Mu nama y’inteko y’abagize umuryango RFP-Inkotanyi mu karere ka Nyamasheke yateranye tariki 17/03/2012, abayitabiriye batoye komite ngenzuzi ndetse na komisiyo ngengamyitwarire mu muryango wa RPF-Inkotanyi.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John, asanga mu gihe abaturage badashishikarijwe kugabanya imbyaro nta terambere akarere ka Kayonza muri rusange kageraho. Impuzandengo y’ibarura riheruka igaragaza ko mu karere ka Kayonza umubyeyi umwe abyara nibura abana batanu.
Abahanzi Danny, Bull Dog,Young Grace, Jay Polly, Just Family, Emmy, Dream Boys, Rider Man, King James na Knowless nibo bazakomeza mu cyiciro cya kabiri cya Primus Guma Guma super Star season 2.
Umugore utuye i Nyanza yakubitiye umugabo we ku gasantere bita “Arete” gaherereye mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye, tariki 17/03/2012, amuziza ko atamufasha guhahira urugo.
Umutwe w’inyeshyamba wo muri Kongo uvuga ko uharanira kubohoza ubutaka bwabo witwa Raia Mtomboko utera ibice birimo impunzi z’abanyrwanda akenshi biba bigenzurwa n’inyeshyamba za FDLR abo ufashe ukabica rubozo; nk’uko bitangazwa na bamwe mu Banyarwanda batahuka.
Umucamanza Nyirabirori Annonciata n’umwanditsi w’urukiko Nyirangorane Anastasie birukanywe ku mirimo yabo burundu bazira amakosa akomeye bakoze mu kazi kabo; nk’uko bitangazwa na Kaliwabo Charles umuvugizi w’inkiko.
Abanyamuryango b’umuryango wa RPF-Inkotanyi bo mu karere ka Nyamasheke barishimira intambwe bateye muri uyu mwaka ushize wa 2011, kuko bageze kuri byinshi mu bice bitandukanye.
Abaturage bo mu Kagari ka Gihengiri mu Murenge wa Mukama ho mu Karere ka Nyagatare barasaba ubuyobozi kubongerera ibigo by’amashuri abanza, kuko kuba abenshi muri abo baturage batuye kure y’amashuri bituma abana babo banga ishuri.
Umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko witwa Uwizeyimana Elysée Nadia akambitse imbere y’inzu y’iwabo n’utwe twose, nyuma yo kwirukanwa na se umubyara. Avuga ko azahava ari uko umubyeyi we amusobanuriye aho yerekeza.
Umugabo w’imyaka 38 y’amavuko witwa Fulgence Simbyondora afungiye kuri Station ya Polisi ya Zaza mu Karere ka Ngoma, nyuma yo gufatanwa ibiro 12 by’urumogi mu gicuba cy’amata ashaka kujijisha abashinzwe umutekano.
Zimwe mu nkiko zo mu gihugu zahawe abayobozi bashya izindi zihabwa abacamanza bashya, nk’uko byemejwe mu Nama Nkuru y’Ubucamanza y’iminsi itanu iyobowe Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege, yari iteraniye ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ikirenga.
Umutoza n’abakinnyi ba APR FC baratangaza ko bishimiye ko umunyezamu wabo wa mbere, Ndoli Jean Claude, yakize imvune. Bidahindutse ashobora no kwitabazwa ku mukino uyihuza na Police FC kuri uyu wa Gatandatu, nk’uko umutoza wayo Ernie Brandts yabitangaje.
Umuhanzi w’Umunyarwanda Mugisha Benjamin “The Ben”, ubarizwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yamaze gusinya amasezerano y’umwaka umwe n’imwe mu mazu ashinzwe ibikorwa by’abahanzi n’ubuhanzi bwabo muri Amerika ya Mavaka Music Label.
Umurambo wa Ngendahimana Eric wiciwe muri Uganda, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 16/03/2012, nibwo wagejejwe ku mupaka uhuza iki gihugu n’u Rwanda. Inzego za polisi hagati y’ibihugu byombi nizo zahererekanyije umurambo ku rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka.
Umudugudu wa Kinini umaze kuba icyitegererezo mu midugudu igize akarere ka Rulindo kubera uburyo abawutuye bitabiriye ubworozi bw’inkoko, bukabafasha muri gahunda zo kwiteza imbere.
Abanyarwanda bagera ku 158 n’Umunyekongokazi umwe, kuri uyu wa Gatanu tariki 16/03/2012 bambutse umupaka wa Rusizi bava mu mashyamba ya Congo banyuze muri Bukavu y’Amajyepfo.
Uruhinja rw’icyumweru kimwe rwatoraguwe mu musarane w’umukecuru witwa Bonifride Nyiransabimana, utuye mu Mudugudu w’Isangano akagali ka Rugali umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa Kane tariki 15/03/2012.
Perezida wa komisiyo y’igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, Sayinzoga Jean, aremeza ko nta mwuga uruta indi. Yabitangarije abamugaye bahoze ari ingabo kuri uyu wa Gatanu, ubwo bahabwaga impamyabushobozi z’amahugurwa bari bamazemo amezi atandatu.
Akarere ka Burera karateganya kubyaza umuyaga umuriro w’amashanyarazi kuko muri ako karere hakunze kuba umuyaga mwinshi kandi igihe cyose.
U Rwanda na Tanzaniya byasinye amasezerano yo korohereza abacuruzi bakorera ubucuruzi bwabo ku mipaka ya Tanzaniya n’u Rwanda (simplified trade regime). Abacuruzi bakora ubucuruzi buto kuri uwo mupaka bongerewe amasaha yo gukora ava kuri 12 ajya kuri 16 ku munsi.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru kuri Radio Maria Vincent de Paul Ntabanganyimana aratenganya kumurikira abakunzi be alubumuye ya mbere «Ngwino urebe” mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka; nk’uko yabidutangarije.
Abayobozi, abakozi n’abakorerabushake ba komisiyo ishinzwe amatora mu Rwanda, tariki 15/3/2012, bakoze umuganda udasanzwe ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Ntarama.
Abagize Ikirezi Group itanga Salax Awards baratangaza ko gahunda izaba yateganyijwe ku munsi wo gutanga ibihembo igomba gukurikizwa uko yagenywe kabone nubwo abahanzi bazahembwa batinda kuhagera.
Ubuyobozi bwa banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) burashima imirimo yo gutunganya igishanga cya Rurambi butera inkunga kuko izakemura ikibazo cy’ibiribwa.
Abanyeshuri bagera kuri 359 barangije mu mashami atatu yo mu ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi (ICK) bahawe impamyabumenyi kuri uyu wa gatanu tariki 16 Werurwe 2012. Basabye Leta ko yajya iha buruse zo kujya kwiga hanze abanyeshuri bo mu mashuri yigenga bagize amanota menshi nk’uko bigenda muri za kaminuza za Leta.
Urukiko rw’ubujurire mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) ruzatanga umwanzuro ku bujurire bwa Kanyarukiga Gaspard tariki 08/05/2012.
Bimaze kumenyekana ko hari abantu bakorera muri Repubulika Iharanaria Demokarasi ya Kongo bakorana na FDLR bakazana ibiyobyabwenge mu Rwanda; nk’uko byemezwa n’umuyobozi wa polisi mu karere ka Rubavu.
Impanuka y’imodoka zitwara abagenzi za sosiyete Horizon Express na African Tours yahitanye abantu 9 abandi 46 barakomereka bikabije.
Amafaranga aturuka ku musaruro w’ikawa ashobora kuziyongeraho 50% muri uyu mwaka wa 2012 kubera ko umusaruro wabaye mwiza bitewe n’ibihe by’imvura byabaye byiza, bigatuma ubwiza bwa kawa burushaho kuba bwiza.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda irasaba abaguzi kumenya ko bafite uburenganzira kandi ko bakwiye kubuharanira ntibemere ko hari uwabubangamira.
Ihene 12 z’abaturage bo mu kagari ka Rugendabari mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza zishwe n’imbwa za bamwe mu baturage batuye muri ako kagari tariki 14/03/2012.
Mu rwego rwo kurwanya imirire mibi igaragara mu karere ka Gatsibo, ubu hatangiye gahunda yo gutekera hamwe mu mudugudu mu rwego rwo kwigisha ababyeyi guteka indyo yuzuye muri gahunda yiswe “igikoni cy’umudugudu”.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, arasaba itsinda rizakora inyigo yimbitse ku bagiye kwimurwa mu midugudu yo mu murenge wa Nyabinoni kugira ubushishishozi kubakeneye kwimurwa kugira ngo hatazagira ubigiriramo ikibazo.
Kuva tariki 10/03/2012, Urugo rwa Mukasonga Sada na Kayiranga batuye mu mudugudu wa Mugandamure B mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza rwibasiwe n’inkongi y’umuriro uturuka ahantu hatazwi ugatwika inzu n’ibyo batunze.
Dusabimana Theophile ukomoka mu mudugudu wa Rwagihura,akagari ka Nyankenke,umurenge wa Nyankenke mu karere ka Gicumbi afungiye kuri station ya polisi ya Gicumbi azira kwica umwana we Umutesiwase amukubise umwase ubwo yarwanaga n’umugore we.
Umubyeyi witwa Urayeneza Marie utuye mu mudugudu wa Munini, akagari ka Rukina, umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, yasanze mukeba we witwa Nyiranzajyankundimana Atoinette amwiba ibitoki aramuhururiza maze nawe ahita aramwadukiriye amuhondagura amabuye amusatura umunwa.
Nyuma y’iminsi itatu yitabye Imana, uyu munsi tariki 15/03/2012, Musenyeri Misago Augustin wahoze ari umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro yashyinguwe muri Kaderali ya Gingokoro yitiriwe Umuryango Mutagatifu.
Kapiteni wa Rayon Sport akaba yari na myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Burundi, Karim Nizigiyimana, bakunze kwita Makenzi yahagaritse burundu gukinira ikipe y’igihugu ku mpamvu z’umwuka mubi uyirangwamo.
Ikipe y’igihugu ya Cross Country yahagurutse mu Rwanda kuri uyu wa kane yerekeza i Cape Town muri Afurika y’Epfo mu isiganwa ku maguru ryitwa "African Cross Country Championship” rizaba tariki 18/03/2012. Indi kipe ni iya Marathon yerekeje i Roma mu Butariyani mu isiganwa ryiswe Marathon International de Rome nayo izaba (…)
Umugabo witwa Munyankiko utuye mu mudugudu wa Mwanza, akagari ka Nyundo, umurenge wa Mataba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke azira gukubita isuka umugore we witwa Nyirandabantuye Primitive mu mutwe akajya mu bitaro.
Itsinda ry’abanyeshuli biga muri USA Air War College rigizwe n’abakoleneli 10 n’abajyanama 3 b’iryo shuli riri mu Rwanda mu rugendo shuli rugamije kwigira ku Rwanda nk’igihugu gifite amateka akomeye n’uburyo gikoresha cyiyubaka nyuma yo kunyura muri Jenoside.
U Bushinwa bwiteguye gufasha u Rwanda guteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa ku buryo nta mwana n’umwe uzabura uko yiga; nk’uko bitangazwa na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda.
Umuyobozi w’umutwe w’ingabo zibungabunga amahoro muri Sudani y’Amajyepfo (UNMISS), Gen. Maj. Moses Obi ari kumwe n’umuyobozi w’abakozi muri uwo mutwe, Col. Charles Karamba, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa kane tariki 15/03/2012.
Ubushinjacyaha bwashyize ahagaragara ibimenyetso byaturutse mu Buholandi, bishinja Ingabire Victoire ibyaha birimo kurema umutwe w’ingabo, kuvutsa umudendezo igihugu ndetse no gukorana n’umutwe w’inyeshyamba wa FDLR.
Izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ryagaragaye muri Gashyantare uyu mwaka ryatumye guta agaciro ku ifaranga ry’u Rwanda rigera kuri 7.85 rivuye kuri 7.81; nk’uko imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyabitangaje kuri uyu wa ane tariki 15/03/2012.
Ipimwa ryakozwe ku murambo wa Theophile Munyaneza watoraguwe mu gitondo cya tariki 12/03/2012 ryerekana ko yishwe atiyahuye nk’uko bamwe bari babiketse.
Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga, tariki 14/03/2012, rwahamije Thomas Lubanga icyaha cyo kwinjiza abana bari munsi y’imyaka 15 mu gisirikare hagati y’umwaka wa 2002 na 2003.
Abatuye mu mirenge imwe n’imwe igize akarere ka Kirehe bugarijwe n’ikibazo cyo kubura amazi aho usanga amajerekani asaga ijana mu isantire izwi ku izina rya Nyakarambi ategereje gushyirwamo amazi kuri robine imwe rukumbi ihari.