Mukandinda Perpetue w’imyaka 52 wo mu murenge wa Shangi, akagari ka Shangi mu mudugudu wa Karambo yituye hasi imbere y’inzu ye mu gitondo cya tariki 03/08/2012 maze ahita yitaba Imana.
Abahagarariye urwego w’umuvunyi bagiye kumara icyumweru mu karere ka Nyamagabe bakira ndetse banashakira umuti ibibazo by’akarengane abaturage bafite.
Uwahoze ari rutahizamu wa Police FC, Meddie Kagere, umaze igihe mu igeragezwa muri Afurika y’Epfo, nyuma ya Bidvest Wits, ubu arimo gukora igeragezwa mu ikipe yitwa AmaTuks ariko ngo ashobora kutayikinira nitamuha amafaranga ashaka.
Rugaba Ezira w’imyaka 52 utuye mu karere ka Kirehe yiyahuye kuri uyu wa mbere tariki 06/08/2012 mu masaha ya saa yine za mu gitondo kubera amakimbirane yari amaze iminsi afitanye n’umugore we.
Bamwe mu batuye akarere ka Ngororero barasaba ko bahindurirwa ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo kuko ngo basanga hari amakuru atari ukuri yagendeweho bityo bakaba basanga babigwamo.
Umunyarwandakazi Claudette Mukasakindi nawe yarangije imikino Olympique ari nta mudari nyuma yo kutitwara neza agafata umwanya wa 101 mu bakinnyi 107 bari bahanganye muri Marathon (km42) yabaye ku cyumweru tariki 05/08/2012.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangije gahunda yo kugoboka abaturage bajahajwe n’ibiza bo mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Jomba. Mu kwezi kumwe hazubakwa amazu 50.
Abasirikare barenga 800 bo mu bihugu bitanu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) nibo bazatorezwa hamwe kurwanya iterabwoba, ubushimusi bw’amato mu nyanja, ndetse no guhangana n’ibiza.
Umurirmbyi Rafiki yashishije Abanyamusanze bari bitabiriye ibirori byo gutoranya abazahagararira Intara y’Amajyaruguru mu irushanwa rya Miss Rwanda 2012, ubwo yaririmbaga indirimbo ze “Live”.
Abitabiriye imurikagurisha (expo) ku nshuro ya 15 baravuga ko mu minsi y’imibyizi batajya babona abantu benshi bitabira ibikorwa byabo ngo keretse mu minsi y’ikiruhuko (week end).
Kuwa gatandatu tariki 04/08/2012, polisi y’igihugu yataye muri yombi abantu babiri mu duce dutandukanye bafatanywe amafaranga y’amakorano.
Umuyobozi mukuru wa polisi y’igiuhugu, (IGP) Gasana Emmanuel yasuye abanyeshuri bari mu itorero mu kigo cya Gisirikari cya Gako abaganiriza ku birebana n’umutekano ariko yibanda cyane ku ruhare rw’abaturage mu gucunga umutekano (community policing).
Abanyafurika y’Epfo bizihije imyaka 50 ishize Nelson Mandela ashyizwe muri gereza na Leta ya gashakabuhake. Mandela yafunguzwe tariki 05/08/1962.
Umwongereza Andy Murray yegukanye umudari wa zahabu mu mikino Olympique irimo kubera mu gihugu cye, nyuma yo gutsinda numero ya mbere ku isi muri Tennis, Roger Federer, amaseti atatu ku busa ku cyumeru tariki 05/08/2012.
Mu isengesho ryo kwiyambaza impuhwe z’Imana ryabaye tariki 05/08/2012 kuri Kiliziya gatorika yo mu Ruhango habonetse umwana w’uruhinja, bigaragara ko nyina ashobora kuba yarutaye ku bushake.
U Rwanda kimwe n’ibindi bihugu bya Afurika byitabiriye imikino Olympique, rwitabiriye imurikabikorwa ryiganjemo umuco ryabereye ahitwa Hyde Park ku wa gatanu tariki 03/08/2012.
Uwase Francine wo mu karere ka Musanze niwe wabaye uwa mbere muri ba Nyampinga batatu bazahagararira Intara y’Amanyaruguru mu irushanwa ryo gushaka Nyampinga w’u Rwanda (Miss Rwanda) 2012.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aratangaza ko hari ibikorwa bimwe na bimwe akarere kari kahize mu mihigo bikaba byarazaririye kubera gutenguhwa na barwiyemezamirimo cyangwa abafatanyabikorwa batashyize mu bikorwa ibyo biyemeje.
Uwambajimana Felicien wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Gihinga, umurenge wa Gacurabwenge, yagitse imizinga y’inzuki mu biti by’amashyamba ya Leta no mu by’abaturanyi. Mu gihe cy’umwaka akuramo ibiro birenga 300 by’ubuki.
Depite Rwabuhihi Ezekias akaba n’umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Karongi aratangaza ko amahanga atagomba gukangisha u Rwanda imfashanyo kubera ibirego bidafite ishingiro ko u Rwanda rufite uruhare mu bibazo by’Abanyekongo.
Mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga 2012, hujujwe ibiraro bitandatu byubakiwe bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye batoranijwe mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza biyemeje ko isabukuru y’imyaka 25 FPR- Inkotanyi imaze ishinzwe isiga ibasigiye isura nziza y’abanyamuryango nyabo.
Abafundi babumba amatafari mu mu wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, barishimira uburyo bakize gukata icyondo bagahabwa imashini zibumba amatafari n’amategura, nyuma yo guhabwa amahugurwa yo gukoresha izo mashini.
Abamurikabikorwa mu imurkagurisha bagera kuri 200 bari guhugurwa uburyo bwo kwakira abakiliya, binyuze muri gahunda yiswe “Na yombi”. Gahunda yashyizweho n’Ikigo gishinzwe iterambere ry’u Rwanda (RDB) n’urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF).
Abakozi bakora ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda, bakora akazi kabo bambaye uturindantoki bahawe n’ubuyobozi bw’umupaka mu rwego rwo kubarinda kwandura indwara ya Ebola iri mu gihugu cya Uganda.
Abarimu batoranyijwe kuzakora mu gikorwa cy’ibarura riteganyijwe muri uku kwezi kwa Munani mu karere ka Nyamasheke, barizeza ko bazuzuza inshingano bahawe neza, nk’uko babyiyemereye mu gusoza amahugurwa bari bamazemo iminsi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 04/08/2012.
Umugabo witwa Vital Karibwende afungiye kuri Station ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza, nyuma y’uko atawe muri yombi agerageza gusagararira Minisitiri w’Intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien ubwo yari mu birori byo kwizihiza umunsi w’umuganura.
Abakoresha Gare ya Nyabugogo mu ngendo no mu kazi kabo, barifuza ko hakwiye ubutumwa bukangurira abantu kwirinda icyorezo cya Ebola, bitewe no kuba ari agace gahuriramo abantu baturuka ahantu henshi harimo na Uganda.
Abacikacumu ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari mu kigero cy’imyaka 40 na 45 no munsi ya 25, bakeneye ababegera kubera ihungabana batewe nayo, nk’uko ubushakashatsi bwakorewe mu turere twa Huye na Gisagara bwabigaragaje.
Mukamasabo Thabée, ari mu maboko ya Polisi kuri sitasiyo ya Kaduha, akurikiranyweho gukubita umukobwa we w’imyaka 14 bikamuviramo urupfu, tariki 30/07/2012, ubwo yari akimugeza mu rugo amuvanye aho yabaga.
Ndakaza Gerald, umwarimu wigisha mu ishuri ribanza rya Joma ry’i Gitwe, yibwe umushahara wose yari amaze guhembwa anatabwa muri yombi n’inzego z’umutekano, ubwo yari yagiye kwigera ijisho ikimansuro mu Ruhango, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 03/08/2012.
Ubuyobozi bwa Parike y’Akagera ku bufatanye n’ubuyobozi bw’imirenge ihana imbibe n’iyo parike n’inzego z’umutekano, basubije muri Parike imbogo 42 zari zimaze igihe gisaga ukwezi ziba hanze ya Parike.
Abanyamadini bo mu karere ka Kayonza barasabwa kubaka insengero nziza kandi zigezweho, bakajyana gahunda y’akarere yo gusukura umujyi wa Kayonza, nk’uko nitangazwa n’umuyobozi w’aka karere, John Mugabo.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Rwamagana zataye muri yombi umugabo ufite imashini ikora amafaranga. Hanagaragaye amafaranga y’amahimbano mu bantu barenga batanu muri aka Karere.
Dr. Habumuremyi yabwiye abari muri uwo muhango ko kwizihiza umunsi w’umuganura bishushanya gahunda za Guverinema y’u Rwanda. avuga ko zikubiyemo kwimakaza ubutabera, iterambere ry’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage n’imiyoborere myiza.
Pariki y’igihugu ya Nyungwe ni ishyamba cyimeza ribarizwa mu burengerazuba bw’amajyepfo bw’u Rwanda. Rifatanye na Pariki y’igihugu ya Kibira yo mu gihugu cy’u Burundi kandi rishobora kuba ari ryo shyamba ry’inzitane ryo mu misozi minini kandi miremire muri Afurika yose; ryari rifite ubuso bwa km² 924 mu mwaka w’i 2000.
Amazu akorerwamo ubucuruzi bunyuranye ari imbere ya Banki y’ubucuruzi y’u Rwanda (BCR), yahiye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 03/8/2012, azize intsinga z’amashanyarazi zo mu bikoni. Utubare tubiri twadutsemo iyo nkongi y’umuriro turitana bamwana.
Ubushinjacyaha bukuru buremeza ko mu rubanza rwa Cyrille Turatsinze, Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu, nta kagambane karimo ahubwo ko bushingira ku bimenyetso bifatika byemeza ko uyu muyobozi ahamwa n’icyaha cyo kwaka ruswa.
Ndayisaba Aimable, umukozi wa COGEBANQUE ari mu maboko ya polisi y’u Rwanda kuri station ya Kigabiro akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni esheshatu (6,400,000 Rwf) yari yahawe ngo ayakoreshe mu kazi kuwa gatatu tariki 01/08/2012.
Minisiteri y’Ubuzima irasaba Abanyarwanda kudaterwa ubwoba n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kigaragara muri Uganda, kubera ko ku ruhande rw’u Rwanda hafashwe ingamba zigamije ubwirinzi.
Jackson Niyomugabo, Umunyarwanda ukina umukino wo koga muri metero 50 (nage libre), yasezerewe mu mikino Olympique akiri ku rwego rw’amajonjora ku wa kane tariki 02/08/2012.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo yasuye abaturage bo mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara bakoze amaterase aherereye hejuru y’igishanga cya Rwasave nyuma bakamburwa na rwiyemezamirimo. Yabijeje ubufasha ngo icyo kibazo gikemuke.
Abantu batatu batawe muri yombi na Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Gakenke nyuma y’ubujura bwibasiye SACCO y’umurenge wa Kamubuga mu ijoro ryishyira kuwa kane tariki 02/08/2012.
U Rwanda ni cyo gihugu kiza ku mwanya wa mbere ku isi mu bihugu bifite abaturage batekanye. Mu mwaka wa 2011 Abanyarwanda basaga 92% bemeje ko bumva bafite umutekano usesuye; nk’uko bigaragara mu bushakashatsi bwakozwe n’ikigo Gallup Inc.
Mukarubega Donathile n’umugabo we ndetse na Tuyishimire Leontine, wakubiswe ifuni azira gusambana na Nemeyimana Joseph bakatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Gakenke igifungo cy’amezi atandatu kuri uyu wa gatanu tariki 03/08/2012.
Abagabo bane bo mu Murenge wa Rwiyamiyaga mu Karere ka Nyagatare bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare basinjwa gushaka kwivugana uwitwa Ndebakure Félicien, na we mu Murenge wa Rwimiyaga mu Kagari ka Ntoma, bakoresheje intwaro.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu 03/08/2012 mu Murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi hatwitswe ibintu bitandukanye byafatanywe abajura, abarobyi batemewe n’amategeko n’abandi bagizi ba nabi muri rusange.
Utugari umunani tugize umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi, tariki 02/08/2012, twamurikiye abayobozi ibikorwa tumaze kugeraho mu mihigo y’umwaka 2011-2012. Hamuritswe ibikorwa bijyanye n’imibereho myiza, ubukungu, ubuzima, iby’ubuhinzi n’ubworozi harimo na Girinka.
Hari abaganga bemeza ko amafaranga bahabwa yo kwitabira amahugurwa abunganira mu bijyanye no gukemura ibibazo by’urugendo, mu gihe hari abasanga akwiye kuvaho kuko ari intandaro yo kubibagiza inshingano zabo zo kwihugura.
Kuva aho mu karere ka Ruhango hatangiriye kuvugwa indwara y’inka yitwa Ubutaka tariki 23/07/2012, inka zigera ku munani zimaze gupfa.