Abafite ibigo by’ikoranabuhanga mu Rwanda baratangaza ko uko abanyeshuri biga siyansi bagenda barushaho gukoresha ikoranabuhanga mu guhanga udushya, ari inzira yo kubonera umuti ikibazo cy’abasabwaga uburambe bw’igihe runaka ngo bahabwe akazi mu Rwanda.
Ikiganiro EdTech Monday cyo kuri uyu wa 26 Kanama 2024, abafatanyabikorwa mu burezi barasesengura uburyo bwo gufatanyiriza hamwe ngo amasomo yigisha Siyansi yinjizwe mu ikoranabuhanga mu rwego rwo gukomeza guteza imbere uburezi mu Rwanda.
Minisiteri y’ubucuruzi n’Inganda MINICOM iratangaza ko iri gushakisha ibisubizo ku bibazo by’abatunganya umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, byo kubona ibyo gupfunyikamo, kimwe no kubona ibyo abaturage bahahiramo mu gihe politiki ya Leta ari uguca ibikoze muri pulasitiki n’amasashi atabora.
Abaturage bo mu Mirenge ya Nyamabuye na Shyogwe mu Karere ka Muhanga barasaba inzego z’ubuyobozi, guhabwa ibisambu byahawe abikorera bakaba batabibyaza umusaruro bakabihinga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruratangaza ko rwataye muri yombi bwana Musonera Germain (Jerimani), wari igiye kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akekwaho.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, MINALOC yasohoye urutonde rw’Imiryango 43 ishingiye ku myenerere, igomba guhagarikwa kubera ko idafite ubuzima gatozi.
Abarokotse Jenoside bo mu Mirenge igize agace ka Ndiza mu Karere ka Muhanga, barashinja Germain Musonera bahamagara (Jerimani), wari ugiye kuba Umudepite mu Nteko ishinga amategeko, kubicira ababo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga bashyikirije inka wa mubyeyi witwa Kamugisha Marie Goreth, wabyaye yagiye kwamamaza Paul Kagame, ubwo yiyamamarizaga mu Karere ka Muhanga.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) iratangaza ko abanduye indwara y’ubushita bw’inkende (MPox) mu Rwanda ari bane, babiri bakaba baramaze kuvurwa bagakira bagasezererwa mu bitaro, abandi babiri bakaba bagikurikiranwa n’abaganga.
Mu gihe kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024 Perezida wa Repubulika Paul Kagame yarahiriye kongera kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda muri manda y’imyaka itanu, kongera gutorwa n’ibirori byo kurahira kwe, benshi babihuza n’ibimaze kugerwaho n’impinduka mu iterambere ry’impande zitandukanye z’Igihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko manda nshya amaze kurahirira ari iyo gukora ibirenze kandi ko bizakorwa bitandukanye no kubirota.
Minisiteri y’Uburezi irasaba abarimu kwita ku myigishirize y’ururimi rw’Ikinyarwanda, kuko hakigaragara abanyeshuri barangiza amashuri abanza batazi kucyandika neza, ibyo bikaba byagira ingaruka ku gutegura abarimu n’abakozi b’ejo hazaza.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE iratangaza ko kuva uburwayi ubushita bw’inkende (Monkeypox) bwakwaduka mu Bihugu by’abaturanyi, mu Rwanda habonetse gusa abantu babiri barwaye, umwe akaba akivurwa undi akaba yaravuwe agakira agasezererwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage bagenerwa inkunga zitandukanye, zirimo no guhabwa inka muri gahunda ya ‘Gira Inka Munyarwanda’, kurushaho gukora cyane kugira ngo barusheho kwigira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwatangije gahunda yiswe ‘Intore mu Biruhuko’ yitezweho kurwanya ingeso mbi mu rubyiruko, by’umwihariko izikunze kugaragara mu gihe cy’ibiruhuko zirimo ubusambanyi no gukoresha ibiyobyabwenge.
Impuguke mu by’ubukungu, umuco, ubuhinzi n’ubworozi n’imibereho ya Muntu, zisanga umuganura ukwiye kwereka ababyiruka uko Abanyarwanda bari abahanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango n’abafite ibigo bitanga akazi ku baturage, birimo n’iby’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, baratangaza ko bagiye kurushaho kunoza uburyo bafashagamo abaturiye ibyo bikorwa mu kwikura mu bukene.
Abitabiriye igikorwa cyo gutora abagore 30% bagomba kuba Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko mu Karere ka Ruhango, barifuza ko abo bagiye kubahagararira, bazibanda ku mutekano w’umuryango kugira ngo hakumirwe ihohoterwa rikorerwa mu muryango.
Ababyeyi n’abarwaza ku bitaro bya Kabgayi bishimiye gutora banabyaye, kuko bituma bakomeza kugira icyizere cyo kubaho no kuramba.
Abaturage b’Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga, barashimira Nyakubahwa Paul Kagame, wabegereje Imirenge SACCO, bakabasha kubona inguzanyo bifashisha mu buhinzi bakiteza imbere.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Nyarusange barashimira Nyakubahwa Paul Kagame na FPR-Inkotanyi, baciye amacakubiri mu Banyarwanda bakimika Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Abantu batanu bo mu Karere ka Ngororero bishwe n’inkuba, mu mvura yaguye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 08 Nyakanga 2024, mu masaha ya saa mbili z’ijoro.
Imvura itunguranye ivanze n’urubura yaguye mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gitesi, yangiza ibikorwa by’ubuhinzi by’abaturage, inangiza imirima y’icyayi cya Gisovu.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga barashimira Umuryango FPR na Chairman wawo, Paul Kagame waciye inkoni zakubitwaga abagore.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyabinoni batuye ahahoze hibasirwa n’ibiza, hakabura ibikorwa remezo byabafasha kubaho neza, baravuga ko nyuma y’uko Paul Kagame yoherejeyo ibikorwa remezo birimo, imihanda, amazi n’amashanyarazi, ibikorwa by’ubuvuzi n’uburezi, basigaye bumva ntawahabimura mu gihe nyamara mbere bifuzaga kuhimuka.
Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu NCHR yagabiye inka imiryango itanu y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye mu Karere ka Ruhango, mu rwego rwo kubafasha kuva mu bwigunge bagakora bakiteza imbere.
Ibikorwa byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame n’Abadepite mu Nteko ishinga Amategeko byabereye mu Karere ka Muhanga kuri Site ya Buziranyoni, ahari hateraniye abanyamuryango benshi ba FPR. Ni ibirori byatangijwe n’akarasisi katangiriye mu Mujyi wa Muhanga.
Abagore bo mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, barashima Umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, watumye bagaragaza imbaraga zabo, bagakora bakiteza imbere.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, barashimira Umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame wabahaye nkunganire mu buhinzi, bakabasha kuzamura umusaruro wabo.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga bitabiriye igikorwa cyo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baramushimira ko yabakijije amanegeka yabatwaraga ababo, n’abacengezi bababuzaga umutekano mu misozi ya Ndiza.