Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) ivuga ko nubwo mu Rwanda umubare w’abahitanwa na Malariya wagabanutse, yo ikomeje kwiyongera, igakangurira Abanyarwanda kurushaho gukaza ingamba zo kuyirinda.
Abadozi bo mu Rwanda bemeza ko imyenda badoda idahenze ahubwo ko ikibazo giterwa n’abayibaranguraho bakajya kuyicuruza bayihenze bitewe n’aho bayigurishiriza.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku bidukikije (REMA), bwerekanye ko umwuka Abanyarwanda bahumeka uhumanye ari yo mpamvu ugiye kujya upimwa.
Ubwo basuraga Ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, abakozi b’umurenge wa Gishamvu bigiye ku Nkotanyi uko umuntu yakoresha bike afite akagera ku ntego.
Umuryango SEVOTA ukorera muri Kirehe wahuguye unafasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, babasha kubana neza n’abo bavugaga ko badahuje amoko, ndetse hari n’abashakanye kandi ngo babanye neza.
Gasangwa Innocent wo muri Kicukiro yahaye imodoka ye umuntu ngo ajye kumva uko imeze kuko yashakaga kuyigurisha birangira ayibuze ahubwo igurishwa n’uwo yayihaye.
Uko iterambere mu ikoranabuhanga rirushaho gukataza ku isi, ni nako abarikoresha baba bagomba kugendana n’uwo muvuduko kugira ngo hatagira ikibacika.
Henshi na henshi mu Rwanda abantu bakenera serivise z’abanoteri, bakundaga kwinubira ko zikunze gutinda, bitewe cyane cyane n’umubare munini w’abazikeneraga udahwanye n’umubare w’abazitanga.
Muri komite z’imigoroba y’ababyeyi mu Mujyi wa Kigali byagaragaye ko abagabo ari bake cyane ndetse n’abitabira ibikorwa byayo bakaba ari mbarwa bagakangurirwa kuyitabira.
Bamwe mu batuye mu turere dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali bavuga ko hari aho serivisi zigitinda, bagasaba ko byakosoka kuko bituma basiragira bagatakaza umwanya bakoramo ibindi.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yandikiye abayobozi b’uburere bose ibamenyesha ko itazongera kwihanganira imikoreshereze n’imicungire itanoze y’ibikoresho by’ikoranabuhanga mu mashuri.
Umulisa Christine (Izina yahawe muri iyi nkuru), ni umubyeyi wo mu Murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ahamya ko inzira y’umusaraba yanyuzemo, aho yakubiswe, agasambanywa inshuro nyinshi ndetse akanandura SIDA, bitatumye yiheba burundu.
Muri Jenoside Mukanyana Vestine baramutemye ariko ntiyapfa, n’uwamukuye mu mirambo aho bari bamujugunye amujyana iwe akajya afatanya na murumuna we kumufata ku ngufu.
Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’abadepite, Hon Mukabalisa Donatilla, yemeza ko gutereranwa no kwibasirwa n’amahanga ari byo byahaye Abanyarwanda imbaraga zo kwigira.
Aborozi b’ingurube bavuga ko hari abamamyi bakunze kwitambika hagati y’abaguzi b’ingurube na ba nyirazo bigatuma bagurisha kuri make bikabateza igihombo.
Urubyiruko ruhurira mu matsinda yo gukiza no komora ibikomere akorana n’umuryango Never Again Rwanda (NAR) rwemeza ko abafasha gukira ihungabana rikomoka kuri Jenoside.
Mu Rwanda harakorwa ubukangurambaga bwiswe ‘Impuruza’ nyuma y’aho ku isi bigaragariye ko mu bana 10 bafite ubumuga umwe gusa ari we wiga.
Ubuyobozi bwa koperative Zigama CSS buvuga ko mu mwaka ushize yungutse miliyari 3Frw zirenga ku rwunguko rwari ruteganyijwe.
Gutanga serivisi nziza ku bagana ibigo binyuranye ngo ni byo bituma iterambere ry’u Rwanda ryiyongera, kuko ibyo abantu bakora byose bigenda neza bikabungura.
U Rwanda na Nigeria byasinye amasezerano y’imikoreshereze y’ikirere (BASA) aho indege za RwandAir zemerewe bidasubirwaho gukoresha ibibuga by’indege byose bya Nigeria.
Mukundwa Safi, umuyobozi w’umuryango ‘Safi Life Organization’ (SLO) avuga ko ubufasha yahawe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yatemaguwe ariko akabaho, bwatumye yiyemeza gufasha abandi.
Mu Rwanda kugeza ubu hari abaganga babaga mu mutwe batarenga bane bigatuma ibitaro bihorana urutonde rurerure rw’abashaka ubwo buvuzi.
Mu ntangiriro z’umwaka utaha ibihugu byasinye amasezerano yo kureka gukoresha ibikoresho bikonjesha (Air Condition na Frigo), bihumanya ikirere bizatangira kubisimbuza, bityo n’ibindi bihugu bitasinyeaya masezerano biboneraho kuyasinya.
Abayobozi batandukanye bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bemeza ko ingufu zikenerwa ahantu hatandukanye zikiri nkeya cyane kuko zitarenga Megawatts 4000.
Uturere ngo tugira abakozi benshi cyane bigatuma abashinzwe kugenzura imikorere yabo bibagora ntibabashe kubakurikirana uko bikwiye, bikagira ingaruka no ku musaruro batanga.
Serugo Shadrack (izina yahawe) umaranye diyabete imyaka 10 avuga ko yatakaje ibiro 50 kubera ukuntu iyo ndwara imubabaza ikamubuza amahwemo ikaba yaranamukenesheje.
Abaturage 70 batishoboye bo mu Murenge wa Gahanga muri Kicukiro bishimiye ko batazongera kurembera mu nzu kuko umuryango Rwanda Legacy of Hope wabishyuriye mituweri.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yavuze ko u Rwanda ntawe rushobora kwima ubuhungiro aruhungiyeho, ariko yongeraho ko uzaza wese agomba kugendera ku mategeko asanze.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangaje ko agatotsi kaje mu mubano w’u Rwanda na Uganda atari ikibazo kizananirana kuko ibihugu byombi byiteguye kubiganiraho.
Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) gitangaza ko kigiye gushyiraho abantu basobanukiwe n’iby’umuziranenge bazafasha inganda nto, kugira ngo zikore ibyujuje ubuziranenge.