Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi mu Rwanda (REB), buratangaza ko mu gihe kigera ku myaka itatu bamaze bari mu Rwanda, abarimu b’abakorerabushake bigisha Igifaransa bamaze gutanga umusaruro, kuko batumye ireme ry’uburezi by’umwihariko mu rurimi rw’Igifaransa ryiyongera.
Kaminuza y’Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga n’Ubucuruzi (University of Tourism, Technology, and Business Studies - UTB), kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Ugushyingo 2024, yatanze impamyabumenyi n’impamyabushobozi ku banyeshuri basaga 1,000 barimo n’abanyamahanga basoje amasomo yabo mu mashami atandukanye. Abo banyeshuri barashima (…)
Umushinga w’abanyeshuri ba Agahozo Shalom wegukanye irushanwa ry’ibiganiro mpaka ku micungire y’ifaranga rizwi ku izina rya ‘Money makeover’, ryabaga ku nshuro yaryo ya kabiri.
Mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye byo mu mwaka wa 2023/2024 abanyeshuri bigaga imyuga n’ubumenyi ngiro batsinze neza kurusha bagenzi babo bigaga ubumenyi rusange.
Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) yatangaje amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye byakozwe mu mezi ya Nyakanga na Kanama 2024, aho 78.6% ari bo babitsinze bakaba bazahabwa impamyabumenyi.
Abayobozi batandukanye barimo ba Minisitiri b’Uburezi muri bimwe mu bihugu bya Afurika bitabiriye inama ya ‘Africa Foundation Learning Challenge 2024’ (Africa FLEX 2024), basangiye ubunararibonye ku buryo bwo kunoza imyigire n’imyigishirize mu mashuri y’ibanze.
Kuri uyu wa Mbere, Ishami ry’Umuryango w’Abibmbye ryita ku Bana mu Rwanda (UNICEF Rwanda), ryatangije ubufatanye na Hempel Foundation, bugamije kongerera imbaraga uburezi bw’ibanze mu Rwanda.
Kuri uyu wa 08 Ugushyingo 2024, BK Foundation yasinyanye na Kaminuza y’u Rwanda (UR) amasezerano y’ubufatanye mu guhuza abanyeshuri n’abatanga akazi no kubazamurira imyumvire mu kwihangira imirimo, binyuze mu bujyanama butandukanye.
Igitekerezo cyo gushinga amashuri y’incuke ngo cyabajemo mu kwezi kwa Nzeri k’umwaka wa 1988, ubwo babonaga ababyeyi bajya guhinga bashoreranye n’abana, bakiriranwa na bo mu mirima ariko bagataha umubyizi utarangiye, kubera ko abo bana babaga babaruhije.
Ababyeyi n’abaturiye ishuri rya GS Gatenga I bavuga ko bafite impungenge z’umutekano w’abanyeshuri bahiga by’umwihariko abo mu mashuri abanza, bitewe no kuba iryo shuri ritazitiye.
Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Uburezi mu Rwanda (REB), kivuga ko nubwo hakigaragara abana batazi gusoma no kwandika neza, ariko umwana yari akwiye kuba abizi arangije umwaka wa gatatu w’amashuri abanza, ari na yo mpamvu hari gahunda zitandukanye zigamije gukemura icyo kibazo.
Abasesengura ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu burezi bw’amashuri yo mu cyaro, baratangaza ko ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga bikiri bikeya, bigatuma abanyeshuri batarikoresha uko bikwiye.
EdTech Monday, ikiganiro gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ukwakira 2024, kizibanda ku nsanganyamatsiko ya gahunda yo ’Kongera murandasi n’ibikoresho by’ikoranabuhanga mu bigo by’amashuri yo mu cyaro’.
Emmanuel Sitaki Kayinamura watangije umuryango ERM (Equipping, Restoring and Multiplying) avuga ko we n’abo bafatanya biyemeje gutanga umusanzu wabo mu kubaka u Rwanda, by’umwihariko bibanda ku rubyiruko kugira ngo barufashe na rwo kwibeshaho ndetse na rwo rugire uruhare mu guteza imbere Igihugu.
Abakozi ba Kaminuza y’u Rwanda basabye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda ko hatekerezwa ukuntu abayikoramo bakongererwa imishahara.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’ibanze (REB), cyungutse ibitabo bibiri bikubiyemo indangagaciro ziranga Umunyarwanda, bizafasha abanyeshuri mu myitwarire yabo, bityo bakazakura ari Abanyarwanda bizihiye Igihugu.
Abahanga bavuga ko siporo ari kimwe mu bituma ubuzima bwa muntu burushaho kugenda neza, haba mu mikorere no mu mitekerereze, mu mashuri siporo igafasha abana kuruhuka no gutuma ubwonko bukora neza bakabasha gutsinda, bamwe bakagira siporo umwuga ikaba yabateza imbere.
Polisi y’Igihugu n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bahembye abana icyenda, biga ku kigo cy’amashuri cya Cyobe mu Murenge wa Mbuye, kubera igikorwa cyo gukunda Igihugu bakoze barinda ko ibendera ry’Igihugu rigwa hasi kubera umuyaga n’imvura.
Abafite ibigo bifasha gukoresha ikoranabuhanga mu burezi, barasaba ababyeyi kugira uruhare mu kumenyereza abana babo ikoranabuhanga, n’iyo ubushobozi bwabo bwaba bukeya kuko ikoranabuhanga ryose rifite icyo ryongerera umwana bitewe n’ibyo yiga.
Intara y’Amajyaruguru ifite byinshi yihariye, bikomeje gukurura umubare mwinshi w’abaza bayigana, mu rwego rw’ubukerarugendo.
Mu kiganiro EdTech Monday cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Nzeri 2024, abatumirwa baragaruka ku ruhare rw’ababyeyi ku guha abanyeshuri ireme ry’uburezi bwifashisha ikoranabuhanga.
Umujyanama mu bya Tekiniki muri Minisiteri y’Uburezi, Pascal Gatabazi, avuga ko iyo amashuri ayobowe neza haba hari icyizere ko n’abana bayigamo biga neza.
Mukarubega Zulfat washinze Kaminuza y’Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga n’Ubucuruzi (University of Tourism, Technology, and Business Studies - UTB), avuga ko yishimira amahirwe u Rwanda rwahaye abagore, akavuga ko we by’umwihariko yiyemeje gutanga umusanzu we abinyujije mu burezi, mu rwego rwo kugira uruhare mu byo Perezida wa (…)
Mu Karere ka Huye hari ibigo by’amashuri bigemurirwa ibishyimbo bihiye, bikavuga ko na byo bibageraho bitinze, rimwe na rimwe abanyeshuri bakarya uburisho bwonyine. Kigali Today yegereye bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri, isanga batabivugaho rumwe.
Abana 150 baturuka mu miryango itishoboye bo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze biganjemo abiga mu mashuri abanza, bari barabuze uko basubira kwiga kubera kubura ibikoresho by’ishuri, babishyikirijwe bahita barisubiramo.
Ku munsi w’itangira ry’umwaka w’amashuri tariki 09 Nzeri 2024, ku mashuri n’ahakorera Ikigo cy’Imari cya Umwalimu SACCO, hiriwe umubyigano w’ababyeyi bavuga ko babuze uko bishyurira abana ishuri, cyane cyane abajya gutangira umwaka wa mbere n’uwa kane w’amashuri yisumbuye.
Abakosora ibizamini bya Leta baratangaza ko babangamiwe n’imyandikire y’abanyeshuri barangiza amashuri abanza bandika nabi ku buryo inyuguti nyinsi ziba zisa izindi zireshya bikagorana rimwe na rimwe gusobanukirwa n’ibyo umunyeshuri aba yanditse.
Musabyimana Albert warokotse Jenoside yatwaye abo mu muryango we hafi ya bose, ashima ubuyobozi bw’u Rwanda bwamwubatsemo icyizere cyo kubaho, ariga, ndetse abona akazi yiteza imbere, yiyemeza kwitura Igihugu ineza cyamugiriye ashinga ikigo cy’amashuri cyitwa Peace and Hope Academy gifasha abafite ubushobozi budahambaye.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko izakomeza gushyira imbaraga mu burezi budaheza mu rwego rwo gutanga amahirwe angana ku byiciro byose kugira ngo buri wese yerekane icyo ashoboye kuko byatangiye gutanga umusaruro.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko yamaze kubona no kwemera abanyeshuri 240 baziga muri Ntare Louisenlund School mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025.