Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko kwica abagore n’abana muri Jenoside yakorewe Abatutsi, wari umugambi wo kurimbura burundu Abatutsi, ngo hatazagira uwongera kubabyara, cyangwa hatazagira umwana w’Umututsi ukura akabaho akazororka.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Uwamariya Valentine, avuga ko mu rwego rwo gushishikariza Abahutu kwica Abatutsi mu yahoze ari Komini Tambwe, ubu ni mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, ubuyobozi bwafashe Umututsi bumwicira ku ibendera rya Komini kugira ngo butinyure abicanyi.
Minisiteri y’Ubutabera MINIJUST iratangaza ko hari raporo zijya zikorwa n’imwe mu miryango mpuzamahanga yitwa ko iharanira Uburenganzira bwa Muntu, igaragaza ko u Rwanda hari aho runyuranya n’ibiteganywa n’amasezerano mpuzamahanga, nyamara izo Raporo zikagoreka ukuri kw’ibiriho.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Muhanga, batangaza ko kugira Perezida wa mbere wayoboye u Rwanda, byazaniye urupfu Abatutsi aho kubazanira iterambere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko inzibutso eshatu z’abazize Jenoside za Kamonyi, Bunyonga na Mugina, ari zo zizakomeza kwakira no kwimurirwamo imibiri y’abazize Jenoside yari ishyinguye mu mva zitandukanye, no kwakira izagenda iboneka mu rwego rwa gahunda ya Leta yo guhuza inzibutso ku rwego rw’Uturere.
Abagize Inteko Ishinga Amategeko barasaba ko ingengo y’imari yateganya amafaranga yo kwishyura abaturage bimurwa ku nyungu rusange, kuko bimaze kugaragara ko kwimurwa kwabo hari aho binyuranya n’itegeko ibyabo bikangizwa batarishyurwa.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa, yatangaje ko umuhanda Kigali-Muhanga wari uteganyijwe gukorwa mu ngengo y’imari 2025-2026, utagikozwe kuko inyigo yawo itararangira.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo MININFRA n’Abafatanyabikorwa bayo barimo Ikigo gutanga imodoka zikoresha amashanyarazi BasiGo, n’Ishyirahamwe ry’abatwara abantu mu modoka mu Rwanda RTA, batangije gahunda yo gutwara abagenzi mu modoka zikoresha amashanyarazi, ku muhanda Kigali-Muhanga-Nyanza-Huye, mu rwego rwo kubungabunga (…)
Abadepite banenze imishinga yo kuhira hirya no hino mu Gihugu, yatwaye akayabo ka Miliyari 60 z’Amafaranga y’u Rwanda ariko ikaba idakora neza, ikaba ikomeje kudindiza gahunda ya Leta yo gushyira umuturage ku isonga.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango, barasaba ko inzego zibishinzwe zishaka ibisubizo by’ibibazo bafite, aho guhora bisubirwamo mu bihe byo kwibuka, kuko ari bwo abakeneye ubufasha barushaho kwitabwaho, na bo bakumva ko barokokeye kubaho neza.
Rwagashayija Boniface utuye mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, aratangaza ko atigeze yimana ubutaka ku bwumvikane n’abapadiri ngo bwagurirweho Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe.
Inzego z’Uburezi n’abafite aho bahurira n’ikoranabuhanga mu burezi baratangaza ko kugira ngo ikoranabuhanga ribashe gushinga imizi mu myigishirize, bikwiye ko uruhare rw’ababyeyi rushyirwamo imbaraga, kuko usanga haba abo mu mijyi no mu byaro, hari abatarumva akamaro ko guha umwana igikoresho cy’ikoranabuhanga.
Icyerekezo cya Leta 2050, iteganya ko ubukungu bw’u Rwanda buzaba bushingiye ku bumenyi buteye imbere, ikoranabuhanga rikaba ari kimwe mu bizatuma bigerwaho ari na yo mpamvu u Rwanda rwiyemeje guteza imbere amasomo ya Siyansi mu ikoranabuhanga ari yo STEM (Science, Technology, Engineering and Mathematics).
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga mu yahoze ari Komini Ntongwe, ubu ni mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango, barishimira kuba imirimo yo kubaka inzu y’amateka basabye igihe kinini yaratangiye kubakwa.
Senateri Prof. Dusingizemungu Jean Pierre, arasaba abanyamategeko b’Abanyarwanda n’abanyamateka, gutekereza uko hakorwa ibirego ku Gihugu cy’u Bubiligi, cyazanye amacakubiri ashingiye ku moko yatumye habaho Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Rongi n’indi iwukikije, barishimira kuba bamaze kubakirwa ikimenyetso cy’amateka y’abishwe muri Jenoside, bakajugunywa muri Nyabarongo.
Rukundo uzwi nka Kanyeshuri avuga ko yarokotse ari umwe mu muryango we w’abantu 20, kimwe n’abandi benshi ngo bakaba barishwe ubwo bari ku gasozi ka Kesho aho bari bahungiye banirwanaho, abari babagiriye impuhwe bakabagemurira ibiryo, bageze aho umwe abagemurira igiseke cyuzuye inzuki, zirabarya baratatana babona uko babica.
Perezida wa Repubulika arasaba Abanyarwanda guhaguruka bakarwanira uburenganzira bwabo, byaba na ngombwa bagapfa baburwanira aho gupfa nk’isazi yicwa ihagaze.
Umubyeyi witwa Jean Bosco Nkurikiyinka wo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, amaze imyaka 14 arera abana batatu bo mu muryango ufungiye ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Senateri Uwera Pélagie arasaba urubyiruko muri rusange, gukora rukiteza imbere n’Igihugu muri rusange, kuko bimaze kugaragara ko ibihugu bikomeye bisigaye bisuzugura ibiri mu nzira y’Amajyambere kubera inkunga.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda ucyuye Igihe Wang Xuekun, asanga nta kure habaho ku nshuti yawe, iyo muri inshuti nyazo koko ahereye ku mubano mwiza w’u Rwanda n’Ubushinwa, ibihugu byombi bikaba biri ku ntera ndende ariko bitabibujije kubana neza.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rurihanangiriza ibitangazamakuru, imbuga za YouTube n’izindi mbuga nkoranyambaga zamamaza ibikorwa by’abatekamutwe, kuko nabyo bizajya bihanwa.
One Acre Fund igiye kongera gutera ibiti miliyoni 30 uyu mwaka, mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya Leta yo kuba buri rugo rufite nibura ibiti bitanu by’imbuto ziribwa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yahuriye na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Antoine Félix Tshisekedi mu biganiro byayobowe n’Umwani wa Qatar mu murwa mukuru Doha.
Umutwe wa AFC/M23 uratangaza ko kubera ibihano mpuzamahanga bikomeje gufatirwa abanyamuryango bayo, bitumye nta biganiro byashoboka ku mpande zombi.
Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe, yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yahagaritse umubano wayo nabwo mu bijyanye na dipolomasi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko ntawe ukwiye kuba yibaza impamvu u Rwanda rwashyizeho ingamba zarwo z’ubwirinzi, ku mupaka warwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), kuko ari uburenganzira bwarwo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’ibitaro bya Kabgayi, baratangaza ko bitarenze amezi abiri, haraba harangijwe imirimo yo gushyiramo icyuma kigezweho mu gupima indwara mu mubiri (Scanner), mu rwego rwo gufasha ababigana kubona serivisi zisumbuyeho.
Depite Bitunguramye Diogène arasaba abagize Umuryango by’umwihariko abagore, guharanira kurema imiryango yishimye kuko ari bwo bazaba bagize uruhare mu kubaka Igihugu cy’ejo hazaza.