Ku rutonde rushyirwa ahagaragara buri kwezi n’Iishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku isi (FIFA), u Rwanda rwagumye ku mwanya wa 125 rwari ruriho mu kwezi gushize.
Guhera tariki 01/08/2012 ikigo nderabuzima cya Ruli kimaze kwakira abarwayi 15 bafite indwara y’impiswi bo mu mirenge wa Ruli, Muhondo na Kayenzi. Imuyobozi w’icyo kigo akeka ko icyo cyorezo cyatewe n’ibura ry’amazi mu Murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke.
Abatsindiye ibihembo bitandukanye muri Tombola ya SHARAMA na MTN, muri iki cyumweru cya kabiri, babishyikirijwe kuri uyu wa gatatu tariki 08/08/2012.
Imiryango y’impunzi z’Abanyarwanda igizwe n’abantu 26 zabaga mu nkambi ya Nakivale muri Uganda, kuri uyu wa kane tariki 09/08/2012, zirakirwa ku mupaka wa Gatuna, nyuma yo kwemera gutahuka ku bushake.
Ministiri w’ubuzima, Dr.Agnes Binagwaho, yihanangirije abakozi bose bo kwa muganga ko bagomba gusekera ababagana, nka bumwe mu buryo bwo gutanga servisi nziza.
Umuyobozi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe gukumira ibyaha mpuzamahanga yahakanye ko atigeze avuga ko abayobozi bakuru b’u Rwanda bashobora gukurikiranwa mu nkiko, bitewe n’uko u Rwanda rwashinjwa gufasha umutwe wa M23, urwanira mu burasirazuba bwa Kongo.
Nyuma y’amazi atandatu u Rwanda rwanze kwemera Hélène Le Gal nka ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, icyo gihugu cyongeye gutanga irindi zina: Michel Flesh.
Mu gace ko mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera kegereye ikirunga cya Muhabura bigoye kubona itaka ndetse n’amazi, ibyo bikaba aribyo bidindiza hahunda yo guhoma amazu y’abavuye muri nyakatsi (Post Nyakatsi).
Nyuma y’Igitambo cya Misa yaturiye muri Kiliziya ya Paruwasi Nyamasheke, tariki 08/08/2012, Umushumba wa Kiliziya Diyosezi Gatulika ya Cyangugu, yatashye ishuri ry’inshuke ku rwunge rw’amashuri rwa Mutagatifu Nikola i Nyamasheke.
Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda riratangaza ko abakinnyi basaga 90 baturutse mu bihugu bitandukanye aribo bazitabira irushanwa rya Tour of Rwanda uyu mwaka wa 2012.
Imibiri igera kuri 40 y’abantu biganjemo abana n’abagore yatahuwe mu myobo ibikwamo amazi agenewe kuhira ubusitani bw’imboga n’imbuto mu kigo Home de la Vierge des Pauvres cyubatse mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.
Imodoka y’ivatiri yakonkobotse mu muhanda wa kaburimbo iramenengana ijya muri saro y’inzu y’umuturage mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo kuwa kabiri tariki 07/08/2012.
Dusabumuremyi Budensiyana w’imyaka 27, utuye mu mudugudu wa Mbari, akagari ka Karengera, umurenge wa Musambira, yakubiswe anamenwaho amavuta ashyushye n’umugabo we witwa Bizimungu Joseph, ahita atoroka.
Knowless, umwe mu bakobwa bake mu Rwanda bakora umuziki akaba yari n’umwe mu bahanzi 10 bari bitabiriye amarushanwa ya PGGSS 2, azataramira abakunzi be kuri uyu wa gatandatu tariki 11/08/2012 kuri Olympiade i Remera imbere ya stade Amahoro.
Nyuma y’imyaka 18 bari bamaze mu mashyamba ya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, abasirikare batandatu bo mu mutwe wa FDLR n’imuryango ibiri basesekaye mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi tariki 07/08/2012.
Umuhanzikazi uzwi cyane mu njyana ya Hip Hop aho benshi banemeza ko ariwe mwamikazi w’iyo njyana Paccy, yahamije ko azamurika alubumu ye tariki 24/08/2012.
Abagabo 20 bari mu maboko ya Polisi bakurikiranyweho ubujura buciye icyuho biba mu ngo z’abaturage ibikoresho birimo televiziyo za rutura. Icyaha gihanishwa igifungo cya burundu; nk’uko Polisi ibitangaza.
Inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) yari iteraniye muri Uganda yemeje ko hashyirwaho ikigega cyo gufasha Abanyekongo bahunze imirwano ibera mu burasirazuba bwa Kongo no mu bihugu by’ibituranyi.
Urubyiruko ruturutse mu bihugu bisaga 80 harimo n’u Rwanda ruteraniye mu ihuriro mpuzamahanga (2012 IYF World Camp) kuva tariki 06-09/08/2012 mu ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE).
Umwana w’imyaka 12 yafashwe mu ijoro rya tariki 31/07/2012 amaze kwiyahuza umuti wa Kiyoda nyuma yo guhohoterwa n’umukozi wabaga mu rugo iwabo maze bituma uwo mwana amara iminsi itatu muri koma.
Umugabo witwa Karibwende Vital yatangaje ko atari agamije kugirira nabi Minisitiri w’Intebe ahubwo ngo yari agamije kumenyekanisha ibikorwa bye ndetse no gutanga umuganura wa mbere w’umuco n’amateka bya Nkombo.
Muhawenimana Ildephonse w’imyaka 13 yaguye mu kizenga cy’amazi (pumping station) saa tanu tariki 07/08/2012 mu murenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe ahita yitaba Imana.
Nyuma y’aho ikipe y’igihugu ya Espagne U21 isezererewe rugikubita mu mikino Olympique, uwayitozaga Luis Milla yahise asezererwa asimburwa n’uwari usanzwe atoza ikipe ya Espagne y’abatarengeje imyaka 19, Julen Lopetegui.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 mu mupira w’Amaguru, Richard Tardy, afite icyizere cyo gusezerera Mali mu mukino wo kwishyura mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, uzabera i Bamako ku cyumweru tariki 12/8/2012.
Anita Burtty, Umunya-Ositaraliyakazi ufite imyaka 42 y’amavuko akaba n’umuhanga mu by’ubumenyi bw’inyenyeri, yatangaje abantu kuri televiziyo y’iwabo ubwo yavugaga ko yarangije imyiteguro y’ubukwe bwe ateganya muri Mata 2012 kandi ataranabona inshuti y’umusore.
Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kugenzura ibikorwa bya kimuntu n’ubutabazi bw’ibanze, Valerie Amos, kuwa kane tariki 09/08/2012, aragenderera inkambi ya Kigeme ikambitsembo impunzi z’Abanyekongo bahunze intambara ibera mu Burasirazuba bwa Congo.
Inzego zitandukanye z’ubuyobozi bukuru bw’igihugu zimaze igihe zisobanura ko uruhare rw’Abanyarwanda mu kunganira ingengo y’imari ya Leta rugiye kurushaho kuba runini nyuma y’aho amahanga atangarije ko azahagarika inkunga yageneraga u Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) cyageneye mudasobwa 10 zifite umurongo wa Internet Ishuri Rikuru rya GS Rutunga, riherereye mu karere ka Gasabo, mu rwego rwo kwitegura kwizihiza umunsi w’abasora.
Abaturage bakorera n’abatuye mu mujyi wa Ruhango, baravuga ko mu gihe gito itorero Nayoti rimaze ritangiye imirimo yaryo muri uyu mujyi babangamiwe cyane n’urusaku ruturuka ku byuma bya muzika bitangwa n’iri torero.
Perezida w’umutwe w’abadepite, Rose Mukantabana yatangaje ko impamvu ituma hatorwa amategeko menshi mu Nteko ari uko igihugu cyanyuze muri Jenoside yakorewe Abatutsi, hamwe no kugira gahunda nyinshi zijyanye n’iterambere.
Mu nama y’umutekano yahuje abaturage b’umurenge wa Karambi, ubuyobozi bw’akarere n’inzego zishinzwe umutekano kuri uyu wa kabiri tariki 07/08/2012, uhagarariye abacitse ku icumu mu murenge wa Karambi yatangaje ko ahangayikishijwe n’umutekano w’umwe mu bacitse ku icumu muri uyu murenge.
Umugabo witwa Safari Saidi ukomoka mu murenge wa Kubungo akurikiranweho kwambara umwambaro wa EWSA akajya kwiba urutsinga mu murenge wa Karembo avuga ko yarutumwe no kuri station Ngoma.
Bamwe mu bakorera ubucuruzi muri santere ya Gahunga iri mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera batangaza ko kuba barabuze umuriro w’amashanyarazi igihe kigera ku cyumweru byabateje ibihombo kubera ko bamaze icyo gihe cyose badakora.
Kubwumukiza Yottamu, umukuru w’umudugudu wa Nyamuko mu kagali ka Gatagara, umurenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yakubiswe anarumwa izuru ahagana saa tatu z’ijoro tariki 6/08/2012 abikorewe n’umuturage winjiye umugore wo muri uwo mudugudu ayobora.
Abanyeshuli b’Abanyarwanda biga mu mahanga basuye ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahigwa kuri uyu wa kabiri tariki 07/08/2012 basobanurirwa ibijyanye n’imitegekere y’u Rwanda mbere y’igihe cy’ubukoroni.
Abaturage bo mu kagari ka Kirebe mu murenge wa Rwimiyanga baratangaza ko kubera ibiciro by’amazi biri hejuru, bakivoma amazi yo mu mariba y’inka mu gihe hashize igihe kirenga imyaka igera muri ine bahawe ivomo ry’amazi meza.
Abayobozi bakuru b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bageze mu mujyi wa Kampala ahagomba kubera inama yo kwiga ku ishyirwaho ry’ingabo zo guhagarika intambara mu burasirazuba bwa Congo.
Abayobozi b’imirenge SACCO igize akarere ka Gatsibo barahamagarirwa kubaka inzu zo gukoreramo kugira ngo mu ntangiriro z’umwaka wa 2013 bazabe bavuye mu nzu z’inkodeshanyo n’intizanyo.
Abanyeshuri bazarangiza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2012, bazamara amezi arindwi ku rugerero bakora ibikorwa binyuranye bifitiye igihugu akamaro; nk’uko byatangajwe na Rucagu Boniface ukuriye itorero ry’igihugu.
Imibare ishyirwa ahagaragara na Polisi y’igihugu igaragaza ko ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina byagabanutse cyane. Intara y’Iburasizuba iza ku mwanya wa mbere mu kugira ibyaha byinshi byo kwangiza abana batoya.
Nyiransengimana w’imyaka 20 utuye mu kagali ka Menge, Umurenge wa Cyuve mu karere ka Musanze yatawe muri yombi tariki 05/08/2012 nyuma yo gukuramo inda y’amezi atatu.
Niyinteretse Ezechiel w’imyaka 32, ukomoka mu karere ka Muhanga ariko akaba akorera mu Gatenga mu mujyi wa Kigali avuga ko nyuma yo kubona uburyo yakandamizwaga mu kazi k’ububoyi yahisemo kwihangira imirimo imuteza imbere nubwo izwiho kuba iy’abagore.
Umubyeyi witwa Mwandetse Esperence wo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yatoraguye uruhinja rwari rwatawe na nyina amaze kurubya, none yagabiwe inka n’abarimu bahugurirwaga kuzakora ibarura rusange ry’abaturage riteganyijwe muri uku kwezi.
Umusore witwa Munyaneza Emile uzwi cyane kw’izina rya Pfumukel wo mu karere ka Ruhango mu murenge wa Bweramana ahitwa i Gitwe, yacuruje Tuvugane none yamuhaye amikoro yo kujya kwiga mu Buhinde mu cyiciro cya Maitrise.
Ku cyumweru tariki 05/08/2012, Umunya-Jamaica Usain Bolt yesheje umuhigo wo kwiruka metero 100 mu gihe gitoya kuva imikino Olympique yabaho aho yasize bagenzi be bari bahanganye akoresheje amasegonda 9 n’ibice 63.
Kuva ku wa gatanu tariki 03/08/2012 abakiriya ba Banki y’abaturage y’u Rwanda, ishami rya Nyanza bakoresha ibyuma bya ATM barinubira ko batakibasha kubona amafaranga yabo mu buryo bubangutse kubera byahagaze gukora.
Ubwo habaga isiganwa ku maguru muri metero 100 mu mikino Olympique, ku cyumweru tariki 05/06/2012 hari umufana wateye icupa mu kibuga inyuma y’abasiganwaga none ubu ari mu maboko ya Police.
Urukiko rw’ibanze rwa Ruhango rwahamije Abakirisitu 15 icyaha cyo kutubahiriza gahunda za Leta, rubakatira igihano cyo gufungwa umwaka umwe bakanatanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 50.
Abanyamakuru nk’igikoresho gikomeye mu guhererekanya amakuru, barakangurirwa kugira ubufatanye n’inzego z’umutekano mu kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto; nk’uko babihuguriwe kuwa mbere tariki 06/08/2012.