ko azagirana ibiganiro bitandukanye n’Abayobozi bakuru b’igihugu.
Perezida w’u Rwanda, Kagame Paul, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 18 Gicurasi 2021 yagiranye ibiganiro na bamwe mu bahoze ari abasirikare bakuru bari mu ngabo z’u Bufaransa zari mu Rwanda hagati y’imyaka ya 1990 na 1994.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 20 witabye Imana i Kigali azize Covid-19. Iyo Minisiteri yanatangaje ko ku wa Kabiri tariki 18 Gicurasi 2021, mu Rwanda abantu 44 bakize Covid-19. Abayanduye ni 129 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 26,344. Akarere (…)
Ikipe ya Petro de Louanda yo muri Angola yatangiye irushanwa rya BAL itsinda As Police yo muri Mali amanota 84 kuri 66.
Kuva amabombe yatangira kugwa hafi y’urugo rwe muri Gaza, umubyeyi witwa Najwa Sheikh-Ahmad, ufite abana batanu (5) avuga ko yagize ubwoba ku buryo ubu bitamukundira gusinzira, kubera kwihangayikira ubwe, ariko agahangayikira n’umuryango we muri rusange.
Imiryango itishoboye 365 ibarizwa mu Karere ka Musanze ikeneye kubakirwa amacumbi mu buryo bwihuse, kugira ngo abayigize batandukane n’ingorane zo kutagira aho baba hameze neza.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Gicurasi 2021, Umuvugizi wungirije w’Itorero ADEPR, Rutagama Eugene, ari kumwe n’abandi bayobozi barimo Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, bunamiye kandi bashyira indabo ahari ikimenyetso cy’urwibutso rw’abiciwe ku rusengero rwa ADEPR i Kayenzi, bigizwemo uruhare na Pasiteri (…)
Ubwo Jay Polly umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda yagezwaga imbere y’ubutabera kubera ko iwe hafatiwe urumogi, umushinjacyaha yagaragaje ko abaganga bapimye uyu muhanzi n’abandi bari kumwe basanzwemo urumogi rwinshi ku buryo budasanzwe.
Niyitegeka Idrissa yagizwe Kapiteni mushya wa Musanze FC nyuma y’uko uwari Kapiteni w’iyo kipe Onesme Twizerimana, asezeye ku nshingano ze.
Ishami rivura amaso ry’ibitaro bya Kabgayi ku bufatanye n’Ikigo cyita ku bafite ubumuga (CBM), ryatangije umushinga w’ubuvuzi bw’amaso budaheza, uzibanda ahanini ku bafite intege nke.
Umuyobozi mukuru w’ibitaro bya Munini, Dr. Philippe Nteziryayo, avuga ko hatagize igihinduka ibitaro bya Munini bimaze iminsi byubakwa mu Karere ka Nyaruguru bemerewe na Perezida Kagame, byazaba byaratashywe mu mezi abiri ari imbere bigatangira gukora.
Abakozi babarirwa muri 250 bakora mu ruganda rw’icyayi rwa Pfunda bahagaritse imirimo mu buryo busa n’imyigaragambyo bashinja ubuyobozi kutabitaho no kutubahiriza amategeko agenga umurimo mu Rwanda.