Madamu Jeannette Kagame yatangije ku mugaragaro imbonezamikurire y’abana bato (ECD) muri Village urugwiro ryiswe ‘Eza-Urugwiro ECD Centre’ riherereye muri Perezidansi y’u Rwanda.
Mu muhango ngarukamwaka wo kwita izina abana b’ingagi baba baherutse kuvuka, muri 2022, abana bavutse muri 2021 na 2022 ni bo biswe amazina. Ni umuhango wabereye muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, aho witabiriwe n’ibyamamare biturutse hirya no hino ku isi. Ni ibirori byitabiriwe na (…)
Umuhanzi Massamba Intore agiye kumurika Album iriho indirimbo 16 ziri mu njyana akunze kwibandaho ya gakondo, mu rwego rwo gusigasira umuco nyarwanda. Album Massamba Intore arimo arakora iriho indirimbo za Gakondo harimo n’iza se, Sentore Athanase Rwagiriza yahimbye ndetse n’izindi yagiye asubiramo zahimbwe n’abandi (…)
Polisi y’u Rwanda ivuga ko abantu bajyana ibinyabiziga ngo bikorerwe ubugenzunzi (Controle technique), baba babikurikiye ku ikoranabuhanga, ndetse nabo barabyishimira kuko ibikorwa byose biba bigaragara neza, niba hari icyangiritse bakaba byirebera bakajya kugikoresha nta ngingimira.
Mu gihe imirimo yo gukwirakwiza amashanyarazi hirya no hino mu gihugu irimbanyije, ni nako abaturage bashishikarizwa kuyabyaza umusaruro, akababera inkingi ya mwamba y’iterambere ryabo, ntibigarukire ku gucana amatara gusa no gucomeka ibikoresho byifashishwa mu buzima bwa buri munsi nka telefoni, televiziyo, radiyo, frigo, (…)
Abahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Repubulika Iharanura Demokarasi ya Congo (RDC), bo mu Ntara y’Amajyaruguru, barishimira uburyo Leta ikomeje kubafasha kuzamura iterambere ryabo, nyuma yo kwigishya imyuga inyuranye, bakaba bahawe n’igishoro kibafasha kunoza iyo mishinga.
Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCPD), iranenga bamwe mu banyamakuru bakomeje gushakira inyungu ku bantu bafite ubumuga bwo mu mutwe, babakoresha ibiganiro bihabanye n’ubunyamwuga, bakabasaba kubihagarika kuko ari ihohoterwa babakorera.
Abakora mu nzego zitandukanye z’ubutabera, barasaba gufashwa gusobanukirwa neza ibiba bikubiye muri raporo zikorwa na Labaratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera (RFL).
Ku bufatanye bwa ‘Rwanda Arts Council’, ‘RUA Concept’, ‘Ikembe Rwanda modern Music Union’, byose bikorera mu Rwnda, harategurwa igitaramo cyiswe ‘Twarawubyinnye Concert’, kizahuza abahanzi, abavanga imiziki (DJs), abayobora ibirori/ibitaramo n’abandi bamenyekanye mu myidagaduro mu myaka yashize, ni ukuvuga hagati ya 2000-2012.
Abaturage b’Umurenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bifuza iguriro ry’inyama (Butcher) rigezweho, kuko irihari ari rito kandi rikaba ritabereye ahantu hari umuhanda mwiza wa kaburimbo n’isoko rigezweho.
Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 1 Nzeri 2022, ikipe ya Kiyovu Sports na AS Kigali zakinnye umukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali, urangira amakipe yombi anganyije 0-0.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 1 Nzeri 2022 mu Rwanda habonetse abantu 4 banduye Covid-19 bakaba barabonetse mu bipimo 2,915. Abantu 3 muri bo babonetse i Musanze n’umwe i Kigali. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ari abantu 1,466.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC), ushinzwe kurinda no kurwanya indwara, Dr Albert Tuyishime, avuga ko ingamba zo kurwanya no kwirinda Malariya zashyizweho na Leta n’abafatanyabikorwa bayo, zatumye igabanuka ku kigero kiri hafi 90% mu myaka itandatu ishize.
Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), rwasabye abakozi barwo bakorera muri Kivu y’Amajyaruguru batuye mu Rwanda, gusubira mu gihugu cyabo.
Umuhanzi Tuyishime Joshua wamenyakanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Jay Polly, yitabye Imana ku itariki 02 Nzeri 2021, akaba yari azwi cyane mu muziki wo mu njyana ya Hip Hop. Ni umwe mu batangije itsinda rya Tuff Gang ryazanye impinduka muri muzika nyarwanda.
Abahinzi hirya no hino mu Gihugu bavuga ko batangiye gushyira imbuto mu butaka, nyuma yo kubona imvura y’Umuhindo yatangiye kugwa mu mpera za Kanama 2022.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriye mugenzi we wa Uganda Gen Odongo Jeje Abubakhar kuri uyu wa Kane, bumvikana uko umubano w’ibihugu byombi warushaho kubyazwa umusaruro.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’ubutabera n’amahoro mu Rwanda, bwagaragaje ko ibihano biremereye bigenwa n’itegeko rihana ihohoterwa rishingiye ku gitsina, biri mu bituma abagore bahohoterwa n’abagabo babo ntibashake ubufasha mu mategeko.
Minisitiri wa Siporo, Aurore Munyangaju Mimosa ari kumwe na Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Dr Ernest Nsabimana, basuye Stade Huye ku wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022, maze banyurwa n’uko yavuguruwe.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 mu mukino wa Handball, yatsinzwe na Misiri umukino wayo wa kabiri w’Igikombe cya Afurika, kirimo kubera muri BK Arena i Kigali, ibitego 44-30.
Urwego rw’Igihugu rw’iterambere RDB rwatangaje bamwe mu banyacyubahiro bazitabira umuhango wo kwita amazina abana b’ingagi 20. Muri aba banyacyubahiro harimo Umunya-Côte d’Ivoire wamamaye mu mupira w’amaguru, Didier Drogba n’Igikomangoma Charles cya Wales mu Bwami bw’u Bwongereza. Aba bari ku rutonde rw’abazita izina abana (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, avuga ko urubyiruko mu Rwanda rufite umukoro wo kubaka amahoro no kwigisha ibihugu bituranye, kubaka amahoro kuko ruzi neza ikiguzi cyayo.
Guhera ku ya 31 Kanama 2022, nibwo humvikanye inkuru y’ifatwa rya Bruce Melodie, akaba akurikiranyweho ibyaha by’ubwambuzi bushukana, kuko ngo hari amafaranga yakiriye avuga ko azaririmbira mu Burundi ariko ntiyabikora.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya 11 cy’impunzi n’abasaba ubuhungiro 101 bavanywe muri Libya, bose bakaba bageze mu Rwanda amahoro.
Ishuri ryigisha umukino wa karate cyane ku bana bato ‘The champions Sports Academy’ ryazamuye mu ntera abana 95 bava ku mikandara imwe bajya ku yindi.
Habiyambere Phocas wo mu kigero cy’imyaka 30 wo mu Kagari ka Rwambogo mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, biravugwa ko amaze imyaka isaga 20 afungiranye mu nzu aho byanamuviriyemo ubumuga bukomeye bw’ingingo busanga ubwo mu mutwe yari afite.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse abantu 12 banduye Covid-19 bakaba barabonetse mu bipimo 2,922.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Mukura VS mu mukino wa gicuti wateguwe na Mukura VS ubwayo ariko ikawakirira kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo yatsindiweho ibitego 2-1.
Abaturage bagana Ikigo nderabuzima cya Nyakiriba, giherereye mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabihu, baravuga ko bagorwa no kuba inzu ababyeyi babyariramo yaho (Maternité), imaze igihe yarafunze imiryango, ubu ababyeyi batwite bakaba bakora ingendo ndende kandi zivunanye, bajya kubyarira ku bindi bigo nderabuzima cyangwa (…)
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Muhizi Anatole, ukekwaho kubeshya Perezida wa Repubulika ubwo yari mu ruzinduko mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba, akaba yaramubwiye ko yariganyijwe inzu ye.
Umuhanzi The Ben yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Uwicyeza Pamella, umuhango wabereye mu Murenge wa Kimihurura, mu Karere ka Gasabo.
Akarere ka Gicumbi kashyizeho gahunda ya Ngira nkugire Tugeraneyo, izabafasha kugabanya umubare w’abana bagwingiye.
Abacuruzi b’ibiribwa n’imyambaro mu Murenge wa Mimuli bari mu byishimo, nyuma yo kubakirwa isoko rya kijyambere rifite agaciro k’arenga Miliyoni 684Frw, mu gihe bari bamaze umwaka bakorera mu gishanga.
Ibigo bigize BK Group byatangarije abanyamigabane babyo hamwe n’abakiriya muri rusange, ko byungutse miliyari 28 na miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2022.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, baremeye mituweli abantu 1400 bo muri uwo murenge batishoboye, mu rwego rwo guteza imbere ihame ry’imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Abahinzi b’ibihumyo bavuga ko umuntu washora amafaranga nibura ibihumbi 50Frw muri icyo gihingwa ku butaka butarenga metero kare(m²) imwe mu rugo iwe, ashobora gukuramo ibihumbi 100Frw mu gihe kitarenga amezi atatu.
Umunya-Mali Moussa Camara uheruka gusinyira ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangira imyitozo n’abandi bakinnyi ku kibuga cy’imyitozo kiri ku Ruyenzi
Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa yaraye asuye ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi aho iri mu mwiherero mu karere ka Huye.
Umuyobozi wa nyuma wa Leta zunze Ubumwe z’Abasoviyete (URSS), Mikhaïl Gorbatchev, yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, afite imyaka 91 y’amavuko.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko nyuma yo kumenya ko umurimo ari ingenzi mu gutegura ahazaza heza, biyemeje gukangurira bagenzi babo gukura amaboko mu mifuka bagakora.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yashimiye ubuyobozi bw’umujyi wa Goma, bwafashije Abanyarwanda bari bashimuswe n’ingabo za Congo (FARDC) gutaha mu Rwanda, nyuma yo gufatirwa mu kibaya gihuza ibihugu byombi barimo gutashya, bose bakaba bameze neza.
Urwego rw’ Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), rworoje imiryango 23 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye yo mu Karere ka Ruhango, mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball mu batarengeje imyaka 18 yatangiye itsinda Madagascar ibitego 53-32 mu gikombe cya Afurika kirikubera muri BK Arena.
Ikipe ya Manchester United yatangaje ko yaguze umukinnyi Antony w’imyaka 22 y’amavuko, wakiniraga ikipe ya Ajax yo mu Buholandi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse abantu 6 banduye Covid-19 bakaba barabonetse mu bipimo 3,332. Abantu 4 banduye babonetse i Musanze, umwe i Karongi n’umwe i Rusizi. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize (…)
Ku wa Gatanu tariki 02 Nzeri 2022 ni bwo hazaba umuhango ukomeye wo Kwita Izina abana b’ingangi 20, uzabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze nk’uko byari bisanzwe mbere y’uko Covid-19 yaduka igatuma abantu badahurira hamwe ari benshi.
Itsinda ry’abaganga 15 bo mu ngabo z’u Rwanda bifatanyije na bagenzi babo baturutse mu bihugu bigize Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba mu cyumweru cyahariwe ubutwererane bw’Ingabo n’abasivili (CIMIC) muri Tanzania, batanga ubuvuzi ku barwayi.
Dosiye ya Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco yashyikirijwe Ubushinjacyaha. Ni dosiye yari imaze iminsi ikorwaho iperereza n’Urwego rw’Ubugenzacyaha ‘RIB’, kuko urwo rwego rwatangiye kuyikoraho guhera muri Gicurasi 2022, ubwo Bamporiki Edouard yahagarikwaga mu kazi, (…)
Abayobozi bo mu bihugu 27 bya Afurika bafite aho bahuriye n’ingendo zo mu kirere, barimo kwigira hamwe uko ibibazo biri mu bwikorezi bwo mu kirere byakemuka.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Huye, tariki ya 29 Kanama 2022 bwakiriye dosiye bukurikiranyemo umukobwa w’imyaka 20 ukekwaho kuba ku itariki ya 18/08/2022 yarasambanyije umwana w’umuhungu w’imyaka 10 mu Mudugudu wa Rurenge, Akagari ka Kibu, Umurenge wa Mugombwa, Akarere ka Gisagara.