Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwakatiye igifungo cya burundu Murwanashyaka Charles bitaga Gacumba, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica umugore we Yankurije Vestine yabigambiriye, bakaba bari bafitanye umwana umwe.
Abanyonzi bakorera mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, biyemeje kureka amakosa bakorera mu muhanda, arimo gufata ku modoka igihe bageze ahazamuka.
Zimbabwe ibaye igihugu cya mbere ku Mugabane wa Afurika, kigiye gutangira gutanga urukingo rwa virusi itera SIDA, icyo gihugu kandi kibaye icya gatatu ku Isi cyemeje urwo rukingo nyuma ya Amerika na Australia.
Umuhanzi Aline Gahongayire yateguye igitaramo cyo gushima Imana, kizaba tariki 30 Ukwakira 2022 muri Serena Hotel, kirimo amatike atandukanye harimo n’ay’ibihumbi 150Frw.
Ababyeyi bo mu Karere ka Muhanga batishoboye bafite abana bafite ubumuga, barifuza ko abo bana bashyirirwaho gahunda yihariye yo kuboneza imirire, kuko iyo bayinjijwemo bakoroherwa bagasubira mu miryango yabo bongera gusubira mu mirire mibi.
Abikorera bo mu Karere ka Musanze, bafatanyije n’ubuyobozi bwako, batangiye gutunda itaka ryo kubakisha inzu z’abatishoboye, bo mu Mirenge ibarizwa muri gace k’amakoro.
Ku wa Kane tariki 20 Ukwakira 2022, abantu 50 barimo 10 bo mu nzego z’umutekano nibo bapfuye muri Tchad, baguye mu myigaragambyo y’abaturage bari bahanganye na Polisi.
Ese ni ryari bivugwa ko umugore cyangwa umukobwa afite imihango idasanzwe, cyangwa se myinshi irenze urugero?
Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite, yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigena imikoreshereze y’ingingo z’umuntu n’uturemangingo.
Kubera kuzerereza amatungo cyane cyane inka, Njyanama z’Uturere tugize Intara y’Iburasirazuba cyane ahagaragara iyi ngeso, zirimo kongera ibihano ku zafashwe zitari mu nzuri cyangwa mu biraro.
Impuazamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika yatangaje urutonde rw’abasifuzi bazasifura irushanwa rya CHAN, rugaragaramo abanyarwanda batatu
Ku bufatanye na Federasiyo y’umukino wa karate mu Rwanda (FERWAKA) na Rwanda Shoseikan, kuri uyu kane tariki ya 20 Ukwakira i Kigali hatangiye amahugurwa y’iminsi ine agenewe abakinnyi n’abatoza b’umukino wa karate mu Rwanda.
Ubushakashatsi buheruka gukorwa ku bijyanye n’ubuzima bwo mu kanwa (Oral Health) muri 2018, bwagaragaje ko abarenga 60% by’Abanyarwanda batajya bakora isuku yo mu kanwa.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 20 Ukwakira 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Rory Stewart, Umuyobozi w’Umuryango GiveDirectly. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu dukesha iyi nkuru byatangaje ko Perezida Kagame na Stewart, bagiranye ibiganiro byibanze ku guteza imbere ubufatanye bugana ku mibereho n’ubukungu.
Abaturage 100 batishoboye, bo mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, barishimira igikorwa cy’umugiraneza wabarihiye mituweli, kuko bizabafasha kwivuza batararemba.
Aborozi bagemura amata ku ikusanyirizo ryayo rya Rwimbogo mu Karere ka Gatsibo, barishimira ko amata yabo atazongera kwangirika kubera ko babonye imashini zikoresha imirasire y’izuba mu kuyakonjesha.
Kuri uyu wa Kane tariki 20 Ukwakira 2022, Minisitiri w’Ubuzima wa Indonesia yatangaje ko ikoreshwa ry’imiti y’amazi ‘Sirop’ yose yahabwaga abana rihagaritswe, nyuma y’uko hapfuye abana 99, abafite ububiko bw’iyo miti basabwe ko baba bahagaritse kuyicuruza mu gihe iperereza ritararangira.
Abagore bagize itsinda “Rambagirakawa”, bibumbiye muri Koperative Dukunde Kawa ikorera mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, mu buboshyi n’ubudozi bakora, bamaze kuvumbura Cotex ifite ubushobozi bwo gukoreshwa mu gihe cy’imyaka itatu.
Liz Truss wari Minisitiri w’Intebe mu Bwongereza, yasezeye kuri uwo mwanya nyuma y’iminsi itarenga 45, ni ukuvuga ibyumweru bibarirwa muri bitandatu, yari amaze muri ako kazi.
Perezida Mahamat Idriss Deby wa Chad, yatangaje ko hashyizweho ibihe bidasanzwe mu gihugu, guhera wa Gatatu tariki 19 Ukwikira 2022, kubera imyuzure myinshi imaze kugira ingaruka ku baturage basaga miliyoni.
Itsinda rya mbere ry’abarimu 154 b’Abanya-Zimbabwe batsinze ibizamini by’akazi ko kwigisha mu Rwanda, bageze mu gihugu ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 19 Ukwakira 2022.
Umuryango mpuzamahanga uzwi nka ‘International Rewards Program – IRP’ ni umuryango ufite porogaramu iteza imbere abaturage ihereye ku bucuruzi bwungutse neza, bugahemba abakiriya babuteje imbere, bityo n’Igihugu kikabyungukiramo kuko abaturage iyo bateye imbere, ubucuruzi bugatera imbere, n’imisoro iboneka ari myinshi, (…)
Abantu benshi bagiye ku kibuga cy’indege cya Tehran muri Iran, kwishimira Elnaz Rekabi ukina umukino wo kurira, wakoze irushanwa muri Korea y’Epfo atambaye igitambaro mu mutwe kizwi nka hijab, bamwita intwari.
Abanyarwanda basaga Miliyoni ebyiri ni bo bamaze gutanga imisanzu yo kwiteganyiriza muri EjoHeza, bakaba bamaze gutanga imisanzu isaga Miliyari 35Frw, mu gihe cy’imyaka itatu n’igice iyo gahunda itangijwe mu Gihugu.
Intara y’Amajyaruguru ikomeje kuza imbere mu kugira mubare munini w’abafite ibibazo byo mu miryango muri uyu mwaka wa 2022, byiganjemo amakimbirane mu miryango n’abangavu baterwa inda.
Minisiteri y’Uburezi ivuga ko ikibazo cy’abana bata ishuri gihangayikishije, bityo ko kireba umuryango nyarwanda muri rusange aho kugiharira bamwe.
Amakoperative 15 akora ubucuruzi bwambukiranya imipaka yiganjemo ay’abagore mu Karere ka Rubavu, yashyikirijwe inkunga ya moto z’amapine atatu zizwi nka ‘Lifan’, zibafasha kwambutsa ibicuruzwa byinshi.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) muri iyi minsi yakoze umukwabu wo gufata imashini zikinirwaho imikino y’amahirwe zizwi nk’ibiryabarezi zikora ba nyirazo badafite ibyangombwa bibemerera kuzitunga no kuzikoresha mu Rwanda.
Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda yashyizeho ko abana biga mu mashuri y’incuke n’abanza bazajya batanga amafaranga 975 ku gihembwe kugira ngo babashe gufatira amafunguro ku ishuri, abana babaye benshi mu mashuri y’incuke.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko u Rwanda rufite ubushobozi bwo kwakira abarwayi ba Ebola barembye barenga 30, n’abandi batarembye barenga 80. N’ubwo amakuru aturuka muri iyi Minisiteri avuga ko nta bwandu bwa Ebola buragaragara mu Rwanda, ariko hakomeje imyitozo ndetse n’imyeteguro bitandukanye, bigamije (…)
Sosiyete y’Igihugu yo gutwara abagenzi mu ndege, RwandAir, iravuga ko guhera ku itariki 6 Ugushyingo 2022, izatangira gukorera ingendo hagati ya Kigali na London Heathrow nta handi ihagaze, muri gahunda yo gusubiza ibyifuzo by’abakiriya bayo.
Itsinda ry’intumwa z’u Rwanda ziyobowe n’Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Col (rtd) Jeannot Ruhunga, ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi, DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, bari mu murwa mukuru w’u Buhinde, New Delhi, aho bitabiriye Inteko (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, butangaza ko bumaze kugabanya igwingira ku gipimo cya 17%, aho bashoboye kurikura kuri 49.1% muri 2015 kugera kuri 32.2% muri 2022, kakaba karahize utundi turere tw’iyo Ntara.
Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Museveni wa Uganda, atangaza ko nta muntu ugomba kumukumira gukoresha urubuga rwe rwa Twitter, kuko ari umuntu mukuru ugomba kwifatira ibyemezo.
Nyuma y’uko Inteko Rusange, Umutwe w’Abadepite yanze kwemeza ishingiro ry’umushinga w’itegeko ryerekeye ubuzima bw’imyororokere, ko ingimbi n’abangavu bagejeje ku myaka 15 bakwemererwa guhabwa serivisi zo kuboneza urubyaro, inzego z’ubuzima zagize icyo zitangaza ku makuru y’imiti ikoreshwa mu kuboneza urubyaro.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryavuze ko umukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyiona Mukura VS izakiramo Kiyovu Sports uzabera i Huye tariki 23 Ukwakira 2022 nk’uko byari biteganyijwe mu gihe hari hasabwe ko wabera i Kigali.
Imiryango igera kuri 40 ituye mu mudugudu w’ikitegererezo wa Rugabano mu Karere ka Karongi, ntifite ubwiherero kuko ubu bifashisha ubw’abaturanyi babo, bagasaba ko babwubakirwa kuko bibabangamiye.
Umuhanzi Muragwa Felix na mugenzi we Diane Nyirashimwe basanzwe baririmba indirimbo zo guhimbaza Imana, bahuje imbaraga bashyira ahagaragara amashusho y’indirimbo bise ‘Amahoro Masa’.
Banki ya Kigali (BK) yashyikirijwe igihembo yegukanye nka Banki ihiga izindi mu Rwanda muri 2022, mu bihembo ngarukamwaka bitangwa na Global Finance, bikaba bihabwa amabanki n’Ibigo by’imari ku isi byahize ibindi mu gutanga serivise nziza ku mukiriya.
Tariki 18 Ukwakira 2007, tariki 18 Ukwakira 2022, imyaka 15 irashize umuhanzi Lucky Philipe Dube atabarutse.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François na Maj. Gen. Alexis Kagame, barasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kudahutaza abaturage mu kwishyura EjoHeza, kuko ubwo bwiteganyirize bugibwamo n’ubushaka.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Imyuga, Tekiniki n’Ubumenyingiro, Paul Umukunzi, arasaba inzego zose zo mu Ntara y’Amajyaruguru, kugira ubufatanye mu kugarura abana, bikomeje kugaragara ko bataragera ku mashuri, kugira ngo bibarinde gucikanwa n’amasomo.
Mu gihe u Rwanda rufite intego yo kugeza ku barutuye umuriro w’amashanyarazi ku kigero cya 100% mu 2024, ku mugabane wa Afurika haracyabarirwa abarenga miliyoni 500 bataragerwaho nawo.
Umukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona biteganyijwe ko Mukura VS izakiramo Kiyovu Sports tariki 23 Ukwakira 2022 ushobora kwimurirwa i Kigali aho kubera i Huye.
Umuyobozi mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ushinzwe Ubworozi, Dr. Solange Uwituze, arashishikariza ba rwiyemezamirimo gukora ubworozi bw’amafi ku bwinshi hagamijwe umusaruro wayo ukarenga uboneka mu burobyi kuko ukiri 10%.
Abagore bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko bakomeje inzira yo kwiteza imbere kandi barwanya ingeso ya ‘Ndongora Nitunge’ binyuze mu kwibumbira mu matsinda abafasha kubitsa no kugurizanya.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye General Muhoozi Kainerugaba n’itsinda bari kumwe, ubwo basozaga uruzinduko rwihariye bagiriraga mu Rwanda.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, iratangaza ko hari ibyagaragaye mu muco nyarwanda bibangamiye ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bishingiye ku nkwano.
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yavuze ko umuhungu we, Gen Muhoozi Kainerugaba, atazongera kugira ibitekerezo anyuza kuri Twitter birebana na gahunda za Guverinoma.