Abanyarwanda barakangurirwa kwisuzumisha indwara y’umutima kuko umubare w’abamaze kurwara iyi ndwara ubu wageze kuri 5.1%, nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC).
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 basuye umukecuru Mukanemeye Madeleine usanzwe ufana Mukura VS n’Amavubi
Umuhanzikazi Gusenga Munyampundu Marie France uzwi nka France Leesa uri mu bakobwa bakomeje kugaragaza ejo heza muri muzika Nyarwanda, yavuze ku mbogamizi zimuzitira mu muziki, ariko yizeza abakunzi be ko yagarutse.
Tariki ya 3 Ukwakira 2022 ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwandikiye ubuyobozi bw’amahoteri, za moteri n’utubari, bubihanangiriza kutemera kwakira abantu bose bafite imyambarire ikojeje isoni, kwirinda kwakira abana batujuje imyaka y’ubukure yemerwa mu Rwanda 18 hamwe no kwirinda kwakira abantu bakoresha ibiyobyabwenge (…)
Ababyeyi biganjemo abagabo bo mu Karere ka Musanze, bavuga ko bagiye kurushaho kubaka ubucuti bwa kibyeyi hagati yabo n’abana babo, cyane cyane b’abakobwa, binyuze mu kubaganiriza kenshi, babashishikariza gukumira ibishuko; mu kwirinda ingaruka zikomeje kugaragara kuri bamwe, zangiza ubuzima bw’ahazaza.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 ikomeje imyitozo yitegura ikipe y’igihugu ya Mali bazakina kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Huye
Bamwe mu bacuruzi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko n’ubwo umupaka uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe, ibicuruzwa ngo ntibiza neza kubera ko bigera mu Rwanda bihenze.
Guhera kuri uyu wa gatandatu taliki ya 15 Ukwakira, muri federasiyo y’umukino wa karate mu Rwanda “FERWAKA” bateguye amahugurwa y’abakinnyi y’iminsi ibiri agamije gutoranya abazakinira ikipe y’igihugu mu byiciro bitandukanye.
Mu Karere ka Nyamagabe, ikigo cy’imari iciriritse, ASA International, cyatanze mituweli ku bantu 700, kinarihira amafaranga y’ibitaro 13 bari barananiwe kubyikorera kubera ubukene.
Dr. Dyrckx Dushime ukurikirana imihindagurikire y’ibirunga bya Nyiragongo na Nyamuragira, ahumuriza abaturiye ibi birunga ko bitagiye kuruka nk’uko benshi babitekereza.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, yasabye abanyeshuri kwigana intego no guharanira gutsinda amasomo yabo kugira ngo bazabashe kugera ku nzozi zabo.
Ku wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022, i Paris mu Bufaransa, rutahizamu uhakomoka Karim Benzema ukinira Real Madrid yo muri Espagne, yegukanye igihembo cya Ballon d’Or ya 2022.
Mu rwego rwo kugabanya ikoreshwa ry’inkwi n’amakara mu guteka no kurengera ibidukikije, hatangijwe umushinga ukwirakwiza mu baturage amashyiga avuguruye arondereza ibicanwa ndetse n’andi akoresha ibicanwa bitari inkwi n’amakara.
Ikipe ya APR FC yanganyije na Police FC mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa gatatu wa shampiyona utarakiniwe igihe.
Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira 2022, Minisiteri y’Ubuzima yakomeje ibikorwa byo kurwanya icyorezo cya Ebola kimaze iminsi cyaribasiye ibice bimwe byo muri Uganda. Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko n’ubwo nta bwandu bwa Ebola buragaragara mu Rwanda, ariko hatangijwe imyitozo igamije gukangurira inzego z’ubuzima uburyo (…)
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko muri Kamena 2023, hazatangira kubakwa inyubako nshya y’Ibitaro bya Ngarama ifite agaciro ka Miliyari esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda, ikazasimbura inyubako zari zisanzwe kuko ngo zishaje kandi zikaba nta n’ubushobozi bwakira abarwayi bose bari mu ifasi y’ibi (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke, bahamagarira bagenzi babo, kimwe n’abo mu yindi Mirenge igize aka Karere, kugira uruhare rufatika muri gahunda zituma Leta ibasha kugera ku ntego yo guteza imbere uburezi; kuko ari bwo Igihugu kizarushaho kugira umubare munini w’ababasha kugikorera bajijutse, (…)
Uwari umutoza w’ikipe ya Rayon Sports Manuel da Silva Paixão Santos yamaze gutsinda urubanza yaregagamo ikipe ya Rayon Sports nyuma yo kumwirukana we n’umwungiriza we Paulo Daniel Faria binyuranyije n’amategeko.
Zimwe mu mbogamizi abagore bo mu cyaro bagaragaza zituma badatera imbere ndetse bakanavunika, ni ukumara amasaha menshi bakora imirimo yo mu rugo.
Mu Karere ka Muhanga hari abagabo bavuga ko iterambere ry’abagore ari ishingiro ry’iterambere ry’umuryango, kuko icyo umugore afite kiba ari icy’abagabo n’umuryango wose muri rusange.
Abantu 204 bo mu Kagari ka Gahanga mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, bishimiye kuba abanyamuryango bashya ba FPR-Inkotanyi. Ni nyuma yo gusaba ko barahirira kuba abanyamuryango mbere gato y’inteko rusange y’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi, ku rwego rw’Akagari ka Gahanga, yateranye ku Cyumweru tariki 16 Ukwakira (…)
Ntibikunze kubaho ko mu mashuri umwana yigana n’umubyeyi we mu cyumba kimwe cy’ishuri, ariko mu rugo rwa Musabyimana Faustin ni ibyishimo bikomeye, kuko arangije Kamunuza yigana n’umwana we.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yasabye abantu bose bazibonaho ibimenyetso bikurikira, kwihutira kujya kwa muganga kwisuzumisha Kanseri y’Ibere.
Inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’inzego za Leta, izihagarariye abikorera, abashoramari, ndetse n’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Bugesera, biyemeje kurebera hamwe ibikenewe kugira ngo Akarere ka Bugesera kabyaze umusaruro amahirwe gafite, kihute mu iterambere.
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kwakira inama mpuzamahanga ku itumanaho rigendanwa (Mobile World Congress), izitabirwa n’abarenga 2000, ikazatangira ku itariki 25 kugera 27 Ukwakira 2022.
Hari abangavu baterwa inda bakavuga ko ahanini biterwa no kutamenya amakuru ajyanye n’ubuzima bw’imyororokere, ababyeyi n’abarezi bagasabwa kubibaganirizaho.
Impuguke mu by’indwara zo mu mutwe zivuga ko umuntu ashobora kugira ibimenyetso by’indwara zo mu mutwe, ariko ntabimenye bitewe no kutagira ubumenyi buhagije ku byerekeranye n’izo ndwara.
Rwangabo Byusa Nelson, usanzwe uzwi mu muziki w’u Rwanda nka Nel Ngabo akaba umwe mu bagezweho muri iki gihe, yatangaje ko yatunguwe no gusanga umuziki we muri Canada uzwi ku rwego rwo hejuru.
Kuramukobwa Aline wo mu Mudugudu wa Kabacuzi, Akagari ka Gatobotobo mu Murenge wa Giti, yashyikirijwe inzu yubakiwe n’abagize Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Gicumbi, ifite agaciro ka miliyoni zirindwi, ndetse banamuremera ibiribwa n’ibikoresho byo mu rugo hamwe n’imashini yo kudoda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iragaragaza ko ku Cyumweru tariki 16 Ukwakira 2022 mu Rwanda habonetse abantu babiri banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 1,212 byafashwe hirya no hino mu gihugu. Abanduye uko ari babiri, umwe ni uw’i Kigali undi ni uw’i Gicumbi. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi (…)
Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wo mu cyaro ku rwego rw’Akarere ka Gasabo wizihirijwe mu Murenge wa Jabana mu Kagari ka Bweramvura. Ibirori byo kwizihiza uyu munsi byitabiriwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imibereho y’abaturage, Urujeni Martine, na Depite Ndangiza Madine wari Umushyitsi Mukuru.
Kuri iki Cyumweru tariki 16 Ukwakira 2022, ikipe ya AS Kigali yasezerewe n’ikipe ya Al Nasr muri CAF Confederation Cup, nyuma yo gutsindwa igitego 1-0.
Uruganda rw’umuceri rwa Gafunzo rwaremeye inka umubyeyi warokotse Jenoside yakorewe Abatusti mu 1994, mu rwego rwo kumufasha kwiteza imbere no kwishimira ko abagore bafite uruhare mu iterambere ry’Igihugu.
Inzego z’umutekano z’u Rwanda zagize uruhare mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba no kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambike, zavumbuye ububiko bw’intwaro n’amasasu byari byarahishwe n’inyeshyamba za Ansar Al Suna mu gace ka Mbau.
Kuva mu 2010, ubushakashatsi bwa RDHS bugaragaza ko Uturere tw’Intara y’Iburengerazuba tuza mu myanya ya mbere mu kugira abana bafite igwingira n’imirire mibi, kandi ariyo Ntara ikize ku biryo kurusha izindi.
Hari abantu badakunda gukora imyitozo ngororangingo, kandi nyamara abahanga mu by’ubuzima bagaragaza ko ari ingirakamaro ku buzima.
Abagore bo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, batekereza ko baramutse bahuguwe ku gukora ibibateza imbere bakanahabwa igishoro, batera imbere.
Umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, waranzwe n’ibikorwa by’urukundo mu gufasha abatishoboye, aho umuryango wabagaho unyagirwa washyikirijwe inzu yubatswe bigizwemo uruhare n’abagore, amatsinda abiri y’abagore ahabwa inkunga ingana na miliyoni.
Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame na Gen Muhoozi Kainerugaba uri mu ruzinduko mu Rwanda, bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo rusange imenyerewe nka Car Free Day.
Urubyiruko rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi, rurahamagarirwa kugira ubushake n’ubwitange, kugira ngo ibikorwa by’umuryango bigerweho, kuko aribo bikorerwa.
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yashyizeho ibyumweru bitatu bya Guma mu Rugo mu turere twa Mubende na Kassanda twugarijwe n’icyorezo cya Ebola.
Umushumba wa Diyosezi ya Anglican ya Shyira, Musenyeri Mugisha Mugiraneza Sammuel, yabwiye abarangije mu ishuri rikuru ry’ubumenyingiro, MIPC (Muhabura Integrated Polytechnic College), ko mu bumenyi batahanye batagomba kwirengagiza ubukirisitu, kuko ariho hari indangagaciro z’ubunyangamugayo buzabafasha kunoza umwuga wabo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 15 Ukwakira 2022 mu Rwanda nta muntu mushya wabonetse wanduye Covid-19, ibipimo byafashwe ni 1,215. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,467 nk’uko imibare yatangajwe (…)
Ikipe ya APR FC yemeje ko yahagaritse umutoza mukuru Adil Erradi Mohamed ndetse na kapiteni wayo Manishimwe Djabel kubera imyitwarire