MENYA UMWANDITSI

  • Abasirikare ba Afurika y

    Inteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo irasaba Leta gukura ingabo muri Kongo

    Abadepite bagize Komisiyo y’Umutekano n’Ubusugire bw’Igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo, baravuga ko nta cyizere cy’uko abasirikare b’icyo Gihugu bagera kuri 14 biciwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, bucya bagejejwe mu Gihugu cyabo.



  • Abakuru b

    Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye guhurira mu biganiro

    Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Antoine Felix Tshisekedi, bagiye guhurira mu biganiro ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa DRC by’umwihariko muri Kivu y’Amajyaruguru.



  • Bizihije Intwari z

    Ruhango: Bataramiye Intwari z’Igihugu biyemeza kudatatira Igihango zasize

    Abaturage b’Akarere ka Ruhango mu byiciro bitandukanye, bataramiye Intwari z’Igihugu, biyemeza kuzigiraho kugira ngo ibyaziranze bibe umusingigi w’iterambere koko, nk’uko insanganyamatsiko izirikanwa kuri iyi nshuro ya 31 hizihizwa Intwari z’Igihugu ibivuga.



  • Abitabiriye inama idasanzwe ya SADC

    SADC yifuje guhura na EAC ngo baganire ku mutekano wa Kongo

    Inama idasanzwe ihuje abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo SADC yateranye iyobowe na Perezida wa Zimbabwe Dr. Emmerson Mnangagwa i Harare muri Zimbabwe, kugira ngo yige ku kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), umwe mu banyamuryango.



  • Mugenzi yavuze amanyanga aba mu bizamini by

    REB yatahuye amwe mu mayeri yo gukopera ibizamini by’akazi

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), rutangaza ko rwatahuye amwe mu mayeri abifuza kwinjira mu mwuga w’uburezi, bakoreshaga bagakopera ibizamini by’akazi, ku buryo mu bizamini biheruka abantu 35 bafashwe bakopera.



  • Muhanga: Hari abahamya ko Siporo yasimbuye inshinge n’ibinini

    Abitabira siporo rusange mu Karere ka Muhanga baravuga ko, bamaze kureka imiti bahoraga bafata kubera indwara zidakira, nyuma yo gusabwa gusa gukora imyitozo ngororamubiri itandukanye.



  • Imyitwarire mibi y’abana iraturuka he?

    Ibyiciro by’urubyiruko, inzego za Leta n’ababyeyi, baragaragaza ko abana bitwara nabi, babikomora ku kuba bataragiriwe inama bakiri bato mu burere, kandi ko imyitwarire mibi y’umwana ayikura mu bice byinshi, haba mu muryango, ku ishuri aho akorera n’aho atemberera no mu iterambere ry’ikoranabuhanga.



  • Minisitiri Bizimana aganira n

    MINUBUMWE isanga ‘Ndi Umunyarwanda’ izafasha kunoza Iyogezabutumwa

    Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), iratangaza ko ’Ndi Umunyarwanda’ izafasha abigira kuba abapadiri, kunoza iyogezabutumwa, kuko bazaba basobanukiwe icyo Umunyarwanda ari we kurusha kwibona mu moko, dore ko atakiriho.



  • Perezida Paul Kagame mu masengesho ya National Prayer Breakfast

    Perezida Kagame aranenga imico mibi irimo no kwambara ubusa

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame aranenga imico mibi iri mu bakiri bato biyambika ubusa mu ruhame, kuko bigaragaza uburere butagize aho bushobora kugeza Abanyarwanda, kandi bidakwiye gukomeza gutyo kuko byaba ari ukwica ejo hazaza h’Igihugu.



  • Dushimumuremyi wambaye umwenda irimo ibara ritukura ku rukenyerero, arafungwa iminsi 30

    Muhanga: Urukiko rwanzuye ko Dushimumuremyi afungwa iminsi 30 y’agateganyo

    Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye rwanzuye ko Dushimumuremyi Fulgence, ukekwaho ibyaha birimo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, kwiba no gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe, akomeza gukurikiranwa afunze kubera impamvu zikomeye rushingiraho kuri ibyo byaha akurikiranweho.



  • Perezida Paul Kagame

    Ibyo amahanga afata nk’amabwiriza y’imikino mbifata nk’ubuzima bwanjye - Perezida Kagame

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko ibyo amahanga afata nk’amabwiriza atangwa n’umusifuzi w’imikino mu kibuga, abifata nk’ibikomeye ku buzima bwe n’ubw’Abanyarwanda muri rusange, bityo atabijenjekera.



  • Dushimumuremyi wambaye umwenda irimo ibara ritukura ku rukenyerero, ubwo yagezwaga mu Rukiko rw

    Muhanga: Yasabiwe gufungwa iminsi 30 kubera urugomo n’ubujura ashinjwa

    Dushimumuremyi Fulgence uherutse gutabwa muri yombi, kubera ibikorwa ashinjwa byo kubangamira umudendezo wa rubanda, no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, yasabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, kubera ibyo byaha akurikiranweho n’ubushinjacyaha.



  • Kamonyi: Habereye impanuka ikomeye y’imodoka

    Mu Karere ka Kamonyi urenze ku cyapa imodoka zihagararaho cya Musambira, ahitwa Karengera mu Murenge Murenge, habereye impanuka ikomeye y’imodoka Toyota Coaster itwara abagenzi ya RFTC yavaga mu Mujyi wa Kigali, n’imodoka ya Toyota Hilux Vigo yavaga mu Karere ka Muhanga, hakaba hakomeretse bikomeye abantu 3 abandi 8 (…)



  • Urubyiruko rw

    Ruhango/Muhanga: Inkomezabigwi zahize kubaka isoko n’inzu z’abatishoboye

    Intore zo ku rugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 12 mu Turere twa Ruhango na Muhanga, zahize kubaka ibikorwa remezo bitandukanye, birimo isoko ku baturage bo mu Murenge wa Ntongwe mu Kagari ka Kayenzi, mu rwego rwo gukemura ibibazo byugarije imibereho y’abaturage.



  • Abanyamigabane ba BPR nta makuru bafite ku mitungo yabo

    Narabatumikiye - Perezida Kagame ku banyamigabane ba Banki y’Abaturage

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko yatumikiye abanyamuryango ba Banki y’Abaturage (BPR), batarahabwa inyungu ku migabane yabo cyangwa ngo bamenyeshwe imiterere yayo, kuko bayumva mu magambo gusa.



  • Perezida Kagame yagaragaje ibyo Kongo yirengagiza gukora ngo ibone amahoro

    Avuga ko ikibazo cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo-DRC ari icyayo bwite, ariko ubu kikaba kimaze guhinduka icy’akarere, mu gihe abatuma kidakemuka barimo ababiterwa n’inyungu zabo bwite by’umwihariko ibihugu by’ibihangange ku Isi bizwi n’amazina.



  • Kongo yanze ko dufatanya kurandura FDLR-Kagame

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko n’ubwo Igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, kirirwa kivuga ko u Rwanda rushyigikira abahungabanya umutekano wayo, ari ukwirengagiza ukuri ku gisubizo gikwiriye kirimo no kurandura umutwe wa FDLR washinzwe n’Interahamwe zasize zikoze Jenoside yakorewe (…)



  • Rwanda: Muri 2024 ibyaha byaragabanutse

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruratangaza ko ibyaha by’ubujura, byiganje cyane mu Gihugu mu mwaka ushize wa 2024, kuko biza ku mwanya wa mbere mu byaha icumi bya mbere byakorewe amadosiye yashyikirijwe ubushinjacyaha.



  • Guverineri w

    Amajyepfo: Imibiri isaga ibihumbi 13 y’abazize Jenoside igomba kwimurwa

    Imibiri isaga ibihumbi 13 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yari ishyinguye mu mva zitandukanye igomba kwimurirwa mu nzibutso z’Uturere, mu rwego rwo gukomeza guha icyubahiro abazize Jenoside.



  • Amafaranga y’ishuri agabanyije ibyishimo by’ubunani

    Umunsi ukurikira Ubunani ufatwa nka Konji kuri benshi, bigatuma abaraye banezerewe ku Bunani nyirizina, baruhuka bitegura gutangira akazi umunsi ukurikiyeho, abaraye bakoze ibirori biyakira mu miryango n’ahandi bidagadurira bafata icyo kunywa nabo baba bakubanye batirura ibibindi (amakaziye) y’ibyo kunywa baguze.



  • Meya wa Ruhango asoza itorero

    Meya wa Ruhango agiye gushakira abarangije ayisumbuye igishoro

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwasezeranyije inkunga y’ibitekerezo n’amafaranga, urubyiruko rwiyemeza kwishyira hamwe, rugakora amatsinda agamije ibikorwa by’iterambere.



  • Muhanga: Inkomezabigwi ziyemeje guhangana n’ingeso mbi zibasira urubyiruko

    Urubyiruko rwo mu Karere ka Muhanga rwasoje itorero ry’inkomezabigwi, ruratangaza ko nyuma yo guhabwa ibiganiro bitandukanye ku mateka y’u Rwanda, rwafashe ingamba zo kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri kuko ari byo byagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.



  • Iri huriro ryatangirijwe muri Diyosezi ya Kabgayi ariko rizakomereza no mu zindi

    Amajyepfo: Kiliziya Gatolika yatangije Komisiyo y’Ubudaheza Abafite Ubumuga

    Kiliziya Gatolika Diyosezi ya Kabgayi, yatangije Komisiyo y’Ubudaheza abafite ubumuga, mu rwego rwo gukomeza kubahiriza uburenganzira bwabo, no kubafasha kugira uruhare mu bibakorerwa.



  • Abana bishimiye ibyicungo bishya bitari bimenyerewe i Muhanga

    Muhanga: Ababyeyi bizihizanyije Noheli n’abana, uba n’umwanya w’imihigo

    Ababyeyi bo mu Karere ka Muhanga bemera ivuka rya Yezu, bahamya ko kwizihiza Noheli bari kumwe n’abana babo, ari umwanya wo guhigura imihigo bahize yo gutsinda neza, no gukomeza intambwe idasubira inyuma.



  • Bishimiye gufashwa kwizihiza Noheli

    Muhanga: Abana bafite ubumuga bahawe impano za Noheli

    Ababyeyi bafite abana bavukanye ubumuga mu Karere ka Muhanga, baravuga ko kubera gahunda zidaheza Leta yashyizeho zo kwita ku bafite ubumuga, batagiterwa ipfunwe no kuba barabyaye abana bafite ubumuga.



  • Muhanga: Yafashwe azira guteza urugomo mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro

    Polisi mu Karere ka Muhanga yataye muri yombi Dushimumuremyi Fulgence bakunze kwita Komando cyangwa Talibani, wayoboraga ibitero by’urugomo bihungabanya umutekano mu birombe by’amabuye y’agaciro.



  • Amanegeka, amabuye y’agaciro...Akarere ka Ngororero mu mpaka n’abatuye Nganzo

    Umudugudu wa Nganzo mu Kagari ka Rugogwe mu Murenge wa Muhororo, ku gice cyo haruguru y’umuhanda wa Kaburimbo, niho higanje ibirombe by’amabuye y’agaciro acukurwa na Kompanyi ya Ruli Mining Ltd.



  • Mbe bagore beza, ngo mwaciye umuco?

    Mu mateka y’umuco w’Abanyarwanda nta mugore wakamaga inka, nta mugore wuriraga inzu ngo ajye gusakara, nta mugore wavuzaga ingoma mu guhamiriza kw’Intore kuko iyo mirimo yari iy’abagabo gusa.



  • Muhanga: Abana ku isonga mu minsi mikuru ya Noheli

    Ishuri ribanza ryigenga rya Les Petits Pionniers mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, ryasangiye Noheli n’abanyeshuri baryigamo n’abo baturanye, mu rwego rwo kubafasha kwishimira iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani bwa 2025.



  • Kabera Vedaste

    Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kabera wakoreraga Intara y’Amajyepfo

    Urugereko rw’Urukiko rukuru rwa Nyanza rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kabera Vedaste, wahoze ari umukozi w’Intara y’Amajyepfo ushinzwe imiyoborere.



Izindi nkuru: