Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umugabo witwa Ngaboyisugi Bernard w’imyaka 28 y’amavuko wo mu Kagari ka Gafumba mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, ubwo yageragezaga kwiba abazungu bari bari mu isoko rya Rugarama.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ifite intego y’uko mu mpera za 2020, umubare w’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha (Rwanda Youth Volunteers in Community Policing) rukorana na yo uzaba wariyongereye ukagera nibura kuri miliyoni imwe.
Mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, umugabo ufite uburwayi bwo mu mutwe yatemye abantu barindwi umwe ahasiga ubuzima abandi barakomereka bikomeye.
Ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda, kuri uyu wa gatatu tariki 22 Mutarama 2020, habereye umuhango wo gushyikiriza Igihugu cya Uganda umurambo w’umwe mu baturage batatu baherutse kurasirwa mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera ubwo bashakaga kurwanya Polisi y’u Rwanda nyuma y’uko yari ibahagaritse.
Abafite ubumuga mu Karere ka Muhanga baravuga ko gahunda ya Gerayo Amahoro izagabanya ubumuga buterwa n’impanuka igihe abakoresha umuhanda baramuka bayubahirije.
Ikigo cy’imari Duterimbere IMF mu Karere ka Ruhango cyibwe n’abajura batoboye inyubako ya banki, bakangiza umutamenwa bagatwara miliyoni zizaga 11frw basanzemo.
Mu rwego rw’ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’amatorero ya Porotesitanti mu kurwanya impanuka zo mu muhanda, kuri iki cyumweru tariki 19 Mutarama 2020, hirya no hino mu gihugu mu nsengero hatangijwe ku mugaragaro ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’.
Chief Supertendent of Police (CSP) Alphonse Businge, Umuyobozi wungirije wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba, arasaba abatwara ibinyabiziga kutagenda bacunga Polisi, ko ahubwo bakwiye gutwara batekereza ku buzima bwabo.
CIP Hamdoun Twizeyimana, umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu Ntara y’Iburasirazuba avuga ko 80% by’impanuka ziterwa n’imyumvire.
Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda(Traffic Police) ryasobanuriye abatwara ibinyabiziga uruhande rw’umuhanda bakwiriye kuba banyuramo, abatabyubahiriza bagafatirwa ibihano.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mutarama 2020, Ingabo z’u Rwanda, Abapolisi ndetse n’abakora mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka, bahuriye mu mahugurwa y’umunsi umwe agamije kubungabunga umutekano wo ku mipaka.
Mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga ku muhanda uva i Kabuga ujya ku Murindi, tariki 14 Mutarama 2020 habereye impanuka yahitanye umuntu umwe, batatu barakomereka bikomeye.
Abapolisi 140 b’u Rwanda bamaze gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Repubulika ya Santre Afurika (CAR), kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2020.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CP Rogers Rutikanga, avuga ko nk’uko Kiliziya yifuza ko abantu babaho badakora ibyaha, na Polisi ari uko.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdoun Twizeyimana, avuga ko kuva ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bwatangira impanuka zo mu muhanda zimaze kugabanukaho 11%.
Uwitwa Emmanuel Ntivuguruzwa w’imyaka 28 ari mu maboko ya Polisi, akurikiranyweho gushinga ikigo cyitwa “Isango Group Ltd” cyizeza abantu ko kirimo kubahuza n’abifuza abakozi, ariko buri muntu akabanza kwishyura ikiguzi cy’amafaranga 12,500 Frw.
Abarimu batatu bahitanywe n’igitero cya Al-Shabab cyagabwe mu mu ishuri ribanza mu gace ka Kamuthe, mu ntara ya Garissa mu gihugu cya Kenya kuri uyu wa mbere.
Kiliziya Gatolika yemereye Polisi y’u Rwanda ko amateraniro y’abayoboke bayo yose agomba kwigishirizwamo ubukangurambaga bwiswe ‘Gerayo Amahoro’ na ‘Rengera Umwana’.
Mu rwego rw’ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda na Kiliziya Gatolika mu kurwanya impanuka zo mu muhanda, kuri iki cyumweru tariki 12 Mutarama 2020, hirya no hino mu gihugu muri Kiliziya Gatolika hatangijwe ku mugaragaro ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’.
Ku wa gatanu tariki ya 10 Mutarama 2020, mu ishuri rikuru rya gisirikare ry’u Rwanda riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, ku nshuro ya munani hizihijwe umunsi wahariwe umuco mu bya gisirikare.
Abaturage baturiye umusozi wa Rubavu mu Kagari k’Amahoro mu Mujyi wa Gisenyi, batangaza ko bugarijwe n’imbwa n’abajura baturuka mu mashyamba ari ahahoze hatuye abaturage bimuwe ku musozi wa Rubavu bakajyanwa Kanembwe.
Kuva muri Nzeri umwaka ushize wa 2019, igihugu cya Australia cyafashwe n’inkongi y’umuriro ku gice cyacyo kinini, haba mu mashyamba ndetse no mu mijyi ituwe n’abantu benshi, ku buryo 24 bamaze gupfa, abasaga 10 baburirwa irengero, naho ibihumbi 100 bakaba baramaze guhunga iyo nkongi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko kuba igihugu cya Uganda gitangiye kurekura Abanyarwanda bafungiyeyo, ari kimwe mu bimenyetso byerekana ko Uganda yiteguye guhagarika ifungwa n’iyicarubozo ku Banyarwanda bari muri icyo gihugu.
Ibirindiro bibiri by’abasirikare ba Amerika muri Iraq byagabweho igitero cy’ibisasu birenga icumi bya misire ziraswa kure, nk’uko byatangajwe n’ibiro by’Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe umutekano.
Umukecuru w’imyaka 88 wo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Muhoza, nyuma yo gufatanwa urumogi.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga baravuga ko integanyanyigisho bakoreshaga yavugururwa ikongerwamo amasomo ajyanye na gahunda ya Gerayo Amahoro.
U Rwanda ruravuga ko irekurwa ry’Abanyarwanda barindwi bari bamaze igihe bafungiwe muri Uganda ari ikintu cyiza ariko kidahagihe, ugereranyine n’umubare w’Abanyarwanda bafungiyeyo.
Urukiko rwa gisirikare rwa Makindye muri Uganda, rwarekuye Abanyarwanda barindwi bari bafungiye muri iki gihugu bashinjwa ibyaha birimo ibyo kuba intasi z’u Rwanda.
Umunyarwanda witwa Mbonabakeka Félicien w’imyaka 35 uvuka mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, biravugwa ko yiciwe muri Uganda mu ijoro ryo ku itariki 31 Ukuboza 2019 rishyira kuwa 01 Mutarama 2020, agashyingurwa mu buryo butazwi.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu CP John Bosco Kabera, yasabye Abanyarwanda kumenya nimero itishyurwa bagomba guhamagaraho kugira ngo bajye batabarwa vuba na bwangu.