APR FC ihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup ni yo kipe ya mbere yabonye itike yo gukina ½ cy’irangiza nyuma yo gusezerera URA yo muri Uganda iyitsinze ibitego 2 kuri 1 tariki 23/7/2012.
Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC), Amb. Richard Sezibera, atangaza ko urugaga nyarwanda rw’abikorera ntacyo runengwa ku kuba rudashora imari mu bindi bihugu bigize uwo muryango kuko rukirimo kwiyubaka kandi rugaragaza ubushake.
Jason Deluro uzaririmbira Abanyarwanda ku munsi wo gusoza amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 2 azasozwa tariki 28/07/2012, azagera mu Rwanda tariki 27/07/2012 ahagana saa mbiri z’ijoro.
Muhire William uzwi ku izina rya K8 Kavuyo yemeje ko umwana Miss Bahati Grace yabyaye ari uwe.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, atangaza ko nta ruhare na rumwe u Rwanda rufite mu ntambara zikunze kuba muri Kongo ngo ahubwo ibyo bibazo biterwa n’umuryango mpuzamahanga (international community) utumva ngo inashake igisubizo cy’ibyo bibazo.
Mu muhango wo gufungura ku mugaragaro ishuri rikuru rya gisirikare ryigisha abasirikare bari mu rwego rw’aba-officiers bakuru, Perezida Paul Kagame yavuze ko ishingwa ry’iryo shuri rigomba guha abasirikare bakuru amahirwe yo gushimangira imikorere y’igisirikare cy’u Rwanda.
Derek, umwe mu bahanzi bari gufasha abahanzi bari muri Primus Guma Guma Super Star 2 kuririmba (backing) kubera ubuhanga azwiho, arihanganisha King James kubera ibibazo ari guhura nabyo muri iyi minsi.
Itegekonshinga rishya riri gutegurwa mu gihugu cya Zimbabwe rirateganya ko muri icyo gihugu bavanaho igihano cyo kwicwa ku bagore bose.
Nzayisenga Samuel yitabye Imana biturutse ku miti yahawe n’umuvuzi gakongo witwa Macumi Francois utuye mu mudugudu wa Buharankakara wo mu kagali ka Mulinja ko mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza.
Afadhali Diallo, umunyeshuri wiga ibijyanye na farumasi muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda yatorewe kuba perezida w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ubumenyi mu miti ivura abantu muri Afurika (African Pharmacy Students Association) mu matora yabereye muri Algeria tariki 18/07/2012.
Inteko ishinga amategeko n’urwego rw’umuvunyi bemeye gufatanya mu gukemura ikibazo cy’ibirarane by’abahoze ari abakozi ba Leta mbere ya 1994.
Inzoga y’inkorano yitwa “Ikibabisi” yadutse mu karere ka Nyanza ishobora guhitana benshi ngo kuko abayinywa bayibonamo ibitangaza; nk’uko bitangazwa na Bizimana Egide umuyobozi w’umurenge wa Kibilizi.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yabaye tariki 23/07/2012 yashyize mu majwi amasosiyete atwara abagenzi mu gice cy’umujyi w’aka karere kuba lifuti zitanga zituma abana bakiri bato bajya mu burara ndetse bamwe bagasiba ishuli nta mpamvu.
Abanyarwanda bacuruza ibikomoka ku buhunzi byera mu Rwanda, baratanagaza ko bafite icyizere cyo kwigarurira isoko ryo muri Gabon n’akarere iherereyemo, nyuma y’uko ibyo bari bajyanyeyo mu imurikabikagirisha bamaze iminsi bakoreyeyo ryabungukiye.
Bahati Grace wahoze ari Miss Rwanda 2009 kugeza ubu akaba atarabona umusimbura, yibarutse umwana w’umuhungu mu ijoro ryo kuwa kane tariki 19/07/2012 ahagana saa sita z’ijoro.
Umucuruzi witwa Muhire Danny yivuganwe n’abagizi ba nabi mu ijoro rishyira 22/07/12ubwo yari avuye gucuruza ku kabari ke.
Mu muhango wo gufungura ku mugaragaro amahugurwa y’abarezi bazakora ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire mu karere ka Nyamasheke wabaye kuri uyu wa mbere tariki 23/07/2012, abakarani b’ibarura basabwe kuzaharanira gushaka amakuru nyayo ku baturage.
Bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze mu karere ka Nyagatare bahagaritswe by’abagateganyo umwe asezererwa burundu nyuma y’aho itangazamakuru rigaragarije ko muri ako karere mu murenge wa Tabagwe hakigaragara amazu ya nyakatsi.
Umugabo yagiye gusaba umugeni atazi Ikinyarwanda, gusa yari azi ko agomba gukoresha imigani ya Kinyarwanda kuko yari azi ko bihagije ko haba hari amagambo ari muri iyo migani kandi ahuye n’ayo yakoresheje mu ijambo avuze.
Abakunzi ba Knowless bo mu Ruhango bavuga ko batababajwe n’uko yasezerewe muri Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya kabiri, ahubwo ngo babajwe cyane n’uko ka mitiyu Me2U babonaga kahagaze.
Ubuyobozi bwa polisi ishami rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda, buravuga mu mpanuka zigaragara mu gihugu hose ngo 75% zibera mu mujyi wa Kigali.
Ishuri rikuru ryigenga ry’Abalayiki b’Abadiventisiti rya Kigali (INILAK) ryiteguye gutangiza amasomo y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’icungamutungo n’ibaruramutungo (Master of Business Administration) bitarenze Ukwakira 2012.
Umuyobozi ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Rukomo wo mu karere ka Gicumbi, Ntuyenabo Jean de Dieu, yeguye kumirimo ye.
Abaganga bakora umwuga wo kubaga bavuga ko kuba umuganga yasiga ikintu mu muntu yari arimo abaga atari ubushake kuko umuganga ubaga aba ari kumwe n’abaforomo bamufasha bityo ntabe yagira ikintu na kimwe yibagirirwa muri uwo muntu.
Nsengiyumva Jean Damascene w’imyaka 31 yafatanywe bule 325 z’urumogi ruri mu iduka rye mu mudugudu wa Kageri, akagali ka Kora, umurenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu. Ubu afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mukamira.
Ikipe y’u Rwanda y’abahungu batarengeje imyaka 18 yegukanye igikombe cy’akarere ka gatanu nyuma yo gutsinda Kenya amanota 96 kuri 34 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku cyumeru tariki 22/07/2012.
Kuri uyu wa mbere tariki 23/07/2012 guhera saa saba zo mu Rwanda, APR FC irakina umukino wa ¼ cy’irangiza na Uganda Revenue Authority (URA), imwe mu makipe ahabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cya CECAFA.
Imibiri 407 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside ruri mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze.
Kuri uyu wa mbere tariki 23/07/2012 ku kigo cy’amahugurwa cya TTC kiri mu murenge wa Rubengera hateganyijwe amahugurwa y’abazakora ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire riteganyijwe tariki 16-30/08/2012.
Mu nama yahuje bamwe mu banyamuryango ba FPR Inkotanyi, biyemeje kwizihiza iyi sabukuru bongera imbaraga mu gukemura ibibazo by’akarengane no gufasha abaturage batishoboye kugira ngo basezerere ubukene.
Ikigo cy’imari iciriritse, Duterimbere IMF Ltd, cyafunguye ishami rya cyo mu karere ka Rusizi na Nyamasheke tariki 21/07/2012.
Umuhanzikazi uririmba injyana ya Hip Hop akaba ari n’umwe mu bahanzi batunguye abantu cyane mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 2, Young Grace, n’ubwo afana Jay Polly nka mugenzi we mu njyana ya Hip Hop, arakangurira abafana ba R&B gutora King James.
Abanyeshuri batandatu bajyaga mu biruhuko mu mujyi wa Kigali bavuye mu karere ka Musanze bakomerekeye ku buryo bukomeye mu mpanuka y’imodoka ya KBS yabereye mu kagali ka Rusagara, umurenge wa Gakenke kuwa gatandatu tariki 21/07/2012.
U Rwanda rwatsinze Kenya mu bahungu no mu bakobwa batarengeje imyaka 18, mu mikino y’akarere ka gatanu yatangiye ku wa gatandatu tariki 21/07/2012 i Kigali kuri Stade nyota i Remera.
Umurambo w’umugabo w’imyaka 56 y’amavuko witwa Sabwera Didace watoraguwe mu ijoro ryo kuwa 21/07/2012 mu mudugudu wa Rwasama, akagari ka Gacurabwenge, umurenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi.
Kuwa gatandatu tariki 21/07/2012, Polisi yataye muri yombi abantu babiri bafatanwe amafaranga y’amakorano ibihumbi birindwi.
Mukarubega Donathile w’imyaka 27 utuye karere ka Gakenke yakubise Tuyizere Leontine ifuni mu mutwe amufatiye mu cyuho asambana n’umugabo we mu rugo mu rukerera rwo kuwa gatanu tariki 20/07/2012.
Abakozi b’uruganda rukora sima (CIMERWA) ruherereye mu karere ka Rusizi bamaze amezi batandatu bahangayikishijwe no kuba igihe icyo aricyo cyose bashobora gutakaza akazi kabo kuko ubuyobozi bw’urwo ruganda bubabwira ko bazagabanywa.
Abanyamabanga nshigwabikorwa b’utugari tugiza akarere ka Nyamagabe bahawe mudasobwa zo mu bwoko bwa ‘laptop’ zo kwifashisha mu kubahiriza inshingano zabo no kunoza neza akazi bakora.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Cyrille Turatsinze, kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 21/07/2012, yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu akekwaho kwaka ruswa abahatanira amasoko atangwa n’iyo Minisiteri.
Abaturage bafatanyije n’ubuyobozi bw’umudugudu wa Gakenyeri B, akagali ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza barasaba uwabona wese umugabo witwa Kanani Abdoul w’imyaka 30, ushinjwa gusambanya umwaka w’imyaka ine, guhita amuta muri yombi cyangwa agatungira agatoki inzego z’umutekano zimwegereye.
Urukiko mpuzamahanga rw’Umuryango w’Abibumbye (ICC), rwemeje Senegal igomba gukora ibishoboka byose kikaburanisha bidatinze Hissene Habre wigeze kuyobora igihugu cya Chad, niba idashoboye kumwoherereza ubucamanza bwo mu Bubirigi.
Umurambo w’umugabo witwa Léopord Bigaruka watoraguwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 21/07/2012, yaraye yishwe mu ijoro ryo kuwa Gatanu rishyira kuwa Gatandatu azize ko yaba yari umucuraguzi.
Imikino ya Baketball ihuza amakipe y’ibihugu yo mu karere ka Gatanu mu rwego rw’abatarengeje imyaka 18 mu bahungu no mu bakobwa, iratangira i Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21/07/2012 kuri Stade ntoya i Remera.
Abapolisi, abasirikari n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe indege za gisivili (RCAA) bagera kuri 26, bashoje amahugurwa y’iminsi itanu yari agamije kubongerera ubumenyi mu gucunga umutekano ku bibuga by’indege, kuri uyu wa Gatanu 20/07/2012.
Ishami rya Polisi yo mu muhanda riravuga ko impanuka nyinshi zikunze kugaragara hirya no hino ziterwa n’uburangare bw’abamotari cyangwa kwica amategeko agenga amuhanda, n’ubwo nta gihe kinini cyari gishize bavuye mu nama y’umutekano kwihanangirizwa.
Umusore witwa Valens Uwumuremyi niwe wegukanye igihembo mu marushanwa y’abatanga servisi za MTN mobile money mu Rwanda, muri gahunda iyi Sosiyete y’itumanaho ivuga ko igamije guteza imbere ikoranabuhanga.
Imiryango 45 yo mu kagari ka Kagina, umurenge wa Runda; yabanaga ku buryo butemewe n’amategeko, yasezeranye kuri uyu wa Gatanu tariki 20/07/2012, inakangurirwa gutahiriza umugozi umwe.
Abakinnyi b’u Rwanda bakina imikino itandukanye bagiye mu mikino Olympique, igomba gutangira ku wa Gatanu tariki 27/07/2012 i London mu Bwongereza,baravuga ko bahanganye n’ikibazo cy’ikirere kirimo imvura nyinshi n’umuyaga batari bamenyereye.
Umwarimu witwa Gilbert Bizimana wigishaga ku ishuri ryisumbuye rya Mushubati, afungiye kuri polisi ya Nyamagana akarere ka Ruhango guhera tariki 19/07/2012 aho akekwaho gutera inda umwana bareraga, umugore we abereye nyina wabo.