Mu rwunge rw’amashuri rwa Musave (GS Musave) mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, haravugwa inkuru y’umwarimukazi ukekwaho kwiba mugenzi we bakorana amafaranga mu Mwarimu SACCO akoresheje telefone.
RIB nk’Urwego rw’Ubugenzacyaha, Polisi nk’Urwego rukumira icyaha cyangwa rukakiburizamo kitaraba rukarinda n’umutekano w’abantu n’ibintu, n’Ubushinjacyaha ni inzego zuzuzanya mu kazi ka buri munsi ariko zifite n’ibyo zitadukaniyeho. Aha usanga bamwe bitiranya izi nzego kugeza n’aho batabasha kuzitandukanya kandi ari inzego (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 4 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 101 bakize Covid-19. Abayanduye ni 43 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,162.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yakoze impinduka mu ngabo z’u Rwanda, hakaba harimo abazamuwe mu ntera ndetse bahabwa n’inshingano nshya.
Polisi y’u Rwanda, Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC) ku bufatanye na Ambasade y’u Budage mu Rwanda, batangije umushinga w’igerageza wo kwifashisha imbwa mu gutahura uwanduye Covid-19, ukazamara amezi atatu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umunyezamu wa Rayon Sports Kwizera Olivier, aho akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge.
Mu duce tunyuranye two hirya no hino mu gihugu cy’u Rwanda, hagenda humvikana amazina yibazwaho na benshi byumwihariko abatemberera muri utwo duce basanzwe batahatuye, abenshi bagasetswa n’ayo mazina ndetse bakagira n’amatsiko yo kumenya inkomoko yayo.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" yatsinze iya Centrafrika ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Amahoro
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Karongi ku wa Kane tariki 03 Kamena 2021 bwaregeye urukiko mu mizi umugore ukekwaho kwica umugabo wahoze ari umukunzi we akoresheje icyuma.
Abana n’abarezi mu Karere ka Kamonyi baravuga ko gahunda y’umukuru w’umudugudu mu ishuri yagaruye kandi yimakaza ubumwe bw’abanyeshuri, ikanagira uruhare mu kurwanya ikibazo cy’abana bata amashuri.
Umubikira Sr Solange Uwanyirigira, watangije gahunda yitwa ’Huye-Kundwa Kibondo’ muri 2017, ubu ni umwe mu basurwa n’abakozi b’utundi turere tw’Amajyepfo, aho baba baje kureba uko yarwanyije imirire mibi n’igwingira mu bana bato.
Mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Cyabingo mu Kagari ka Muramba haravugwa inkuru y’umugabo usanzwe ukora akazi ko kuvura wafatiwe mu cyuho asambana n’umwarimukazi, bakaba barimo baca inyuma umugabo w’uwo mwarimukazi.
Muri iki gihe Abanyarwanda bakangurirwa kohereza abana bose ku ishuri, hari abatekereza ko byagenda neza kurushaho hashyizweho abajyanama b’uburezi.
Umuhanzikazi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yasohoye indirimbo “Hari impamvu pe” yanditse, akanasohora mu myaka 11 ishize. Mu 2009 ni bwo Gahongayire yasohoye bwa mbere indirimbo “Hari impamvu pe”, irimo ubutumwa bukangurira abantu gushima Imana nubwo banyura mu bikomeye.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango yatangije icyumweru bise icy’umujyanama kigamije gusura ibyo abajyanama bateganyiriza abaturage kugira ngo harebwe aho bigeze bishyirwa mu bikorwa, hagendewe kuri gahunda z’icyerecyezo cy’imyaka irindwi.
Abaturage batuye mu mirenge ya Katabagemu na Karangazi no mu Kagari ka Ryabega mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare barishimira iterambere bagejejweho babona amashanyarazi bamwe batari bafite, abandi bishimira ko babonye amashanyarazi afite ingufu aho bakoreshaga amashanyarazi adafite ingufu ya monofaze (…)
Inkeri abenshi bakundira ko zoroha mu kanwa ndetse zikagira n’isukari iringaniye, zigira ibyiza byinshi bamwe bashobora kuba batazi, bazirya kuko bazikunda gusa.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Rurangwa Steven, avuga ko iyubakwa ry’umuhanda Ryabega-Nyagatare rizoroshya ubuhahirane ndetse n’ubwikorezi biteze imbere akarere binyuze mu bucuruzi.
Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU), Nicola Bellomo avuga ko ikawa y’u Rwanda igenda irushaho kumenyekana ku rwego mpuzamahanga.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye ko gahunda ya COVAX irushaho kongerwamo ingufu kugira ngo isi ibashe guhashya burundu icyorezo cya COVID-19.
Kuva muri Werurwe 2019 Polisi y’u Rwanda n’iya Malawi bafitanye amasezerano y’ubufatanye akubiyemo ibijyanye no guhanahana amakuru ku byaha n’abanyabyaha no guhanahana amahugurwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buratangaza ko imiryango 2504 imaze guhabwa ubutabazi bw’ibiribwa n’ibikoresho by’ibanze nyuma yo kwangirizwa n’imitingito.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda yatangaje ko ku wa Kane tariki 3 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 80 bakize Covid-19. Abayanduye ni 55 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,119.
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, kuri uyu wa Kane tariki 03 Kamena 2021, yakiriye ubutumwa bwa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame. Ubwo butumwa bwazanywe n’intumwa yihariye, ikaba na Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr.Vincent Biruta.
Perezida wa Kompanyi ya AstraZeneca muri Afurika, Barbara Nel, avuga ko yashimishijwe no kubona u Rwanda rwakira doze 247,000 z’inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca, zageze i Kigali mu cyumweru gishize.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 barokoye i Kabgayi mu Karere ka Muhanga, bahamya ko igitondo cy’agasusuruko cy’uwa 02 Kamena 1994 babonye Mesiya mu ishusho y’Inkotanyi zari zije kubarokora.
Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Rubavu bukurikiranye abantu batandatu barimo n’Umuyobozi w’umudududu wa Nyarusozi, bakekwaho gukubita inkoni umuntu bamufashe avuye kwiba bikaza kumuviramo gupfa.
Urwego rw’igihugu rw’iterambere RDB rwahaye icyangombwa umuhanzi Mr Eazi, cyo gufungura sosiyete y’ubucuruzi mu Rwanda.
Mu gihe hari ibiciro byo gutwara abagenzi byashyizweho bisaba abafite kampani zitwara abagenzi kugarurira abagenzi, hari abakora ingendo bavuga ko ibyo biceri batabigarurirwa na bo bakagira isoni zo kubisaba.
Ikipe ya Rayon Sports iratangaza ko mu cyumweru gitaha umukinnyi wo hagati Muhire Kevin azatangira imyitozo, ndetse na Kwizera Olivier akagaruka mu mwiherero.
Nyuma yo gukorana indirimbo ya mbere hamwe na The Ben, Babo yakoze indi ndirimbo yise “On you”.
Ibitaro bya Gisenyi byongeye kwakira ababigana bose nyuma y’icyumweru byari byarimuriye serivisi ahandi kubera imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, ikangiza inyubako z’ibyo bitaro.
Amazi y’amashyuza aboneka mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu yongeye kugaruka nyuma y’icyumweru yari amaze yaraburiwe irengero bitewe n’imitingito yazahaje aho yari ari.
Ikipe ya REG BBC yamaze gusinyisha umukinnyi Adonis Jovon Filer amasezerano y’umwaka umwe.
Abarezi n’ababyeyi bakoresha ikoranabuhanga mu kwigisha abana barahamya ko icyorezo cya COVID-19 cyatumye abantu bamenya akamaro ko gukoresha ikoranabuhanga mu burezi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ikibazo cy’imitingito yumvikanye muri ako Karere, kizatuma abakeneye kubakirwa biyongera.
Mu Buhinde, umugeni yapfiriye kuri ‘Alitari’ mu gihe yari arimo asezerana n’umukunzi we, nyuma ubukwe ntibwahagarara, ahubwo umusore yahise asezerana na murumuna w’uwo mugeni wari umaze kwitaba Imana nk’uko byatangajwe n’ababibonye.
Imikino ya UEFA Euro 2020 iratangira mu cyumeru kimwe gusa, imikino 51 yose muzayireba ku masheni ya Star Times ndetse no kuri murandasi
Mu 2012, Mukantoni Donatile utuye mu Karere ka Musanze, mu Ntara y’ Amajyaruguru yatangiye kurwara indwara idasanzwe ku maguru no ku birenge, indwara ngo atari yarigeze arwara kuva mu buto bwe.
Ku wa Gatatu tariki ya 02 Kamena 2021, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Malawi, IGP Dr. George Hadrian Kainja, ari kumwe n’intumwa ayoboye, basuye ishuri rikuru rya Polisi (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze, uwo muyobozi ashima amasomo ahatangirwa, aniyemeza kureba uko aba Ofisiye bo mu gihugu cye bazaza kwiga muri iryo shuri.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 45 witabye Imana i Kigali azize Covid-19. Iyo Minisiteri yanatangaje ko ku wa Gatatu tariki 2 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 98 bakize Covid-19. Abayanduye ni 41 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,064. Abarembye (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruramenyesha abaturarwanda ko Byukusenge Froduard bakunze kwita Nzungu washakishwaga n’Ubugenzacyaha ku cyaha cyo kwica umuntu mu Karere ka Gakenke, yafatiwe mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera.
Abaturage 2,450 barimo abacuruzaga ibiyobyabwenge bitandukanye ndetse bakora n’ubucuruzi bwa magendu mu mirenge itandatu ihana imbibe n’igihugu cya Uganda, bahawe imirimo igamije kubakura muri ubwo bucuruzi butemewe.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umunyamategeko Bukuru Ntwali wari utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Mujyi wa Kigali ari we byatangajwe ko yiyahuriye i Nyabugogo mu nyubako z’isoko ry’Inkundamahoro mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Kamena 2021.
Kuva aho icyunamo cyatangiriye ku itariki 7 Mata 2021, mu Karere ka Huye hamaze kugaragara ibikorwa 10 by’ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byakorewe abayirokotse.
Twagira Thadée wo mu mudugudu wa Kizirakome, akagari ka Rwinyemera, Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare amaze imyaka 19 yishyuza Ikigo cy’igihugyu cyo gukwirakwiza amashanyarazi (REG), ingurane y’ibikorwa bye byangijwe hakorwa umuyoboro w’amashanyarazi.