Nyuma yo kwagura inyubako z’ibiro by’akarere, abayobozi b’akarere ka Ngororero bakomereje iyo gahunda mu mirenge ndetse n’utugari ikazagera no mu midugudu. Ubuyobozi bw’ako karere buvuga ko gukorera ahantu hadasukuye abantu batabona ubwinyagamburiro bitazongera.
Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Rususa, umurenge wa Ngororeo mu karere ka Ngororero bababajwe n’itemwa ry’igiti bise “igiti cy’ishaba” bavuga ko cyari kuzaba igiti cy’amateka.
Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) watangaje ko u Rwanda rwemerewe kwinjiza isukari ingana na toni ibihumbi 38 nta misoro rutanze; nk’uko itangazo ryaturutse muri EAC ribivuga.
Abarimu ku bigo by’amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 (12YBE) bagiye kubakirwa amacumbi kugira ngo imyigishirize yo muri ayo mashuri ikomeze igire ireme; nk’uko byatangajwe n’ umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’uburezi.
Abarwayi ba diyabete barasabwa kutiheba kuko iyo ndwara idapfa kwica umuntu. Hari benshi bashobora kubana nayo imyaka myinshi ntigire icyo ibatwara ,ahubwo bakaba bakicwa n’indi mpanuka isanzwe.
Mu mpera z’uku kwezi kwa gatatu (tariki 31/03/2012) hategenyijwe igitaramo cyiswe Roof Top Party kizabera hejuru y’inzu ya mbere ndende muri Kigali yitwa Kigali City Tower (KTC).
Umugabo witwa Mujyambere Eric bakunze kwita Mudidi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyarubuye azira gukomeretsa mukuru we witwa Jackson Havugimana bakunze kwita Musheri amurashe umwambi.
Minisitiri w’Ubuzima arizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukora ibishoboka byose mu guhangana n’ibyorezo bivurwa, byibasira abana bakiri bato. Mu kwezi kwa Gatanu minisiteri y’ubuzima iritegura guha abana urukingo rurinda indwara z’impiswi.
Mu ma saa yine y’igitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 26/03/2012, umujura yibye icyuma gifite agaciro gasaga million y’amafaranga yu Rwanda i Nyabugogo ku mashyirahamwe yihisha mu muferege (rigori) utwara amazi abantu baramushakisha baramubura.
Mu Rwanda, abaturage baba munsi y’umurongo w’ubukene bavuye kuri 56.7% bagera kuri 44.9% mu myaka itanu ishize; nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare ku mibereho y’ingo ku nshuro ya gatatu (EICV 3).
Abayobozi ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba n’akarere ka Kayonza bifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Ruramira mu karere ka Kayonza, tariki 24/03/2012, mu gikorwa cy’umuganda wo gusana amazu y’abasenyewe n’imvura ivanze n’umuyaga.
Umunyeshuri witwa Musabyemariya Diane w’imyaka 19 y’amavuko wigaga ku ishuri ryisumbuye ry’indangaburezi yatawe muri yombi tariki 22/03/2012 yibye ibikoresho bya bagenzi be babana mu macumbi.
Nyakwigendera Sentore Athanase, se wa Masamba Intore, arashyingurwa kuri uyu wa mbere tariki 26/03/2012. Imihango yo kumusezeraho iratangira saa sita z’amanywa.
Ikipe y’igihugu ya Handball y’abahungu yegukanye umwanya wa kabiri mu marushanwa y’akarere yaberage i Nairobi muri Kenya, naho abakobwa batahukana umwanya wa gatatu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 izaba iri muri Gabon kuva tariki 02-07/04/2012 aho izakina imikino ya gicuti n’ikipe yaho y’abatarengeje imyaka 20, mu rwego rwo kwitegura imikino y’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’Afurika.
Mu gihe habura imikino 7 ngo shampiyona irangire, Police FC ikomeje kongera amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport ibitego 2 kuri 1 ku cyumeru tariki 25/03/2012 kuri Stade Amahoro i Remera.
Umyobozi wa Polisi y’igihugu, Emmanuel K. Gasana, ari mu bayobozi bahagarariye polisi z’ibihugu byabo muri aka karere, bakiriye neza igitekerezo cyo gushyiraho Ikigo cy’ikitegererezo muri Afurika y’iburasirazuba gishinzwe gukusanya ibimenyetso by’ahabereye icyaha.
Kuringaniza imbyaro ni umwe mu miti yafasha Abanyarwanda kwikura mu bibazo by’urusobe, nk’unko babitangarijwe na Depite Christine Mukarubuga wari witabiriye Inteko Rusange ya gatatu y’abanyamuryango ba FPR Inkoranyi i Karongi, yateranye kuri uyu wa Gatandatu.
Umuhanzi Christopher umaze igihe gito yigaragaje mu mu muziki Nyarwanda, yabaye umuhanzi wa mbere w’Umunyarwanda wahawe igihembo cya Diamond gitangwa n’inzu ishinzwe gutunganya umuziki yo mu Bufaransa yitwa VirtuaMusic Label.
APR FC yananiwe gukoresha amahirwe yabonye yo gutsinda Etoile du Sahel yo muri Tuniziya, mu mukino ubanza wa 1/16 cy’irangiza mu guhatanira igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo, umukino wabereye kuri stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/03/2012.
Kuba umuriro w’amashyanyarazi udahagije hari abaturage bibangamira mu mirimo yabo cyangwa se mu kwimenyereza ibyo bize, n’ubwo iki kibazo Leta y’u Rwanda yiyenkiri mu byo Leta y’u Rwanda yiyemeje gukemura kugira ngo byongere ishoramari
Charles Mpayimana umuhungu uvuka mu muryango w’abana barindwi yahisemo gufatanya na nyina mu gushaka ibitunga umutango, nyuma y’uko se ubabyara yitabye imana bagasigarana na nyine gusa.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ku rwego rwo hejuru mu Ntara y’Iburengerazuba baratangaza ko iyo ikipe ifite ibigwi byo gutsinda nta mpamvu yo kuyisimbuza indi. Ibi babivugiye mu Nteko Rusange ya 3 y’umuryango mu Ntara y’Iburengerazuba kuri uyu wa gatandatu tariki 24/03/2012 mu murenge wa Rubengera, akarere ka Karongi.
Nyiricyubahiro Harolimana Vincent, umushumba mushya wa Diyosezi ya Ruhengeri, yimitswe kuri uwo mwanya kuri uyu wa gatandatu tariki 24/03/2012. Imihango yo kwimikwa yabereye mu gitambo cya misa cyaturiwe kuri stade Ubworoherane y’akarere ka Musanze.
Umugabo witwa Ntakirutimana Charles utuye mu mudugudu wa Gatare mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yahuye n’abagizi ba nabi mu nzira baramuhondagura bamusiga ari intere barangije bamwambura n’ibye byose yari afite ubwo yari atashye iwe mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 23/3/2012.
Ubuhinde bwateye utwatsi icyemezo cy’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) cyo kwishyuza umusoro ibigo by’indege bikorera ku butaka bwa EU kubera ibyuka by’indenge zabo byangiza ikirere cy’uwo muryango.
Mutungirehe Epephanie na Nyiramuturirehe Louise bafatiwe mu cyuho batetse litilo 40 za kanyanga mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango tariki 23/03/2012.
Umusore witwa Twagirumuhire ukomoka mu kagari ka Nyagahinga, umurenge wa Cyanika mu karere ka Burera ari mu bitaro bya Ruhengeri nyuma yo kugongwa n’imodoka ku kaguru k’ibumoso kakavunika mo kabiri.
Mu gihugu cy’u Bufaransa, umwarimu yashatse kwereka abanyeshuli ko badakwiye kwiringira internet maze ategura ibibazo anabiha ibisubizo bitari byo abishyira kuri intenet. Abanyeshuri babikopeye batazi ko ibyo barimo gukopera ari amafuti maze baratsindwa.
Hakizimana Celestin, umusore w’imyaka 26 utuye mu mudugudu wa Koma, akagari ka Musamo, umurenge wa Ruhango mu akarere ka Ruhango yamenetse ijisho anakomereka mu mutwe ubwo yarwaniraga igare na Habakurama Ameire tariki 22/03/2012.
Abarundi batatu bari bavuye gupagasa mu karere ka Nyagatare bageze mu mujyi wa Kibungo abatekamutwe babiba amafaranga ibihumbi 60 tariki 21/03/2012.
Abacuruza imboga mu karere ka Huye bavuga ko kuzamuka kw’ibiciro by’imboga muri iyi minsi biterwa nuko zabaye nke kubera hategetswe ko ibishanga zahingwagamo bihingwamo ibigori
Umugandekazi w’imyaka 16 witwa Namuronda Ronah wari waratorokanywe n’umusore w’Umunyarwanda yashyikirijwe umubyeyi we. Imihango yo guhererekanya uyu mwana yabereye ku mupaka wa Buziba tariki 23/03/2012.
Abakinnyi 6 bayobowe n’umutoza Jonathan Boyer ni bo bahagarariye u Rwanda mu isiganwa ryo kuzenguruka igihugu cya Maroc ‘Tour du Maroc’ ryatangiye kuri uyu wa gatanu tariki 23/03/2012.
Jean Baptiste Iyamuremye wo mu mudugudu wa Remera, akagari ka Nyarutunga mu murenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe yaburiwe irengero nyuma yo gutera se icyuma mu mutwe no mu nda mu ma saa mbiri n’igice z’ijoro tariki 23/03/2012.
Nyuma yo kubuzwa kujyana abana muri Kongo kubera impamvu z’umutekano, abagore bakorera ubucuruzi i Goma basigaye bafata abana babo bakabareresha abandi bana bakabishyura ku munsi bakagaruka kubatora bavuye mu kazi.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY), tariki 25/03/2012, rizakoresha isiganwa ry’amagare rigenewe abakobwa batarengeje imyaka 20 mu rwego rwo gushakamo abafite impano yo kunyonga igare ngo bazitabweho.
Umukozi w’akarere ka Ruhango witwa Uwigize Sylvie ari mu maboko ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango azira gukubita mugenzi we bakorana witwa Mukanyirigira Beatrice bakunze kwita “Betty”.
Mu gihe byari bimenyerewe ko mu Rwanda ihohoterwa rikorerwa abagore, mu murenge wa Mutenderi mu karere ka Ngoma ho inzego zishinzwe abategarugori ziravuga ko hari abagore bahohotera abagabo babo.
Abaturage bo mu mujyi wa Gisenyi, akarere ka Rubavu barinubira imikorere y’Inkeragutabara na Local Defense kuko babahohotera bakanabasahura aho kubatabara.
Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) ku nshuro yayo ya kabiri, ifite gahunda iteganirijwe abahanzi 10 basigaye muri iri rushanywa.
APR FC irakina na Etoile Sportive du Sahel (ESS) idafite myugariro igenderaho Mbuyu Twite kuko yabonye amakarita abiri y’umuhondo mu mikino yabanje. Umukino wa 1/16 cy’irangiza mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo uraba kuri uyu wa gatandatu tariki 24/03/2012 kuri stade Amahoro i Kigali.
Mu cyumweru gishize, abayobozi b’u Rwanda birukanye komisiyo yari iturutse mu gihugu cy’u Bufaransa izanwe no gukora iperereza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umuntu wishwe n’igisasu cyaturikiye mu mujyi wa Musanze mu ma saa moya y’ijoro ryakeye ashobora kuba ari we wagiteye; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida.
Inteko Ishinga amategeko yatangije radiyo yayo yitwa “Radiyo Inteko” izajya yumvikanira ku murongo wa 101.5 FM. Imihango yo kuyitangiza yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 23/03/2012 mu ngoro y’inteko ishinga amategeko ari na ho iyo radio izakorera.
Abanyarwanda bakoresha internet cyangwa telephone bakoresha serivise za banki barasabwa kuba maso kuko hari abajura bakoresha ikoranabuhanga bakabatwarira amafaranga.
Kuri uyu wa kane tariki 22/03/2012 abasirikare bakuru bagera kuri 28 baturutse mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bashoje amahugurwa yigaga ibijyanye n’amategeko ya gisikare ku makimbirane n’imyitwarire igenga umurimo wa Gisirikare.
Kaminuza ya Fatih yo muri Turukiya, uyu munsi tariki 23/03/2012, yahaye Perezida Kagame impamyabumenyi y’ikirenga (honorary doctorate) kubera ibikorwa by’intashyikirwa by’ububanyi bw’amahanga n’iterambere yakoze mu Rwanda no mu karere.
Ikirango (brand) cya sosiyete ikora ibijyanye n’itumanaho ifite icyicaro muri Afurika y’Epfo, MTN Group, nicyo gikunzwe kurusha ibindi muri Afurika. Ku rwego rw’isi kiri ku mwanya wa 188 nyuma yo kuzamukaho imyanya 12 ugereranyije n’umwaka ushize; nk’uko itangazo MTN yasohoye ribivuga.