Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buratangaza ko imiryango 2504 imaze guhabwa ubutabazi bw’ibiribwa n’ibikoresho by’ibanze nyuma yo kwangirizwa n’imitingito.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda yatangaje ko ku wa Kane tariki 3 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 80 bakize Covid-19. Abayanduye ni 55 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,119.
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, kuri uyu wa Kane tariki 03 Kamena 2021, yakiriye ubutumwa bwa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame. Ubwo butumwa bwazanywe n’intumwa yihariye, ikaba na Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr.Vincent Biruta.
Perezida wa Kompanyi ya AstraZeneca muri Afurika, Barbara Nel, avuga ko yashimishijwe no kubona u Rwanda rwakira doze 247,000 z’inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca, zageze i Kigali mu cyumweru gishize.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 barokoye i Kabgayi mu Karere ka Muhanga, bahamya ko igitondo cy’agasusuruko cy’uwa 02 Kamena 1994 babonye Mesiya mu ishusho y’Inkotanyi zari zije kubarokora.
Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Rubavu bukurikiranye abantu batandatu barimo n’Umuyobozi w’umudududu wa Nyarusozi, bakekwaho gukubita inkoni umuntu bamufashe avuye kwiba bikaza kumuviramo gupfa.
Urwego rw’igihugu rw’iterambere RDB rwahaye icyangombwa umuhanzi Mr Eazi, cyo gufungura sosiyete y’ubucuruzi mu Rwanda.
Mu gihe hari ibiciro byo gutwara abagenzi byashyizweho bisaba abafite kampani zitwara abagenzi kugarurira abagenzi, hari abakora ingendo bavuga ko ibyo biceri batabigarurirwa na bo bakagira isoni zo kubisaba.
Ikipe ya Rayon Sports iratangaza ko mu cyumweru gitaha umukinnyi wo hagati Muhire Kevin azatangira imyitozo, ndetse na Kwizera Olivier akagaruka mu mwiherero.
Nyuma yo gukorana indirimbo ya mbere hamwe na The Ben, Babo yakoze indi ndirimbo yise “On you”.
Ibitaro bya Gisenyi byongeye kwakira ababigana bose nyuma y’icyumweru byari byarimuriye serivisi ahandi kubera imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, ikangiza inyubako z’ibyo bitaro.
Amazi y’amashyuza aboneka mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu yongeye kugaruka nyuma y’icyumweru yari amaze yaraburiwe irengero bitewe n’imitingito yazahaje aho yari ari.
Ikipe ya REG BBC yamaze gusinyisha umukinnyi Adonis Jovon Filer amasezerano y’umwaka umwe.
Abarezi n’ababyeyi bakoresha ikoranabuhanga mu kwigisha abana barahamya ko icyorezo cya COVID-19 cyatumye abantu bamenya akamaro ko gukoresha ikoranabuhanga mu burezi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ikibazo cy’imitingito yumvikanye muri ako Karere, kizatuma abakeneye kubakirwa biyongera.
Mu Buhinde, umugeni yapfiriye kuri ‘Alitari’ mu gihe yari arimo asezerana n’umukunzi we, nyuma ubukwe ntibwahagarara, ahubwo umusore yahise asezerana na murumuna w’uwo mugeni wari umaze kwitaba Imana nk’uko byatangajwe n’ababibonye.
Imikino ya UEFA Euro 2020 iratangira mu cyumeru kimwe gusa, imikino 51 yose muzayireba ku masheni ya Star Times ndetse no kuri murandasi
Mu 2012, Mukantoni Donatile utuye mu Karere ka Musanze, mu Ntara y’ Amajyaruguru yatangiye kurwara indwara idasanzwe ku maguru no ku birenge, indwara ngo atari yarigeze arwara kuva mu buto bwe.
Ku wa Gatatu tariki ya 02 Kamena 2021, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Malawi, IGP Dr. George Hadrian Kainja, ari kumwe n’intumwa ayoboye, basuye ishuri rikuru rya Polisi (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze, uwo muyobozi ashima amasomo ahatangirwa, aniyemeza kureba uko aba Ofisiye bo mu gihugu cye bazaza kwiga muri iryo shuri.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 45 witabye Imana i Kigali azize Covid-19. Iyo Minisiteri yanatangaje ko ku wa Gatatu tariki 2 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 98 bakize Covid-19. Abayanduye ni 41 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,064. Abarembye (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruramenyesha abaturarwanda ko Byukusenge Froduard bakunze kwita Nzungu washakishwaga n’Ubugenzacyaha ku cyaha cyo kwica umuntu mu Karere ka Gakenke, yafatiwe mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera.
Abaturage 2,450 barimo abacuruzaga ibiyobyabwenge bitandukanye ndetse bakora n’ubucuruzi bwa magendu mu mirenge itandatu ihana imbibe n’igihugu cya Uganda, bahawe imirimo igamije kubakura muri ubwo bucuruzi butemewe.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umunyamategeko Bukuru Ntwali wari utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Mujyi wa Kigali ari we byatangajwe ko yiyahuriye i Nyabugogo mu nyubako z’isoko ry’Inkundamahoro mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Kamena 2021.
Kuva aho icyunamo cyatangiriye ku itariki 7 Mata 2021, mu Karere ka Huye hamaze kugaragara ibikorwa 10 by’ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byakorewe abayirokotse.
Twagira Thadée wo mu mudugudu wa Kizirakome, akagari ka Rwinyemera, Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare amaze imyaka 19 yishyuza Ikigo cy’igihugyu cyo gukwirakwiza amashanyarazi (REG), ingurane y’ibikorwa bye byangijwe hakorwa umuyoboro w’amashanyarazi.
Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) urahamagarira abasirikare gusubira mu bigo bya gisirikare byihutirwa kandi nta yandi mananiza ndetse bagahagarika kwivanga muri politiki y’imiyoborere ya Mali.
Abahugukiwe ibirebana no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, batanga inama z’uko abantu bakomeza gutahiriza umugozi umwe, barushaho kubahiriza ingamba n’amabwiriza yo kubibugabunga, kuko ari bwo buryo bwonyine bwo kwirinda ingaruka zo gukendera kw’ibihumeka bibarizwa ku isi.
Ubushize twaganiriye ku bimenyetso by’ingenzi bigaragaza ko umutu yugarijwe n’indwara y’agahinda gakabije, kwiheba no kwigunga (dépression). Soma iyo nkuru HANO.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bwifuza gufashwa kuvugurura igishushanyo mbonera cy’akarere n’umujyi wa Gisenyi, bikajyana nimiterere y’imitingito iterwa n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.
Abahagarariye amadini n’amatorero mu Karere ka Kicukiro bari mu mwiherero ugamije kwigira hamwe uko bakwigisha abayoboke babo inyigisho zigamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge, isanamitima ndetse na gahunda ya Ndi Umunyarwanda.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami Vincent yatangaje ko yanyuzwe n’urwego rw’abakinnyi bahamagawe bwa mbere mu Mavubi, nyuma y’iminsi ibiri mu myitozo.
Umubyeyi witwa Maria Morgan wo mu Bwongereza araburira abantu, nyuma y’uko apfushije umukobwa we Samantha Jenkins wari ufite imyaka 19, bikaza kugaragara ko yazize kurya shikareti (chewing gum) nyinshi.
Ruregeya Neza Jean Paul ni umusaza ufite imyaka 84 y’amavuko. Atuye i Kanombe mu Murenge wa Nyarugunga. Ni umusaza wize ibijyanye no kuvura abantu kuko ari umuganga, ariko akaba yarakoze akazi gatandukanye bitewe n’uburyo yabayeho.
Inanasi ni igihingwa kiri mu biza ku isonga mu kuzamura iterambere ry’abatuye Akarere ka Gakenke, aho byibura buri mwaka batabura umusaruro ufite agaciro ka miliyoni 318, abaturage bakaba bakomeje kugana ubwo buhinzi bagize umwuga, mu rwego rwo kuzamura iterambere ryabo.
Ku wa Kabiri tariki ya 01 Kamena 2021, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’Igihugu cya Malawi IGP Dr. George Hadrian Kainja, ari kumwe n’itsinda rimuherekeje mu ruzinduko barimo hano mu Rwanda, basuye ishuri rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari (PTS-Gishari), bashima imikorere yaryo.
I Kigali muri Nyabugogo hazindukiye inkuru y’umugabo bivugwa ko yiyahuye nyuma yo kumenya ko umugore we yarimo asambana.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko abataritabira kuboneza urubyaro bafite abana bagwingiye, batagomba kwirara no kwishinga ubufasha bahabwa burimo n’amafaranga.
N’Golo Kanté uherutse kwegukana igikombe cya Champions League ari kumwe n’ikipe ya Chelsea ari kugarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga. Kigali Today yakusanyirije abasomyi bayo ibidasanzwe ku buzima bwe n’uburyo yazamutse muri ruhago.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 01 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 60 banduye Covid-19. Abayikize ni 167 bituma umubare w’abamaze kuyikira bose hamwe uba abantu 25,850. Abakirwaye bose hamwe ni 816 mu gihe abarembye ari batandatu.
Abenshi mu Banyarwanda, by’umwihariko Abakirisitu Gatolika ntibashidikanya ku butwari bwaranze Musenyeri Aloys Bigirumwami wimitswe ku itariki 01 Kamena 1952 aba umushumba wa mbere w’umwirabura mu cyahoze ari Afurika Mbiligi yari igizwe n’icyahoze ari Rwanda-Urundi na Congo Mbiligi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko guhera kuri uyu wa Gatatu tariki ya 02 Kamena 2021 Imirenge ya Rwamiko muri Gicumbi na Bwishyura muri Karongi ikuwe muri Guma mu Rugo.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze, ku cyumweru tariki 30 Gicurasi 2021, yagaruye moto y’uwitwa Bizimana Jean Paul, yari yayambuwe n’itsinda ry’abantu barimo uwitwa Tuyizere Alexandre w’imyaka 20 wanafashwe.
N’ubwo gahunda ya Leta ari uko malariya ivurwa n’abajyanama b’ubuzima, mu Karere ka Nyaruguru ntibyitabirwaga uko bikwiye, none agahimbazamusyi abavura malariya basigaye bagenerwa katumye bongeramo imbaraga kandi biratanga umusaruro mwiza.
Ubuyobozi bw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR) na Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) batangaje ko basigaranye impunzi z’Abanyekongo bahunze iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo zibarirwa mu 1300, mu gihe abandi basabye gusubira mu gihugu cyabo.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Kamena 2021, yatangaje amabwiriza agenga imihango y’ubukwe hubahirizwa ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 1 Kamena 2021, abafashamyumvire 30 mu bumwe n’ubwiyunge bo mu Karere ka Bugesera bahawe amagare mashya 30 afite agaciro ka Miliyoni enye z’Amafaranga y’u Rwanda, ayo magare akazabafasha mu ngendo zijyanye n’akazi kabo bityo bakakanoza.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko umugore wasamye yaramaze guhabwa urukingo rwa mbere rwa Covid-19, yemerewe guhabwa doze ya kabiri y’urwo rukingo kuko ntacyo byatwara umwana atwite.
Abakuru b’ibihugu 15 bigize umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS), bakoze inama idasanzwe yateraniye i Accra muri Ghana kugira ngo bemeranye ku mwanzuro wafatirwa Mali kubera igisirikare cyayo gikoze ‘coup d’etat’ inshuro ebyiri mu mezi icyenda gusa, bityo bafatira baba bakuye icyo gihugu (…)
Umuryango Uwezo Youth Empowerment, ugizwe n’abafite ubumuga b’urubyiruko, urakangurira abagize umurwango nyarwanda, kwita ku burenganzira bw’abana bafite ubumuga b’abakobwa, gukora ibishoboka byose ngo boroherezwe muri gahunda z’isuku n’isukura ndetse na serivisi z’uburezi.