#CECAFAKagameCup2026: Igikombe kirajya mu bindi - Umuyobozi w’Icyubahiro Wungirije wa APR FC
Umuyobozi w’Icyubahiro Wungirije wa APR FC Gen. Mubarakh Muganga yavuze ko irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 iyi kipe irafungura kuri uyu wa Gatanu ikina na Gor Mahia rizajya mu bindi bikombe batwaye gusa asaba abakunzi bayo kuba hafi kuko ubuyobozi bwabakoreye ibyo bifuzaga bugura abakinnyi beza.
Ibi uyu muyobozi yabigarutseho mu butumwa yageneye abakunzi ba APR FC aho yabanje kubibutsa ko ubuyobozi bwabumvise bukagura abakinnyi bakwiriye bityo ko ahasigaye ari ahabo.
Ati" Ubuyobozi bw’ Ikipe mukunda bwazirikanye ubusabe bwanyu bubahahira Intwaro zikwiye. Ahasigaye ni ahanyu, kandi birahera kuri uyu wa Gatanu muri CECAFA Kagame Cup 2026. Igikombe kirajya mu bindi twibitseho."
Gen. Mubarakh Muganga yakomeje asaba abakunzi ba APR FC ko itike bazinjiraho ku wa Gatanu Saa Moya z’ijoro bafungura CECAFA Kagame Cup 2026 aho kwinjira amacye ari ibihumbi 2000 Frw bakina na Gor Mahia kuri Stade Amahoro bazayibika kuko izabafasha mu yindi mikino ikipe ubwayo izakina yakira.
Ati" Itike yo ku wa Gatanu muzayibike neza kuko mu mikino yindi twakira izabahesha kureba undi mukino."
Kuva irushanwa rya CECAFA ryatangira guterwa inkunga na Perezida Paul Kagame mu 2002 rikanamwitirirwa, rimaze kubera mu Rwanda inshuro aho eshatu muri zo APR FC yaryegukanye 2004, 2007 na 2010 mu gihe 2010 ryatwawe na El Merriekh SC naho 2019 rigatwarwa na URA FC.
Mbere y’uko APR FC ikina na Gor Mahia ku wa Gatanu Saa Moya, Saa Cyenda z’igicamunsi ikipe ya Vipers SC izabanza gukina na FC Garde Républicaine yo muri Djibouti aho kureba iyi mikino yombi kuri Stade Amahoro, kwinjira ari ibihumbi 2000 Frw ahasanzwe hasi no hejuru, ibihumbi 15000 Frw muri VIP, ibihumbi 30 000 Frw muri VVIP, ibihumbi 100, 000 Frw muri Executive Seat ndetse na miliyoni 1 000 000 Frw muri Sky Box.
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|