Abashinze umuryango Nzambazamariya Veneranda, baravuga ko bishimira byinshi bagezeho mu myaka 25 ishize bibuka Nzambazamariya Veneranda, umwe mu bagore b’Abanyarwandakazi baharaniye ko umugore n’umugabo buzuzuzanya kandi umugore agahabwa uburenganzira.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kayisire Marie Solange, asaba Abanyarwanda kugira umuco wo kunyurwa no kwigira ku bandi, kuko biri mu bituma umuntu ashobora kwiteza imbere ahereye ku bushobozi afite.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragarije Akanama gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu mu Muryango w’Abibumbye (UN) ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), ikomeje kwica abaturage bayo, by’umwihariko ikaba yibasiye Abatutsi bavuga Ikinyarwanda batuye mu Burasirazubwa bw’icyo (…)
Abafatanyabikorwa mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu burezi bw’u Rwanda, basanga hakwiriye uruhare rwa bose mu guteza imbere uburezi bushingiye ku Ikoranabuhanga.
Mu Rwanda tuzi neza aho tuvuye n’aho tugeze mu bumenyi mu ikoranabuhanga, kandi tuzi n’aho tugana, n’abagomba kutugezayo; abarimu.
Mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Rugarika, habereye impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri (School bus) n’ikamyo yavaga mu Karere ka Muhanga itwaye imbaho, abana 13 barakomereka, barimo batatu bakomeretse bikomeye.
Umuyobozi w’Inama nkuru y’Abepisikopi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Mgr Donacien Nshole, aratangaza ko Igihugu cye kidashobora kugera ku mahoro arambye, igihe cyose gishyize imbere inzira y’intambara no gushyira ku ruhande umutwe wa M23.
Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa Politiki, Lawrence Kanyuka, yongeye gusaba Guverinoma ya Kinshasa guhagarika kugaba ibitero ku basivili, no kureka kwica abantu bazira ubwoko bwabo.
Perezida wa Congo Brazzaville Denis Sassou-Nguesso aratangaza ko nta mpamvu n’imwe yo gufatira u Rwanda ibihano, kubera urwitwazo rw’Intambara ibera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo-DRC ihanganyemo n’umutwe wa M23.
Mahamoud Ali Youssuf wo mu Gihugu cya Djibouti niwe watorewe manda y’imyaka ine, ku mwanya w’Umunyambanga mukuru wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe AUC asimbuye Moussa Faki Mahamat wari umaze imyaka umunani kuri uwo mwanya.
Intambara z’urudaca ku mugabane wa Afurika, ni kimwe mu bibazo bihangayikishije cyagarutsweho mu mbwirwaruhame zagejejwe ku bateraniye ku cyicaro cy’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, i Addis Ababa muri Ethiopia, hasabwa ko hashyirwa imbaraga mu kuzihagarika binyuze mu buryo bwa Politiki.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yahuye n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, baganira ku bibazo by’umutekano mucye mu Karere u Rwanda ruherereyemo.
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR) igaragaza ko u Rwanda ruri kuzamuka mu bwiyongere bw’abaturage muri rusange, aho mu myaka 10 iri imbere uhereye muri 2023-2033, ruzaba rwazamutseho abaturage 21.66%.
Imibiri y’abasirikare 14 ba Afurika y’Epfo baherutse gupfira mu ntambara Umutwe wa M23, uhanganyemo n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo DRC n’abafatanyabikorwa bayo, yagejejwe iwabo nyuma y’ibyumweru bitatu biciwe i Goma.
Asubiza niba koko asanga umutwe wa FDLR uteje akaga ku mutekano w’u Rwanda, Perezida Kagame yavuze ko nta kuntu bitabaho, kandi Guverinoma ya Kongo ishyize imbere politiki yo kwica, dore ko Perezida Félix Tshisekedi uyiyoboye ashyira imbere ivangura no gutsemba ubwoko adashaka, afatanyije n’Interahamwe
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko ntawe uzamutera ubwoba yitwaje gufatira u Rwanda ibihano, kubera ibirego bivuga ko u Rwanda rwaba rufasha umutwe wa M23, urwana mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo-DRC, uherutse no gufata Umujyi wa Goma.
Leta y’u Rwanda igaragaza ko hari impamvu eshatu z’ingezni zashingiweho hazamurwa imisoro, iya mbere ikaba kongera umubare w’abasora n’imisoro yinjizwa mu kigega cya Leta, hamwe no kunoza uburyo bwo gukusanya imisoro.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Mukuralinda, yatangaje ko Leta y’u Rwanda izishyura ibyangijwe n’ibisasu biherutse kuraswa mu Rwanda bivuye muri DRC, mu gihe ibisubizo bya Politiki nabyo bizaba bikurikiranwa.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Alain Mukurarinda, aratangaza ko Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, yangiza imbaraga nyinshi mu guharabika u Rwanda aho kuzishyira mu gushaka ibisubizo by’ibibazo by’icyo Gihugu gituranyi n’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, azi neza ko intambara atariyo izakemura ikibazo cy’umutekano mucye mu Gihugu cye, ariko yananiwe kwigobotora ibitekerezo by’abamujya mu matwi bamwumvisha ko adakwiye kwemera kuva ku izima.
Abadepite bagize Komisiyo y’Umutekano n’Ubusugire bw’Igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo, baravuga ko nta cyizere cy’uko abasirikare b’icyo Gihugu bagera kuri 14 biciwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo DRC, bucya bagejejwe mu Gihugu cyabo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Antoine Felix Tshisekedi, bagiye guhurira mu biganiro ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa DRC by’umwihariko muri Kivu y’Amajyaruguru.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango mu byiciro bitandukanye, bataramiye Intwari z’Igihugu, biyemeza kuzigiraho kugira ngo ibyaziranze bibe umusingigi w’iterambere koko, nk’uko insanganyamatsiko izirikanwa kuri iyi nshuro ya 31 hizihizwa Intwari z’Igihugu ibivuga.
Inama idasanzwe ihuje abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo SADC yateranye iyobowe na Perezida wa Zimbabwe Dr. Emmerson Mnangagwa i Harare muri Zimbabwe, kugira ngo yige ku kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), umwe mu banyamuryango.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), rutangaza ko rwatahuye amwe mu mayeri abifuza kwinjira mu mwuga w’uburezi, bakoreshaga bagakopera ibizamini by’akazi, ku buryo mu bizamini biheruka abantu 35 bafashwe bakopera.
Abitabira siporo rusange mu Karere ka Muhanga baravuga ko, bamaze kureka imiti bahoraga bafata kubera indwara zidakira, nyuma yo gusabwa gusa gukora imyitozo ngororamubiri itandukanye.
Ibyiciro by’urubyiruko, inzego za Leta n’ababyeyi, baragaragaza ko abana bitwara nabi, babikomora ku kuba bataragiriwe inama bakiri bato mu burere, kandi ko imyitwarire mibi y’umwana ayikura mu bice byinshi, haba mu muryango, ku ishuri aho akorera n’aho atemberera no mu iterambere ry’ikoranabuhanga.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), iratangaza ko ’Ndi Umunyarwanda’ izafasha abigira kuba abapadiri, kunoza iyogezabutumwa, kuko bazaba basobanukiwe icyo Umunyarwanda ari we kurusha kwibona mu moko, dore ko atakiriho.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aranenga imico mibi iri mu bakiri bato biyambika ubusa mu ruhame, kuko bigaragaza uburere butagize aho bushobora kugeza Abanyarwanda, kandi bidakwiye gukomeza gutyo kuko byaba ari ukwica ejo hazaza h’Igihugu.