Umukozi mu kigega gifasha abacitse ku icumu rya Jenoside (FARG) atangaza ko icyo kigega cyahaye burusu abanyeshuri 4678 barangije amashuri yisumbuye muri 2011.
Kubera ikibazo cy’ubujura bwo mu ngo kimaze iminsi kigaragara mu mirenge imwe n’imwe yo mu mujyi wa Kigali, umurenge wa Nyarugunga wo mu karere ka Kicukiro wakoze inama y’umutekano yihutirwa yafatiwemo ingamba zigamije guca ubwo bujura.
Ndahimana Jean de Dieu uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Asa ni umwe mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana akaba afite ubuhanga bukomeye mu njyana ya Afrobeat ndetse n’injyana ya R&B na Pop.
Jackson Kalimba uherutse kugaragaza ubuhanga buhambaye muri Tusker Project Fame 5 araganira n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu tariki 03/08/2012 mu rwego rwo kubanyuriramo uburyo Tusker Project Fame 5 yagenze kuri we.
Elie Munyazikwiye w’imyaka 31 yatawe muri yombi tariki 01/08/2012 na Polisi y’igihugu nyuma yo gufatanwa inoti eshashatu z’amafaranga 5000 ashaka kuyabitsa mu gashami ka Banki y’Abaturage ya Gakenke.
Minisiteri y’imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDMAR) yatangaje ko igiye kwagura inkambi ya Kigeme icumbikiye impunzi z’Abanyekongo kugira ngo iyi nkambi ibashe kwakira izindi mpunzi zigicubikiwe by’agateganyo mu nkambi ya Nkamira.
Temarigwe Abdallah uzwiho ubuhanga bwo kurya ibiryo byinshi kandi mu buryo budasanzwe mu Rwanda yatunguranye ntiyigaragaza neza muri uwo mukino ubwo yari mu mujyi wa Nyanza tariki 01/08/2012 umunsi wizihirijweho umuganura.
Twagiramungu Innocent ufite imodoka ya taxi minibus ararira ayo kwarika nyuma yuko icyuma cyo muri gare cyakubise reservoire y’imodoka ye maze lisansi y’ibihumbi 70 irameneka yose.
Muri kongere ya 6 y’umuryango AVEGA Agahozo yabereye mu karere ka Huye tariki 02/08/2012, umuryango IBUKA wasohoye itangazo ryamagana raporo y’Umuryango w’Abibumbye (ONU) ivuga ko u Rwanda rutera inkunga M23, umutwe urwanya ubutegetsi bwa Leta ya Kongo
Igikorwa cyo guhuza ubutaka buhingwaho kandi burwanyije isuri kimaze kugera kuri 87%, ugereranyije n’ibisabwa muri Gahunda za Leta zo kwikura mu bukene (IDPRS), nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi.
Ndikumana Souvenir w’imyaka 19 y’amavuko uvuga ko atuye mu karere Gasabo mu murenge wa Kimihurura mu mujyi wa Kigali yafatiwe mu cyuho yiba amafaranga y’iduka ricururizwamo telefoni zigendanwa mu mujyi wa Nyanza tariki 02/08/2012.
Abayobozi bo mu Ntara y’Amajyaruguru barasabwa gukora neza igenamigambi rijyanye na gahunda yo gutura mu midugudu kugira ngo hatazabaho urwitwazo ko kuba iyo ntara igizwe n’imisozi miremire byatumye abaturage badatura mu midugudu uko bikwiye.
Ihuriro ry’abamotari 6000 bakorera mu Ntara y’Uburasirazuba ryatangiye igikorwa cyo kubakira abakene amazu mu mudugudu w’icyitegererezo ahitwa Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi Akarere ka Rwamagana, inyubako ebyiri zizatwara amafaranga asaga miliyoni 10.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza burasaba abafatanyabikorwa b’ako karere mu iterambere gufatanya kugira ngo haboneke amafaranga miliyoni 150 yo gusana ikigo nderabuzima cya Mukarange.
Urwego rw’umurenge mu karere ka Kayonza rukoramo abakozi barindwi gusa bagenerwa umushahara, mu gihe bagombye kuba abakozi 11; nk’uko Leta y’u Rwanda yateganyije imyanya y’ubuyobozi ku rwego rw’umurenge.
Nyuma yaho bimaze kugaragara ko akarere ka Ruhango kaza ku isonga mu ihohoterwa, ubu imiryango itandukanye yatangiye igikorwa cyo kwegera abaturage ibashishikariza guhangana n’ihohoterwa iryo ari ryose.
Abanyamerika Julian Appel ufite imyaka 22 y’amavuko na Tina Gianakon w’imyaka 35 bari mu maboko ya polisi bakurikiranyweho gukorera imibonano mpuzabitsina mu isoko (supermarché) rwagati.
Ntakirutimana Frederick w’imyaka 22 yafatiwe mu cyuho yiba ibyuma by’ubwubatsi by’ururusengero rwa ADEPR ruherereye mu mudugudu wa Mont Cyangugu mu murenge wa Kamembe ahagana saa kumi z’igitondo tariki 02/08/2012.
Hashize ukwezi abakozi b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bajya kwivuza i Kigali bakababwira ko badashobora kwivuriza ku bwishingizi mu kwivuza basanzwe babamo bwa RAMA kubera ko ngo nta misanzu ikigo bakoramo cyatanze guhera muri Mutarama.
Bamwe mu bakinnyi bakinira Isonga FC bagiye kugurishwa mu makipe makuru yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda, kugira ngo haboneke umwanya wo kwakira abandi bana bakiri batoya bashaka kuzamuka mu mupira w’amaguru.
Umushumba wa diyoseze ya EAR Gahini mu karere ka Kayonza, Mgr Alexis Birindabagabo, aravuga ko nta mpamvu n’imwe ihari yatuma abacuruza n’abakoresha ibiyobyabwenge badahashywa burundu kuko nta mbunda cyangwa izindi mbaraga bafite zatuma badahagarikwa.
Santere ya Gahunga iherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera iri mu kizima nyuma y’uko mu ijoro rishyira tariki 01/08/2012 abajura bibye insinga zijyanayo umuririmo w’amashanyarazi.
Ministiri w’ubutabera, Tharcisse Karugarama, avuga ko niba abanyeshuri bo muri Amerika n’Ubwongereza basuye u Rwanda batarangijwe n’amakuru mabi basoma kuri internet, bashobora kuvuguruza abavuga nabi u Rwanda mu bihugu by’iwabo.
Sebuka Ildephonse w’imyaka 23 utuye mu karere ka Gakenke yanze ingurane y’amagare abiri ku ngorofani ye kuko bidashobora gukora akazi kamwe. Iyo ngorofani akoresha mu gutwara imizigo ifite ipine y’imodoka yo mu bwoko bwa tagisi.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball y’abahungu batarengeje imyaka 18 yatsinzwe na APR BBC y’abakuru amanota 67-55 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ntoya i Remera tariki 01/08/2012 wo kwitegura imikino y’igikombe cya Afurika (Afrobasket U18).
Abaturage bo mu karere ka Burera baturiye umuhanda Musanze - Cyanika ngo nibo batuma imodoka zitandukanye zikoresha uwo muhanda zibagonga kuko bawukoresha nabi bagenda n’amaguru ahagenewe kugenda imodoka.
Bamwe mu bacuruzi bo mu mujyi wa Nyanza barangurira ibicuruzwa byabo mu mujyi wa Kigali baratangaza ko batagihabwa fagiture z’ibicuruzwa bahagura kubera umuco mubi wadutse wo gushaka kunyereza imisoro.
Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda gukumira icyorezo cya SIDA, polisi y’igihugu igiye gutangiza gahunda yo gukeba abagabo n’abahungu mu mavuriro yayo.
Abanyekongo bari bavuye mu myigaragambyo imbere y’ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi bahuye n’umusore muri gareyamoshi bagatangira kumwita Umunyarwanda batangira kumukuramo amataratara (lunette) no kumwaka ibyo afite.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubumenyingiro (WDA) cyasinye amasezerano yo gutangiza imirimo yo kubaka ikigo kizaba gihagarariye ibindi bigo by’imyuga n’ubumenyingiro (IPRC).
Umunsi w’umuganura wizihizwa tariki 1/08/2012 ku rwego rw’akarere ka Nyanza wizihirijwe mu murenge wa Busasamana kuri stade y’ako karere bagerageza kwigana nk’uko wizihizwaga mu Rwanda rwo hambere.
Umugabo witwa Kamusoni bavuga ko arwaye mu mutwe mu mujyi wa Rwamagana yabwiye Kigali Today ko abaganga bamubwiye ko bazamuca ukuguru kuko inkende yamurumye ikamwanduza indwara avuga ko ari kanseri.
Umugabane wa Afrika ushobora kuba uri guhombera amafaranga menshi mu bigo by’ubucuruzi by’abanyamahanga n’imiryango mpuzamahanga iza gukorera mu bihugu bitandukanye kuri uyu mugabane.
Gatera Stanley, umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, ari mu maboko ya polisi kuva kuri uyu wa gatatu tariki 01/08/2012 azira inkuru y’igitekerezo yasohotse mu kinyamakuru ayobora. Gatera ashinjwa ko iyo nkuru igaragaramo ivangura.
Inama y’iminsi itatu y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) igamije gusuzuma no kwiga uruhare rw’itangazamakuru nka moteri y’interambere ry’akarere, izateranira i Kigali tariki 09-10/08/2012.
Abaturage basaga ibihumbi 70 bo mu mirenge itanu igize akarere ka Rusizi, tariki 31/07/2012, bamurikiwe umuyoboro w’amazi ufite uburebure bwa kilometero 74 wuzuye utwaye akayabo k’amafaranga asaga miliyari.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwashyikirije Ubushinjacyaha bw’u Rwanda andi madosiye abiri akubiyemo ibirego by’abagabo babiri bakurikiranyweho icyaha cya Jenoside batarafatwa.
Ntawugashira Hamisi bitaga Muzehe yarashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki 01/08/2012 ubwo yari acyuye ibyo yibye. Uyu mujura yari acumbitse mu mudugugu wa Nyagacaca, akagari ka Ruyenzi, umurenge wa Runda.
Umuhanzi Emile Nyezimana aritegura kugaruka mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru aho azaririmba mu imuraka rya albumu ya Dominic no muri World-Camp ya IYF. Aho hose ngo azahagaragara abyina reggea amanitse amaguru yombi.
Abaturage ndetse n’imwe mu miryango irwanya ihohoterwa mu karere ka Ngoma iravuga ko itumva impamvu hari abafungwa bazira ihohotera rishingiye ku gitsina nyuma bagahita barekurwa.
Bamwe batari barashoboye kubona uko bajya muri kaminuza kubera ingendo zihenze mu karere ka Gatsibo barishimira ko Institut Polytechnique de Byumba (IPB) igiye gushyira ishami ryayo mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Kiramuruzi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gatsata uri mu karere ka Gasabo buvuga ko nyuma y’impfu za hato na hato zidasobanutse zikunze kuwuvugwamo, bwafashe ingamba zo kwirukana abantu badafite imirimo isobanutse cyane cyane abagaragara ko bakora uburaya n’ubuzererezi.
Umuhanzi Kamichi umaze iminsi avugwaho kwaka ruswa umuhanzi Jason Derulo ubwo yari hano mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize aratangaza ko ayo makuru atari yo.
Polisi yo mu karere ka Nyagatare yataye muri yombi umukobwa wiga mu ishuri rikuru rya Umutara Polytechnic University ukurikiranyweho guta umwana we mu musarane.
Abaturage babiri bo mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bari mu maboko ya polisi bakekwaho gutema inka icyenda zari mu rwuri rwa Kanyenjwi utuye mu Kagari ka Rutungo mu ijoro rishyira tariki 30/07/2012.
Ubushakashatsi bwakozwe na sosiyete Deloitte mu gihe cy’amezi 18 bugaragaza ko amabanki yo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba yibwe miliyoni 48.3 z’amadolari hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga.
Sekamana Uwase Yannick Fred, Umunyarwanda ukina umukino wa Judo mubatarengeje ibiro 73 wari mu mikino Olempike iri kubera mu gihugu cy’Ubwongereza yasezerewe nyuma yo gutsindwa na Mendonca Bruno ukomoka mu gihugu cya Brazil.
Kuva uyu munsi tariki 01/08/2012, igiciro cya litiro ya lisansi cyangwa mazutu ntikigomba kurenza amafaranga 970 kuri stations z’i Kigali; nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda.
Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje ivanwaho ry’ibirego ku bayobozi bose barimo abo muri Ministeri y’imari n’igenamigambi, abari abayobozi cyangwa n’ubu bakiyobora muri Ministeri y’ibikorwaremezo, EWSA n’ibindi bigo bashinzwe imyubakire y’urugomero rwa Rukarara.