Abaturage bo mu Karere ka Muhanga bitabiriye igikorwa cyo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baramushimira ko yabakijije amanegeka yabatwaraga ababo, n’abacengezi bababuzaga umutekano mu misozi ya Ndiza.
Abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere ka Nyamagabe, JADF Imparirwamihigo, bavuga ko bagiye gushyira imbaraga mu bufatanye n’Akarere mu kwihutisha iterambere.
Umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame aratangaza ko ababajwe no kuba umuhanda-Karongi-Muhanga waradindiye, kandi nta bibazo byinshi abona byagakwiye kuba byarawudindije agasezeranya abawukoresha ko ugiye kubakwa vuba.
Imiryango 65 y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye mu Karere ka Muhanga, yahawe amatara yimirasire y’izuba, mu rwego rwo kuyikura mu bwigunge, nyuma y’uko aho batujwe nta muriro ukomoka ku muyoboro mugari begerejwe.
Abaturage b’Akarere ka Nyamagabe baratangaza ko bashimira Chairman w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame wabahinduriye ubuzima bukava ku kubitirira ibitebo, ahubwo bakitwa abantu beza bakataje mu iterambere ry’Igihugu nk’Abanyarwanda bose.
Umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame yatangaje ko abazamutora bazakomeza gufatanyiriza hamwe guteza imbere Igihugu, dore ko guhitamo FPR Inkotanyi ari ukugira uruhare mu bikorwa bigamije guhindura amateka mabi yaranze Igihugu.
Umubyeyi wafashwe n’ibise yagiye kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, ku wa 24 Kamena 2024 mu Karere ka Muhanga, yabyaye neza, umwana amwita Ian Kagame Mwizerwa ndetse abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Karere ka Muhanga bamushyira igikoma cy’ababyeyi.
Abaturage bo mu Mirenge igize igice cya Ndiza bivuriza ku bitaro bya Nyabikenke, baratangaza ko kwakira imbangukiragutabara yunganira iyari ihari, bizazamura serivisi yihuse ihabwa indembe zigana ibyo bitaro.
Senateri Mureshyankwano Marie Rose akaba n’umunyamuryango wa FPR Inkotanyi asanga kuba u Rwanda rumaze imyaka 30, ntawe ubaza Umunyarwanda ubwoko bwe ari iby’igiciro kinini kandi byatumye Abanyarwanda bisanzura, barakora, biteza imbere.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga barashimira Umuryango FPR Inkotanyi, uharanira inyungu za buri Munyarwanda wese.
Abakecuru bo mu Karere ka Muhanga bazindutse bajya mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi, bavuga ko bishimiye kuba bagihumeka, bakaba babashije kujya muri ibyo bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame.
Ikiganiro EdTech Monday cya Master Card Foundayion cyo kuri uyu wa 24 Kemena 2024, gitambuka kuri KT Radio n’imbuga nkoranyambaga za Kigali Today, kiragaruka ku buryo mu Rwanda hatezwa imbere ikoranabuhanga mu burezi binyuze mu mikino.
Banki ya Kigali (BK) irashishikariza abagore kwitabira gufata inguzanyo itanga zidasaba inyungu, mu mushinga wayo yise Kataza na BK, uri muri gahunda ya ‘Nanjye ni BK’, mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere bashora mu mishinga itandukanye irimo cyane ubucuruzi butoya.
Umuyobozi w’Inama Njyanama w’Agateganyo mu Karere ka Muhanga Nshimiyimana Gilbert, avuga ko kwibuka abari abakozi ba Leta n’ibigo byayo, bikwiye kujyana no kunenga abari abayobozi muri izo nzego, kuko hari abakozi bishe abayobozi babo, cyangwa abakoresha bakica abo bakoreshaga.
Abarokotse Jenoside mu Bisesero mu Karere ka Karongi, bavuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bagerageje kwirwanaho bakoresheje intwaro gakondo bayobowe n’uwitwaga Marara n’umuhungu we banasize ubuzima mu guhangana n’ibitero by’interahamwe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame anenga abamufata nk’ubangamiye umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), kuko icyo kibazo cy’umutekano gifite ibisubizo byava mu buyobozi bwa DRC ubwabwo.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ubutwari bw’Abanyabisesero, kuva mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi kugeza ishyizwe mu bikorwa, bukwiye kubera isomo Abanyarwanda bose kugeza ku babyiruka.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango bitabiriye imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere (JADF), baratangaza ko bashimira uruhare rwabo kuko ibyo babigishije byabagiriye Akamaro.
Abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Amahugurwa mu by’Imicungire y’Abakozi n’Umutungo (RMI) bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, banagabira inka uwarokotse Jenoside utishoboye wo mu Murenge wa Shyogwe, mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse Jenoside.
Umubyeyi witwa Muhongerwa Chantal warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga asanga abakoze Jenoside bakiriho, baragiriwe imbabazi zitagira urugero ku byaha bakoze, bityo ko bakwiye kujya bashimira Perezida Kagame, kuko yihanganiye ubugome bwabo ndengakamere akabasubiza Ubunyarwanda.
Abantu 42 barahiriye kwinjira mu Muryango RPF Inkotanyi mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bazakomeza kwita ku byagezweho kandi bagatanga imbaraga zabo ngo bakomeze kubaka Igihugu.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwasubitse urubanza ruregwamo abagabo batatu, bakekwaho gukubita uwitwa Twagirayezu Samuel bikamuviramo gupfa.
Abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyi ngiro mu bigo by’amshuri y’Abangirikani muri Diyosezi ya Shyogwe, barasaba ko hashyirwaho uburyo uruhare rw’ababyeyi rwigaragaza kugira ngo abarangiza mu myuga babashe kwihangira imirimo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, buratangaza ko mu minsi ibiri gusa mu butaka bwa Kiliziya Gatolika Diyosezi ya Kabgayi, hamaze kuboneka imibiri 14 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Mujawamaliya Jeanne d’Ardc aratangaza ko ari ngombwa kwita ku bidukikije mbere y’uko byangirika, kuko gusana ibyamaze kwangirika bitwara ubushobozi bwinshi, mu gihe iyo bifashwe neza bitanga ubuzima bwiza ku batuye Isi.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC irasaba urubyiruko kuzitabira amatora ku gihe, kugira ngo amasaha yo gutora asozwe nta bantu bakiri ku mirongo, bityo byorohereze ababarura amajwi gutangira akazi kabo.
Bamwe mu bagize ibyiciro byihariye mu Karere ka Ngororero birimo n’iby’abafite ubumuga, baratangaza ko bagihezwa mu muryango Nyarwanda, ku buryo bibangamiye uburenganzira bwabo, bakifuza ko hakomeza gukorwa ubuvugizi bakitabwaho.
Ubuyobozi bw’umuryango wita ku iterambere ry’umugore wo mu cyaro (Réseau des Femmes pour le Development), buratangaza ko bagiye gufatanya n’abagize imiryango ikiri mito gutangiza umushinga wo gutera ibiti bitandukanye hagamijwe kubungabunga ibidukikije, wiswe ‘Rengera ubuzima bwawe’.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline aratangaza ko Abatutsi basaga ibihumbi 25, bari bahungiye i Kabgayi ntawamenya irengero ryabo kuko mu bihumbi 50 by’abari bahahungiye, habarurwa abasaga ibihumbi 10 bashyinguwe mu Rwibutso rwa Kabgayi, n’ibihumbi 15 byaharokokeye gusa.
Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) kiratangaza ko ubucukuzi bwa Gazi Metani yo mu Kiyaga cya Kivu, nta ngaruka bwari bwateza kuri icyo kiyaga nk’uko ibipimo bihoraho bifatwa bibigaragaza.