Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, baravuga ko abarimu n’abanyeshuri babaga mu kigo cya EAFO Nyamishaba batahigwaga muri Jenoside, bagize uruhare mu kwica Abatutsi bari bahahungiye, bahagarikiwe n’umwarimu wakomokaga mu Burundi.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abangavu iri mu irushanwa ry’akarere ka gatanu muri handball yasoje imikino y’amatsinda itsinze imikino yose nyuma yo gutsinda Tanzania 46-13.
Turahirwa Moses wamenyekanye cyane kubera inzu y’imideli ya ‘MOSHIONS’ yafunzwe akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu icumi bakekwaho ibyaha bifitanye isano n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro cyagwiriye abaturage mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye.
Impunzi z’Abanyekongo zo mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe zasabye abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda kuzikorera ubuvugizi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitoki, Rugengamanzi Steven, avuga ko umutekano ari nk’umwuka abantu bahumeka, iyo wabuze bapfa, bityo kuwubungabunga ari inshingano ya buri wese.
Ababyeyi barerera mu Irerero Ubumwe ryo mu Mudugudu wa Nyamyumba, Akagari ka Murambi, Umurenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko kwitabira gahunda z’iri rerero byabajijuye, bikabateza imbere bikanabasirimura.
Vatikani yatangaje ko bwa mbere mu mateka ya Kiliziya Abalayiki bagera kuri 50% b’abagore bazafatanya n’Abepisikopi mu gikorwa cyo kwemeza imyanzuro ya Sinodi giteganyijwe i Roma mu Kwakira 2023.
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023, Umuryango Never Again Rwanda ugamije kubaka amahoro arambye, wahurije hamwe urubyiruko rwaturutse mu nzego n’imiryango itandukanye, kugira ngo baganire ku ndangagaciro zikubiye mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse bafate iya mbere mu guhangana no kurwanya (…)
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri muri Tanzania yagiranye ibiganiro na Perezida Samia Suluhu mbere yo kugira ibiganiro n’abanyamakuru.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborerer (RGB), rugaragaza ko mu Mujyi wa Kigali mu byo Abanyarwanda babona nk’imbogamizi harimo ruswa ishingiye ku kimenyane iri hejuru ya 45% muri serivisi zitangirwa mu nzego z’ibanze.
Bamwe mu batwite n’abonsa batishoboye bo mu Karere ka Musanze, bavuga ko bamaze igihe bizezwa gushyirwa ku rutonde rw’abahabwa amafaranga agenewe kubunganira mu kurwanya imirire mibi n’igwingira ry’abana, ariko kugeza ubu bikaba bidakorwa, mu gihe hari abandi bayahabwa, ubuyobozi bukabizeza ko ari ikibazo cyabaye ariko (…)
Uruganda SC Johnson na Raid® irushamikiyeho byagiranye amasezerano y’ubufatanye n’umuryango wita ku buzima, Society for Family Health (SFH) Rwanda, ndetse na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda mu rwego rwo guha abajyanama b’ubuzima impamyabushobozi ndetse n’insimburamubyizi ihagije nk’imwe mu ngamba zirimbanyije zo kurandura (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yageze muri Tanzania kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Twitter rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), rivuga ko ritewe impungenge na Laboratwari yafashwe na rumwe mu mpande zirimo kurwana, kandi irimo udukoko twa zimwe mu ndwara zandura turimo imbasa, kolera, na Sars-CoV-2.
Nyuma y’aho Leta ifatiye icyemezo cyo kumanura ibiciro by’ibiribwa by’umuceri, kawunga n’ibirayi, hari abacuruzi bahisemo kubyimana, ndetse birinda no kubyereka abaguzi.
Banki ya Kigali (BK Plc) yatangaje ko ikoranabuhanga rya BK App ubu rifasha abantu gukurikirana amakuru ku nguzanyo bafashe, bakamenya igihe cyo kwishyurira, inyungu bazishyura ndetse n’umwenda usigaye.
Mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Gashonga, Akagari ka Karemereye, Umudugudu wa Mibirizi, mu gihe cy’ukwezi kumwe mu isambu ya Paruwasi ya Mibirizi, hamaze kuboneka imibiri 588 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Perezida w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yakiriye intumwa z’u Rwanda ziyobowe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Prof. Nshuti Manasseh, bamushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko guhindura Umugabane wa Afurika, bisobanuye gushyira imbere ikoranabuhanga mu bukungu bwawo.
Akarere ka Nyarugenge ku bufatanye n’Umurenge wa Kimisigara bashimiye abafatanyabikorwa bakoranye mu bukangurambaga bugamije kurwanya imirire mibi mu bana hanozwa amafunguro yabo, no kongera isuku n’isukura.
Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, ari mu ruzinduko rw’akazi muri Pologne aho yitabiriye inama ya Polisi Mpuzamahanga.
Umuhoza Olive ukomoka i Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, avuga ko yarokotse Jenoside wenyine mu muryango, kuko ababyeyi be ndetse n’abo bavukanaga bose bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu Kagari ka Rwambogo, Umurenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, haravugwa urupfu rw’umwana w’umuhungu w’imyaka 16, nyuma yo kugezwa kwa muganga arembye, bamupimye basanga yanyoye tiyoda, se ukekwaho kubigiramo uruhare akaba yarahise atoroka n’ubu aracyashakishwa.
Ikipe ya Kiyovu Sports yageze muri ½ cy’Igikombe cy’Amahoro isezereye Rwamagana City, mu gihe Rayon Sports yatsinze Police FC 3-2 mu mukino ubanza wa ¼.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko mu mpera za 2023, abaturage bangana 80% bazaba bafite umuriro w’amashanyarazi kubera umushinga munini watangiye gukorera mu Mirenge yose n’Utugari 48.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko bwa mbere hagiye gutegurwa amarushwanwa yo Kwibohora mu gihe u Rwanda ruzizihiza uyu munsi ku nshuro ya 29.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr. Ngabitsinze Jean Chrysostome, avuga ko umuntu uzi ahajugunywe imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ariko akaba atahagaragaza ngo ishyingurwe mu cyubahiro adakwiye ijuru kabone n’ubwo yaba asenga Imana ariyisaba.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami rishinzwe Ubuzima, Nakato Agnes, avuga ko kugira ngo umuhigo wa Mituweli ujye weswa 100% hagiye gushyirwaho ibimina byo ku rwego rw’Isibo bizakusanyirizwamo imisanzu y’abahatuye.
Akarere ka Musanze kaza muri dutanu mu gihugu twugarijwe n’igwingira, aho gafite 45% by’abana bagwingiye, kakaba gakomeje gukaza ingamba zo kurwanya icyo kibazo, koroza abaturage inkoko.
Izina Nyinawimana, uwaryumva yahita yumva umubyeyi Bikiramariya Nyina wa Yezu Christu, ariko mu Karere ka Gicumbi hari umusozi witiriwe Nyinawimana, ndetse hashyirwa n’ibikorwa bitandukanye byitirirwa iri zina.
Hari abantu bagira ikibazo cyo kugira impumuro mbi mu kanwa bitewe n’impamvu zitandukanye, zirimo izishingiye ku burwayi, imiti imwe n’imwe cyangwa se umwanda.
Perezida Paul Kagame ari mu gihugu cya Zimbabwe aho yitabiriye inama yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga muri Afurika (Transform Africa) aho igiye kuba ku nshuro yayo ya gatandatu.
Gen Muhoozi Kainerugaba nyuma yo gusubira mu gihugu cye cya Uganda, yatangaje ko yishimiye uburyo yakiriwe n’umuryango wa Perezida Paul Kagame, bakamufasha kwizihiza ibirori by’isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 49.
Abantu bakunze kubura ibitotsi ntibasinzire ngo baruhuke uko bikwiye bahura n’ingaruka zitandukanye, zirimo no kwangirika k’ubwonko, kuko ubwonko bukenera kuruhuka neza kugira ngo bushobore gukomeza gukora neza.
Mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Nyamiyaga, abantu batanu batawe muri yombi nyuma yo kwanga gutanga amakuru y’aho imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside bayishyize.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 17 muri Handaball, kuri uyu wa Gatatu yatsinze umukino wa kabiri mu mikino y’akarere ka 5, irimo kubera muri Tanzania.
Malaria niyo ndwara ihitana abantu benshi ku Isi, ariko ikibasira cyane cyane umugabane wa Afurika, aho abapfa bishwe n’indwara kuri uwo mugabane, Malaria yiharira 80%.
Iperereza ryakozwe ku murambo (ibuye), ryagaragaje ko umugore witwa Amina Abdallah yabeshye ko umwana we yahindutse ibuye, agamije gushimisha umugabo we.
Mu kiganiro EdTech Monday cyatambutse kuri KT Radio tariki 24 Mata 2023, gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation, bagaragaje ko kwigisha ikoranabuhanga abana bakiri bato, ari bumwe mu buryo bwatuma riborohera kurikorseha.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Mata 2023, APR FC yabaye ikipe ya mbere igeze muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro 2023, nyuma yo gutsinda Marine FC 4-2.
Nyuma y’uko ku wa Gatatu tariki 19 Mata 2023 abantu batandatu bagwiriwe n’ikirombe mu Mudugudu wa Gasaka, Akagari ka Gahana, Umurenge wa Kinazi, Akarere ka Huye, ku wa Kane tariki ya 20 ubuyobozi bukazana Caterpillars zigatangira gucukura kugira ngo bakurwemo, na n’ubu kubageraho bikomeje kugorana.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda muri Handball y’abatarengeje imyaka 17 mu bakobwa yatsinze umukino wa mbere mu irushanwa IHF Trophy riri kubera muri Tanzania.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Mata 2023, abagabo batanu bo mu Mudugudu wa Munini, Akagari ka Jenda, mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu mugoroba wo Kwibuka ku nshuro ya 29 Genocide yakorewe Abatutsi mu Karere ka Nyanza, abahavukiye bibukiranyije ku mateka ya mbere ya Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Uburezi, Dr. Valentine Uwamariya, avuga ko hamwe na Minisiteri y’Ubumwe n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), barimo gushaka uko hazajya higishwa amateka mu buryo busobanutse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwasabye urubyiruko rwibumbiye mu nzego zitandukanye z’abakorerabushake, gukoresha imbaragaga bafite mu guteza imbere abaturage, kuko aka karere ari ko kaza ku isonga mu kugira umubare munini w’abakorerabushake ku rwego rw’Igihugu.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame baraye bakiriye Gen. Muhoozi Kainerugaba n’itsinda bari kumwe, mu muhango wo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 49.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na Television Rwanda yatangaje ko hari Abanyarwanda bamaze guhungishwa bageze mu bihugu bituranye na Sudani birimo Djibouti.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr Utumatwishima Abdallah, asanga hari amahirwe menshi iterambere ry’Igihugu ryubakiyeho, urubyiruko rukwiye kubyaza umusaruro, kugira ngo iterambere ryarwo n’iry’Igihugu ryihute.