Igisasu cyahanuye indege yari itwaye uwahoze ari umukuru w’igihugu, Juvénal Habyarimana cyarashwe n’abahoze ari abasirikare b’u Rwanda.
Abaturage bo mu kagari Nyagahinga ko mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera basabye ubuyobozi ko umugabo witwa Ndabagoragora Jean Bosco asubizwa mu buroko kuko yafunguwe ku buryo budasonutse kandi yaratemye umugore we ndetse n’abandi bantu bane ariko ntibapfa.
Mu kiganiro Perezida wa Sena, Dr Ntawukuliryayo Jean Damascene, yagiranye n’abagize Komite y’Abanyarwanda baba mu mahanga, tariki 10/01/2012, yabashimiye murimo mwiza bakora wo gusobanurira Abanyarwanda ibibera mu gihugu cyabo no kubakangurira kugira uruhare muri gahunda zigamije kugiteza imbere.
Umuryango FPR-Inkotanyi uravuga ko Dr Theogene Rudasingwa yinjiye muri uwo muryango mu mwaka w’1990 atigeze ahinduka kuko yinjiye muri FPR avuye mu rindi shyaka ryitwaga FROLINA ryarwanyaga FPR icyo gihe bazi ko yahindutse ariko ibyo akora bigaragaza ko atigeze ahinduka.
Ejo, tariki 09/01/2012 ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba mu karere ka Nyanza habereye induru yatizwaga umurindi n’abantu basaga 100 bashinjaga umukecuru w’imyaka 52 ukekwaho kuba yifashisha injangwe mu kuroga abantu.
Muri 1/8 mu gikombe cy’Amahoro, Mukura iri ku mwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda izacakirana na Etincelles iri ku mwanya wa gatanu ikaba kandi nayo ifite inararibonye mu mupira w’amaguru mu Rwanda. Iyo mikino ikazaba tariki ya mbere Gashyantare.
Abagenzi batega bus nini za Kigali Bus Service (KBS) bajya mu bice bitandukanye mu mujyi wa Kigali barinubira uburyo basabwa kwishyura amafaranga avunje bayabura bagasohorwa mu modoka.
Ishyaka rya FPR-Inkotanyi riratangaza ko nta gahunda rifite yo guhindura Itegeko Nshinga cyangwa ikindi icyo ari cyo cyose ngo rikunde riheshe Perezida Paul Kagame ikindi gihe cyo kuyobora nk’uko byakunzwe kwibazwa na benshi.
Bwana Nepomuscene Masirika, umuyobozi wungirije muri komisiyo yo kwaka intwaro abazitunze mu buryo butemewe n’amategeko mu Burundi akaba n’umufasha w’ukuriye polisi muri icyo gihugu, arashinjwa n’umuryango w’abibumbye gufasha inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda (FDLR).
Minisitiri w’urubyiruko, Nsengimana Jean Philibert, arasaba abayobozi b’uturere gushaka uburyo hajya habaho uburyo bwihariye bwo gufasha urubyiruko ruba rurangije imyuga itandukanye mu kigo cya Iwawa, mu karere ka Rutsiro.
Umutoza mushya w’Isonga FC, Eric Nshimiyimana, azatangira akazi ku mugaragaro ku wa gatatu tariki 11/01/2012, ubwo Isonga FC izaba yasuye Marine FC.
Umusaza Nsanzabaganwa Silvestre wari utuye mu kagari ka Bwenda umurenge wa Kibumbwe akarere ka Nyamagabe, mu ijoro rya tariki 08/01/2012, yivuganywe n’abagizi ba nabi bamukase ijosi bamutwara ururimi.
Senateri Mukasine Marie Claire, Perezida mushya w’Ihuriro ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko rigamije gukumira no kurwanya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano nayo (APNAC-RWANDA), tariki 09/01/2012, yavuze ko komite nshya izakorana ubushake n’umurava kugira ngo inshingano za APNAC zigerweho.
Ku gicamunsi cy’uyu wa mbere, Ministiri Li Yuan Chao , ushinzwe ibikorwa mu ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa rya Communist Party of China, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itatu.
Ishuri rikuru rya Kibogora (Kibogora Polytechnic Institute) rigomba gutangira uyu mwaka, kugeza ubu ntiharamenyekana itariki rizatangiriraho nubwo imyiteguro igeze kure ndetse n’abanyeshuri bakaba baratangiye kwiyandikisha.
Tariki 10/01/2012 hateganyijwe igikorwa cyo gusinya amasezerano hagati ya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda n’iy’u Bushinwa, yo guhererekanya inguzanyo ya miliyoni icyenda z’amadolari y’Amerika izishyurwa, u Bushinwa bwageneye u Rwanda.
Ibiro by’igihugu by’ubushakashatsi kuri SIDA mu Bufaransa (ANRS) biratangaza ko byabonye umuti urinda kwandura agakoko gatera SIDA abagabo bakorana imibonano mpuzabitsina n’abandi bagabo bazajya bafata mbere yo gukora iyo mibonano.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Olivier Karekezi, avuga ko u Rwanda rukinnye imikino ya giciti n’amakipe y’ibihugu akomeye byafasha u Rwanda kwitegura neza umukino ruzakina na Nigeria ndetse bakazabasha no kuyitsinda.
Patrice Mulama wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Inama y’Iguhugu y’Itangazamakuru (MHC), kuri uyu wa mbere, yakuwe ku mirimo ye. Emmanuel Mugisha wari usanzwe ashinzwe iterambere ry’itangazamakuru n’umwuga muri uru rwego, niwe ugiye kuruyobora by’agateganyo.
Inama Njyanama idasanzwe y’akarere ka Rwamagana yateranye tariki 07/01/2012 yafashe icyemezo cyo guhagarika umunyamabanga nshingwabikorwa w’ako karere, Mushaija Godfrey, igihe cy’amezi atatu azira kurangara mu irushanwa ry’uturere mu miyoborere myiza no kurwanya ruswa aho akarere ka Rwamagana kabaye aka nyuma mu gihugu (…)
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, arasaba abakora mu gice cy’ubuvuzi bose barimo n’abaganaga kwakira neza no kugaragariza abarwayi icyizere kugira ngo u Rwanda rukomeze kugera ku intego z’ikinyagihumbi mu buvuzi.
Umusaza Haguma Francois w’imyaka 74 y’amavuko atuye mu kagari ka Ngambi umurenge wa Mbazi akarere ka Nyamagabe aravuga ko arimo gutotezwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’aka kagari ka Ngambi, Ukunzuwe Epiphany, amuziza ko yamushinjije ko yanyereje amadosiye ya Gacaca akaburirwa irengero.
Umuririmbyi Robin Rihanna wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ni we wesheje agahigo ko kugira umubare munini w’abantu baguze indirimbo kuri internet mu gihe byose nk’uko ikinyamakuru Ninapeople cyabitangaje. Rihanna yagurishije indirimbo kuri internet abantu bagera kuri miliyoni 47,5.
Abafundi n’abayede bubatse ibyumba by’ amashuri mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara baravuga ko umurenge utarabishyura amafaranga yabo kandi bayakeneye ngo abafashe kohereza abana ku ishuri.
Mu nteko rusange y’umuryango FPR-Inkotanyi yabereye mu kagari ka Kagitega, umurenge wa Cyaniuka mu karere ka Burera tariki 08/01/2012, abanyamuryango bavuze ko FPR- Inkotanyi imaze kubageza kuri byinshi.
Nsabimana w’imyaka 21 y’amavuko wo mu murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera arwariye mu bitaro bya ADEPR Nyamata nyuma yo kwiyahura akaza kurohorwa.
APR FC, ikipe yatwaye igikombe cy’Amahoro giheruka, yateye intambwe yo kongera kugitwara nyuma yo gusezerera Isonga FC iyitsinze igitego kimwe kuri stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 08/01/2012.
Uwahoze ari umutoza w’abanyezamu mu ikipe y’igihugu, Thomas Higiro, yashinze ishuri ryigisha abana bakina umupira w’amaguru mu rwego rw’abanyezamu. Ibi ngo yabikoze mu rwego rwo gushaka umuti w’ikibazo cy’abanyezamu kigenda kigaragara mu makipe yo mu Rwanda, no mu ikipe y’igihugu.
Umugabo witwa Urimubabo utuye mu kagari ka Nyagahinga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera hamwe n’abandi bane bafungiye kuri sitatio ya polisi ya Gahunga bakekwaho kwica Nyiranganizi Joyce, umugore wa Urimubabo.
Mugisha David Livingstone wari umukozi ushinzwe ubutaka mu karere ka Nyagatare na Vita Emmanuel wari umwungirije, kuva tariki 05/01/2012, bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Nyagatare bacyekwaho kwigwizaho imitungo badafitiye ibyangombwa bigaragaza ko ari iyabo.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Nyabihu, Mukaminani Angela, aremeza ko hamaze gukorwa amaterasi agera kuri hegitali 320 mu duce twa Gishwati mu murenge wa Bigogwe akagari ka Arusha mu karere ka Nyabihu.
Francoise Uwamahoro ufite imyaka 20, kuva tariki 06/01/2012, ari mu bitaro bya Kabgayi mu karere ka Muhanga arinzwe na polisi kubera ko yataye umwana yari amaze kubyara mu musarane.
Umusore witwa Ildephonse Musonera w’imyaka 30 utuye mu murenge wa Uwinkingi mu karere ka Nyamagabe arwariye mu bitaro bya Kigeme guhera tariki 06/01/2012 nyuma yo guterwa n’abasore babiri bava indimwe bakamukubita bikomeye bakamuvuna amaguru bakanamukomeretsa mu mutwe.
Carolin Rickers, ushinzwe iterambere mu ishyirahamwe ry’imikino y’abamugaye ku isi (IPC), aratangaza ko u Rwanda rurimo kwitegura neza kwakira ingando y’abakinnyi bamugaye bityo akaba nta cyatuma u Rwanda rutakira iyo ngando.
Abaturage baturiye isoko rya Ngororero bavuga ko babangamiwe n’umwanda uturuka muri iryo soko, haba kuribo ubwabo kubera umwuka mubi uturuka kuri iyo myanda, ndetse n’imirimo yabo y’ubuhinzi.
Mu gihugu cy’Ubuyapani haravugwa ifi yaguzwe akayabo k’ama euro 571800 (amafaranga y’u Rwanda miliyoni 457 n’ibihumbi 440).
Abagabo batatu bo mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Gitoki mu kagari ka Karubungo, tariki 07/01/2012, bangiwe gusezerana imbere ya rubanda kuko byagaragaye ko batita ku nshingano zo gufasha abo babyaranye bakabata bakajya gushaka abandi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buratangaza ko nta muturage wigeze abuzwa uburenganzira ku musaruro we w’ibigori, umuceri n’ibindi. Ibi bije bivuguruza ibyari byanditswe n’urubuga rutemewe mu Rwanda, www.leprophete.fr, rwari rwanditse ko abaturage babujijwe gusarura imyaka yabo.
Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka ijana ishyaka rya ANC (African National Congress) ryo muri Afurka y’Epfo yabaye tariki 08/01/2012.
Kuri uyu wa gatanu taliki 06/01/2012, Minisitiri w’Umutungo Kamere Stanislas Kamanzi na Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe batashye ishyamba rya Gishwati ku mugaragaro batera ibiti ku musozi wa Rubavu ubarizwa mu murenge wa Gisenyi.
Sous Lieutenant Harerimana Gaspard wabarizwaga mu mutwe wa FOCA na mugenzi we n’abandi basivili icyenda batahutse mu Rwanda. Babaye aba mbere batashye kuva aho Loni na HCR bisinyiye amasezerano yo kurangiza ubuhunzi burundu ku Banyarwanda tariki ya 31/06/2013.
Umujyi wa Nyanza ni imwe mu mujyi isurwa n’abantu banyuranye barimo Abanyarwanda bo hagati mu gihugu na bamukerarugendo baturuka impande zose, bituma witwa igicumbi cy’umuco Nyarwanda ku ngeri zose.
Bamwe mu bana bitabiriye inama ya 7 y’igihugu y’abana baravuga ko hagiye gutangira gahunda yiswe “Gira Inshuti”, mu rwego rwo gukomeza umubano hagati y’abana baturuka mu miryango yifashije n’iy’abatishoboye.
Binama Emmanuel w’imyaka 19 taliki ya 24/12/2011,yishwe n’abasore baturanye aribo Harelimana Maric w’imyaka 19 abandi n’abandi batatu barimo Nsengiyumva Abubakari w’imyaka 17, nsengiyumva Yunusu w’imyaka 18 na Twagiramana w’imyaka 17, bamuhoye ko yari yarabareze kubera ibikorwa by’ubujura.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, aratangaza ko ibitaro bya gitwe hari ibikorwa byinshi bimaze kugeraho, kandi ko inzego z’ubuyobozi zizakomeza gufatanya n’ibi bitaro kugira ngo zibakorere ubuvugizi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 06/01/2012, umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah mu nama y’isuzuma ry’ibyakozwe mu karere, yasabye abashinzwe imibereho myiza mu mirenge yose igize aka karere kwita ku isuku yo mu ngo no ku mubiri.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 06/01/2012, ahagana ku isaha ya saa kumi n’imwe nibwo Alexis Muyoboke yatangaje ku mugaragaro ko yatandukanye n’itsinda Dream Boys, nyuma y’umwaka umwe bari bamaranye.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, ruratangaza ko rugiye gufatanya n’inzego za leta zishinzwe umutekano mu rwego rwo gukomeza kurwanya ibiyobyabwenge.