Ipimwa ryakozwe ku murambo wa Theophile Munyaneza watoraguwe mu gitondo cya tariki 12/03/2012 ryerekana ko yishwe atiyahuye nk’uko bamwe bari babiketse.
Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga, tariki 14/03/2012, rwahamije Thomas Lubanga icyaha cyo kwinjiza abana bari munsi y’imyaka 15 mu gisirikare hagati y’umwaka wa 2002 na 2003.
Abatuye mu mirenge imwe n’imwe igize akarere ka Kirehe bugarijwe n’ikibazo cyo kubura amazi aho usanga amajerekani asaga ijana mu isantire izwi ku izina rya Nyakarambi ategereje gushyirwamo amazi kuri robine imwe rukumbi ihari.
Kuwa gatanu tariki 16/03/2012 saa moya za nijoro hateganyijwe igitaramo cyiswe “An Evening with Natty Dread” i Butare muri Kaminuza y’u Rwanda. muri icyo gitaramo Natty Dread azaba ari kumwe na Kamichi, Ras Kayaga uzwi ku izina Maguru, Holy Jah Doves, King Patience n’abandi.
Abantu batatu bo mu kagari ka Kamashashi, umurenge wa Rugunga, akarere ka Kicukiro batawe muri yombi kuwa kabiri tariki 13/03/2012 mu mukwabu wa Polisi wo gufata abacuruzi b’ibiyobyabwenge.
Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) burasaba ko urubanza rwa Mathieu Ngirumatse na Edouard Karemera rwasubirwamo hagakosorwa amakosa yo kubakuraho icyaha cyo gucura umugambi wa Jenoside.
Abaturage bari ku irondo mu murenge wa Rukira mu kagali ka Kibatsi mu ijoro ryo kuwa 13/03/2012 batesheje abatekaga ikiyobyabwenge cya kanyanga bariruka bose barabacika babasha gufata ibikoresho gusa.
Inama Rusange y’Inteko y’abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye yo mu ntara ya Kisumu muri Kenya yabereye i Kigali kuri Mount Kigali Hotel i Nyamirambo kuva tariki 13/03/2012. Abo barezi bifuje kuza gukorera umwiherero wabo mu Rwanda kugirango bagire ibyo bigira ku Rwanda byerekeranye n’uburezi.
Umwana w’imyaka ine y’amavuko witwa Akateretswenimana yitabye Imana tariki 14/03/2012 azize kunywa ikigage, abandi 19 bakinyoye nabo barwaye indwara zo munda bivugwa ko zatewe n’icyo kigage.
Bayiringire Seth w’imyaka 36 y’amavuko utuye mu kagari ka Murama mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango afungiye kuri station ya polisi mu murenge wa Kabagali azira gufata ku ngufu umukobwa witwa Ayingeneye Bertirida w’imyaka 23 y’amavuko tariki 14/03/2012.
Abasore 10 bafatiwe mu isoko rya Bweramana bakekwaho kuyogoza abaturage babatwarira utwabo bafungiye kuri station ya polisi ya Kabagali guhera tariki ya 14/03/2012.
Abaturage bo mu mudugudu wa Gikoma akagali ka Batima mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera bataburuye umurambo wa Kayitesi Speciose wari umaze iminsi ushyinguye bakeka ko yazutse nk’uko byari byatangajwe n’umugabo we.
Bwa mbere muri shampiyona y’uyu mwaka hagaragaye ibitego byinshi ku ikipe imwe, ubwo APR FC yanyagiraga Marine FC ibitego 7 kuri 1 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuwa gatatu tariki 14/03/2012.
Ku munsi wa kabiri urubanza rwe rusubukuwe, Ingabire Victoire yahakanye ibimenyetso ashinjwa n’ubushinjacyaha ko yaba yaragiranye ibiganiro n’abagize umutwe wa FDLR binyuze ku murongo wa internet (email).
Abasenyewe n’isanwa ry’umuhanda Butansinda-Busoro mu mudugudu wa Busoro mu Kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza baratabaza basaba kurenganurwa.
Kubufatanye n’ishuri mpuzamahanga ryigisha ibijyanye no gucunga amahoteli ryitwa “Les Roches”, mu Rwanda hazubakwa ishuri ryigisha gutanga servisi zinoze, rizaba rifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri 1500.
Guhera mu kwezi kwa kane uyu mwaka abanyeshuri b’abakobwa biga muri UNILAK i Nyanza bazatangira gucumbikirwa n’ishuri naho ku bahungu bizatangira muri Kamena. Ubu iryo shuri ryujuje amacumbi azabasha kwakira abanyeshuri bari hagati ya 300 na 400.
Umufasha wa nyakwigendera Nizeyimana Mohamed uherutse kwitaba Imana nyuma y’uko abatekamutwe bamutwariye amafaranga miliyoni 10, aravuga ko anenga cyane uburyo abafatiwe muri iki gikorwa cyo gutubura bari gukurikiranwa.
Umugore witwa Ayanna w’imyaka 54 y’amavuko wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika afite agahiga ko kugira inzara ndende kuri iyi si ya Rurema. Yateretse inzara z’intoki n’ibirenge ziba ndende bigera aho yazirebaga akazita abana be.
Ikwiyikuzo Diane uvuka mu murenge wa Butaro mu karere ka Burera afite imyaka irindwi y’amavuko; ariko iyo ari imbere y’abantu ari kuririmba ntiwapfa kumenya ko angana atyo ukurikije ukuntu aririmba nta bwoba afite.
Perezida Paul Kagame asanga iterambere u Rwanda rugezeho mu bukungu ridakwiye kuba inyungu kuri rwo gusa, ahubwo ko rikwiye kubera ibindi bihugu by’Afurika urugero bikabona ko nta kidashoboka.
MTN Rwanda yatanze amafaranga miliyoni 18 yo gufasha mu kuvura Abanyarwanda bagera kuri 300 bafite indwara y’ibibari n’umwingo.
Umuhanzi w’Umunyamerika Jason Derulo niwe uzaririmbana n’umuhanzi w’Umunyarwanda uzegukana intsinzi muri Primus Guma Guma Super Star season 2 (PGGSS II).
Abatuye mu mujyi wa Kayonza bavuga ko rimwe na rimwe babangamirwa n’uko nta farumasi zihariye zicuruza imiti ziba muri uwo mujyi. Iyo babuze imiti ku kigo nderabuzima bivurizaho biba ngombwa ko bajya kuyigura bahenzwe ku bindi bigo nderabuzima.
Mu karere ka Ngoma haravugwa ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA bahabwa imiti igabanya ubukana bw’ako gakoko bakajya kuyinywera mu ngo iwabo, ndetse bamwe bakayigurisha n’abavura magendu bayiha abarwaye izindi ndwara.
Mwesigwa Moses, umurezi kuri Groupe Scolaire Rugogwe ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera inda umwana w’umukobwa w’imyaka 15 wo mu murenge wa Ruhashya, akagari ka Rugogwe mu karere ka Huye.
Umugabo witwa Muvunyi Emmanuel ufite Photo Studio mu karere ka Nyanza aratangaza ko iyo atagira ubuyobozi bw’igihugu yari kubura amafaranga ibihumbi 285 yari agiye kugura mudasobwa n’Umushinwa i Kigali.
Akarere ka Rubavu ku bufatanye na Polisi y’igihugu, tariki 12/03/2012, bamennye litiro 2750 z’inzoga y’inkorano izwi ku izina “Ihumure” mu murenge wa Rubavu, akagari k’Isangano.
Muri gahunda ya Guverinoma yo kuvugurura ubuhinzi bw’urutoki kugira ngo rutange umusaruro ushimishije,tariki 13/03/2012, mu karere ka Karongi hatangijwe gahunda yo gukorera urutoki mu mirenge ikora ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu.
Nyakwigendera Musenyeri Misago Augustin azashyingurwa kuri uyu wa kane tariki 15/03/2012 muri Katederali y’Umuryango Mutagatifu ya Gikongoro.
Lt. Col. Idrissa Muradadi, umwe mu bayobozi bakomeye ba FDLR hamwe n’abamurindaga batatu bishyikirije ingabo za ONU zikorera muri Congo tariki 10/03/2012; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’ingabo za Congo.
Mu gikorwa cyo gukangurira abagabo kwikebesha, ibitaro bya Bushenge birateganya gusiramura abagabo bagera 840 baturutse ku bigo nderabuzima bitandukanye bikorana n’ibyo bitaro. Uyu mubare uhwanye n’ibikoresho ibi bitaro byahawe na Minisiteri y’Ubuzima bigenewe icyo gikorwa.
Abana babiri b’abahungu bagwiriwe n’inzu mu kagali ka Kamukina, umurenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo (aho bakunda kwita Kimicanga), mu ijoro rishyira tariki 13/03/2012 maze umwe muri bo ahita yitaba Imana ako kanya.
Leta ihangayikishijwe n’uko abagore biganje mu mirimo y’ubuhinzi ariko ntibagire uruhare ku musaruro wabwo. Mu mirimo y’ubuhinzi yose mu gihugu, abagore bagera kuri 86%. Ubuhinzi ubwabwo butanga 80% by’imirimo mu gihugu hose.
Nizeyimana Mohamed, wo mu murenge wa Kibungo akagali ka karenge umudugudu wa Amahoro, aherutse kwitaba Imana nyuma y’uko abantu bamutwaye amafaranga miliyoni 10 bavuga ko bazamukuriramo amadorari ibihumbi 100.
Urukiko rwo mu gihugu cya Guatemala rwemeje igihano kidasanzwe cyo gufunga uwitwa Pedro Pimentel imyaka 6060 azira kuba yaragize uruhare mu bwicanyi bukomeye bwakorewe imbaga y’abaturage mu mwaka wa 1982.
Nyuma yo gusezera ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe mu cyumweru gishize, Guillaume Soro yatowe ku bwiganze bw’amajwi kuyobora inteko nshingamategeko y’igihugu cya Côte d’ivoire kuwa mbere tariki 13/03/2012.
APR Basketball Club yegukanye igikombe gihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Play Off), nyuma yo gutsinda Kigali Basketball Club (KBC) amanota 110 kuri 69, ku mukino wa gatatu wahuje ayo makipe yombi kuri Petit Stade i Remera tariki 10/03/2012.
Abantu 60 harimo abapolisi bakuru baherutse gutabwa muri yombi mu bice bitandukanye by’igihugu cya Uganda bakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni.
Mu kwezi kwa Munani k’uyu mwaka u Rwanda rurateganya ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire, igikorwa cyaherukaga gukorwa mu myaka icumi ishize.
Mu rwego rwo kubafasha kwivana mu bukene, urubyiruko 51 rukomoka mu miryango yasigajwe inyuma n’amateka mu karere ka Kirehe rwoherejwe kujya kwiga imyuga irimo ubudozi n’amashanyarazi mu rwego rwo kubongerera ubumenyi.
Masabo Etienne uvuka mu kagali ka Kimirama mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yatakaje intoki ebyiri atemwe na nyina umubyara amuhoye isambu.
Umugabo witwa Ntambara Bosco yaraye yitabye Imana ubwo umugore we Nyirabahire Claudine afatanyije n’umwana babyaranye, Bitunguhari Felicien bamukubitaga isuka na n’icyuma bita fer a beton mu mutwe. Ubu Nyirabahire na Bitunguhari bafungiye kuri station ya Police ya Kigabiro mu karere ka Rwamagana.
Ingabire Victoire yongeye kwisobanura ku byaha aregwa, aho yavuze ko mu byaha bitandatu aregwa harimo ibyo atemera nk’icy’ingangabitekerezo ya Jenoside. Yisobanuye kuri uyu wa Mbere mu gihe hari hategerejwe ko hasomwa ibimenyetso byakuwe mu Buholandi.
Musenyeri wa Diyoseze ya Gikongoro, Musenyeri Misago Augustin yitabye Imana mu gitondo cy’uyu munsi tariki 12/03/2012 mu biro bye ubwo yari ku kazi kuri Diyoseze ya Gikongoro; nk’uko byemezwa n’umuyobozi w’abepisikopi mu Rwanda, Mbonyintege Smaragde.
Dr Drew Pinsky, umuganga uzwi cyane muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, avuga ko kuba Angelina Jolie afite umubiri muto ari ibibazo by’imirire mibi.
Mu ntara y’Amajyaruguru hamaze kugaragara cyane umuco w’ubuharike utuma ubu hari n’ababyarana bafitanye amasano. Uwitwa Mukamukwiye Emerita yemeza ko amaze kubyarana n’abagabo babiri bafitanye isano mu muryango abitewe n’ikibazo cyo kutagira umugabo.
Kuri uyu wa mbere ubwo hizihizwaga umunsi w’umuryango wa Commonwealth (Commonwealth Day), uyoboye uwo muryango, umwamikazi Elizabeti wo mu Bwongereza yahamagariye ibihugu bigize uyu muryango kubyaza umusaruro imico itandukanye y’ibihugu byose byibumbiye muri uwo muryango.
Umubyeyi witwa Nyirabahire Venansiya utuye mu mudugudu wa Nyamugari mu kagari ka Gafunzo umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, yishinganishije mu nzego z’ubuyobozi n’izumutekano kuko yabonaga ibibazo biri mu muryango yashatsemo bishobora guhitana ubuzima bwe.