Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abahinga mu bishanga mu Ntara y’Amajyepfo, kuba barangije ihinga bitarenze iminsi 10, kugira ngo bagaruze igihe bakererewe kubera gutinda kugwa kw’imvura.
Abafite ibigo bifasha gukoresha ikoranabuhanga mu burezi, barasaba ababyeyi kugira uruhare mu kumenyereza abana babo ikoranabuhanga, n’iyo ubushobozi bwabo bwaba bukeya kuko ikoranabuhanga ryose rifite icyo ryongerera umwana bitewe n’ibyo yiga.
Mu kiganiro EdTech Monday cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Nzeri 2024, abatumirwa baragaruka ku ruhare rw’ababyeyi ku guha abanyeshuri ireme ry’uburezi bwifashisha ikoranabuhanga.
Abahinzi mu Karere ka Ngororero batangiye igihembwe cy’ihinga 2025A bashyikirizwa imbuto y’ibishyimbo y’indobanure RWV1129, izwiho kuzamura umusaruro kubera imiterere y’Akarere ka Ngororero.
Abahawe amahugurwa yo kwiteza imbere bashingiye ku mahirwe akomoka iwabo mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi, baravuga ko batangiye kugurisha ibikomoka ku bikorwa byabo mu Rwanda no mu mahanga bakaba baratangiye kurya ku madolari.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarusange n’abakozi b’Akarere ka Muhanga bashinzwe iby’umutungo kamere w’amazi, bemeje ko umuyoboro w’amazi wakozwe n’abaturage, mu Kagari Mudugudu wa Mata mu Kagari ka Muhanga, ucungwa na rwiyemezamirimo, mu rwego rwo kurwanya amakimbirane ashobora kuvuka ku gusaranganya amazi.
Abashoramari n’abikorera bo mu Karere ka Karongi baganiriye ku iterambere ry’Umujyi wabo, bungurana ibitekerezo ku buryo bagiye gukora no kubyaza umusaruro ibikorwa birimo ubukerarugendo bushingiye ku kiyaga cya Kivu, no kubaka ibyumba by’amahoteri byajya byakira abatemberera muri ibyo bice ku bwinshi.
Leta y’u Rwanda binyuze muri Ambasade y’u Rwanda mu Gihugu cya Zimbabwe, yashyikirije icyo Gihugu toni 1000 z’ifu y’ibigori (Kawunga) kubera inkubi y’umuyaga iherutse kwibasira icyo Gihugu, igateza umwuzure wiswe El Nino wateye amapfa muri icyo gihugu.
Abagore bo mu Karere ka Muhanga baratangaza ko gufatanya kwabo n’abagabo byatumye besa umuhigo wo kurwanya igwingira ry’abana, riva hejuru ya 35% mu myaka itatu ishize, rigera kuri 12%, gahunda ikaba ari ukugera kuri 5% mu myaka itanu iri imbere, cyangwa rikagera kuri zeru.
Abikorera bo mu Karere ka Ruhango n’Ubuyobozi bw’Akarere, baravuga ko nyuma yo gukorana umwiherero bagiye guhindura imyumvire, bakagendera ku mirongo biyemeje ngo bateze imbere Akarere nabo ubwabo.
Abaturage b’Akarere ka Muhanga n’abakoresha umuhanda Muhanga - Karongi, barashimira Perezida wa Repubulika Paul Kagame, wahwituye abagombaga kubaka bakanasoza umuhanda Muhanga - Karongi, kuko ubu urimo gukorwa.
Abaturage b’Umurenge wa Nyamabuye mu Mujyi wa Muhanga, barishimira kuba bujurijwe ibiro by’Umurenge bijyanye n’igihe, ugereranyije n’inyubako bari basanzwe bakoresha ishaje yahoze ari iya Komini Nyamabuye bagasaba ko bijyana no guhabwa serivisi zinoze.
Bamwe mu bahagarariye Kaminuza zigenga mu Rwanda baratangaza ko baheruka batora Umusenateri uzihagarariye muri Sena, kuko nk’uherutse gutorwa arangije manda y’imyaka itanu hari aho ataragera ngo bamuture ibibazo bafite.
Urukiko rw’ibanze rwa Kiyumba rwakatiye gufungwa by’agateganyo iminsi 30, Musonera Germain, kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho yakoreye mu yahoze ari Komini Nyabikenke, ubu ni mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi n’Amasuzuma mu bogo by’amashuri abanza n’ayisumbuye NESA, kirahakana ko nta karengane, n’ivangura byabayeho mu guhsyira mu myanya abanyeshuri barangije umwaka wa mbere w’amashuri abanza, bimukira mu wa mbere w’ayisumbuye, cyangwa umwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye bajya mu mwaka wa kane.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi n’amasuzuma y’amashuri abanza y’ayisumbuye NESA, buratangaza ko kubera ko hari ababyeyi baherekeje abanyeshuri bajya kwiga mu mwaka wa mbere n’uwa kane w’amashuri yisumbuye, byatumye ingendo zabo zibangamirwa.
Abakosora ibizamini bya Leta baratangaza ko babangamiwe n’imyandikire y’abanyeshuri barangiza amashuri abanza bandika nabi ku buryo inyuguti nyinsi ziba zisa izindi zireshya bikagorana rimwe na rimwe gusobanukirwa n’ibyo umunyeshuri aba yanditse.
Ubushinjacyaha mu Karere ka Muhanga Bwasabiye Musonera Germain gukurikiranwa afunzwe, ku byaha bya Jenoside akurikiranweho.
Urukiko rw’ibanze rwa Kiyumba mu Karere ka Muhanga ruratangira kuburanisha Musonera Germain wari ugiye kuba Umudepite, ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi akekwaho.
Abasoje gahunda y’Intore mu biruhuko mu Karere ka Ruhango, barasaba ko aho bakorera gahunda z’Itorero hashyirwa ibikoresho bihagije, byatuma bunguka ubumenyi bwisumbuyeho kuko basanze hatangirwa ubumenyi bwabafasha kubana neza mu muryango Nyarwanda.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Mata mu Kagari ka Muhanga, Umurenge wa Muhanga barinubira kwamburwa umuyoboro w’amazi biyubakiye ukaba ugiye kwegurirwa rwiyemezamirimo uzajya abishyuza amazi bita ayabo.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nganzo mu Kagari ka Rugogwe mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero, barashinja Kompanyi ikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubangiriza inzu batuyemo, kubera ubucukuzi buhakorerwa, bakifuza ko bahabwa ingurane ikwiye bakimurwa.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga buratangaza ko bwatangije umushinga wo kubaka inzu 50 z’abatishoboye, mu Mudugudu wa Gifumba Akagari ka Gifumba muri uwo Murenge, hagamijwe gutuza abaturage batagira aho kuba.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC iratangaza ko kugira ngo umwarimu yemererwe kwimurirwa ahandi, nibura agomba kuba amaze imyaka itatu akorera aho yasabye kwigisha, cyangwa aho yoherejwe mu rwego rwo kwirinda guhungabanya uburyo abarimu bashyirwa mu myanya.
BK Group iratangaza ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka yazamuye urwunguko ho Miliyari 47.8 Frw, urwo rwunguko rukaba rwariyongereye ugereranyije n’umwaka ushize mu bikorwa byose bya BK Group.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyabinoni mu Karere ka Muhanga barishimira serivisi z’irangamimerere begerejwe zabaruhuye ingendo bakoraga bajya kuzishakira mu wundi Murenge wa Kibangu kuko iwabo zitahabaka.
Umuryango Nyarwanda wita ku isanamitima CARSA, urahumuriza Abanyarwanda, by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ko badakwiye gukurwa imitima n’abakoze Jenoside bakihishahisha kubera ko jenoside ari icyaha kidasaza kandi bazagenda bafatwa uko habonetse ibimenyetso bibashinja.
Abanyeshuri bari mu biruhuko mu Karere ka Ruhango baratangaza ko banyuzwe n’amakuru bakuye mu biganiro bahawe mu gihe cy’ibiruhuko, by’umwihariko gahunda yiswe ‘Masenge na Marume’ yo kuganiriza abangavu n’ingimbi ku buzima bw’imyororokere.
Abafite ibigo by’ikoranabuhanga mu Rwanda baratangaza ko uko abanyeshuri biga siyansi bagenda barushaho gukoresha ikoranabuhanga mu guhanga udushya, ari inzira yo kubonera umuti ikibazo cy’abasabwaga uburambe bw’igihe runaka ngo bahabwe akazi mu Rwanda.
Ikiganiro EdTech Monday cyo kuri uyu wa 26 Kanama 2024, abafatanyabikorwa mu burezi barasesengura uburyo bwo gufatanyiriza hamwe ngo amasomo yigisha Siyansi yinjizwe mu ikoranabuhanga mu rwego rwo gukomeza guteza imbere uburezi mu Rwanda.