Komisiyo ishinzwe politiki n’uburinganire mu nteko ishingamategeko, taliki 23/01/2012, yatangiye kwiga umushinga w’itegeko rirebana n’uburenganzira ku kubona amakuru (access to information bill).
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Ntagatare tariki 23/01/2012, Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yashimye ibyo ako karere kamaze kugeraho birimo uruganda East Africa Granite Industries Ltd rukora amakaro maze anarwizeza inkunga.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yatangaje ko aho iperereza ryakozwe ryerekana ko ibikoresho byasanzwe muri nyababyeyi y’umugore witwa Murekatete Zawadi wabyariye mu bitaro bya Byumba bitashyiriwemo mu bitaro.
Ku mugoroba wo kuwa mbere tariki 23/01/2012 nibwo Leon Mugesera yurijwe indege imuzana mu Rwanda imuvanye muri Canada nyuma y’uko urukiko rukuru rwo muri icyo gihugu rufashe icyemezo ntakuka ko agomba koherezwa mu Rwanda.
Kuri uyu wa mbere tariki 23/01/2012 Minisitiri w’uburezi, Dr. Vicent Biruta, yasuye ikigo cyigisha imyuga cyitwa Integrated Polytechnic Regional Center (IPRC) giherere mu karere ka Kicukiro ahahoze ishuri ryisumbuye Kigali International Academy.
Kuva tariki 24 kugeza 28 Mutarama 2012, umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Kamalesh Sharma, azagirira uruzinduko mu Rwanda.
Ikipe y’Amagaju, binyuze mu ibaruwa yashizweho umukono n’umunyamabanga wayo, yamaze kwandikira FERWAFA isaba ko Espoir FC bakinnye ikabatsinda ibitego 4 kuri 3, yafatirwa ibihano kuko ngo yakinishije umukinnyi ufite ikarita y’impimbano.
Ismail Uwimana arahigwa n’Urwego rushinzwe imisoro rwa Polisi (RPD) kubera icyaha akekwaho cyo gufata puraki z’imodoka zishaje zo mu Rwanda akazishyira ku modoka nshya ziturutse hanze.
Cercle Sportif de Kigali (CSK) ni yo yegukanye igikombe cyo kwibuka Ntarugera Emmanuel ‘Gisembe’, nyuma yo gutsinda APR BBC amanota 69 kuri 49 ku cyumweru tariki 22/01/2012.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwasyiriweho u Rwanda (ICTR) rwafashe icyemezo ko Pasiteri Uwinkindi Jean Bosco, umwe mu bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyoko muntu ufungiye Arusha, yoherezwa mu Rwanda bitarenze none tariki 23/01/2012 kugira ngo aburane ibyaha aregwa.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu w’akarere ka Gatsibo, Habarurema Isae, atangaza ko icyari ikibazo cy’isuri ubu cyamaze kuba igisubizo kuko amazi ava ku misozi azajya akoreshwa mu kuhira imyaka ku misozi mu gihe cy’izuba.
Umushinga SPARK n’ishuri ry’imali n’amabanki (SFB), bahawe kujonjora no guhugura ba nyir’ibitekerezo by’imishinga yatanzwe muri “Hanga Umurimo Munyarwanda” mu karere ka Nyagatare, bavuga ko muri ako karere abagore bitabiriye iyi gahunda ari bake ugereranyije n’abagabo.
Abashakashatsi b’i San Fransisco muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika baravuga ko bagiye gukora ubushakashatsi bwo kureba uko bakora umwe mu mwanya myibarukiro y’abagabo ukora intanga ngabo kugira ngo bashobore kugoboka abagabo bafite ikibazo cy’ubugumba.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera hacumbikiwe umugabo watawe muri yombi kuwa gatanu tariki 20/01/2012 bivugwa ko yasabye ruswa nyiri bare yitwa “Come again” yiyita umukozi w’Umujyi wa Kigali ushinzwe isuku.
APR FC yasimbuye Mukura VS ku mwanya wa mbere, tariki 21/01/2012, nyuma yo gutsinda Nyanza FC igitego kimwe ku busa, mu gihe Mukura yatsinzwe na Kiyovu Sport igitego kimwe ku busa.
Sosiyete y’itumanaho, Tigo Rwanda, yafunguye amashami abiri azajya atangirwamo service za Tigo (service center) mu mujyi wa Gisenyi, mu karere ka Rubavu tariki 21/01/2012.
Nyuma yo kugaragara ko bamwe batita ku bikorwa by’isuku kandi bishobora kubagiraho ingaruka, ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo bufatanyije n’abafatanya bikorwa bateguye ukwezi kw’isuku kuzatangira taliki 24/01/2012 kukazarangwa no gushishikariza abaturage kugira isuku n’imirire myiza.
Muberuka Fulgence arasaba akarere ka Gatsibo kumwishyura amafaranga y’imirimo yakoze imaze imyaka 13 atarishyurwa ndetse n’ibikorwa byo kubaka podium Perezida Kagame yavugiyeho ijambo muri 2010 ubwo yari yasuye akarere ka Gatsibo.
Mu karere ka Gatsibo haravugwa ikibazo cyo kutavuga rumwe hagati ya ba rwiyemezamirimo n’akarere bigatuma ibikorwa ba rwiyemezamirimo bahawe gukora bihagarara cyangwa bikagenda gahoro.
Ku cyumweru tariki 22/01/2012 ahagana saa moya z’umugoroba imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna igonze umuntu i Nyabugogo ahita ahasiga ubuzima.
Nyuma yo kwerekwa ibimaze kugerwaho mu rwego rwo kwitegura gutangira, umuyobozi w’inama nkuru y’igihugu y’uburezi (HEC), Prof Geoffrey Rugege, aratangaza ko intambwe imaze guterwa mu myiteguro yitangira ry’ishuri rikuru rya Kibogora (KPI) ishimishije kandi ko agiye kubiganiraho n’izindi nzego zo hejuru ku buryo bwihuse (…)
Ku ngengo y’imari y’uyu mwaka ya miliyoni 25 Etincelles igomba kuzakoresha muri shampiyona, hiyongereyeho izindi 10 yahawe n’akarere ka Rubavu kugira ngo ikipe ikomeze kwiyubaka no gushaka umwanya mwiza muri shampiyona.
Mu ngendo agirira mu turere dutandukanye biteganyijwe ko kuri uyu wa mbere Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, asura uruganda East African Granite Industry Limited rukora amakaro rwubatse mu karere ka Nyagatare.
Ku nshuro ya kane, umuryango Come and See Rwanda ufatanije n’imiryango ya gikiristu ikorera muri kaminuza nkuru y’u Rwanda bahaye impamyabumenyi abanyeshuri babo 53 barangije amasomo yo mu ishuri rya bibiliya.
Umuryango w’Abahinde uturuka muri Leta ya Kerela witwa Rwanda Malayalee Association wahaye inkunga y’ibikoresho n’ibiribwa abana b’impfubyi bo mu kigo cya Mother Theresa, giherereye hafi y’ikigo cy’amashuri cya Sainte Famille mu mujyi wa Kigali.
Minisitiri w’intebe Pierre Damien Habumuremyi arasaba abatuye intara y’Amajyaruguru kutirara n’ubwo bamaze kugera kuri byinshi byiza, kuko bari mu ipiganwa. Yabitangaje mu birori byo kumurika ibyo intara iyi ntara yagezeho mu mwaka wa 2011, byabaye kuwa Gatandatu tariki ya 21/01/2012.
Abasirikare 78 bahoze mu mutwe w’inyeshyamba wa FDLR bagarutse mu Rwanda, bazanywe n’Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umunryango w’Abibumbye muri Congo (MONUSCO), mu gikorwa cyayo cyo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ku rugerero.
Nyirakanani Beatrice, umugore utuye mu murenge wa Mushishiro ho mu karere ka Muhanga, amaze kugira imbyaro zirindwi ariko nta mugabo uzwi bigeze babana. Avuga ko yababyaye kubera kubura ubushobozi.
Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, Boubacar Jallow, arashinja umwanditsi w’urukiko gutinza iyoherezwa rya Pastiteri Jean Uwinkindi mu Rwanda.
Abakora ubucuruzi bw’agataro mu mujyi wa Muhanga baratangaza ko ibyemezo bafatiwe byo kudacururiza ku isoko rya Muhanga batazabireka kuko gucuruza agataro ari byo bibatunze.
Bralirwa, uruganda rutunganya inzoga n’ibinyobwa bidasindisha mu Rwanda, yatangaje ko guhera tariki 21/01/2012, igiciro cya fanta cyavuye ku mafaranga 250 kijya ku mafaranga 300. Igiciro cy’ibindi binyobwa ntacyo byahindutseho.
Inyamaswa nazo zifata ibiyobyabwenge zibizi kandi zibishaka.. Mu byo zifata habamo ibimera byose bisindisha (cyangwa bihindura imikorere isanzwe y’ubwonko ) kuva ku mbuto n’ibibabi by’ibyatsi.
Maniraguha Salomon, Munyehirwe Bosco na Nishimwe Odille bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarondo mu karere ka Kayonza nyuma yo gufatirwa mu cyuho bafite urumogi bavuga ko bari bajyanye mu mujyi wa Kigali.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ku bufatanye na Imbuto Foundation bateguye amarushanwa ya Volleyball mu turere tw’u Rwanda mu rwego rwo gukangurira abaturage kurwanya Malaria bakoresha inzitiramubu.
Guhera ku manywa yo kuwa gatanu tariki 20/01/2012 abantu bongeye kumva Radio Salus ivugira ku mirongo yari isanzwe ikoreraho, ariyo 97.0 MHz FM mu majyepfo no ku 101.9 MHz mu mujyi wa Kigali.
Ibiro by’ubutasi mu kurinda umutekano wa Leta Xunze Ubumwe z’Amerika (Defense Intelligence Agency [DIA]) birahamya ko uwahoze ari Umukuru w’igihugu cya Liberiya, Charles Taylor, yarokoreye ibiro by’ubutasi by’Amerika (Central Intelligence Agency [CIA]) na Minisiteri y’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika guhera mu (…)
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, atangaza ko umuyobozi nyawe adashobora kugira umutekano igihe cyose umuturage ayobora adatekanye.
Abanyamadini basanga nabo ari uruhare rwabo rwo gukangurira abaturage zimwe muri gahunda za leta ziganisha ku iterambere, zirimo gufasha gusobanurira abaturage akamaro ko kwakira neza ababagana.
Ubwo hasozwaga ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Rulindo, tariki 20/01/2012, hagaragaye abaturage batarasobanukirwa na gahunda yo guhinga ibigori mu mwanya w’amasaka, ndetse n’ibihano bahabwa uwarenze uwarenze kuri ayo mabwiriza.
Abaturage bo mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo bemeza ko kuva hatangira gahunda yo kugenzura inka zibagwa n’inyama zicuruzwa, ubujura bw’inka bwagabanutse.
Urukiko rwa Quebec rwongeye kwigiza inyuma itangazwa ry’imyanzuro ntakuka ku bujujurire bwa Leon Mugesera umaze imyaka 16 aburanira kutoherezwa mu Rwanda. Byagombaga kurara bitangajwe ariko byimuriwe kuwa mbere w’icyumweru gitaha.
Isimbi Deborah Abiella umukobwa w’Umuvugabutumwa Antoine Rutayisire, niwe waraye atowe nk’umukobwa uhiga abandi mu bwiza muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda mu mwaka wa 2012 (Miss NUR 2012).
Minisitiri w’Intebe Pierre Damien Habumuremyi, ubwo yari mu ruzinduko muri Afurika y’Iburengerazuba, yafashe akanya asura bamwe mu Banyarwanda baba muri Senegal, aho yabasobanuriye gahunda za leta y’u Rwamda muri uyu mwaka wa 2012.
Abanyeshuri biga mu kigo cya College Karambi kiri mu murenge wa Kabagari wo mu karere ka Ruhango baratangaza ko kuba ikigo bigamo kitagira amazi bigira ingaruka ku buzima no ku myigire byabo.
Uwase Beatrice w’imyaka 26 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Gihisi mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yatemye murumuna we witwa Uwamariya Philomene bapfa telefoni ya karasharamye.
Mu nama cyagiranye n’ishyirahamwe ry’abatwara abagenzi mu Rwanda, tariki 19/01/2012, ikigo ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA) cyatangaje ko kigiye kumanura ibiciro by’ingendo.
Mu gihe hasigaye amasaha make kugirango irushanwa ry’igikombe cy’Afurika cy’ibihugu (CAN) mu mupira w’amaguru rigiye kuba ku nshuro ya 28 ritangire abantu benshi by’umwihariko abakunzi ba ruhago muri Afurika bakomeje kwibaza igihugu kizegukana iri rushanwa.
Nzabakurana Protogene w’imyaka 25 y’amavuko yishwe n’abajura bamusanze aho yakoraga akazi ko kurara izamu mu karere ka Gisagara murenge wa Save akagari ka Nyagacyamo aho bita mu Rwanza.