Ibirindiro by’umutwe wa FDLR byari Rusamambo byafashwe n’ingabo za Congo zifatanyije na Mai Mai Cheka, abayobozi barimo Gen Rumuri barahunga.
Abayobozi b’imidugudu mu Karere ka Rwamagana barasabwa gufasha abaturage kurwanya amakimbirane mu miryango kandi bagatanga amakuru kare mbere y’uko bigeza ku bwicanyi.
Abatuye umurenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma, bashima ingufu ziri gushyirwa mu guca kanyanga, hafatwa abaziteka bagashyikirizwa ubutabera.
Abarwanyi ba FDLR bane basize ubuzima mu bitero byo gusahura abaturage ahitwa i Rugari barashwe n’ingabo za Kongo tariki 16-17 Ugushyingo 2015.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rutsiro kuva ku wa 17 Ugushyingo 2015 ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kurya ruswa.
Kuri uyu wa 18 Ugushyingo abantu 2 bo midugudu wa Mirama I na Mirama II biyahuye umwe yitaba Imana.
Bus ya ONATRACOM, kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2015 yahiriyemo ibicuruzwa igeze mu Kagari ka Rutaraka mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare.
Kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2015 mu ma saa mbeli n’igice, mu gishanga cya Base mu Karere ka Ruhango batoraguye umurambo w’umuntu ariko ntibamenya uwo ari we.
Polisi y’u Rwanda yerekanye abajura babiri yafatiye i Gikondo ku mugoroba wo kuwa Gatanu, bibisha imbunda yo mu bwoko bwa Pistolet.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rukomo mu Karere ka Nyagatare buvuga ko kutagira sitasiyo ya Polisi aribyo bikurura abajura biganjemo ab’amatungo magufi.
Abaturage bo mu Kagari ka Ruragwe mu Murenge wa Rubengera muri Karongi bavuga ko baterwa ubwoba n’abajura bafata bakababwira ko nibabivuga bazabica.
Impanuka ya moto igonze ikamyo ikibirindura mu muhanda muri iki gitondo, yateje akavuyo muri kaburimbo yo ku muhanda ugana Kinamba - Nyabugogo.
Uwahoze ayobora ingabo za Loni zabungabungaga amahoro mu Rwanda 1994 Lt Gen Dallaire yasuye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo
Abaturage bo mu Murenge wa Mahama muri Kirehe batoraguye uruhinja mu murima ruvirirana amaraso mu mazuru, ariko rupfira kwa muganga.
Umugabo witwa Ndizihiwe Canisius yatawe muri yombi ashinjwa ko imbwa ye imaze iminsi irya abantu, akaba yarananiwe kuyizirika ndetse bigakekwa ko ishobora kuba idakingiye.
Mukamana Immaculée utuye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza yatoraguye uruhinja rukimara kuvuka ruzingazinze mu bitenge hafi y’urugomero rw’amazi.
Hakizimana Emmanuel ari mu maboko ya polisi guhera mu mpereza z’icyumweru dushoje, nyuma yo gufatanwa ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Abaturage bo mu murenge wa Muganza mu karere ka Nyaruguru babangamiwe n’insoresore zinywa inzoga zitemewe zigateza umutekano muke.
Polisi mu Karere ka Muhanga irasaba abakora akazi kazwi ku izina rya karani ngufu gukomeza kunoza akazi kabo bakirinda ibiyobyabwenge n’ubujura bwa hato na hato.
Polisi Mpuzamahanga(Interpol) yashimye kuba ibigo bishinzwe kuvura abahohotewe no kurwanya ihohoterwa bya Isange One Stop Centers ari umwimerere w’u Rwanda.
Akarere ka Gasabo na Polisi y’Igihugu, kuri uyu wa 04 Ugushyingo 2015, beretse itangazamakuru ryitabiriye inama ya Interpol uburyo Polisi ikorana n’abaturage mu micungire y’umutekano.
Mu Mudugudu wa Rukoko, Akagari ka Rufungo mu Karere ka Karongi kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2015 hatoraguwe umurambo w’uwitwa Mbarushimana Fulgence.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yijeje Polisi Mpuzamahanga (Interpol) iteraniye mu Rwanda kuva ku wa 02 kugeza 05 Ugushyingo 2015, ubufatanye mu gushakira isi umutekano.
Umurambo wa Mukabugingo Frida wo mu Murenge wa Kirehe wabonetse mu gishanga cya Nyamugari gihingwamo umuceri nyuma y’iminsi itanu aburiwe irengero.
Ndayisaba Protegene na Muvandimwe Eric bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana mu Ruhango, nyuma yo gufatanwa Kanyanga benga n’urumogi kuri uyu wa 27 Ukwakira 2015.
Munderere Léontine, wo mu Mudugudu wa Bugaba, Akagari ka Gihira mu Murenge wa Gacurabwenge, yabyaye umwana amujugunya mu musarani, akurwamo n’abaturanyi nyuma y’iminsi irindwi.
Mu kagari ka Gihira mu murenge wa Ruhango ho mu karere ka Rutsiro hatoraguwe igisasu cya gerenade gifatwa kitaraturika.
Umusore w’imyaka 24 yatemye umugabo w’imyaka 35 mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango muri Rutsiro ubu akaba agishakishwa kuko yahise atoroka.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa 26 Ukwakira 2015, abajura birukankije DASSO warindaga ku Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare batwara televizeri na dekoderi.
Imisanzu y’abaturage 100% yatumye imirenge icyenda yo muri Gasabo yigurira imodoka nshya icyenda zo kubafasha gucunga umutekano mu mirenge yabo.