Abafatanyabikorwa mu mishinga yo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu Karere ka Ruhango, barasaba abaturage gufata neza ibiti batererwa by’amashyamba n’iby’imbuto ziribwa, kugira ngo bagire uruhare mu kurwanya ingaruka ziterwa no kwangiza ibidukikije.
Abanyeshuri n’abarezi b’ishuri ryigenga ryitwa Les Poussins basuye banaremera abaherutse kwibasirwa n’ibiza bo mu Murenge wa Rugerero, mu Karere ka Rubavu, Intara y’Iburengerazuba.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kiratangaza ko kigiye gufatanya n’ikigo gihugura ku buhinzi bubungabunga ibidukikije cya Caritas ya Diyosezi ya Kabgayi, mu guteza imbere ubuhinzi butangiza ibidukikije (CEFOPPAK).
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na mugenzi we wa Zambia Hakainde Hichilema, bagaragaje ukuntu ikoranabuhanga ryakemuye ikibazo cy’ingorabahizi, cyo kohererezanya amafaranga mu myaka yo hambere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko ubushake bwa Politiki z’Ibihugu bya Afurika ari ingenzi mu kunoza no gushyira mu bikorwa amasezerano y’isoko rusange rya Afurika.
Abagize Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCPD), n’abagize imiryango yita ku bafite ubumuga mu Rwanda, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe rwa Kabgayi, banaremera imiryango ibiri y’abafite ubumuga barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babaha inka.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yasshimiye Musenyeri Smaragde Mbonyintege wayoboye Diyosezi ya Kabgayi, anasaba Musenyeri mushya w’iyo Diyosezi, Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa, kugera ikirenge mu cy’uwo asimbuye ku buyobozi bwa Diyosezi ya Kabgayi.
Umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi ucyuye igihe, Musenyeri Simaragde Mbonyintege, yashimiye Perezida Kagame kuba yaramubaye hafi mu bikorwa bya Diyosezi, mu myaka 17 ishize ari umushumba wa Diyosezi ya Kabgayi.
Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ruhango (JADF) n’ubuyobozi bw’Akarere, baravuga ko biyemeje gushyira hamwe bakareba uko umuturage yungukira mu bikorwa bihuriweho n’izo nzego, hagamijwe gukemura ibibazo byugarije imibereho myiza y’abaturage.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rwaburanishije imiryango isaga 200, ku kirego cyo kutagira ibyangombwa by’irangamimerere byatwikiwe mu biro by’izahoze ari Komini Mushubati, Buringa na Nyakabanda mu ntambara y’abacengezi mu myaka ya 1997-1998.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Murenge wa Nyamabuye bagabiye inka ebyiri imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye, mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango basanga mu gihe cyo kwibuka, hakwiye no kugarukwa ku mazina amwe y’abari bayoboye Jenoside kugira ngo hakomeze kugaragazwa ukuri kwayo.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwahamije uwitwa Rusumbabahizi wo mu Karere ka Ruhango, icyaha yo kwica umugore we n’umwana yari atwite, rumukatira igifungo cya burundu.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kamonyi barasaba ko igihe giteganyijwe cyo kumurika no gucuruza ibyo bakora cyakongerwa, kugira ngo ibyo baba bazanye babone umwanya wo kubicuruza no gukomeza guha amakuru ababagana.
Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Birembo, Rukundo Jean Baptiste, mu Kagari ka Mpushi, Umurenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, avuga ko ibyumba bitatu barimo kubakirwa bigiye gukemura ikibazo cy’abana basangiraga icyumba kimwe cy’ishuri batiga mu mwaka umwe.
Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, barasaba abaturage kwirinda kwihanira ahubwo bagakumira ibyaha bitaraba, mu rwego rwo kwirinda ubwicanyi buturuka ku makimbirane mu miryango.
Abanyamuryango ra RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo biyemeje kongera ubuso bwuhirwaho mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi mu gihe Abanyarwanda binjiye mu gihe cy’impeshyi.
Mushimiyimana Laurette avuga ko itariki ya 02 Kamena 1994, ari itariki y’umuzuko kuri we kuko Inkotanyi zamurokoye i Kabgayi amaze iminsi itatu agerageje kwiyahura kubera uburwayi bwa macinya yari afite kandi nta muti abona.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi i Kabgayi mu Karere ka Muhanga bavuga ko kuva ku butegetsi bwa Repubulika ya mbere n’iya kabiri, Abatutsi bahohotewe bagakorerwa Jenoside ariko babanje guhangayikishwa, ku buryo bishwe baramaze guteshwa agaciro bikanatuma ntawe ubasha kwirwanaho.
Umucuruzi wari umenyerewe mu by’akabari mu Mujyi wa Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye, Vincent Nsengimana, yitabye Imana azize urupfu rutunguranye.
Abari bafungiye ibyaha birimo guhohotera abagore, ubujura, ubuhemu n’ibindi byaha bito biyemeje kwisubiraho bakabana neza n’abandi mu muryango Nyarwanda.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga, n’abafatanyabikorwa bayo baravuga ko hari gahunda yo kuzamura ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga, kugira ngo abiga mu mashuri atandukanye barusheho kurikoresha, biborohereze mu myigire yabo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof. Jeannette Bayisenge, avuga ko kwica umugore bigamije kurimbura umuryango, kuko ari we utwita akanabyara naho kwica umwana bikaba bigaragaza kwica ejo hazaza h’Igihugu, byose bikaba byari bikubiye mu mugambi wo kurimbura burundu Umututsi muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyeshuri n’abarimu bo ku ishuri ribanza rya Urukundo Foundation mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bigiye byinshi mu gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kabgayi, ruruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi 10 y’abiciwe i Kabgayi.
Abakorera ibigo 18 bya Diyosezi ya Kabgayi birimo iby’uburezi, ubuvuzi n’izindi serivisi bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barimo n’abari abakozi babyo, biyemeza gukomeza kubumbatira ubumwe no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Senateri Antoine Mugesera asobanura ko kugira ngo u Rwanda rugire ubuyobozi buzaramba imyaka n’imyaka, bisaba abayobozi gukomeza kubumbira hamwe abanyagihugu, kuko kugira ngo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ishoboke, byavuye ku buyobozi bucamo ibice Abanyarwanda.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Murenge wa Mbuye, baravuga ko mu rwego rwo gukomeza gusigasira amateka, bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside, iterera umusozi wa Nzaratsi ugana ku rutare rwicirwagaho Abatutsi, wiswe Karuvariyo.
Umubyeyi witwa Urujeni Therese warokotse Jenoside mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango atangaza ko, ababyeyi be ba batisimu banze kumuhisha mu gihe cya Jenoside biba gukabya inzozi ze, kuko n’ubundi ngo na mbere yajyaga abirota.
Imiryango y’Abapasitoro 81 biciwe i Gitwe mu Karere ka Ruhango, iratangaza ko mu rwego rwo kubungabunga amateka y’ababo bazize Jenoside, bagiye kubaka inzu ibumbiye hamwe amateka yabo.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga (PSF), bibutse bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, baremera imiryango 18 y’abatishoboye barokotse Jenoside, batujwe mu Mudugudu wa Kabingo, Akagari ka Tyazo mu Murenge wa Muhanga.