Umunyarwandakazi, Munyenyezi Beatrice, wari warafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika akurikiranyweho uruhare yaba yaragize muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri mata 1994 hamwe no kuba yarabeshye ashaka ibyangombwa, yarekuwe ejo tariki 12 Mata 2012.
Uko amasaha yagiye akura tariki 12/4/2012 ni ko n’ingaruka z’imvura y’umurengera yateye umwuzure zakomeje kugaragara mu karere ka Nyabihu. Mu masaha y’igicamunsi, undi mwana w’imyaka 13 yahitanywe n’ingaruka z’umwuzure w’imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa 11/04/2012 muri ako karere.
Kanyamibwa w’imyaka 55 y’amavuko wari utuye mu Kagali ka Kinini, Umurenge wa Shyogwe, Akarere ka Muhanga yapfuye tariki 10/04/2012 ahitanwe n’inzoga nyinshi yanyweye.
Abagabo bane n’umugore umwe bo mu karere ka kamonyi bacumbikiwe n’ubushinjacyaha bakekwaho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside kubera amagambo apfobya n’ahakana Jenoside yakorewe abatutsi, bavuze muri iki gihe cy’icyunamo.
Maridadi Musabyimana w’imyaka 31 yiciwe mu mudugudu wa Susa, mu kagari ka Musanze, umurenge wa Muhoza mu karere ka Musanze tariki 11/04/2012. Nubwo iperereza rigikorwa, bicyekwa ko yaba yishwe na mugenzi we bita Kazungu bapfa kutumvikana uko bagombaga kugabana amafaranga yari yavuye mu byo bibye.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba arasanga Imana yari ikwiye kwemerera Abanyarwanda bagakomeza kuyoborwa na Leta ya FPR yahagaritse Jenoside.
Mu rwego rwo kurushaho kunoza imikoreshereze myiza y’ubutaka, kwihutisha iterambere ndetse no korohereza ishoramari, uturere twa Gasabo na Kicukiro twatangiye gahunda yo gushyiraho ibishushanyo mbonera byihariye; nk’uko bitangazwa n’umujyi wa Kigali.
Nyandwi Cyprien w’imyaka 27 y’amavuko, arwariye ku kigo nderabuzima cya Congo Nil mu karere ka Rutsiro kubera inkoni yakubiswe n’umugabo witwa Habimana Emmanuel, ubwo yari amusanze yihagarika ku gikuta cy’inzu y’akabari Habimana acururizamo.
Mu gihe hirya no hino hari kwibukwa abatutsi bazize Jenoside mu 1994, abarokotse bo mu murenge wa Nyundo bababajwe n’imyuzure imaze iminsi yinjira mu rwibutso rw’uwo murenge.
Muhimpundu Beatrice aryamye mu bitaro bya Rwamagana atavurwa ubushye yaje kwivuza kuko ikarita ye ya mituweli yahiriye mu nzu.
Abaturage benshi baturanye n’ibirunga mu karere ka Musanze bibasiwe bikomeye n’amazi menshi y’imvura aturuka mu birunga. Ugeze ku ishuri rikuru rya INES, nko mu birometero 5 uvuye mu mujyi rwagati wa Musanze, urahasanga amazi atembana imbaraga nyinshi kurusha imigenzi.
Ivuriro ryitwa Girimpundu riherereye mu murenge wa Kimisagara mu karere ka Nyarugenge ryafunzwe by’agateganyo kuva tariki 10/04/2012 kubera ko ryatangaga imiti igabanya ubukana bwa Sida ku buryo butemewe n’amategeko. Ikindi ni uko iyo miti bayigurishaga kandi itangirwa ubuntu.
Abanyeshuri 90 bo muri kaminuza ya Kabale muri Uganda baje kwifatanya na bagenzi babo bigana b’Abanyarwanda, kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda no kwigira ku byabaye.
Uwimbabazi ubana n’ubwandu bwa SIDA yemeza ko amahenehene yamugiriye akamaro kuko yari yarazahajwe n’uburwayi none ubu akaba amaze kwiyongeraho ibiro bigera ku icumi.
Mugabarigira Jean bahimba Mironko ari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatirwa iwe mu urukerera rwa tariki 12/04/2012 ari kubaga inka ya Mutsindashyaka Joel utuye mu Kagali ka Mbyo umudugudu wa Kabeza.
Cyamunara yo kugurisha inzu ya Theoneste Mutsindashyaka yari imaze igihe itegerejwe yasubitswe kuri uyu wa kane tariki 12/04/2012, nyuma yo kubura umuntu wagereka igiciro cya miliyoni 992 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umwana w’imyaka 18 wo mu karere ka Nyabihu yahitanywe n’imvura idasanzwe yaguye mu ijoro rya tariki 11/04/2012. Iyo mvura yaguye guhera saa tanu z’ijoro igeza hafi saa moya za mu gitondo mu turere twa Nyabihu, Musanze na Rubavu yateye imyuzure yangije amazu 43 n’imyaka.
Biteganyijwe ko uruganda rw’imyumbati rwubatswe mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango ruzafungurwa ku mugaragaro na Perezida wa Repubulika Paul Kagame tariki 16/04/2012.
Umugabo witwa Bertold Wiesner wo mu Bwongereza ashobora kuba yarababyaye abana bagera kuri 600 hagati y’imyaka ya 1943 na 1962 aho yateraga abagore intanga ze abikoreye mu ivuriro rye mu rwego rwo kubafasha kubona urubyaro.
Nyuma yo kujuririra igifungo cya burundu yahawe kubera uruhare ya gize muri Jenoside yakorewe abatutsi muri komini Murambi yayoboraga, Gatete Jean Baptiste azasubira imbere y’urukiko tariki 07/05/2012.
Abayobozi bahagarariye ibihugu byabo mu muryango w’abibumbye (UN) bafashe umunota wo kunamira miliyoni isaga y’inzirakarengare zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 banacana urumuri mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside cyabaye tariki 11/04/2012 ku cyicaro cya UN i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Ushinzwe ibikorwa byo guhuza ingabo n’abaturage mu turere twa Karongi na Rutsiro, Cpt Twagira Vianney aratangaza ko isura y’abicanyi u Rwanda rwari rufite mu mahanga rwayihanaguye burundu none ubu igihugu kifuzwa n’amahanga.
Nyuma yo gushimwa no kugaragaza ko ingabo zarwo zishoboye gucunga no kugarura umutekano mu bihugu byinshi byagize ibibazo, ingabo z’ u Rwanda zasabwe no gucunga umutekano Juba mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Jean Damascene Ntawukuriryayo, yifatanije n’urubyiruko rugera ku 2248 mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Kuri Station ya Polise yo mu karere ka Nyagatare hafungiye abantu batatu kubera amagambo agaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside bagaragarije abacikacumu.
Abanyeshuri biga muri bimwe mu bigo by’amashuri yisumbuye byo mu karere ka Burera batangaza ko kuba bagiheka abarwayi mu ngombyi ya kinyarwanda babajyanye kwa muganga ari ikibazo gikomeye kibabangamiye.
Umugaba w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Lieutenant Genaral Ceaser Kayizari, aratangaza ko mu gihugu gitera imbere umutekano uba ari byose ndetse ibintu byose bikaba bigerwaho kubera umutekano.
Urubanza rwa Victoire Ingabire rwongeye gufata indi sura nshya, nyuma y’uko uruhande rumwunganira ruzanye undi mutangabuhamya mushya witwa Colonel Michel Habimana uvuga ko ipeti rya Colonnel Vital Uwumuremyi afite atigeze arihabwa, ndetse ari nawe wamuhaye amakuru yose y’ibyo bakoraga bakiri mu mutwe wa FDLR.
Mu gitabo cya gereza ya Mpanga bandikamo ibyo bashimye n’ibyo basaba ko byakosorwa, Komiseri Mukuru w’urwego rw’amagereza mu Rwanda, Gen. Maj Paul Rwarakabije we yanditse asaba kuzamura imyumvire y’imfugwa zaho kurusha uko yayisanze.
Ibihugu bitanu byose bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) byateye imbere mu korohereza abashoramari n’abacuruzi mu mwaka wa 2011. U Rwanda nirwo ruza imbere ugereranyije n’ibindi bihugu bigize EAC.
Umuvugizi w’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Roland Amoussouga, tariki 10/04/2012, yatangaje ko nta mfungwa n’imwe ifungiye icyaha cya Jenoside ishobora gutoroka gereza ifungiyemo aho ariho hose mu bihugu bizicumbikiye.
Abanyamakuru ba siporo mu Rwanda baribuka, ku nshuro ya kabiri, abakinnyi, abanyamakuru ba siporo, abakunzi ndetse n’abandi bose bagize uruhare muri siporo bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Nzabonimpa Jean Paul, Nzabamwita Yowasi na Shyirambere Jean Marie bose bo mu murenge wa Mahama mu karere ka Kirehe bafatiwe mu murenge wa Kirehe saa tanu z’ijoro tariki 10/04/2012 bafite ibiro 300 by’urumogi bashaka kurujyana i Kigali.
Nshimiyimana Iradukunda uzwi ku izina rya Ragadi yafashwe n’abaturage mu Kagari ka Rubaya mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, tariki 10/04/2012, akekwaho kwiba ibiro 40 by’ibirayi mu mirima y’abaturage.
Pasiteri Jean-Bosco Uwinkindi ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994 akaba afungiye ku rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) azahorezwa kuburanira mu Rwanda mbere y’itariki 19/04/2012.
Abagize ishyirahamwe Nyarwanda ry’abavuzi gakondo bahuriye mu ishyirahamwe AGA Rwanda Network bavuga ko buri Munyarwanda wese afite uruhare mu gikorwa cyo kwibuka.
Abacuruza ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda bafite ikibazo cyo kuba mu Rwanda hari ibigega bito, bikaba bibatera igihombo cyo kumara iminsi myinshi badakora, amakamyo yabo yarabuze aho apakururira.
Umugabo witwa Nshimiyimana Eugene w’imyaka 27 y’amavuko utuye mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, tariki 10/04/2012, yishe abana be babiri na nyina ubabyara abatemesheje umuhoro bivuye ku makimbirane yari hagati ye n’uwo mugore bashakanye.
Abana babiri bari mu kigero cy’imyaka 10 y’amavuko bagejejwe kuri sitatiyo ya Polisi ya Gahunga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera baregwa kumanura amatara ku mazu bakajya kuyagurisha.
Umwe mu Banyakoreya batuye mu mudugudu wa Karehe, Akagari ka Sheli, umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi, saa kumi z’umugoroba wo ku wa 9/4/2012 yasanze bakinguye inzu acumbitsemo bamwiba ibikoresho bitandukanye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Rulindo barasaba ko mu gihe ku nzibutso handikwa amazina y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi, hanateganywa umwanya w’amazina ya ba ruharwa mu kuyishyira mu bikorwa.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa wa Guverinoma, Tharcisse Karugarama, yakiriwe mu biro bya Perezida w’igihugu cya Togo Nyakubahwa Faure Gnassingbé, tariki 10/04/2012, amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we, Paul Kagame.
Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru arakangurira Abanyarwanda kurushaho gufata iya mbere bakikemurira ibibazo igihugu cyabo gifite kuko amateka agaragaza ko amahanga ntacyo yafashije.
Mbere y’uko icyunamo gitangira, abacitse ku icumu batuye mu murenge wa Muhura akarere ka Gatsibo bashyikirijwe urwandiko rubatera ubwoba rubabwira ko icyunamo kizarangira barangije kubica.
Nyuma y’imyaka 18 Abanyaruhango bibuka ababo baguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nibwo bwa mbere babonye ikigo gikomeye kiza kwifatanya nabo kikanabatera inkunga.
Abapolisi b’Abanyarwanda 189 bari mu butumwa bw’amahoro muri Haiti bitafanyije n’abandi Banyarwanda bakora muri icyo guhugu ndetse n’abakozi b’umuryango w’abibumbye mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.
Imiryango irindwi yo mu murenge wa Gitoki akarere ka Gatsibo icumbikiwe n’abaturage nyuma y’uko amazu yabo ajyanywe n’umuyaga wahushye mu mvura yaguye tariki 09/04/2012.
Imwe mu mihanda nyabagendwa yo mu duce twa Sahara ahagana ku mashuri ya St. Joseph mu karere ka Kicukiro ikomeje kwangizwa n’isuri muri iki gihe cy’imvura.
Shyirambere Jean Marie Vianney yaturikanywe n’igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade imuca ikirenge, ubwo yahiraga ubwatsi bw’amatungo tariki 10/04/2011.
Abanyarwanda baba mu Buyapani, Guverinoma y’icyo gihugu n’ishuti z’u Rwanda, kuri uyu wa mbere tariki 09/04/2012 bakoze igikorwa cyo kunamira inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.