Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini bya Leta (NESA), kiratangaza ko hari kwigwa uburyo amanota abana babona mu masuzuma atandukanye bakora ku ishuri, kuva mu mwaka wa kane w’amashuri abanza kugeza mu mwaka wa gatandatu, azatuma abana badakomeza gusibira cyangwa guta amashuri.
Abashinzwe uburezi mu bagaragaza ko ubucucike mu mashuri, ubumenyi bw’umwarimu mu kwigisha, biri mu bituma umunyeshuri atsindwa agasibira, cyane ku banyeshuri b’abanyantege nke nk’uko bigaragara mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, aho mu mwaka wa mbere n’uwa kabiri abana basibira biyongereye.
Umuyobozi mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe uburezi bw’amashuri y’ibanze muri REB Dr. Flora Mutezigaju, arasaba abarimu n’ababyeyi bita ku bana biga mu mashuri y’inshuke, birinda kubasibiza kuko binyuranyije na gahunda ya Leta yo kwiga no kwigisha mu mashuri y’inshuke.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yatangaje ko mu rwego rwo gufasha abaturage guhaha no guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, hari impinduka zabaye ku misoro yari iteganyijwe kuzamurwa mu mwaka w’ingengo y’Imari 2025-2026.
Abiga imyuga n’ubumenyi ngiro muri Diyosezi ya EAR Shyogwe, bamaze kuvumbura uburyo bwo gukora amasabune bifashishije ibishishwa by’imyumbati, bakamuramo amavuta asimbura amamesa n’andi mavuta bakoreshaga.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ruhango JADF, baratangaza ko biteguye kugira uruhare mu kuziba icyuho cy’inkunga z’amahanga zahagaritswe, kugira ngo umuturage wafashwaga atahahungabanira.
Kuri uyu wa 12 Kamena 2025 Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, irageza ku Nteko ishinga amategeko imitwe yombi, itegeko rishyiraho Ingengo y’Imari izakoreshwa umwaka wa 2025-2026.f
U Rwanda rwaba rugeze kure ibiganiro byo kwagura imikoranire ishingiye kuri siporo n’Igihugu cya Portugal, kuko hari ibimenyetso bica amarenga aho ikipe ya Portugal na yo yaba igiye kujya yambara umwenda wanditseho Visit Rwanda.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, aratangaza ko umutekano w’amafaranga imbere n’inyuma y’Igihugu cy’u Rwanda uhagaze neza, kubera ubwirinzi bwa BNR, n’imikoranire y’inzego ku mutekano w’amafaranga.
Ku bufatanye bw’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateguye urugendo rugamije kwigisha urubyiruko amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu.
Kaminuza y’u Rwanda n’andi mashuri makuru ya Leta yatangiye ivugurura rigamije kunononsora imikorere, imiyoborere, guhanga udushya, ndetse no guha umukozi umwanya wo gukoresha ubushobozi bwe, ku nyungu z’akazi n’iz’iterambere rye bwite
Kuva mu myaka 31 ishize, ubuhamya bwagaragaje ko abavuga ko bitirirwa Kristo, cyangwa mu bakristo harimo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi, none ubu bakaba batarahindutse, bagakomeza gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Dr. Patrice Mugenzi, arasaba abarangije ibihano bakatiwe kubera ibyaha bya Jenoside basubiye mu miryango, kwitwararika bakabana neza n’abo basanga by’umwihariko imiryango biciye.
Wildness Rwanda yujuje icumbi ry’akataraboneka ryubatse ahantu Mukerarugendo wishyuye aye azajya ashobora kwirebera inyamaswa zikunzwe cyane muri Pariki y’Akagera yiruhukira mu mahumbezi ya Pariki y’Akagera, iwabo w’intare, inzovu, imbogo n’inkura.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga, barashimira bacye bagize uruhare mu kurokora Abatutsi, bakanagaya abakomeje guhisha amakuru y’ahajugunywe abishwe bazize Jenoside, kuko bikomeza gutera ibikomere abarokotse.
Minisiteri y’Iterambere ry’Umuryango, MIJEPROF n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’imikurire y’umwana, NCDA, barashimira ba Malayika Murinzi, bemeye kwitanga nta gihembo, bakemera kwakira abana batagira imiryango yo kubitaho, nyuma y’uko ibigo by’imfubyi bifungiwe, akavuga ko umwana w’Umunyarwanda adakwiye kurererwa (…)
Ikigo kizwiho gusesengura iby’imikorere y’ibigo by’imari bikomeye ku Isi, Global Finance Magazine, cyashyize ku mwanya wa mbere Banki ya Kigali, BK, kuba ari yo ihiga izindi mu Rwanda, umwanya iyi Banki ijeho ku nshuro ya gatanu yikurikiranya inahabwa igihembo.
N’ubwo u Rwanda rwashyize imbaraga mu kwigisha hifashishijwe ikaranabunga mu mashuri, haracyari icyuho mu kunoza no kugeza henshi hashoboka mu mashuri ibikoresho by’ikoranabuhanga, by’Umwihariko ku mashuri yo mu bice by’icyaro.
Umuryango uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, mu Karere ka Muhanga, uragaya abikorera bo muri icyo gihe bashoye amafaranga n’ibikoresho mu kwica Abatutsi mu 1994.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko kwica abagore n’abana muri Jenoside yakorewe Abatutsi, wari umugambi wo kurimbura burundu Abatutsi, ngo hatazagira uwongera kubabyara, cyangwa hatazagira umwana w’Umututsi ukura akabaho akazororka.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Uwamariya Valentine, avuga ko mu rwego rwo gushishikariza Abahutu kwica Abatutsi mu yahoze ari Komini Tambwe, ubu ni mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, ubuyobozi bwafashe Umututsi bumwicira ku ibendera rya Komini kugira ngo butinyure abicanyi.
Minisiteri y’Ubutabera MINIJUST iratangaza ko hari raporo zijya zikorwa n’imwe mu miryango mpuzamahanga yitwa ko iharanira Uburenganzira bwa Muntu, igaragaza ko u Rwanda hari aho runyuranya n’ibiteganywa n’amasezerano mpuzamahanga, nyamara izo Raporo zikagoreka ukuri kw’ibiriho.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Muhanga, batangaza ko kugira Perezida wa mbere wayoboye u Rwanda, byazaniye urupfu Abatutsi aho kubazanira iterambere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko inzibutso eshatu z’abazize Jenoside za Kamonyi, Bunyonga na Mugina, ari zo zizakomeza kwakira no kwimurirwamo imibiri y’abazize Jenoside yari ishyinguye mu mva zitandukanye, no kwakira izagenda iboneka mu rwego rwa gahunda ya Leta yo guhuza inzibutso ku rwego rw’Uturere.
Abagize Inteko Ishinga Amategeko barasaba ko ingengo y’imari yateganya amafaranga yo kwishyura abaturage bimurwa ku nyungu rusange, kuko bimaze kugaragara ko kwimurwa kwabo hari aho binyuranya n’itegeko ibyabo bikangizwa batarishyurwa.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Yusuf Murangwa, yatangaje ko umuhanda Kigali-Muhanga wari uteganyijwe gukorwa mu ngengo y’imari 2025-2026, utagikozwe kuko inyigo yawo itararangira.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo MININFRA n’Abafatanyabikorwa bayo barimo Ikigo gutanga imodoka zikoresha amashanyarazi BasiGo, n’Ishyirahamwe ry’abatwara abantu mu modoka mu Rwanda RTA, batangije gahunda yo gutwara abagenzi mu modoka zikoresha amashanyarazi, ku muhanda Kigali-Muhanga-Nyanza-Huye, mu rwego rwo kubungabunga (…)
Abadepite banenze imishinga yo kuhira hirya no hino mu Gihugu, yatwaye akayabo ka Miliyari 60 z’Amafaranga y’u Rwanda ariko ikaba idakora neza, ikaba ikomeje kudindiza gahunda ya Leta yo gushyira umuturage ku isonga.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango, barasaba ko inzego zibishinzwe zishaka ibisubizo by’ibibazo bafite, aho guhora bisubirwamo mu bihe byo kwibuka, kuko ari bwo abakeneye ubufasha barushaho kwitabwaho, na bo bakumva ko barokokeye kubaho neza.
Rwagashayija Boniface utuye mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, aratangaza ko atigeze yimana ubutaka ku bwumvikane n’abapadiri ngo bwagurirweho Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe.