Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere (RDB) gifatanyije na sosiyete y’ikoranabuhanga ya Google cyatangiye gahunda yo kumurika bimwe mu bice nyaburanga n’iby’ubukerarugendo mu mujyi wa Kigali no mu Majyaruguru y’igihugu binyujijwe ku murongo wa internet.
Umuyobozi wa polisi y’igihugu mu karere ka Muhanga, supt Sezirahiga Roger, atangaza ko byinshi mu byaha bigaragara muri aka karere biterwa ahanini n’ibiyobyabwenge.
Raporo yavuye mu itohoza ku cyishe umuririmbyi wo muri Amerika, Whitney Houston, witabye Imana mu kwezi gushize igaragaza ko uwo muririmbyi yishwe no kuba ahanini yarafataga cyane ku kiyobyabwenge cya Cocaine.
Dosiye ikubiyemo ibishinjwa Kayishema Fulgence yashyikirijwe umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Martin Ngoga, tariki 22/03/2012.
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye tariki 20/03/2012 yashenye amazu agera kuri 40 mu murenge wa Ruramira wo mu karere ka Kayonza. Uretse amazu manini abaturage babamo, hangiritse na zimwe mu nsengero zo muri uwo murenge n’urutoki.
Mu ruzinduko arimo mu gihugu cya Turukiya, Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro cy’abacuruzi n’abashoramari b’Abanyarwanda bagiranye n’abo mu gihugu cya Turukiya bagera kuri 200. Yabashishikarije gushora imari mu Rwanda ari nako abereka inyungu zirimo.
Itegeko riherutse gutorwa rifata gukuramo inda nk’icyaha cyeretse iyo inda ikuwemo kubera impamvu zikurikira: igihe utwite inda yayitewe n’uwo bafitanye isano ya hafi, igihe inda ishobora guteza ikibazo ku buzima bw’uyitwite, igihe bigaragara ko umwana uri munda afite ikibazo atazabaho ndetse n’igihe iperereza rya polisi (…)
Perezida Kagame akomeje kugirira urugendo mu gihugu cya Turukiya aho ari gusura inganda n’abashoramari abashishikariza gushora imari mu Rwanda mu rwego rwo kuzamura iterambere ry’u Rwanda n’ibikorwaremezo.
Susanne Eman, umugore w’imyaka 32 wo muri Leta ya Arizona muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika arashaka kuzaba ari we mugore munini ku isi mu mpera z’umwaka wa 2012. Ubu afite ibiro 335 akaba ashaka kurushanwa n’umuntu wa mbere, Donna Simpson, ufite ibiro birenga 700.
Minisitiri w’Ubuzima aremeza ko amafaranga y’agahimbazamushyi ku baganga n’abaforomo azagenwa n’ibyo komisiyo ishinzwe gukurikirana icyo kibazo izaba yabonye, bitandukanye n’ibyari bimaze iminsi bihwihwiswa y’uko abaganga bagiye gukatwa 40% by’umushahara.
Inama njyanama y’umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu, yasezeraye abayobozi bo mu kagari ka Bulinda, Isewurugwiro na Nshimiyimana Enock, kubera amafaranga baka abaturage ngo babashyire muri gahunda zo kugoboka abatishoboye.
Minisitiri Stanislas Kamanzi ufite amabuye y’agaciro mu nshingano ze yasabye abacukura amabuye y’agaciro mu murenge wa Kabacuzi mu karere ka Muhanga kuyacukura banubahiriza amategeko agenga uwo murimo.
Abakinnyi 19 b’ikipe ya Etoile Sportive du Sahel yo muri Tuniziya, barangajwe imbere n’umutoza wayo Bernd Krauss bageze ku Rwanda aho baje gukina na APR FC umukino wa 1/16 wa Champions League.
Umukecuru Nyirabashyitsi Anastasie w’imyaka 54 yishwe n’uwitwa Ngirinshuti Felix bapfa urubibi aho umwe yavugaga ko undi amurengera. Ibi byabereye mu mudugudu wa Kadashya, akagari ka Kanazi ko mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke ku mugoroba wa tariki 20/03/2012.
Umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko witwa Uzamukunda Patience ukomoka mu mudugudu wa Buranga, akagali ka Ruhinga, umurenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gakenke kuva tariki 19/03/2012 akekwaho gukoresha impapuro mpimbano.
Kuri uyu wa gatatu tariki 21/03/2012, ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 yatsinze iya Uganda ibitego bibiri ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri Nakivubo Stadium i Kampala muri Uganda.
Mutuyimana Solange uzwi ku izina rya Matoroshi, umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Nyamiyaga, Akagari ka Mucaca, Umurenge wa Nemba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva tariki 20/03/2012 akekwaho kwiba radiyo, ibishyimbo n’amagi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bufatanije n’abaturage batangiye kurwanya indwara yitwa kirabiranya ifata urutoki ikarwangiza ku buryo bukabije insina ntizishobore kwera kandi ikandura cyane.
Umwaka ushize wa 2011, umutungo w’u Rwanda winjizwa na bene gihugu bari mu gihugu (GDP) wiyongereye ku kigero cya 17% bituma ugera ku amadorari y’Amerika miliyari 6.34 (Rwf 3.828 trillion) uvuye kuri miliyari 5.5 z’amadorari y’Amerika (Rwf 3.280 trillion) mu mwaka wabanje.
Sosiyete ikomeye yo muri Turukiya yitwa Koza Ipek Group yatangaje ko yiteguye kubaka kaminuza mu Rwanda yise “Turkish Rwanda school”. Iyi sosiyete yabitangaje nyuma y’ibiganiro Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri icyo gihugu yagiranye n’abashoramari baho tariki 21/03/2012.
Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) kirasaba abayobozi bafite gucunga ibya rubanda mu nshingano zabo kuzirikana ku buremere bw’akazi kabo kuko igihe cyoze batujuje inshingano bagomba kubibazwa.
Umusaza Sentore, se wa Masamba Intore, yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 21/03/2012 azize indwara y’umutima mu bitaro byitwa Fortis Hospital Mumbai byo mu Buhinde aho yari yaragiye kwivuriza kuva tariki 07/01/2012.
Umusore witwa Iranzi Emmanuel w’imyaka 23 yafatanywe ibiro 50 by’urumogi yari agemuye mu mujyi wa Kigali ku mugoroba washize.Afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kigabiro muri Rwamagana.
Mukantegeye Josiane w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gihama mu kagali ka Mbuyi mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza yokejwe n’umuriro w’iziko abura uko ajya kwa muganga kubera nta bwisungane mu kwivuza afite bigeza ubwo ajoga inyo ku mubiri we.
Ku gicamunsi cya tariki 21/03/2012, kompanyi itwara abantu mu ndege yitwa Qatar Airways yatangije ku mugaragaro ingendo zayo mu Rwanda.
Perezida Kagame yatangiye uruzinduko ku mugabane w’i Burayi mu gihugu cya Turikiya aho azashyikirizwa impamyabumenyi y’ikirenga kubera uruhare yagaragaje mu guteza imbere imiyoborere myiza mu Rwanda no gutanga urugero rwiza ku mugabane w’Afurika.
Amazu 6 yari yatwawe n’umuyaga mu mudugudu wa Karama, akagari ka Nyagisozi, umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango tariki 18/03/2012 , yatangiye gusanwa n’umurenge hifashishijwe umuganda w’abaturage.
Umusore w’Umugande witwa Byarugaba Ivan uherutse gufatirwa mu murenge wa Ruhunde, mu karere ka Burera nta byangombwa afite yashubijwe iwabo ku wa kabiri tariki 20/03/2012.
Imodoka ya Horizon Express yakoreye impanuka ahitwa i Mugandamure mu karere ka Nyanza igonga umunyegare asigara ari intere mu isanganya ryabaye 11h13 z’amanywa kuwa kabiri tariki 20/03/2012.
Ibihugu bikoresha amazi y’uruzi rwa Nil biratangaza ko bidahangayikishijwe no kuba Misiri igenda gahoro mu kwemeranya uburyo bwo gukoresha aya mazi ngo byiteze imbere.
Gerenade yo mu bwoko bwa Totasi yatoraguwe mu ishyamba rya Muyange akagari ka Rwoga mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango tariki 19/03/2012. Iyi gerenade yatoraguwe n’ushinzwe umutekano “local defense” witwa Nsanzimana Emmanuel ahita ashyikiriza inzego za polisi mu karere ka Ruhango.
Banki y’isi, uyu munsi tariki 21/03/2012, yemeje inkunga y’amadolari y’Amerika miliyoni 40 azafasha muri gahunda zigamije gusigasira imibereho y’abaturage (social protection), akazagera ku miryango ibihumbi 115 ituwe n’abantu bagera ku bihumbi 500.
Umwana w’inzererezi uzwi ku izina rya Cocori utuye mu mudugudu wa Ngugu II akagari ka Mushongi umurenge wa Mpanga mu karere ka Kirehe afungiye ku biro by’akagari ka Mushongi akekwaho gufata ku ngufu umwana w’imyaka 3.
Umukobwa witwa Uwingeneye Solange wo mu kagali ka Cyabayaga, umurenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gatunda akekwaho kuba ari we wataye uruhinja mu musarane tariki 15/03/2012.
Umugore witwa Espérance Mukarushema w’imyaka 59 utuye mu mudugudu wa Bazankuru, akagari ka Mugomwa mu murenge wa Mugombwa aherutse guhisha inzu tariki 15/03/2012 kubera kuyicanamo ntazimye umuriro.
Nta munsi Abanyarwanda badasabwa kwitabira gahunda yo kuringaniza imbyaro ariko ugasanga hakiri ababifata nk’aho bitabareba, ariko burya hari igihe ugwirirwa n’ishyano ugatangira kwicuza impamvu wabyaye abo udashoboye kurera.
Kuva ku wa gatandatu tariki 18/03/2012 , amakipe y’u Rwanda y’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 20 muri handball bari mu gihugu cya Kenya mu marushanwa y’akarere agamije gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika.
Nyuma yo kwitwara neza muri Marathon yabereye i Roma mu Butaliyani tariki 18/03/2012, Umunyarwanda Jean Pierre Mvuyekure yabonye itike yo kuzasiganwa ku maguru mu mikino Olympique izabera i Londres mu Bwongereza.
Urugomero rw’amashanyarazi ruri kubakwa ku mugezi wa Nyabarongo mu karere ka Muhanga ruzuzura mu mwaka wa 2014 ni rwo ruzaba rutanga amashanyarazi menshi mu Rwanda hose kuko ruzatanga megawati 28.
Umuyobozi w’akagari ka Cyenkwanzi, umurenge wa Karama mu karere ka Nyagatare yatemwe n’umusore witwa Hakiza ubwo yari amukuriye ngo amwake waragi zo mudusashi yari amucishijeho.
Abamotari bakorera mu gasantere ka Kidaho hagerereye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera ndetse n’abamotari bakorera mu gasantere ka Butaro, mu murenge wa Butaro muri ako karere bafitanye ikibazo ku buryo iyo hagize abahura bashaka kurwana.
Nditegure Theoneste uyobora umudugudu wa Kavumu mu kagari ka Mugera, umurenge wa Gatsibo mu karere ka Gatsibo yakubiswe n’abasinzi, ku mugoroba wa tariki 19/03/2012, ubwo yajyaga gufunga utubari dukora nyuma y’amasaha yagenwe.
Umukozi ushinzwe ubuhinzi witwa Ndizeye Pierre na Donah Ahorukomeye bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka mu Karere ka Nyamagabe kuva tariki 20/03/2012 bazira kugerageza guha umupolisi ukora mu muhanda ruswa y’amafaranga ibihumbi 15.
Raporo y’umuryango w’abibumbye (UN) yasohotse tariki 20/03/2012 irashinja inzego z’umutekano z’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kwica no gufunga abantu bitubahirije amategeko mu gihe cy’amatora ya Perezida yabaye mu mpera z’umwaka wa 2011.
Iraguha Albert na Ndayambaje Thacien batuye mu mudugudu wa Kigarama mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana bafatiwe mu cyuho batera amabuye mu rugo rw’uwitwa Mukampunga Seraphine ku mugoroba wa tariki 20/03/2012 ahagana 19h30.
Mu rwego rwo gukuraho inzitizi zibangamiye isoko rusange, Tanzaniya yakuyeho amadolari 200 y’Amerika (amafaranga ibihumbi 120) yacibwaga amakamyo na visa ku bacuruzi bo mu ibihugu by’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Igice kimwe cy’inyubako y’Intara y’Uburasirazuba cyasambuwe n’imvura nyinshi n’umuyaga ukomeye byayibasiye ku mugoroba wa tariki 20/03/2012 ku buryo yasambutse igice kinini cyayo, ibiro by’abakozi n’amadosiye birangirika cyane.
Raporo y’ubushakashatsi ku buryo Abanyarwanda bivanye mu bukene, EICV3, igaragaza ko mu karere ka Kayonza abagabo 20,2 ku ijana bafite ibimenyetso by’imirire mibi mu gihe abagore 8,1 ku ijana gusa ari bo bafite icyo kibazo nk’uko ubwo bushakashatsi bwabigaragaje.