Kuri uyu wa gatatu tariki ya 01 Mutarama 2020 Leta y’u Rwanda yakiriye umunyarwandakazi witwa Nyiramwiza Pascaline ufite imyaka 25 wakorewe iyicarubozo agatemwa akaboko kagacika ndetse agatemwa no mu mutwe ubwo yari mu gihugu cya Uganda.
Mu gihe hasigaye amasaha make ngo umwaka wa 2020 ugere, Polisi y’u Rwanda yasabye abantu kwigengesera, birinda kwishora mu byaha, ibasaba no gutanga amakuru y’ikintu cyose babonye cyabangamira ibyishimo by’abandi.
Abagabo batatu bari mu maboko ya Polisi bakurikiranyweho kwiyitirira Polisi, bakariganya abaturage amafaranga babizeza impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga (Perimi).
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruvuga ko umubare w’abacungagereza rufite ukiri hasi cyane kuko kugeza ubu umwe acunga imfungwa zisaga 30.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yaburiye buri wese ugitekereza gushakira amahaho mu gihugu cya Uganda, asaba abaturage kubicikaho nyuma y’ibibazo by’iyicarubozo rikomeje gukorerwa Abanyarwanda bari muri icyo gihugu.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yashimiye ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano kubera ubwitange zagaragaje mu gucunga umutekano haba mu gihugu ndetse no mu mahanga.
Ni kenshi Polisi y’u Rwanda ihora ikangurira abaturarwanda by’umwihariko abatwara ibinyabiziga uko bagomba kwitwara mu bihe by’imvura nyinshi kugira ngo babashe gukiza ubuzima n’imitungo byabo.
Guverinoma yasabye abatuye i Kigali bose bafite inzu zashyizweho ikirango cy’amanegeka X kwimuka mu rwego rwo guhunga ibiza bishobora kubasenyera no kubica.
Imvura yaguye ku mugoroba wa Noheli 2019 mu Mujyi wa Kigali yateje imyuzure n’imivu y’amazi, kugeza n’aho itembana imodoka.
Polisi y’u Rwanda irasaba abaturarwanda muri rusange kwishimira iminsi mikuru ariko birinda kubangamira abaturanyi babo bakoresheje amajwi asakuza.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, iratangaza ko ifunze Umugande witwa Mugenyi Rachid w’imyaka 27, ukekwaho kunyuza ibiyobyabwenge bya mugo (heroine) mu Rwanda.
Buri mpera z’umwaka haba hari iminsi mikuru ikomeye Abanyarwanda, ndetse n’abatuye Isi muri rusange, bizihiza. Tariki ya 25 Ukuboza abakristo bemera Yesu/Yezu bizihiza isabukuru ye y’amavuko nk’umwana w’Imana n’umukiza, ni mu gihe tariki ya mbere Mutarama uba ari umunsi wo gutangira umwaka mushya hasozwa undi.
Kuva tariki 16 kugeza tariki 19 Ukuboza 2019, abantu batatu bafatiwe mu bikorwa byo kwiba umuriro w’amashanyarazi.
Bamwe mu Banyarwanda bakomeje gukorerwa iyicarubozo muri gereza zinyuranye zo mu gihugu cya Uganda, aho mu buhamya bwabo bemeza ko bakoreshwa imirimo y’agahato mu gihe cy’umwaka n’igice, baratangaza ko ubashije kubona amashilingi angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 200 ari we urekurwa.
Mukiza Willy Maurice ni umwana wa kabiri wa General Major Ntawunguka Pacifique ubarizwa mu mashyamba ya Congo mu mitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda bitazabagwa amahoro, igihamya kikaba ari ababigerageje ariko bakahasiga ubuzima, abandi bagafatwa, abandi bagahunga.
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Gen. Patrick Nyamvumba ubwo yatangizaga inama nkuru ya Polisi yahuje abayobozi ba Polisi batandukanye baturutse hirya no hino mu gihugu aho bakorera mu mashami yayo, yabibukije ko ubunyamwuga n’ikinyabupfura ari byo bigomba gukomeza kuranga buri mupolisi wese kugira ngo inshingano zo (…)
Ku wa mbere tariki ya 16 Ukuboza 2019, abapolisi b’u Rwanda 280 barimo abagore 54 bagiye mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika.
Aba Ofisiye bo mu gisirikari cy’u Rwanda (RDF Officers) bari bamaze ibyumweru bibiri bahugurirwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze, kuwa gatanu tariki 13 Ukuboza 2019 bayasoje biyemeje gufasha bagenzi babo kongera ubumenyi bubategura koherezwa kubungabunga amahoro mu (…)
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura, arasaba abayobozi mu nzego z’ubuyobozi, uhereye ku mudugudu, gufatanya n’ingabo mu kwirindira umutekano.
“Kugira ngo muzahagararire neza igihugu mugomba kwitanga no kwigomwa,” aya ni amwe mu magambo akubiye mu butumwa umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yagejeje ku Polisi b’u Rwanda 280 bitegura kujya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Ukuboza 2019, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, abapolisi 27 barimo 13 b’u Rwanda na 14 baturutse mu gihugu cya Sudani y’Epfo basoje amahugurwa bari bamazemo ibyumweru bitatu. Aya maguhurwa ajyanye no gucunga umutekano ku bibuga by’indege.
Umuturage wo mu gihugu cya Uganda witwa Sebudidimba John, arwariye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika mu Karere ka Burera, aho ashinja ingabo za Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.
Ubuyobozi bw’Inama y’Abasheikh mu Rwanda ku bufatanye n’umuryango Never Again Rwanda bateguye amahugurwa agamije gusobanura imiterere n’ingaruka z’icyaha cy’icuruzwa ry’abantu (Human Trafficking).
Ikigo cy’itumanaho mu Rwanda Airtel ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda kuwa gatatu tariki ya 04 Ukuboza 2019, batangije ukwezi ko kwirinda impanuka mu ngendo zisoza umwaka.
Polisi y’u Rwanda imaze amezi atandatu itangije mu gihugu hose ubukangurambaga bwahawe inyito ya ‘Gerayo Amahoro’.
Nkurunziza Emmanuel avuka mu Karere ka Kirehe, Umurenge wa Nyarubuye, Akagari ka Nyabitare, Umudugudu wa Kazizi ya mbere. Yavuye mu rugo tariki 20 Gicurasi 2018, agiye muri Uganda gupagasa (gushaka imibereho).
Ndayambaje Jackson, umusore w’Umunyarwanda w’imyaka 26, agaragaza kwiheba gukabije bitewe no gufungirwa mu magereza menshi mu gihugu cya Uganda, aho avuga ko yakubitiwe, akicishwa inzara ndetse akanakoreshwa imirimo y’agahato.
Abapolisi 240 b’u Rwanda, kuri uyu wa mbere basimbuye bangenzi babo 240 bamaze umwaka mu muri Sudani y’Epfo, aho bajya kurinda ibigo by’Umuryango w’Abibumbye (UN), abakozi bawo ndetse n’inkambi z’impunzi.
Urwego rw’igisirikari cya Uganda rushinzwe iperereza (CMI) rwataye muri yombi abanyeshuri bane b’Abanyarwanda bigaga muri kaminuza ku mpamvu zitahise zitangazwa.