Abaturage babiri bo mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bari mu maboko ya polisi bakekwaho gutema inka icyenda zari mu rwuri rwa Kanyenjwi utuye mu Kagari ka Rutungo mu ijoro rishyira tariki 30/07/2012.
Ubushakashatsi bwakozwe na sosiyete Deloitte mu gihe cy’amezi 18 bugaragaza ko amabanki yo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba yibwe miliyoni 48.3 z’amadolari hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga.
Sekamana Uwase Yannick Fred, Umunyarwanda ukina umukino wa Judo mubatarengeje ibiro 73 wari mu mikino Olempike iri kubera mu gihugu cy’Ubwongereza yasezerewe nyuma yo gutsindwa na Mendonca Bruno ukomoka mu gihugu cya Brazil.
Kuva uyu munsi tariki 01/08/2012, igiciro cya litiro ya lisansi cyangwa mazutu ntikigomba kurenza amafaranga 970 kuri stations z’i Kigali; nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda.
Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje ivanwaho ry’ibirego ku bayobozi bose barimo abo muri Ministeri y’imari n’igenamigambi, abari abayobozi cyangwa n’ubu bakiyobora muri Ministeri y’ibikorwaremezo, EWSA n’ibindi bigo bashinzwe imyubakire y’urugomero rwa Rukarara.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda asanga raporo zitandukanye zirimo izitunga agatoki u Rwanda guteza umutekano mucye muri Congo atari ikibazo; ngo ikibazo kizaba igihe Abanyarwanda bazumva ko kugira ngo babeho bazabikesha inkunga ziva mu mahanga.
Ikibazo cy’ubwicanyi mu bashakanye gikomeje gutera inkeke mu karere ka Gatsibo. Ubuyobozi butangiye gutunga akatoki imiryango y’abimukira baza kuhatura kuba aribo bakunze kurangwa n’amakimbirane abyara imfu.
Umugabo witwa Nkundimana Mugabwambere w’imyaka 42 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kibimba,akagari ka Gatarama, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yishwe atewe icyuma mu ijoro rishyira tariki 31/07/2012 mu masaha ya saa tanu n’igice z’ijoro.
Ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki 29/07/2012 ku kibuga cy’umupira w’amaguru cyo mu kagali ka Gatare, umurenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi habereye igitaramo cyahuje abaturage bose batuye umurenge wa Nkungu.
Mu nama yahuje abaturage b’umurenge wa Bushekeri n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke kuri uyu wa mbere tariki 30/07/2012, abaturage bahaye akarere impano y’isuka y’umujyojyo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari kamwe mu tugize Akarere ka Rwamagana yatunguye bagenzi be bakoranaga inama biga ku kibazo cyo kugenzura ko Nyakatsi yacitse burundu, avuga ko hakiri Nyakatsi nyinshi mu Kagari ke kuko ahabona Nyakatsi zihingwamo ibihumyo ndetse zikanahumbirwamo ibiti (pepinieres).
Nkurikiyumukiza Augustin w’imyaka 16, utuye mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango akekwaho gusambanya umwana ufite umwaka n’igice.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera bwafashe ingamba zo guca icuruzwa ry’inzoga y’ikigage yitwa “Umurahanyoni” nyuma yo kubona ko ari ikiyobyabwenge kuko abantu bayinywa bahungabanya umutekano.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mushisiro mu karere ka Muhanga, Sixte Mungarakarama, yitabye Imana ku wa gatandatu tariki 28/07/2012, umunsi yagombaga kwizihizaho isabukuru y’amavuko ye.
Umwongereza w’imyaka 34 y’amavuko yafashe icyemezo cyo kuva mu Bufaransa akajya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yoga kandi nta n’umwenda w’ubutabazi (life jacket)yambaye.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge 8 ku 10 igize akarere ka Nyanza mu Ntara y’amajyepfo barakora ihererekanyabubasha mu muhango uteganyijwe kuba kuri uyu wa kabiri tariki 31/07/2012 ku biro by’imwe mu mirenge itandukanye yo muri ako karere.
Ikibazo cy’intambara mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo gikomeje kuba agatereranzamba. Mu gihe Leta ya Congo yahakanye ko itazagirana ibiganiro n’abarwanyi ba M23, abahanga mu bya politiki bo baravuga ko ariwo muti ushobora kurangiza ikibazo.
Imodoka ifite purake RAA 552 yo mu bwoko bwa Taxi yagonze moto ifite purake R B 275 D tariki 30/07/2012 mu mujyi wa Ruhango uwarutwaye iyi moto arakomereka ahita ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kibingo kuvurizwa yo.
Umuhanzikazi Uwitonze Clementine uzwi ku izina rya Tonzi, yibarutse umwana wapfuye (umwana yapfiriye mu nda) mu ijoro rishyira kuwa mbere tariki 30/07/2012.
Abagenzura ibikorwa by’akarere ka Ngororero baragira inama ubuyobozi bw’ako karere kujya gakora inyigo z’ibikorwa birengeje agaciro k’amafaranga miliyoni 50 mbere yo kubikora mu rwego rwo gutanga ikizere cy’uburambe n’akamaro ibyo bikorwa bizagirira abaturage.
Jean Baptiste Mbonyumugenzi na Alias Mutsindashyaka batuye mu kagali ka Kivumu, Umurenge wa Cyeza mu karere ka Muhanga batawe muri yombi na Polisi nyuma yo gukubita Erade Nkerabahizi w’imyaka 51 akitaba Imana.
Abatwara abagenzi kuri moto (abamotari) bakorera mu mujyi wa Kigali barinubira ko moto ifatiwe mu ikosa iryo ari ryo ryose ifungwa igihe kingana n’ukwezi kandi ngo amashyirahamwe yabo akorana na polisi kuruta uko akorana nabo.
Ubucamanza bwagize umwere umunyamakuru wa Radio Huguka washinjwaga kuvuga amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside. Urubanza rwasomwe ku mugoroba wa tariki 30/07/2012 mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga basabwe kuba kuba intumwa z’u Rwanda no gutwara ubutumwa bunyomoza abavuga ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23 urwanya Leta ya Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Umunyamakuru w’ikinyamakuru The Chronicles, Idrissa Byiringiro Gasana, yitabye bwa mbere urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru kuri uyu wa mbere tariki 30/07/2012, kubera ibyaha akurikiranyweho byo gusebya Leta, ariko we yatangaje yabikoreshejwe ku gitugu.
Guverinoma y’u Rwanda irahamagarira umuntu wese mu Rwanda kugira amakenga no kumenya ibimenyetso bya Ebola, akanabimenyesha inzego z’ubuzima vuba na bwangu agize aho abibona bityo Ebola igakumirwa itaragira uwo yambura ubuzima mu Rwanda.
Charles na Te’Andra Wilson bo muri Mississipi Yepfo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, tariki 20/07/2012, bangiwe gusezeranywa n’umupasiteri wo mu rusengero rw’Ababatisita kubera ko ari abirabura.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bamaze gutanga amafaranga y’ubwishingizi mu kwivuza baracyari kubera ko batishimiye uko bashyizwe mu byiciro by’ubudehe, ari na byo bigaragaza abazarihirwa na Leta ndetse n’abazirihira.
Abakozi ba Sun Restaurant iri iruhande gato rwaho isosiyete itwara abagenzi ya Volcano Express Ltd ikorera mu mujyi wa Nyanza babyutse bigaragambya mu gitondo cya tariki 30/07/2012 bituma bahembwa imishahara y’amezi abiri bari bafitiwe.
Aho ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwafatiye ingamba zikomeye zo kurwanya ikiyobyabwenge cya Kanyanga, ubu icyo kiyobyabwenge cyasimbuwe n’inzoga ituruka muri Uganda yitwa African Gin.
Mu gace ko hafi y’ahubatse Cathedral Saint Andre ya Kibungo mu murenge wa Kibungo hari kuvugwa bubujura bukabije bw’insinga z’umuriro w’amashanyarazi nijoro igihe umuriro ubuze.
Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, arasaba abayobozi bose bo mu nzego z’ibanze, guhera kuri ba Guverneri b’intara n’umujyi wa Kigali kugeza ku bahagarariye imidugudu kuguma mu duce bayobora igihe cyose.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza bwatangije gahunda yo kubaka amashuri y’incuke muri buri mudugudu. Uretse kuba ayo mashuri azongerera abana ubumenyi azanagira uruhare mu kubarinda ihohoterwa.
Nsekanabo Cyprian w’imyaka 50 aravuga ko ababajwe n’ubusambanyi bwakorewe umuhungu we w’imyaka 6 y’amavuko. Ibi byagaragajwe n’isuzuma ryakorewe uyu mwana tariki 26/07/2012 n’ikigo nderabuzima cya Kibingo kiri mu karere ka Ruhango.
Umugabo witwa Tuyishime Emmanuel yahungiye mu gihugu cya Tanzaniya nyuma y’uko umugambi yari afite wo kugurisha abana babiri b’abakobwa umupfubanye.
Umuhanzi nyarwanda Kalimba Jackson wari waritabiriye amarushanwa ya Tusker Project Fame 5 yavuyemo atsinzwe n’Umunyakenyakazi Ruth yegukanye iryo rushanwa tariki 29/07/2012.
Kuri uyu wa mbere tariki 30/7/2012, Sekamana Uwase Yannick Fred ukina umukino wa Judo mu batarengeje ibiro 73, ni we Munyarwanda wa mbere uza gutangira amarushanwa mu mikino Olympique ibera mu Bwongereza.
Itegeko rirengera rikanakurikirana ababuriwe irengero, niryo ryonyine u Rwanda rwanze gusinya mu masezerano agera ku icyenda y’Umuryango Mpuzamahanga y’uburenganzira bwa mutnu.
Mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 29/07/12, imodoka ya Mini-bus yari itwaye abagenzi 18 yakoze impanuka irenze gato ahitwa ku Kivumu mu karere ka Muhanga ubwo yavaga mu karere ka Nyanza igana mu karere ka Musanze.
Nyuma y’umuganda rusange wabaye tariki 28/07/2012 urubyiruko nyarwanda rwagize umwuga ikoranabuhanga mu isakazabumenyi (ICT) bakoze igikorwa bise e-umuganda kigamije gushyira ibice bigize umujyi wa Kigali ku gishushanyo ndanga karere (openstreetmap).
Ntirugiribambe Jean Damascene w’imyaka 38 yatawe muri yombi tariki 29/07/2012 n’abaturage bo mu mudugudu wa Nyabinyenga, akagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, akekwaho kwiba inka yari ashoreye ayishakira umuguzi.
Abagize inteko ishinga amategeko, umutwe wa Sena, bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu karere ka Huye mu gikorwa cy’umuganda wabaye tariki 28/07/2012.
Ikipe y’abafite ubumuga bwo kutabona (goal ball) yo mu karere ka Gisagara yabashije kwegukana umwanya wa gatatu ku rwego rw’igihugu mu mikino yabaye muri uku kwezi kwa Nyakanga 2012.
Igitego cya kabiri cy’u Rwanda cyatsinzwe na Patrick Umwungeri cyatumye u Rwanda U20 rutsinda Mali ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika wabereye kuri Stade ya Kigali ku cyumweru tariki 29/7/2012.
Jason Derulo, umuririmbyi w’Umunyamerika wari waje kwitabira igitaramo cyo gusoza amarushanwa ya PGGSS 2, mbere yo gusubira iwabo muri Amerika yabanje gusura abarwayi mu bitaro bikuru bya CHUK aranabagaburira tariki 29/07/2012.
Urwego rwa polisi rushinzwe umutekano wo mu muhanda ruratangaza ko abakomvuwayeri bagiye gucibwa mu ma matagisi bitewe n’imyitwarire idahwitse yo gutongana n’abagenzi mu buryo butandukanye ibagaragaraho.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera buratangaza ko bwafatiye ingamba uburaya bw’abakobwa bafite munsi y’imyaka 18 bukorerwa muri santere ya Gitare, iri muri uwo murenge, kuburyo ngo muri iki gihe bumaze kugabanuka.
Umugabo w’umurundi w’imyaka 45 y’amavuko utashatse ko amazina ye atangazwa yibwe miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda hamwe n’imfunguzo z’imodoka ye yo mu bwoko bwa RAV 4 mu mujyi wa Nyanza.