Guverinoma y’u Rwanda irateganya gukuriraho abakene amafaranga 1000 atangwa n’umuturage igihe agiye gufata ibyemezo bya burundu by’ubutaka yatijwe na Leta iyo bumaze kubarurwa no kwandikwa mu bubiko bwabugenewe.
Abanyamadini bo mu karere ka Kayonza barasaba guhabwa imfashanyigisho ku burere mbonera gihugu no kwegerwa n’abayobozi kugira ngo babashe guha inyigisho nziza abayoboke b’amadini yabo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994 baranenga ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga ko imfubyi za Jenoside zirera zisurwa cyane ari izo mu mujyi gusa, ab’ahandi bagasa n’aho bibagiranye.
Mu karere ka Nyanza hatangiye gutangwa icyemezo cy’umugayo kigenewe abayobozi bafite imikorere mibi mu nzego z’ibanze; nk’uko byagaragaye mu muhango wo gutanga ibyemezo by’ishimwe n’umugayo wabaye tariki 14/06/2012.
Bamwe mu bakozi bo mu ngo bo mu karere ka Muhanga baratangaza ko bifuza ko bagira uburenganzira bwo kujya bashakirwa n’abakoresha babo ubwisungane bwo kwivuza.
Dr Jean de Dieu Ngirabega, ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) aratangaza ko umubare w’abatanga amaraso mu Rwanda ukiri hasi ugereranyije n’ababa bayakeneye.
Itsinda rishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo rivuga ko ntawe uzabeshya mu isuzuma ry’imihigo y’umwaka 2011-2012, kuko harimo gusuzumwa ibikorwa bifitiye abaturage inyungu nyinshi kandi zirambye, harimo ibikorwaremezo, ubwinshi bw’ibitunga abaturage, imiturire, n’ibindi.
Abaminisitiri batatu, kuri uyu wa kane tariki 14/06/2012, bari mu Ntara y’Iburasirazuba muri gahunda zitandukanye zo gusura no gusesengura ibibazo biri mu nzego z’ibidukikije, umutungo-kamere n’imiturire myiza mu midugudu.
Umuryango w’umwami wa Espagne wababajwe cyane no kumva ko umwami Juan Carlos, yakoze amahano akabyara umwana w’umukobwa mu gihugu cy’Ububiligi akamuhisha none bakaba babimenye amaze kugira imyaka 46.
Abantu batatu bitabye Imana undi umwe ararokoka nyuma yo kugwa mu musarane kuwa gatatu tariki 13/06/2012 mu kagari ka Gasarenda, umurenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe.
Bamwe mu banyeshuri barangiza mu ishuri rya Tumba College of Techonology, barasaba ubuyobozi bw’iki kigo kongera agaciro k’impamabumenyi bahabwa kugira ngo babashe guhangana ku isoko ry’umurimo.
Amafaranga yagenewe ibikorwa remezo mu ngengo y’imali y’umwaka wa 2012/2013 yariyongereye ugereranyije n’umwaka ushize. Uyu mwaka ibikorwaremezo byagenewe 23/% by’ingengo y’imali y’umwaka wose mu gihe umwaka wabanje yari 21%.
Inyeshyamba za FDLR zifatanyije n’abarwanyi ba Nyatura bishe umugore zinafata abantu 35 bugwate mu gace ka Matusila mu karere ka Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 10/06/2012.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho U Rwanda (ICTR) rwongeye kwimura urubanza rwa Augustin Ngirabatware wabaye Minisitiri w’igenamigambi mu gihe cya Jenoside. Urubanza ruzaba tariki 23-24/07/2012 aho kuba tariki 02/07/2012.
Polisi yo mu karere ka Kayonza iratangaza ko benshi mu bacuruzi b’ibiyobyabwenge batabinywa, ahubwo ngo babicuruza bagamije gushaka amafaranga no kwangiza urubyiruko n’abandi bakoresha ibiyobyabwenge muri rusange.
Mu cyumweru cyahariwe gusoza Inkiko Gacaca, abantu 32 bamaze gutabwa muri yombi mu murenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango kuko batorotse imirimo nsimburagifungo (TIG) batayirangije.
Umukuru w’umudugudu wa Murenge, akagari ka Mariba, umurenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke yatse uwasigajwe inyuma n’amateka amafaranga 5000 amubwira ko ari ay’uko yamugiriye mu kibazo akaba agiye kuzahabwa inka muri gahunda ya girinka.
Mu gihe haburaga iminsi ibiri ngo hatangire igikombe cyo kwibuka abakinnyi, abatoza n’abakunzi ba Mukura bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikipe ya Mukura ifite impungenge ko iki gikombe gishobora kutaba kubera kutaboneka kw’amakipe yari yatumiwe.
Iduka ry’umugabo witwa Emmanuel Kuradusenge ucururiza mu kagali ka Nyarutarama, umurenge wa Remera mu karere ka Gasabo ryafashwe n’inkongi y’umuriro kuwa kabiri tariki 12/06/2012 yangiza ibintu bifite agaciro k’amafaranga miliyoni imwe.
Cyiza Moise utuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera avuga ko yari akwiye kugira icyo agenerwa n’ubuyobozi kuko ariwe wahanze igikoresho cya “Kandagira Ukarabe” ubu gisigaye gikoreshwa mu Rwanda hose mu rwego rw’isuku n’isukura.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwongeye gutegura impapuro zihagarika umuyobozi wa FDLR, Sylvestre Mudacumura. Hari hashize iminsi uru rukiko rukuyeho impapuro zari zatanzwe mbere kubera ko ngo nta bimenyetso bihagije byari byatanzwe.
Abarwayi 44 bari barwariye mu bitaro bya Remera Rukoma bazira kunywa igikatsi, umutobe n’inzoga bihumanye, basezerewe mu bitaro kuko bose bakize neza.
Urwego rw’Umuvunyi rwiyemeje gushyira itangazamakuru mu bafatanyabikorwa baryo kugira ngo rurusheho kunoza imikorere, runemera gukorera abanyamakuru ubuvugizi kugira ngo bashobore gukora akazi kabo bisanzuye.
Iribagiza Denise w’imyaka 38 wari utuye mu kagari ka Rwantonde mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe yiyahuye tariki 12/06/2012 mu masaha ya nijoro bamusanga mu gitondo yapfiriye iwe mu nzu.
Abakunzi ba ruhago muri Tanzania n’ikipe Simba yakiniraga bakusanyije amafaranga yo gufasha umuryango wa Mafisango ariko Simba ntiratangaza umubare w’amafranga yakuye muri iki gikorwa cy’urukundo n’umunsi wo kuyageza ku muryango wa nyakwigendera.
Umutoza wa Police FC, Golan Kopunovic, avuga ko yagiranye ibiganiro na Police FC byo gutegura umwaka utaha kandi ngo nyuma y’imikino y’igikombe cy’amahoro yizeye ko ibiganiro by’abakinnyi batanu yifuza bizagenda neza hagati yabo na Police FC.
Abasore babiri baguye mu rugomero rw’amazi rwa Sagatare rwubatswe mu rwego rwo kuhira igihingwa cy’umuceri. Abo basore baguye muri uro rugemero rwubatse mu karere ka Kirehe mu kagari ka Mubuga ho murenge wa Musaza ubwo bashakaga kogamo.
Abafite ababo baguye mu kigo St Joseph kiri i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali ntibishimiye ko imibiri y’ababo bari bashyinguye mu cyubahiro muri icyo kigo yongera gutabururwa ngo ijyanywe gushyingurwa mu rwibutso rwa Jenoside ku Gisozi.
Mu rwego rwo guteza imbere uburezi mu Rwanda, Perezida Paul Kagame yashyizeho igikorwa ngaruka mwaka cyo kuzajya ahemba abanyeshuri barangiza amashuri yisumbuye babaye indashyikirwa mu gutsinda neza amasomo ya science.
Musenyeri wa diyosezi ya Cyangungu aherekejwe n’abapadiri 40 bo muri iyi diyosezi, kuri uyu wa gatatu tariki 13/06/2012, basuye urwibutso rwa Murambi rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu karere ka Nyamagabe.
Mu mujyi wa Madrid muri Esipanye habaye imyigaragambyo y’abamagana ko abagendera mu modoka bagendera nabi abanyonzi bagendera ku magare mu muhanda, bakabahutaza.
Mu Rwanda hamenyerewe ko iyo umuntu yitabye Imana ashyingurwa uko yakabaye mu rwego rwo kumuha icyubahiro yari afite ku isi ariko mu minsi iri imbere bishoboka ko bamwe bazajya babanza gukurwaho ibice bimwe na bimwe ngo bizakoreshwe.
Akarere ka Gatsibo kashyikirijwe ibyumba 12 by’amashuri byubatswe ku nkunga ya Plan-Rwanda. Amashuri yatashywe agiye kugabanya ubucucike mu mashuri bwari burenze ku ishuri rya Murambi aho byubatswe.
Inyeshyamba za FDLR zifatanyije n’umutwe wa Nyatura, mu cyumeru cyarangiye tariki 10/06/2012, bateye ibitero mu gace ka Ufamandu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo na Viralo muri Kivu y’Amajyaruguru batwika amazu yo mu midugudu 10.
Uyobora inkambi y’agateganyo ya Nkamira aranyomoza ibivugwa na zimwe mu mpunzi zo muri iyo nkambi ko mu ibarura ziri gukorerwa hari izo barenganya bazita Abanyarwanda kandi ari Abanyekongo.
Nyuma y’inshuro eshatu abantu bibisha intwaro mu murenge wa Karembo mu karere ka Ngoma bagatoroka ntibafatwe ubu abacuruzi bo muri uwo murenge bahangayikishijwe n’ubu bujura ndetse bakaba bafunga kare kubera ubwoba.
Abasirikare icyenda barwaniriraga umutwe wa FDLR muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo batashye mu Rwanda bari kumwe n’imiryango yabo tariki 12/06/2012 banyuze ku mupaka wa Gisenyi mu karere ka Rubavu.
Polisi y’igihugu, tariki 11/06/2012, yataye muri yombi abagabo batatu bakurikiranweho gukoresha amafaranga y’amahimbano mu bice bitandukanye by’igihugu.
Mukampazimaka Consolee w’imyaka 32 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarore akekwaho kwivugana umugabo we Rubayiza Joseph w’imyaka 61, kuwa mbere taliki 11/06/2012.
Umuhango wo Kwita Izina ingagi wabimburiwe n’imurikagurisha ry’iminsi ibiri mu bugeni n’ubukorikori rizafasha kumurika ibikorwa n’udushya mu kurinda ibidukikije; nk’uko bitangazwa na Rica Rwigamba ukiye ishami ry’Ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB).
Dr. Luis Gomes Sambo, umuyobozi w’Ikigo Mpuzamahanga cyita ku Buzima (OMS) uri mu Rwanda, yashimye imikorere y’Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byatangije gahunda yo gusiramura umuntu atabazwe ku rwego rw’isi.
Bamwe mu bitandukanyije n’umutwe w’inyeshyamba za FDLR bari mu kigo cya Mutobo mu karere ka Musanze barashishikariza izindi nyeshyamba zo muri uwo mutwe zasigaye mu mashyamba ya Kongo gutaha kuko mu Rwanda hari umudendezo.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba abubaka urugomero rwa Musarara ruri mu karere ka Gakenke kwihutisha imirimo ku buryo mu mezi abiri yaba yarangiye kugira ngo abaturage babone umuriro w’amashanyarazi Leta yabasezeranyije.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) cyatangaje ko mu gihe gito abatunganya ubwiza bw’umubiri bazasabwa gukora bafite impamyabumenyi, kugira ngo batange servisi zinogeye ababagana.
Abaturage babarirwa muri za miliyoni nyinshi bategejere tariki ya 14/09/2012 kuko aribwo hazemezwa burundu niba umuti witwa Truvada ufite ubushobozi bwo kuvura no kurinda icyorezo cya SIDA gihangayikishije isi yose.
Muramyangango Dauda w’imyaka 59 wo mu mudugudu wa Mpinga, akagali ka Akaziba, umurenge wa Karembo yasanzwe mu nzu iwe tariki 11/06/2012 umurambo we utangiye kwangirika nyuma yo kwicwa agafungiranwa mu nzu.
Urwego rwa Polisi mu Ntara y’Uburasirazuba rurashishikariza urubyiruko kureka kwijandika mu biyobyabwenge kuko sosiyete zishobora gusenya izindi zikoresheje ibiyobyabwenge; nk’uko CSP Alexandre Muhirwa, uyobora polisi mu Ntara y’Uburasirazuba yabivuze.
Abagabo bane bafungiye kuri Sitasiyo ya polisi ya Kirehe kuva tariki 11/06/2012 nyuma yo gufatanwa urumogi bavuga ko bari bagiye kurugurisha kugira ngo bikenure dore ko banavuga ko barubonamo agafaranga gatubutse.
Umuryango mpuzamahanga ugamije gukumira amakimbirane ku isi “crisis group” urasaba akanama k’umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano kongera kwiga ku mirimo ya MONUSCO muri Congo kuko nta musaruro ugaragara itanga.
Umunyarwandakazi witwa Clarisse Iribagiza azaba ari muri Amerika kuva tariki 13-30/06/2012 mu nama izahuza urubyiruko rukiri ruto rwagaragaje ubuhanga mu bijyanye no kwihangira imirimo, umubano no kwiteza imbere ku mugabane wa Afurika.