Abasesengura ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu burezi bw’amashuri yo mu cyaro, baratangaza ko ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga bikiri bikeya, bigatuma abanyeshuri batarikoresha uko bikwiye.
Abahinzi b’imyumbati hirya no hino mu Gihugu bavuga ko n’ubwo bashyiriweho uburyo bwo kwishyura inguzanyo bamaze kubona umusaruro, bakibangamiwe n’inyungu iri hejuru, kuko hari aho izo nguzanyo bazihabwa ku rwunguko rwa 18%, bakifuza ko iyo nyungu yagabanuka.
Umwarimukazi wo mu Karere ka Nyamagabe arasaba ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abagore n’izindi nzego, kumufasha kugeza gahunda yise icyumba cy’umukobwa mu Midugudu itandukanye, mu rwego rwo kubonera abakobwa ibikoresho by’isuku.
Abahawe ibihembo na Polisi y’Igihugu mu marushanwa y’isuku n’isukura n’umutekano mu Karere ka Kamonyi, baravuga ko bagiye kurushaho kuwucunga neza, bitwararika ku byakomeza guhungabanya umutekano, kuko babifata nk’ikimenyetso cyo kwirinda ibyaha.
Umugabo wakoraga muri Farumasi mu Mujyi wa Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye, arakekwaho kwica umugore we bari bafitanye abana batatu akamukingirana mu nzu, akajya abeshya abantu ko uwo mugore yagiye mu Gihugu cya Uganda.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu MINUBUMWE, itangaza ko hari abahunze Igihugu kubera ibyaha by’ingengabitekereo ya Jenoside, no gushaka kugirira nabi ubuyobozi buriho n’Abanyarwanda muri rusange, bakiyobya bene wabo basize mu Rwanda n’ahandi.
Abahinzi bo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga, baravuga ko gukoresha ibyatsi byitwa Umuvumburangwavu n’Ivubwe mu mirima, byatangiye kubafasha kurwanya nkongwa mu bigori, no kongera umusaruro.
Umukobwa w’imyaka 37 wo mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga witwa Hagenimana Agathe, amaze imyaka 37 aryamye kuko kuva yavuka atigeze yicara cyangwa ngo ahagarare kubera ubumuga bw’ingingo.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, aranenga abanyamadini n’amatorero biyita abahanuzi bagamije kwiba abanyantege nke bagendeye ku bikomere bafite.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwatesheje agaciro ubujurire bwa Musonera Germain wari ugiye kuba Umudepite, bwo gukurikiranwa ari hanze ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, burasaba abaturage kwigira kuri mugenzi wabo wiyemeje kubaka umuhanda wa kaburimbo, ufite metero 800 z’uburebure kuko busanga ari igikorwa kigamije iterambere rusange ry’Akarere n’Igihugu muri rusange.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Ildephonse Musafiri, arizeza amakoperative y’abahinzi b’umuceri mu Ntara y’Amajyepfo, batarishyurwa amafaranga ku musaruro wari warabuze isoko, ko mu gihe kitarenze icyumweru kimwe baba bamaze kwishyurwa.
Polisi y’Igihugu n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bahembye abana icyenda, biga ku kigo cy’amashuri cya Cyobe mu Murenge wa Mbuye, kubera igikorwa cyo gukunda Igihugu bakoze barinda ko ibendera ry’Igihugu rigwa hasi kubera umuyaga n’imvura.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi MINAGRI, irizeza abahinzi b’ibirayi bahinga mu misozi ya Ndiza, kubahuza n’ababaha ubumenyi buzatuma bahinduka abatubuzi b’abanyamwuga nk’uko bikorwa muri koperative begeranye, nayo yamaze kugera ku rwego rwo gutubura kinyamwuga.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), iratangaza ko hari ibintu byitwa ko ari bito, abantu basabwa kwirinda kuko bishobora kongera gutanya Abanyarwanda.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abahinga mu bishanga mu Ntara y’Amajyepfo, kuba barangije ihinga bitarenze iminsi 10, kugira ngo bagaruze igihe bakererewe kubera gutinda kugwa kw’imvura.
Abafite ibigo bifasha gukoresha ikoranabuhanga mu burezi, barasaba ababyeyi kugira uruhare mu kumenyereza abana babo ikoranabuhanga, n’iyo ubushobozi bwabo bwaba bukeya kuko ikoranabuhanga ryose rifite icyo ryongerera umwana bitewe n’ibyo yiga.
Mu kiganiro EdTech Monday cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Nzeri 2024, abatumirwa baragaruka ku ruhare rw’ababyeyi ku guha abanyeshuri ireme ry’uburezi bwifashisha ikoranabuhanga.
Abahinzi mu Karere ka Ngororero batangiye igihembwe cy’ihinga 2025A bashyikirizwa imbuto y’ibishyimbo y’indobanure RWV1129, izwiho kuzamura umusaruro kubera imiterere y’Akarere ka Ngororero.
Abahawe amahugurwa yo kwiteza imbere bashingiye ku mahirwe akomoka iwabo mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi, baravuga ko batangiye kugurisha ibikomoka ku bikorwa byabo mu Rwanda no mu mahanga bakaba baratangiye kurya ku madolari.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarusange n’abakozi b’Akarere ka Muhanga bashinzwe iby’umutungo kamere w’amazi, bemeje ko umuyoboro w’amazi wakozwe n’abaturage, mu Kagari Mudugudu wa Mata mu Kagari ka Muhanga, ucungwa na rwiyemezamirimo, mu rwego rwo kurwanya amakimbirane ashobora kuvuka ku gusaranganya amazi.
Abashoramari n’abikorera bo mu Karere ka Karongi baganiriye ku iterambere ry’Umujyi wabo, bungurana ibitekerezo ku buryo bagiye gukora no kubyaza umusaruro ibikorwa birimo ubukerarugendo bushingiye ku kiyaga cya Kivu, no kubaka ibyumba by’amahoteri byajya byakira abatemberera muri ibyo bice ku bwinshi.
Leta y’u Rwanda binyuze muri Ambasade y’u Rwanda mu Gihugu cya Zimbabwe, yashyikirije icyo Gihugu toni 1000 z’ifu y’ibigori (Kawunga) kubera inkubi y’umuyaga iherutse kwibasira icyo Gihugu, igateza umwuzure wiswe El Nino wateye amapfa muri icyo gihugu.
Abagore bo mu Karere ka Muhanga baratangaza ko gufatanya kwabo n’abagabo byatumye besa umuhigo wo kurwanya igwingira ry’abana, riva hejuru ya 35% mu myaka itatu ishize, rigera kuri 12%, gahunda ikaba ari ukugera kuri 5% mu myaka itanu iri imbere, cyangwa rikagera kuri zeru.
Abikorera bo mu Karere ka Ruhango n’Ubuyobozi bw’Akarere, baravuga ko nyuma yo gukorana umwiherero bagiye guhindura imyumvire, bakagendera ku mirongo biyemeje ngo bateze imbere Akarere nabo ubwabo.
Abaturage b’Akarere ka Muhanga n’abakoresha umuhanda Muhanga - Karongi, barashimira Perezida wa Repubulika Paul Kagame, wahwituye abagombaga kubaka bakanasoza umuhanda Muhanga - Karongi, kuko ubu urimo gukorwa.
Abaturage b’Umurenge wa Nyamabuye mu Mujyi wa Muhanga, barishimira kuba bujurijwe ibiro by’Umurenge bijyanye n’igihe, ugereranyije n’inyubako bari basanzwe bakoresha ishaje yahoze ari iya Komini Nyamabuye bagasaba ko bijyana no guhabwa serivisi zinoze.
Bamwe mu bahagarariye Kaminuza zigenga mu Rwanda baratangaza ko baheruka batora Umusenateri uzihagarariye muri Sena, kuko nk’uherutse gutorwa arangije manda y’imyaka itanu hari aho ataragera ngo bamuture ibibazo bafite.
Urukiko rw’ibanze rwa Kiyumba rwakatiye gufungwa by’agateganyo iminsi 30, Musonera Germain, kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho yakoreye mu yahoze ari Komini Nyabikenke, ubu ni mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi n’Amasuzuma mu bogo by’amashuri abanza n’ayisumbuye NESA, kirahakana ko nta karengane, n’ivangura byabayeho mu guhsyira mu myanya abanyeshuri barangije umwaka wa mbere w’amashuri abanza, bimukira mu wa mbere w’ayisumbuye, cyangwa umwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye bajya mu mwaka wa kane.